Korali Abatoranijwe ADEPR-GATENGA yateguye igitaramo cy’ivugabutumwa izakorana na korali Elayono ADEPR-REMERA. Iki gitaramo kikazabera ku mudugudu wa Murambi-ADEPR Gatenga guhera saa saba n’igice z’amanywa (13h30).
Korali Abatoranijwe ni imwe mu makorali akorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR muri Paruwasi ya Gatenga, umudugudu wa Murambi. Ubusanzwe iyi korali itegura ibiterane by’ivugabutumwa buri mwaka bigamije guhembura abakristo ndetse no kuzana abantu kuri Kristo. Ni muri urwo rwego (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Korali Abatoranijwe ADEPR-GATENGA na Elayono ADEPR-REMERA zizataramira Abanyamurambi (Gatenga) ku cyumweru le 24/03/2013
22 March 2013, by Innocent Kubwimana -
Byuka wongere urye ubone imbaraga
17 May 2016, by Ernest RutagungiraByuka wongere urye ubone imbaraga kuko urugendo rukiri rurerure kandi rugukomereye.
Ushoje urugamba rukomeye, waritanze cyane none urananiwe, ubonye ko cyari igihe cyawe cyo kwiruhutsa no kugira agahenge, ukebutse hirya gato ibitero bikurwanya ntaho byagiye biracyaguhiga n’imbaraga noneho zisumbuye, urugamba rurushijeho gukomera kurusha urwo urangije, kandi birifuza kuguhirana, unaniwe kwihangana, kuri wowe icyabiruta ni uko ubugingo bwawe bwakurwaho, gusa n’ubwo wihebye Imana iravugana nawe (...) -
Ku bufatanye na SSHM (agakiza.org) inzobere z’Abanyamerika zavuye abantu bagera ku 1,250 ku bitaro bya Nyamata
15 April 2013, by Simeon NgezahayoGuhera taliki 10 kugeza 12 Mata 2013, inzobere mu kuvura indwara z’imitsi, umugongo n’umutwe ziturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasesekaye mu Rwanda. Abafite ubwo burwayi bateraniye ku bitaro bya ADEPR Nyamata, aho izo nzobere zabavuraga ku buntu guhera mu gitondo kugeza nimugoroba.
Nk’uko byari biteganijwe, hagombaga kuvurwa abantu babarirwa hagati ya 300 na 350 ku munsi. Uwo mubare rero waje kurenga kubera umuhati w’abaganga, kuko havuwe abagera kuri 1,250 mu gihe cy’iminsi itatu. Izi (...) -
Ese ko wasobanukiwe byakunanije iki ku bigeraho?
18 November 2015, by Ernest RutagungiraSinzakurebana igitsure kuko ndi umunyembabazi. Niko uwiteka avuga. Niko uwiteka avuga. Sinzakomeza kurakara iteka. Icyo nshaka kimwe ni uko wemera ibyaha byawe, ibyo wacumuye ku w’Iteka Imana yawe , wayobeje inzira ku mana zawe ku mana z’abanyamahanga munsi y’igiti cyose gitoshye kdi ntiwumviye nijwi ryanjy. Niko uwikeka avuga? (Yeremiya 3:12-14)
Umugambi w’Imana ku bantu ni umugambi w’ibyiringiro, w’ubutsinzi wo kunesha ndetse ni umugambi wo kwimura ubuzima bw’ikinyoma umuntu yagiye yinjizwamo (...) -
Gates Of Heaven Ministries : Ubuhanuzi buvuga ko ububyutse buzaturuka mu Rwanda bwazanywe n’umwongereza Rev.Pasitor Chris
18 September 2013, by UbwanditsiKuri iki cyumweru kuri Serena Hotel mu masengesho y’abayobozi b’amatorero , Pasitori Mutesi Maggie Mugisha uyoboye Gates of Heaven yatangajwe no kubona umunyamahanga ari hagati mu bashumba kandi ntawe aziranye nawe ufite Itorero hano mu Rwanda w’umunyamahanga(umuzungu).
Pastor Maggie akibivuga uyu mu Rev.Pasitori Chris waturutse mu gihugu cy’ubwongereza yahise ababwirako afite ubutumwa yahawe mbere yo kuza mu Rwanda ko We kumwe n’itsinda basengana ngo Imana yababwiye ko igihugu agiyemo (...) -
Apotre Joshua Masasu yavumbuye ibanga ryo guha umugore we Affection ihagije kandi n’Umurimo w’Imana ukagenda neza!!
