Kuri uyu wa Gatandatu taliki ya 26/04/2014, umuryango GIRA IMPUHWE uhagarariwe n’ UWAMBAJIMANA Marie Grace wateguye igikorwa cyo gufasha imfubyi n’abapfakazi barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 bo mu mudugudu wa KINYINYA.
Bamwe mu bashyikirijwe inkunga Aganira n’agakiza.org, UWAMBAJIMANA usanzwe azwi ku izina ry’ubuhanzi nka GAGA GRACE ndetse akaba anazwi mu ndirimbo ze zihimbaza zanakunzwe cyane nka "NYURWA", "UMPE AKANYA" n’izindi, yadutangarije ko ubusanzwe ivugabutumwa rye (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
FONDATION GIRA IMPUHWE MU GIKORWA CYO GUFASHA ABAROKOTSE JENOSIDE YAKOREWE ABATUTSI BO MU MUDUGUDU WA KINYINYA!
28 April 2014, by Simeon Ngezahayo -
Kugwa mu cyaha ntibiguce intege - Fabien Weigel
23 April 2013, by Isabelle GahongayireNiba hari aho waguye ugacumura, sigaho kwiheba no gukomeza kwiciraho iteka. Ibuka uwo uri we, hanyuma ukomeze imbere.
Mwaba muzi inkuru ya Yona? Uwiteka yamutumye i Ninewe, aho yagombaga gutwara ubutumwa. Ariko Yona ntabwo yabishakaga, ahitamo guhunga. Afata ubwato arahunga, yibwira ko agiye kure y’amaso y’Uwiteka. Hanyuma Uwiteka ateza umuyaga mwinshi, ubwato burahungabana. Mu gihe abandi bagenzi basengaga Imana buri wese iye, Yona we araryama arasinzira. Baramubyutsa hanyuma biba ngombwa (...) -
Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza
26 December 2015, by Alice Rugerindinda“Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza kuko namara kwemerwa azahabwa ikamba ry’ubugingo , iryo Imana yasezeranije abayikunda “ Yakobo 1:12
Bene Data , mwemere ko ari ibyishimo rwose nimugubwa gitumo n’ibibagerageza bitari bimwe, mumenye yuko , kugeragezwa ko kwizera kwanyu gutera kwihangana , ariko mureke kwihangana gusohoze umurimo wako, mubone gutungana rwose, mushyitse mutabuzeho na gato” Yakobo 1:2
Munyihanganire niba mbakanze, kuko nziko aya magambo akanganye, ahubwo wagirango si ayo (...) -
“Mbese mu by’ukuri uri umwana w’Imana?” - Pastor Kim
20 January 2014, by Simeon NgezahayoADEPR Rwimbogo, Nyarugunga - Kuri iki cyumweru taliki 19 Mutarama, Pastor Kim ukomoka muri Korea y’Epfo yigishije ijambo ry’Imana mu Itorero rya ADEPR Rwimgogo, paroisse ya Nyarugunga.
Pastor KIM yari yazanye n’umuryango we Mu ijambo ry’Imana yasomye mu rwandiko Pawulo yandikiye [Abaroma 10:9-10 “Niwatuza akanwa kawe yuko Yesu Kristo ari Umwami, ukizera mu mutima yuko Imana yamuzuye uzakizwa. Kuko umutima ari wo umuntu yizeza akabarwaho gukiranuka, kandi akanwa akaba ari ko yatuza agakizwa.”] (...) -
Iran- Yakatiwe gufungwa imyaka 10 kubera gutanga Bibiliya
26 August 2013, by UbwanditsiUmuturage wo mu gihugu cya Iran wahindutse umukirisitu yakatiwe gufungwa imyaka 10 ashinja icyaha cyo “Guhungabanya umutekano wa leta” bitewe n’uko yakwirakwije Bibiliya nto zitwarwa mu mufuka nk’uko bitangazwa n’ibiro bya Vatican bitanga amakuru Vatican Fides.
