Kuri iki cyumweru kuri Serena Hotel mu masengesho y’abayobozi b’amatorero , Pasitori Mutesi Maggie Mugisha uyoboye Gates of Heaven yatangajwe no kubona umunyamahanga ari hagati mu bashumba kandi ntawe aziranye nawe ufite Itorero hano mu Rwanda w’umunyamahanga(umuzungu).
Pastor Maggie akibivuga uyu mu Rev.Pasitori Chris waturutse mu gihugu cy’ubwongereza yahise ababwirako afite ubutumwa yahawe mbere yo kuza mu Rwanda ko We kumwe n’itsinda basengana ngo Imana yababwiye ko igihugu agiyemo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Gates Of Heaven Ministries : Ubuhanuzi buvuga ko ububyutse buzaturuka mu Rwanda bwazanywe n’umwongereza Rev.Pasitor Chris
18 September 2013, by Ubwanditsi -
Ariko ujye ukiranuka uzageze ku gupfa nanjye nzaguha ikamba ry’ubugingo
20 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana, Ubwanditsi“Ntutinye ibyo ugiye kuzababazwa. Dore Satani agiye gushyirisha bamwe muri mwe mu nzu y’imbohe kugira ngo mugeragezwe, kandi muzamara iminsi cumi mubabazwa. Ariko ujye ukiranuka uzageze ku gupfa, nanjye nzaguha ikamba ry’ubugingo.” Ibyahishuwe 2:10
“Ufite ugutwi niyumve icyo Umwuka abwira amatorero. Unesha ntacyo azatwarwa n’urupfu rwa kabiri” Ibyahishuwe 2:11
Aya magambo tuyasanga mu butumwa Yohana yahawe na Yesu ubwo yari mu Kirwa Patimo aho yari yaraciriwe ahorwa Ijambo ry’Imana no guhamya (...) -
Ibyiringiro by’ejo hazaza – Victor Shepherd (Igice cya 1)
7 April 2014, by Simeon NgezahayoKu Bakristo, ibyiringiro ni ukumenya udashidikanya ko ejo hazaza ari heza, ukabigendana ku mutima uyu munsi. Icyo twiringiye uyu munsi ni uko Imana ari iyo kwizerwa. Kuba Imana ari iyo kwizerwa tubyerekwa n’ibintu bifatika (amasezerano yasohoje) yakoreye abantu bayo kandi itazahwema kubagirira kuko itazigera ibareka. Kimwe muri iyo mirimo, ni uko yakuye Abisirayeli mu buretwa barimo muri Egiputa kandi ikabakiza ku nyanja itukura. Icya kabiri, yahaye Yosuwa kuyobora ubwo bwoko akabwambutsa (...)
-
Singapore : Umutungo w’amadini uranyerezwa n’abapasiteri
28 June 2012, by UbwanditsiUmwe mubahagarariye itorero rikize ryo mu gihugu cya Singapore yajyanwe imbere y’ubutabera ashinjwa kunyereza amafaranga y’iryo torero, mu rwego rwo gushyigikira umugore we mu mwuga w’ubuhanzi.
Nkuko bitangazwa na 7sur7 ngo Pasteri Kong Hee w’imyaka 47 y’amavuko yagejejwe imbere y’ubutabera kuri uyu wa Gatatu ashinjwa kunyereza akayabo kagera kuri milliyoni 24 z’amadorari akoreshwa muri iki gihugu kuri konti y’itorero ryitwa ‘’City Harvest Church’’ abereye umuyobozi riri mu gihugu cya Singapore (...) -
Imana niyo nyiribihe
8 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAburahamu arubama araseka yibaza mu mutima we ati :Ese ubwo byashoboka ko umugabo ufite imyaka ijana yabyara umwana w’umuhungu ?Sara se we ufite imyaka 90 yabyara ate ?Imana iravuga iti :ahubwo umugore wawe Sara niwe uzabyara umwana w’umuhungu kandi uzamwite ISAKA. Itangiriro 17 :17-19.
Kera Imana yari yarasezeranyije Aburahamu na Sara ko bazagira urubyaro rwinshi cyane.Imyaka yarahise ariko umwana bifuzaga cyane ntiyavuka. Kino gihe barashaje imyaka 100 y’Aburahamu na 90 ya Sara.