14 May 2013, by UbwanditsiIyo witegereje hirya no hino usanga ingo nyinshi z’abapasitori, kenshi zirirwamo abakozi bo mu rugo gusa kuko ba nyiri urugo baba biriwe mu murimo w’Imana.akenshi iyo umugabo ari umupasitori ntibijya byoroha kugirango umubone iwe bitewe n’inshingano z’itorero ahoramo. Ibi benshi banabishingiraho bakavugako ariyo mpamvu ingo z’abashumba zikunda kunanirana,abana babo bakigira ibyigomeke,ndetse n’abadamu babo hari abo bidashimisha kuko usanga ari nkaho ari umudamu w’ingaragu.Gusa siko ingo (...)
-
Icyo Pasiteri Antoine Rutayisire avuga ku nkuru ivuga ko umukobwa we Miss Isimbi Deborah yaba atwite.
21 February 2013, by UbwanditsiPasitori Antoine Rutayisire akaba n’umubyeyi wa Miss Isimbi Deborah Abiellah yagize icyo atangaza ku nkuru ivuga ko umukobwa we yaba atwite ndetse ikaba yaravuzweho byinshi nyuma y’uko isakaye mu gihugu. Uyu mubyeyi kuri ubu uherereye muri Amerika mu masomo yatanze igitekerezo cye kuri iyi nkuru agira ati:
Ndi Pasitori Rutayisire Antoine. Nyuma yo gusoma ibintu byinshi byanditswe kuri iyi nkuru nagira ngo ngire icyo mbwira abasomyi. Ntabwo ndibuvugire Debora kuko ni mukuru umuntu ugeze muri (...) -
Korali Jehovahjireh CEP-ULK ngo ntizibagirwa ibihe yagiriye mu rurembo rwa Cyangugu (Gashonga) kuva kuwa 17-19/08/2012.
24 August 2012, by VitalNi kuri iki cyumweru cyo kuwa 17/08/2012 ubwo Jehovahjireh choir CEP-ULK Evening yari iri mu Rurembo rwa Cyangugu, Paruwasi ya Gashonga, abantu rero bakaba bari baje ari benshi ndetse rwose ubona banyotewe ijambo ry’Imana cyane cyane mu ndirimbo z’Imana iyi Korali ifite haba izisanzwe kuri album yayo ya 1 haba no kuya 2 irimo gutunganya ndetse yenda kurangira bikaba rero byaragaragariye mu ndirimbo nka: "Gumamo" na "Icyo gusa (ni nshya)".
Prezida wa korali Jehovahjireh Bwana Ndorimana (...) -
Guhamya iby’Imana, intwaro yo kunesha satani.
22 April 2016, by Ernest Rutagungira“Ibiri muri iki gitabo cy’amategeko ntukarorere kubihamisha akanwa kawe, ahubwo ujye ubitekereza ku manywa na nijoro kugira ngo ubone uko ukurikiza ibyanditswemo byose. Niho uzahirwa mu nzira zawe, ukabashishwa byose, mbese sinjye ubigutegetse? Nuko komera ushikame, ntutimye kandi ntukuke umutima, kuko Uwiteka Imana yawe iri kumwe nawe aho uzajya hose” (Yosuwa 1:8-9).
Aya ni amagambo Yosuwa mwene Nuni, yabwiwe n’Imana nyuma yo guhabwa inshingano zo gusigara mu mwanya wa Mose amaze gupfa, (...) -
Inyungu zibonerwa mu gukorera Imana
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaHari abantu basobanukiwe neza impamvu zo gukorera Imana abo bantu ntibashidikanya kugukorera Imana ahubwo bahora banyotewe no gukora imirimo Imana ibategeka kuko bazi neza ko harimo inyungu nyinshi , Dore zimwe mu nyungu abantu bakorera Imana bagendana nazo .
1.Iyo ukorera Imana irakurinda
Iyo uri umukozi w’Imana,irakurinda kuko hari ibintu byayo uba ubitse muri wowe kandi bifite umumaro munini bishatse kuvuga ko ugendana isezerano ry’uburinzi aho uba uri hose ku bwuko uri umukozi wayo. (...)
0 | ... | 730 | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | ... | 1850