Nk’uko mwagiye mubikurikirana mu bitangazamakuru bitandukanye, urubyiruko rugize itororero rya ADEPR Nyarugenge rwateguye igiterane gihuza urubyiruko ruva mu midugudu igize iyi paroisse.
Iki giterane cyitabiriwe n’amakorali y’urubyiruko ava muri iyi midugudu yose ya paroisse, ari yo Nyarugenge, Muhima, Cyahafi, Kiyovu, Biryogo, Gitega na International. Hari kandi n’umuhanzi Frère Manu uturuka ku Gisenyi hamwe n’itsinda ayoboye, umwigisha muri iki giterane akaba yari Pasteur Desire Habyarimana. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Igiterane cy’Urubyiruko cyaberaga kuri ADEPR Nyarugenge gisize ububyutse butazigabirana
13 August 2013, by Simeon Ngezahayo -
Ibitero bigabwa ku nsengero muri Kenya bimaze gufata indi sura.
4 November 2012, by Ernest RutagungiraNk’uko umuyobozi wa polisi mu mujyi wa Garisa Philip Tuimur yabitangarije ibiro ntaramakuru by’abafaransa (AFP), kuri iki cyumweru tariki ya 4 ugushyingo, mu gihugu cya Kenya, mu mujyi wa Garissa uhana imbibi na Somaliya, habereye igitero kibasiye abantu bari mu rusengero.
Uyu muyobozi wa polisi akaba yatangarije Agence France Presse ko iki gitero cyaguyemo umuporisi umwe, naho abagera kuri 14 bakaba bakomeretse,
AFP ikaba ikomeza ivuga ko Ibi bibaye mugiye Mu kwezi kwa karindwi uyu mwaka, (...) -
Alexis Dusabe ni muntu ki?
17 June 2013, by UbwanditsiAlexis DUSABE ni umuririmbyi w,indirimbo z’ubutumwa bwiza bwa Kristo YESU, Umuhimbyi ,umwanditsi kandi ni umucuranzi wa clavier. Yavutse mu 1978 avukira i kigali/Nyarugenge afite abavandimwe 2,Alexis ni uwa 2 mubo bavukana. Alexis DUSABE ntiyahiriwe no gukomeza kubana n’ababyeyi kuko yakuriye muri Orphelinat !
Arubatse akaba afitanye abana 4 na Carine INGABIRE ,bombi ni abakristo b’itorero rya ADEPR/NYARUGENGE. Alexis DUSABE mu buzima busanzwe akora mu kigo cy’ubwishingizi kitwa CORAR (muri (...) -
Korali Galeedi yo mu itorero rya ADEPR- Nyakabanda, yakoze igiterane cyo gushima Imana.
3 April 2014, by Ernest RutagungiraMu mpera z’iki cyumweru dusoje tariki ya 29 na 30 Werurwe 2014, Korali Galeedi yo mu itorero rya ADEPR Paruwasi ya kicukiro ku mudugudu wa Nyakabanda, yakoze igiterane cyo gushima Imana ku mirimo itangaje yabakoreye mu gihe kingana n’imyaka 17 bamaze batangiye umurimo w’Imana.
Iki giterane korali Galeedi yagiteguye ku bufatanye n’umudugudu wa ADEPR Nyakabanda ikoreraho umurimo w’Imana, ikaba ishima Imana ko muri iyi myaka imaze ikora uyu murimo, Imana yabarinze muri byinshi, dore ko itangira (...) -
Musanze : Abantu 70 bakiriye Kristo mu giterane cy’ivugabutumwa cyakozwe na Chorale Betesida ya ADEPR Karama (Muganza)
28 January 2014, by Simeon NgezahayoNk’uko twabitangarije n’umuyobozi w’iyi Korale Bwana Gatete Theogene, mu mpera z’icyumweru gishize iyi Korale yakoze urugendo rw’ivugabutumwa mu majyarugu, kandi barashima Imana ko hari abantu benshi bakiriye ubutumwa bwiza bagahindukirira Kristo.