Ibihe (...) -
Simon Kabera mbere yo kujya kwiga ku mugabane w’Uburayi azamurikira abakunzi be alubumu ye ya mbere y’amashusho, gufata amashusho akaba abigeze ku musozo
1 August 2013, by UbwanditsiUmuhanzi Simon Kabera uzwi mu ndirimbo zihimbaza Imana, akagira indirimbo nyinshi zikunzwe cyane nka "Mfashe Inanga, Munsi yawo", nyuma yo kumara igihe ari mu kazi ngo muri Kanama aziyereka abanyarwanda bamaze iminsi bavuga ko yabuze. Uyu muhanzi akaba yatangaje ko agiye kumurika Alubumu ye y’amashusho (DVD) mu gitaramo kizaba ku cyumweru kuwa 18 Kanama 2013, mu Gicumbi cy’umuco, mu ihema riri kuri Stade Amahoro i Remera.
Uyu munsi tukaba twamusuye aho yari ari gufata amashusho y’indirimbo (...) -
www.agakiza.org mu imurikabikorwa ririmo kubera i Gikondo
29 March 2013, by Simeon NgezahayoUrubuga rw’ivugabutumwa www.agakiza.org ubu rurimo gukorera mu imurikabikorwa ririmo kubera i Gikondo ahasanzwe habera expo. Iri murikabikorwa ryateguwe n’akarere ka Kicukiro, binyuze mu rugaga rw’aka karere rwitwa Joint Action Development Forum (JADF). Muri iri murikabikorwa, intego turimo kugenderaho iragira iti: “Kandi ubu butumwa bwiza bw’ubwami buzigishwa mu isi yose ngo bube ubuhamya bwo guhamiriza amahanga yose…” Matayo 24:14.
Mu bikorwa turimo kumurika harimo minisiteri y’ivugabutumwa (...) -
Imana ibasha guhindura ikidaturwa nk’ingobyi ya Edeni/ Ev.Adda
27 July 2015, by Ubwanditsi“Uwiteka ahumurije i Siyoni n’imyanya yaho yose yabaye imyirare arayihumurije, ubutayu bwaho abuhinduye nka Edeni n’ikidaturwa cyaho akigize nka ya ngobyi y’Uwiteka, muri yo hazaba umunezero n’ibyishimo n’impundu n’amajwi y’indirimbo. Yesaya 51:3
Mu buzima hari byinshi tunyuramo bigoye, bibabaza umutima. Hari ibyoroshye kubibonera igisubizo, hari n’ibigorana umuntu atabasha nubwo yasaba ubutabazi bw’abavandimwe n’ubw’abandi bantu bagaragara nk’ababishoboye.
Biragoye kwihangana kuko biba biryana. Iyo (...) -
Ibuka gusenga no mu gihe byose bigenda nabi!
14 March 2016, by Emmanuel KANAMUGIRE“Ariko mu gicuku, Pawulo na Silasi barasenga baririmbira Imana izindi mbohe zirabumva” Ibyakozwe n’intumwa 16:25 Dore abagabo twari dukwiye gufatiraho urugero mu gusenga! Umunsi wari wababereye mubi ku buryo bushoboka bwose, bahuye n’akaga ndetse bacika intege; bagishijwe impaka na rubanda,barakubiswe, bararenganye, barafungwa mu buryo bubabaza n’ibindi. Nuko mu gicuku barasenga kuko bibutse ko Imana ifata ibibi ikabibyazamo ibyiza. Ni iki tugomba gukora mu gihe ibyacu byose ari bibi ? Mbese (...)
-
Ubuntu bw’Imana buratangaje!
16 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMbega uko nakunze ukuntu Yesu yagendaga mu nsisiro, azanye ubutumwa bwiza bw’Imana kuri bose anakiza abo umwanzi yatwazaga igitugu !!!(Ibyakozwe n’Intumwa 10 :38). Kubona umuntu utaritaye ku munaniro we, ku bukana bw’izuba, ku bukomere bw’inzira kugirango amenyekanishe urukundo rw’Imana; ni iby’igikundiro!
Aratangaje, ntiyasubiraga inyuma ku bwo kurushywa n’abantu; kenshi yagaragaje impuhwe nyinshi kandi urukundo rwe rwinshi rwagaragariye ku buryo atihimbarizaga kuzana ubutumwa bw’Imana ahubwo ko (...)
0 | ... | 800 | 810 | 820 | 830 | 840 | 850 | 860 | 870 | 880 | ... | 1850