Umuhanzi Bahati Alphonse uzwi mu ndirimbo z’Imana nka Shimwamana yateguye igitaramo kigamije gushyigikira ikigega “Agaciro Development Fund” gifite insanganyamatsiko igira iti “niba amahanga ahagaritse inkunga yageneraga u Rwanda, twebwe nk’Abanyarwanda twakora iki?”
Ubwo twaganiraga, Bahati yavuze ko igitaramo cya mbere kizaba tariki ya 23 Ukuboza 2012 muri Stade Amahoro i Remera (Petit Stade) aho azaba ari kumwe n’abahanzi batandukanye. Ikindi gitaramo bishobotse cyazabera muri Kigali Serena (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Bahati yateguye igitaramo cyo gushyigikira “Agaciro Development Fund”
16 September 2012, by Patrick Kanyamibwa -
IPV6, impinduka nshya kandi zikomeye ku ikoreshwa rya internet
8 June 2012, by UbwanditsiMu ijoro ryo kuri uyu wa Gatatu tariki 6 Kamena 2012, nibwo hatangijwe ku mugaragaro uburyo bwa IPV6 buje kongerera ubushozi internet mu kubika aderesi zo ku murongo wa internet (IP adress) nyinshi zishoboka, dore ko umuyoboro wa IPV4 wari usanzwe ukoreshwa wagendaga uba muto ugereranije n’ubwiyongere bw’umubare w’abakoresha internet.
Aderesi ya internet (IP address) ni iki ?
IP address cyangwa aderesi ya internet ni nimero buri gikoresho (mudasobwa, telefoni, tablet, imbuga za internet, (...) -
Isabukuru y’imyaka itatu bamaranye, barashima Imana umwana w’umuhungu yabaha
13 November 2012, by Pastor Desire HabyarimanaTaliki ya 14 Ugushyingo 2009 niho Kanyamibwa Patrick yambikanye impeta na Mukabacondo Jeanine Keza, basezerana imbere y’Imana n’imbere y’amategeko ndetse n’indi mihango yose igendanye n’ubukwe irakorwa, kuri ubu bakaba bafitanye umwana umwe Kenzo Mugisha Kanyamibwa. Nk’uko Kanyamibwa yabitangaje mu Kiganiro twagiranye yavuze ko kuri iyo sabukuru ari bwo basubije amaso inyuma bibuka ibihe byiza bagize ku munsi w’ubukwe bwabo hamwe n’igihe bamaranye ubuzima bagiye bacamo rimwe na rimwe buryoshye (...)
-
Dukureho impamvu zitubuza gukorera Imana. Pasteur Bonaventure Dusabumuremyi
28 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNdagirango dufatanye gusoma amagambo ari muri Luka 14:16-18 Haragira hati: Igihe cyo kurya gisohoye; bose batangira gushaka impamvu z’urwitwazo….
Aha wakwibaza byishi!
1. Ese ibyo kurya byari bibishye? Oya kuko batari babiriyeho ngo bamenye uko bimeze! 2. Ese bari bahaze bariye ahandi? Oya kuko bagombaga kuba babivuze kare ntibabatekere, kuko bari barategujwe kare! 3. Kuki se bose bahujije gushaka impamvu zurwitwazo? Bose ni bamwe ni abararikwa babi! 4. Ese ibi nanubu byabaho cyane no munzu (...) -
Ibaruwa y’urukundo
14 June 2016, by Simeon NgezahayoMwana wanjye,
Narakurondoye ndakumenya, ndakuzi (Zaburi 139.1).
Nzi imyicarire yawe n’imihagurukire yawe (Zaburi 139.2).
Nzi imigendere yawe n’imiryamire yawe.
Nzi inzira zawe zose (Zaburi 139.3).
Ndetse n’imisatsi yo ku mutwe wawe irabazwe yose (Matayo 10.29-31).
Nakuremye mu ishusho yanjye (Itangiriro 1.27).
Muri jye uriho, ufite ubugingo (Ibyakozwe n’intumwa 17.28).
Nakumenye ntarakurema mu nda ya nyoko (Yeremiya 1.4-5).
