Muri ino minsi, ikibazo cyo gucana inyuma (cheating) kirahangayikishije: haba mu bihugu byateye imbere cyangwa se mu bihugu bikiri mu nzira y’amajyambere. Iki kibazo ngo kiri mu bibazo by’ingutu byugarije isi kandi birahangayikishije. Aha rero ngo si abagabo bagira uruhare mu guca inyuma abagore babo gusa kuko ngo n’abagore basigaye baca inyuma abagabo babo, ahanini ari cyo kinaba intandaro y’ubutane (divorce) hagati y’abashakanye kuko ngo usanga muri iki gihe umubare w’abagore baca (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ingo nyinshi ziri gusenyuka kubera ikibazo cyo gucana inyuma. Ni gute wamenya ko uwo mwashakanye aguca inyuma?
15 April 2014, by Ubwanditsi -
Batemberejwe i kuzimu– 7 bo mu rubyiruko rwa Colombiya (igice cya 2)
6 March 2014, by Kiyange Adda-DarleneMu masegonda make, twumva turi ahantu hameze nk’aho nta kintu na kimwe kirimo « vide » twumva ubwoba bwinshi cyane. Nyuma tuza kugera hafi y’ahantu hari ubuvumo hakingishijwe iinzugi ziteye ubwoba cyane. Twumvise umunuko uteye ubwoba n’ubushyuhe butihanganirwa. Tumaze kwinjira aho hantu twabonye ibintu biteye ubwoba.
Aho hantu hose hari hazimagijwe n’umuriro noneho abantu ibihumbi n’ibihumbi bari bari muri uwo muriro.Bari bari mu mubabaro mwinshi cyane. Iryo yerekwa ryari riteye ubwoba cyane ku (...) -
Impamvu 10 zituma amatorero mato aguma hasi (Igice cya 1) – Dr. Joseph McKeever
8 March 2016, by Simeon NgezahayoNzi byinshi byatuma amatorero mato akura kurusha amanini. Nayoboye amatorero 3 mato, kandi rimwe muri ayo uko ari atatu ni ryo ritakuze. Nari ndangije amashuli makuru mfite mu mutwe hafungutse, nta mahugurwa nahawe, nta nararibonye mfite, nta bumenyi mfite mu bijyanye n’uwo murimo. Amatorero abiri nayoboye nyuma y’iryo yazamutse neza, n’ubwo nagendaga nyamaraho imyaka 3 rimwe ryikubye incuro 2 irindi 3 mu mubare w’Abakristo n’amaminisiteri.
Iyo nkoresheje ijambo “gukura,” simba nshatse kuvuga (...) -
Ese ni ngombwa ko Abakirisitu bajya mu nsengero buri gihe ?
16 November 2015, by Ernest RutagungiraMu mpera z’icyumweru, kuwa Gatandatu no ku cyumweru ni imwe mu minsi iyo witegereje mu mihanda no mu mayira usanga abantu bacyeye bafite bibiliya n’ibitabo bitandukanye berekeza mu nsengero, wababaza impamvu batasengeye mu ngo zabo bakakubwira ngo bagiye mu nsengero kuko ariho bagirana ubusabane n’Imana.
Aha rero ukaba wakwibaza niba hari icyo bitwaye umuntu abaye umukirisitu ariko agasengera aho ari ?
Mu nzandiko ze umuyobozi w’ishuri rikuru The Telos Institute International ryigisha ibya (...) -
Igiterane cy’Urubyiruko cyaberaga kuri ADEPR Nyarugenge gisize ububyutse butazigabirana
13 August 2013, by Simeon NgezahayoNk’uko mwagiye mubikurikirana mu bitangazamakuru bitandukanye, urubyiruko rugize itororero rya ADEPR Nyarugenge rwateguye igiterane gihuza urubyiruko ruva mu midugudu igize iyi paroisse.
Iki giterane cyitabiriwe n’amakorali y’urubyiruko ava muri iyi midugudu yose ya paroisse, ari yo Nyarugenge, Muhima, Cyahafi, Kiyovu, Biryogo, Gitega na International. Hari kandi n’umuhanzi Frère Manu uturuka ku Gisenyi hamwe n’itsinda ayoboye, umwigisha muri iki giterane akaba yari Pasteur Desire Habyarimana. (...) -
Jehovahjireh ChoirCEP-ULK Evening mu giterane gikomeye kuri iki cyumweru cyo kuwa 05/05/2013 muri Kaminuza ya ULK.