Mohammad-Hadi Bordhar wakatiwe gufungwa imyaka 10 (Photo Internet)
Mohammad-Hadi Bordhar, ukomoka mu gace k’amajyaruguru ya Iran yafashwe mu Kuboza 2012 ku izina rya “Mostafa,” yemereye imbere y’urukiko ko yahinduye idini akava muri islam (...) -
Umuhanzi w’icyamamare George Jones uzwi ku njyana ya Country yitabye Imana ku myaka 81
1 June 2013, by Simeon NgezahayoNyuma yo gusayisha mu byaha, umuhanzi George Jones yaje gufatwa n’uburwayi bukomeye bimutera guhindukirira Imana. Ubu burwayi rero ni bwo bwamushyize muri coma, ndetse aza no kwitaba Imana. Mu buhamya yatangiye uyu muhanzi, Russell Moore yihanangirije Abakristo ngo batazakomeza kuvuga ko uyu nyakwigendera George Jones yarimbutse. Yabivuze muri aya magambo:
George Jones yitabye Imana, ariko mfite impungenge ko abantu benshi bazakeka ko ari indyarya. George Jones si indyarya. Yari umusizi (...) -
Ku ncuro ya gatatu hazanzwe ibihembo bya Groove Awards
14 December 2015, by Innocent KubwimanaKuri iki cyumweru tariki 13/12/2015, nibwo kuri Serena Hotel habereye igikorwa cyo gutangaza no guhemba abatsindiye ibihembo bya Groove Awards Rwanda ku ncuro ya gatatu.
Ibi bihembo bihabwa indirimbo zihimbaza Imana n’abahanzi bazirimba, cyangwa amatsinda n’abandi bafite aho bahurira n’iyobokamana rya Gikristo mu Rwanda bahize abandi mu kubona amajwi nk’uko byemezwa n’abategura iki gikorwa.
Iki gikorwa cyari gitabiriwe n’abantu b’ingeri zitandukanye
Dore urutonde rw’abegukanye Groove (...) -
Nyuma yo kuribwa n’urufi rukamuca akaboko k’ibumoso, Imana yamushumbushije umugabo w’Umupasiteri!
19 August 2013, by Simeon Ngezahayo“Uyu ni umunsi mwiza kuruta iyindi, wambereye umunsi uruta iyindi yose mu buzima bwanjye! Imana irenze kuba nziza (: Nejejwe cyane no kubana n’umugabo wanjye Adam Dirks ubuzima bwanjye bwose!”
Ubu ni ubutumwa bw’umunezero bwanditswe ku rubuga rwa Twitter muri iyi weekend, bwanditswe n’umukobwa uherutse kuribwa n’urufi runini rwo mu bwoko bwa shark Bethany Hamilton. Ibi yabitangaje nyuma y’aho akoreye ubukwe na Pastor ushinzwe urubyiruko, Adam Dirks.
Ubukwe bwabo bwabereye mu mujyi wa Kauai, ho (...) -
Muhima: Mu giterane cy’urubyiruko Korali Yehovayile yataramiye abantu
22 April 2013, by Simeon NgezahayoKuri iki cyumweru ku wa 21 Mata 2013 kuri ADEPR Muhima Paruwasi ya Nyarugenge byari bishyushye, aho urubyiruko rwaho rwateguye igiterane cy’urubyiruko ku bufatanye na Korali Yehovayile yo muri ULK.
N’ubwo uyu mudugudu wa Muhima usanzwe ufite gahunda y’inyubako, wabyirengagije maze utegura igitenare cyo guhembura urubyiruko. Iki giterane cyitabiriwe na Korali y’urubyiruko yo kuri uwo mudugudu, ndetse na Korali Yehovayile ikunzwe cyane muri uyu mujyi ndetse no hanze yawo. N’ubwo iki giterane (...) -
Ni gute nakwakira impano y’Imana?
7 December 2015, by Innocent KubwimanaHari umuntu waba yarigeze aguha impano mu buzima bwawe? Hari ibintu byinshi tubona mu buzima bwacu bwa buri munsi nabyo tukabyita impano Imana iduhaye bitewe n’uburyo twabibonyemo, ariko si ibyo tuvugaho hano, ahubwo turagaruka ku mpano y’Imana ari yo ‘’Agakiza.’’
Ubusanzwe iyo umuntu agiye kuguha impano ntakubaza icyo ukeneye ahubwo aragutekerereza akaguha icyo yaguhitiyemo, aha ndashaka kuvuga ku mpano umuntu wese yaba abizi cyangwa atabizi, yaba ayishaka cyangwa atayishaka arayikeneye, iyo (...)
0 | ... | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | 820 | ... | 1850