Nagutoranije uhereye kera (Abefeso 1.11-12). Ntabwo uri (...) -
Hamuritswe igitangazamakuru cy’ivugabutumwa kizunganira amatorero na Leta
19 March 2013, by UbwanditsiKuri iki Cyumweru tariki ya 17 Werurwe 2013, hamuritswe igitangazamakuru ’Rwanda Gospel Magazine’ cyandika ku makuru ya gikristo adashingiye ku idini runaka mu yemera Yesu ; kizajya kibanda ku bibera mu matorero, ku mikoranire hagati ya Leta n’amatorero no ku ijambo ry’Imana.
Muri uyu muhango wari witabiriwe n’amatorero atandukanye, inzego za Leta, abakirisitu n’abandi, hatangajwe ko Rwanda Gospel Magazine ije mu rwego rwo kunganira amatorero, abahanzi, n’abandi, ariko by’umwihariko ikazajya (...) -
Itorero “Open Door Christian Ministries” (O.D.C.M) ryafashije abaturage 648 birukanywe muri Tanzania
18 February 2014, by Simeon NgezahayoMu mpera z’icyumweru gishize, kuri uyu wa Gatanu tariki ya 14/02/2014, itorero Open Door Christian Ministries riyobowe na Pastor Twagirumugabe Dominic n’itsinda ry’abakozi b’Imana basuye abaturage birukanywe mu gihugu cyaTanzania bacumbikiwe mu murenge wa Mayange, Akarere ka Bugesera mu Ntara y’Uburasirazuba babashyikiriza imfashanyo y’imyambaro n’ijambo ry’Imana.
Abirukanywe babwirizwa ijambo ry’Imana. Babwiwe yuko Imana yabateguriye ubwo yashyiragaho uburyo bazakirwa bageze mu Rwanda. Mu (...) -
Menya Intambwe eshanu zo gukuza no kuvumbura impano zawe
21 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana1. Shakisha mu buryo buhari
Imenyereze ibyo Bibiriya yigisha mu mpano z’Umwuka kandi umenye ko Impano yawe ishobora kuba uburyo bumwe Imana izakoresha kugira ngo uhindure mu buryo budasubirwaho abantu mubana. Ibaze uti : ” Hari ibyo ndi gukora kugira ngo mvumbure umuhamagaro wanjye n’impano zanjye ? “
2. Gerageza ibintu uko ushoboye kose
Reka wowe na bawe Itorero ribabere urubuga rwo kugerageza impano zanyu mu gufasha abantu. Rihindu ahantu heza, abantu bageragereza uburyo babonye bwo (...) -
Nyagatare: 60 ni bo bakiriye Kristo mu ivugabutumwa rya Korali Abakorerayesu na Ev. Zigirincuti Michel
11 February 2014, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa Gatandatu no ku Cyumweru taliki 08-09/02/2014, mu ivugabutumwa korali Abakorerayesu yakoreye ivugabutumwa mu Ntara y’Uburasirazuba, Akarere ka Nyagatare ho muri Paroisse ya ADEPR Rukomo. Amakuru dukesha umuyobozi w’iyi korali Bwana Etienne Nduwimana aravuga ko abagera kuri 60 bakiriye Kristo nk’Umwami wabo n’Umukiza. Ev. Zigirincuti Michel
Yagize ati « Imana yadukoresheje imirimo ikomeye, abantu barenga 60 bakira Umwami Yesu Kristo abandi benshi basubizwamo imbaraga. N’ubwo (...) -
Mba nararabye iyo ntizera ko Uwiteka azangirira neza.
27 September 2015, by Alice Rugerindinda“Mba nararabye iyo ntizera ko nzarebera kugira neza k”Uwiteka mu isi y’ababaho” Zaburi 27: 13 Burya kugeragezwa bibaho kandi ni ibya buri wese, ariko iyo kugeragezwa kugeretseho no kwiheba no kumva ntaho gutabarwa kwaturuka , biba byabaye bibi cyane.
Iyi Zaburi yanditswe na Dawidi yibuka ukuntu Imana yabaye mu ruhande rwe, ukuntu yamurengeye ageze mu kaga, abanzi bagwiriye…. Asanga iyo ataza kwizera ko Imana izamugirira neza, aba yararabye cyangwa se yarageze ahacecekerwa atakiriho. Muri iyi (...)
0 | ... | 780 | 790 | 800 | 810 | 820 | 830 | 840 | 850 | 860 | ... | 1850