Ntibyari bimenyerewe kumva ko itorero runaka cyangwa idini ritegura urugendo cyangwa se igiterane cyo kwamagana ibiyobyabwenge, gusa mu itorero ADEPR ho bisa nk’ibimaze kumenyerwa kuko hirya no hino mu gihugu cy’u Rwanda hagenda hategurwa ibikorwa bitandukanye byo Kwamagana ibiyobyabwenge.
Ni muri urwo rwego Ku itariki ya 19 Nzeri 2015, Urubyiruko rwo mu itorero ADEPR akarere ka Bugesera rwakoze igiterane cyo kurwanya ibiyobyabwenge, iki giterane cyari cyitabiriwe n’urubyiruko rwo mu aka (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Urubyiruko rwo mu itorero ADEPR rurakataje mu kwamagana ibiyobyabwenge.
26 September 2015, by Ernest Rutagungira -
Babyeyi mufite inshingano zo kwita ku bana banyu
25 November 2015, by Pastor Desire Habyarimana«Umwuga wanjye untera kwita ku babyeyi by’umwihariko mbabwira ku nshingano bafite ku burezi bw’abana mu miryango yabo mbafasha mu buryo bakita kuri abo bana». Aya magambo yavuzwe na Titi Alerte. Ariko iyo witegereje neza, wumva ndetse ubona kwinuba no kugaragaza umubabaro kw’abana bamwe na bamwe. Ibyo bigatera umuntu kwibaza ngo kuki bibaho?
Igisubizo nta kindi ni uko ababyeyi babo baba batarujuje inshigano zabo ku bana babo.
Nyuma yo kubona ko hari ibibazo biterwa no kutuzuza inshingano zimwe (...) -
Gukora ibyananiye abandi/Ev.Donath
4 November 2015, by Innocent KubwimanaBenedata, bashiki bacu, bantu mwese mudukurikiye, ndabashuhuje mu izina ry’Umwami wacu Yesu. Ndagira ngo dusangire iri jambo rigira riti” Gukora ibyananiye abandi.’’
Itangiriro 5:22-24 “Amaze kubyara Metusela, Henoki agendana n’Imana imyaka Magana atatu, ayibyaramo abahungu n’abakobwa. Iminsi yose Henoki yaramye ni imyaka magana atatu na mirongo itandatu n’itanu. Kandi Henoki yagendanaga n’Imana, ntiyaboneka, kuko Imana yamwimuye.‘’
Iyo ushaka kumva neza iki kigisho wasoma itangiriro igice cya (...) -
Umuvugabutumwa Billy Graham n’umuryango we BGEA barashinjwa Gushyigikira Umukandinda Mitt Romney
25 October 2012, by UbwanditsiUmuryango watangijwe numuvugabutumwa uzwi cyane Billy Graham urashinjwa nabantu batandukanye kuba waba utera inkunga umu kandinda uhanganye na Balack Obama ariwe Mitt Romney.
Ibyo byatangajwe nyuma yuko abantu batandukanye bagiye bandikira uwo muryango binyujijwe kuri Email bavuga ko ibyo bitari bikwiriye , ko umuvugabutumwa nka Billy Graham akina Politike ebyiri yo guhimbaza Imana no kwamamaza Mitt Romney.
Mugusubiza abo bantu umuvugizi wuwo muryango Larry Ross yagaragaje ko, haba uwo (...) -
Urukundo mu ngiro Pasitori GATANAZI Justin
30 June 2016, by Pastor Desire Habyarimana1 Korint. 16:14 Ibyo mukora byose mubikorane urukundo. Mat.22:34-40 Ariko Abafarisayo bumvise yuko yatsinze Abasadukayo, bakananirwa kumusubiza, bateranira hamwe, umwe muri bo w’umwigishamategeko amubaza amugerageza ati "Mwigisha, itegeko rikomeye mu mategeko ni irihe ?"