30 April 2013, by VitalJehovahjireh choir ubwo yaririmbaga ku Munazi-Kamabuye-Bugesera mu mvura nyinshi. Jehovahjireh choir CEP- ULK Evening isanzwe ikorera umurimo w’Imana muri Kaminuza yigenga ya Kigali ULK, kuri iki cyumweru cyo kuwa 05/05/2013 yabateguriye igitaramo gikomeye cy’indirimbo z’Imana ndetse n’ijambo ry’Imana risize amavuta.
Ibi ni ibyatangajwe na Prezida w’iyi korali bwana NDORIMANA Philotin ubwo bari mu gikorwa cyo gufata amashusho ya Album ya 2 barimo gutegura. Akaba yagize ati:Tumaze iminsi (...) -
Umurimo Kristo yakoze ku musaraba ukwigisha iki?
18 August 2015, by UbwanditsiKwitangira umuntu w’umunyakuri, nubwo yaba ari inshuti yawe magara byagorana, kugira ngo umwigurane ikintu cy’agaciro gihenze kurusha ibindi (Gutanga ubuzima bwawe).
Noneho tekereza umuntu w’umunyabyaha utanakwemera? Hari ubwo umuntu atekereza kuri uru rukundo ugasanga rutangaje, ntabwo rusanzwe!
Uyu ni Yesu wabashije gukora ibi wenyine. Bibiliya itubwira ko Yesu yaje mu be ariko ntibamwemera, Yohana 1:11, ntabwo byoroshye gusobanura urukundo Yesu yakunze umuntu, uko byamera kose (...) -
Turebere kuri Yesu nk’icyitegererezo
26 April 2016, by Umugiraneza EdithDufate icyitegererezo kuri Yesu Kristo. Mugire wa mutima wari muri Krsito Yesu . Abafilipi 2:5
Mbere yuko Imana ireka Abayisilayeli binjira mu Gihugu cy’ Amasezerano, Imana yategereje imyaka 40, kugirango bamwe bari bafite ingeso mbi, bagandika amajosi, batumvira babanze bapfe. Ni muri ubwo buryo, tutagira imigisha Imana yatugeneye, niba hatabayeho guhinduka muri twe, niba tudahinduye imitekerereze.
Ariko ibi ntibyakwikora, tugomba kurwanya kamere , kurwanya icyaha, imyitwarire mibi (...) -
Umudugudu wa Mukura wahawe abakozi b’Imana bashya.
27 July 2012, by UbwanditsiKuri iki cyumweru taliki ya 22 Nyakanga 2012 ku Nkubi mu murenge wa Mukura, Akarere ka Huye ahari umudugudu wa Mukura; umwe muri ine igize Paruwasi ya ADEPR CYARWA hahawe inshingano abakozi b’Imana bazafasha abasanzwe bakora uyu murimo muri Paruwasi.
Mwalimu mushya Mukashyaka Odette asengerwa.
Aba mbere bahawe izi nshingano ni abadiyakoni batanu biyongereye mu murimo kugira ngo bafashe abasanzwe bakora uyu murimo kubaka ubwami bw’Imana kugira ngo umurimo wa Kristo ukomezwe mu isi.
Uwa (...) -
Nyuma yo kuva iburasurazuba ikomereje mu mugi wa Kigali mu ngendo z’ ivugabutumwa .
22 January 2013, by UbwanditsiChorale Louange CEP/KIE ni chorale igizwe n’ abanyeshuri biga muri KIE (Kigali Institute of Education ), bimaze kugaragara ko iri mu ma korari akunzwe cyane mu mugi wa Kigali no mu ntara hose .
Umwaka wa 2012 yashyize ahagararagara DVD yitwa ARAKUMVA nyuma ikora ingendo z’ ivugabutumwa mu mugi wa Kigali no mu ntara , yashoje umwaka iri mu ntara y’ iburasirazuba muri Paruwasi ya Rwikubo . Kuri icyi cyumweru tariki 27/01/2013 sa munani z’amanywa izataramira muri Paruwasi ya Bibare (...)
0 | ... | 750 | 760 | 770 | 780 | 790 | 800 | 810 | 820 | 830 | ... | 1850