Bamwe mu baturage baje kwakira ubutumwa bwiza
Gatete yakomeje adutangariza ko bari bafite igikorwa cy’ivugabutumwa mu ndirimbo, ijambo ry’Imana ndetse na Film za Gospel i Musanze muri Paruwasi ya Nyarubande, ku mudugudu wa Giheta. Igikorwa bakoze ku wa (...) -
Bernadette aramurika alubumu ye mu gitaramo cy’iminsi itatu
30 June 2012, by Patrick KanyamibwaUmuhanzi Musabe Bernadette aramurika alubumu ye y’amashusho ku rusengero rwa ADEPR Nyakabanda ku tariki 6/07 kugeza ku cyumweru tariki 8/07/2012, mu bitaramo yateguye aho kwinjira ari ubuntu, aho azafatanya n’abandi bahanzi batandukanye Safari, Gonzage, Faustin Murwanashya n’amakorali atandukanye harimo Korali « Abatoranyijwe » Kimisagara, Korali « Abihanganye » yo ku Muhima na Group y’abasirikare imufahs yitwa « Itorero ku rugamba » n’bakongomana bitwa « Umoja »
Bernadette wise alubumu ye « Naramaje (...) -
Ndanyuzwe Albert aramurika alubumu ye ya mbere ku cyumweru tariki ya 12/08/2012.
1 August 2012, by Patrick KanyamibwaNkuko twabitangarijwe na Cornel Ibenga uyoboye komite iri gutegura icyi gitaramo, umuhanzi Ndanyuzwe Albert aramurikira abakunzi be alubumu ye ya mbere yise twagiranye igihango, ku cyumweu tariki ya 12/08/2012, muri Salle ya Centre Pastoral St Paul mu mugi hafi y’ikiriziya cya St Famille, kuva saa munani z’amanwa.
Uyu muhanzi akaba umwe mubahanzi bake ba gospel bafite aba Manager nawe yadutangarije ko imyiteguro igenda neza, ubu akaba yaratangiye imyitozo y’indirimbo ze zizacurangwa ku buryo (...) -
Azasanganya imitima y’abana n’iya ba se ngo atarimbuza isi umuvumo!
9 September 2015, by Alice RugerindindaAzasanganya imitima y’abana n’iya ba se ngo atarimbuza isi umuvumo!
“Uwo niwe uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se , kugirango ntazaza nkarimbuza isi umuvumo .” Malaki 3:24 / Malaki 4:6
“He will turn the hearts of the parents to their children, and the hearts of the children to their parents; or else I will come and strike the land with total destruction."Malachi 4:6 NIV
Imana itugirire neza. Ijambo umuvumo ni ikintu kibi kandi umuntu wese yakwirinda kuko kigira ingaruka mbi, haba muri iki (...) -
Urubyiruko rugera kuri 231 rubarizwa mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, , rwakiriye agakiza maze rwiyemeza kubatirizwa mu Itorero rya ADEPR.
24 July 2012, by Niyigena AlphonsineAbabatijwe bose uko ari 231, ni abasore dore ko iki kigo nta mukobwa uhaba, bakaba bariyemeje gukorera Imana, aho bamaze igihe kinini bigishwa n’itorero rya ADEPR, ururembo rwa Gisenyi, ari naryo ryababatirije mu mazi magari y’ikiyaga cya kivu,gikikije ikirwa cya Iwawa kiriho iki kigo.
Usibye umubatizo kuri uru rubyiruko, habayeho n’umuhango wateguwe n’umuryango w’Abagidewoni (Gedeons),aho wahaye ikigo cya Iwawa, Bibiliya 2300, zizafasha urubyiruko rurererwa kuri iki kigo, gukomeza inzira (...) -
Abanyamadini na Leta bavugutiye umuti umwe ibibazo byugarije Umuryango Nyarwanda
7 March 2013, by UbwanditsiMinisiteri y’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango yahuje abanyamadini mu rwego rwo kureba ibyo bazafatanya mu guteza imbere uburinganire n’ubwuzuzanye mu muryango Nyarwanda, ndetse no gushaka umuti urambye w’ibibazo bigaragara mu Muryango Nyarwanda.
Minisiti Odda Gasinzigwa yavuze ko abanyamadini ari urwego rukomeye rukorana na Leta, by’umwihariko muri gahunda yo guteza imbere ihame ry’uburinganire n’ubwuzuzanye, bakanabishyira mu bikorwa.
Yavuze gukorana n’amadini bifasha mu kugera kubyiza mu (...)
0 | ... | 700 | 710 | 720 | 730 | 740 | 750 | 760 | 770 | 780 | ... | 1850