Na we aramusubiza ati" ’Ukundishe Uwiteka, Imana yawe umutima wawe wose n’ubugingo bwawe bwose n’ubwenge bwawe bwose. ’Iryo ni ryo tegeko rikomeye ry’imbere. N’irya kabiri rihwanye na ryo ngiri ’Ukunde mugenzi wawe nk’uko (...) -
Rusi: icyitegererezo cyo kwiyemeza - Bernard Emkeyes
23 April 2013, by Isabelle GahongayireMu kwiyemeza kwacu, dukomeze gukorera Imana twihanganye
“Rusi aramusubiza ati ‘Winyinginga kugusiga, no gusubirayo ngo noye kugukurikira, kuko aho uzajya ari ho nzajya, kandi aho uzarara ni ho nzarara. Ubwoko bwawe ni bwo buzaba ubwoko bwanjye, Imana yawe ni yo izaba Imana yanjye’” Rusi 1 : 16.
Iyi myitwarire ya Rusi ni yo buri mwana w’Imana wese yakagombye kugira: Kwiyemeza. Uko kwiyemeza guturuka ku rukundo yumvaga afitiye nyirabukwe Nawomi, ku buryo yari yiteguye gusiga igihugu cye no (...) -
Detroit: Umupasiteri yarashwe agerageza gucecekesha abaturanyi bari mu birori
13 August 2013, by Simeon NgezahayoMuri iki cyumweru, umupasiteri w’imyaka 46 utuye muri Leta ya Detroit yararashwe arapfa nyuma yo gusagarira abaturanyi be bari mu birori.
Tim Kirby yasohotse mu rugo iwe nka saa tanu n’igice z’ijoro (11:30 pm) ku wa mbere nijoro, agenda akurikiye urusaku rwa muzika n’abantu bari basandaye mu muhanda basakuza. Ubwo Kirby yageragezaga gusagarira abajya mu birori, umwe muri bo yamurashe amasasu atatu.
Amakuru dukesha churchleaders.com aravuga ko Kirby yari umugabo ufite abana bane, wari uzwi (...) -
Imbaraga zo kurwanya no kwica icyaha muri wowe (Igice cya 2)Pastor Kanamugire Theogene
19 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIMBARAGA ZO KURWANYA NO KWICA ICYAHA MURI WOWE
· 1YOHANA 3:14-15 Twebwe tuzi yuko twavuye mu rupfu tukagera mu bugingo, kuko dukunda bene Data. Udakunda aguma mu rupfu. 15. Umuntu wese wanga mwene Se ni umwicanyi, kandi muzi yuko ari nta mwicanyi ufite ubugingo buhoraho muri we.
· 1THESAL 5:22-24 22 Mwirinde igisa nikibi cyose. 23 Imana y’amahoro ibeze rwose, kandi mwebwe ubwanyu n’umwuka wanyu n’ubugingo n’umubiri byose birarindwe, bitazabaho umugayo ubwo Umwami wacu Yesu Kristo azaza. 24 (...) -
Ibimenyetso 8 bizabanziriza kugaruka kwa Yesu!
22 November 2013, by Simeon NgezahayoKristo agiye kugaruka! Ntimuyobe, Kristo ntazaza mu ibanga cyangwa mu gihe abantu badatekereza. Azaba aje gutegeka isi yose! Bizaba bimeze bite rero? Kugaruka kwa Yesu kuvugwa cyane mu Isezerano Rishya, mu butumwa bwiza bwose uko ari bune, mu Byakozwe n’intumwa, mu nzandiko za Pawulo, muri Yakobo, Petero na Yohana, ndetse ni yo nsanganyamatsiko nyamukuru y’igitabo cy’Ibyahishuwe. Twari dukwiriye rero kumwitegura guhera none, kuko ari icyemezo kigomba guhindura ubuzima bwacu bwose. Tugomba (...)
-
Somalia: Abagera kuri 260,000 bamaze guhitanwa n’inzara
2 May 2013, by Simeon NgezahayoUbushakashatsi bwakozwe ku cyago cy’inzara kimaze iminsi cyugarije Somalia bwagaragaje ko kimaze guhitana abagera kuri 260,000 guhera mu mwaka w’2010 kugeza mu w’2012, mu gihe ibihumbi n’ibihumbi by’abandi bavuye mu gihugu cyabo bahunze inzara.
Muri abo bishwe n’inzara, kimwe cya kabiri ni abana bari munsi y’imyaka 2. Ibi byagaragajwe n’ubushakashatsi bwakozwe n’ikigo UN food agency ndetse na US-funded Famine Early Warning Systems Network.
Umubare w’abishwe n’inzara muri iyi myaka 3 uruta abo (...)
0 | ... | 620 | 630 | 640 | 650 | 660 | 670 | 680 | 690 | 700 | ... | 1850