Company yitwa Costco ikorera mu mujyi wa Simi Valley, Calif. yokejwe igitutu n’Abakristo bo mu karere nyuma y’aho ububiko bwayo bushyiriye ikimenyetso kuri Bibiliya cyanditseho ko ari igitabo cy’inkuru z’impimbano (fiction). Inzu y’ububiko ku rwego rw’igihugu yasohoye ubutumwa bwo gusaba imbabazi mu izina ry’ishami ryabikoze, ivuga yuko yabikoze yibeshye kandi ko n’ikimenyimenyi abakozi bihutiye kubikosora. Pastor Caleb Kaltenbach uyobora itorero Discovery Church mu mujyi wa Simi Valley yabonye (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Costco irasaba imbabazi ko yise Bibiliya "Igitabo cy’inkuru z’impimbano (fiction)"
26 November 2013, by Simeon Ngezahayo -
BIGIZI GENTIL (KIPENZI) YASOHOYE INDIRIMBO NSHYA YISE "ALPHA & OMEGA"
26 March 2014, by Simeon NgezahayoUmuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana BIGIZI GENTIL wamenyekanye cyane ku ndirimbo ye yise KIPENZI yanakunzwe na benshi, yashyize ahagaragara indirimbo ye nshya yise ALPHA & OMEGA.
BIGIZI wasohoreye iyi ndirimbo ye i Remera muri BNG Records, yadutangarije ko iyi ndirimbo iri mu njyana ya RUMBA. Iyi ndirimbo ngo ni iya 10 kuri album ye ya mbere yitegura gushyira ku mugaragaro mu ntangiriro za Gicurasi.
Indirimbo ALPHA & OMEGA yanditswe na Aimée MUHIRE uba mu gihugu cya Australia, (...) -
Singiza Music Ministries yateguye igitaramo cy’amashimwe yise “Thanksgiving Celebration Concert”
25 February 2014, by Simeon NgezahayoNyuma y’ibitaramo bitandukanye byo kumurika album yabo ya mbere yitwa “TUKUMENYE”, Singiza Music Ministries yateguye igitaramo cyo gushima Imana bise “Thanksgiving Celebration Concert” kizabera muri Auditorium ya Kaminuza y’ u Rwanda i Butare ku wa gatanu tariki 28 Gashyantare, 2014 guhera saa moya z’umugoroba (l9h00’).
Iki gitaramo gifite intego igira iti “Dimushime Uwiteka Twambaze izina rye, Twamamaze imirimo yakoze mu mahanga. Tumuririmbire, Tumuririmbire ishimwe, Tuvuge imirimo itangaza (...) -
Ndayishimiye Ancilla Bella aramurika alubumu ye ya kabiri kuri icyi cyumweru
23 November 2012, by Patrick KanyamibwaAncilla Bella umunyarwanda ubu i Burundi, ubu agiye kumurika album ya 2 iyo yise “Mpore”, akaba azayishyira ku mugaragaro ku cyumweru tariki ya 25/11/2012 kuri Patmos urusengero ruri Nyabugobo, kwinjira bikaba ari ubuntu.
Ndayishimiye Ancilla Bella yavutse itariki le15/05/1985 akaba yaravukiye mu mujyi wa Bujumbura, bavukana ari 4 we ni uwa 2, mu mibereho ye yakuze ari impfubyi kuko yabuze ababyeyi yiga muwa 5 Primaire intambara yo mu Burundi imaze kuba bamaze kwica Papa we bahungana na (...) -
Abanyarwanda bagomba gusubiza amaso inyuma " - Pasteur Rutayisire
15 April 2013, by UbwanditsiMuri iki gihe hibukwa Jenoside yakorewe Abatutsi ku nshuro ya 19, haragenda haba ibibaniro hirya no hino mu gihugu. Ni muri urwo rwego Pasiteri Rutayisire Antoine yaganirije abakozi b’Umuryango Mpuzamahanga Hope and Homes for Children(HHC) ku mpamvu zituma kwibuka ari ngombwa, ndetse anabihuza n’insanganyamatsiko y’uyu mwaka ijyanye no guharanira kwigira.
Pasiteri Rutayisire yasobanuriye abakozi ba Hope and Homes for Children bari bateraniye ku cyicaro cy’aho uwo muryango ukorera i (...) -
Korali Iriba yasohoye alubumu ya kabiri y’amajwi
14 January 2013, by Patrick KanyamibwaKuri icyi cyumweru tariki ya 13/01/2013 iyi Korali ubusanzwe ibarizwa Butare nibwo yamurikiye abanyamakuru n’abakunzi bayo mu mugi wa Kigali alubumu yayo ya kabiri yasohoye, iyi alubumu y’indirimbo z’amajwi ikaba iriho indirimbo icumi zakorewe mu ma Studio atandukanye.
Bwana Juvénal Nsengiyumva, umwe mu bayobozi wiyi Korali yatangaje ko iyi alubumu iriho indirimbo z’amajwi zikoze neza harimo « Halellua », « Ntakibasha », « Mfite impamvu », « Naritegereje » na « Yesu ni Iriba » akaba ari nayo (...) -
Rubavu: Igiterane cy’abanyeshuri “Ubwiza bw’Inzu ya Kabiri” cyagenze neza
25 October 2012, by UbwanditsiUrubyiruko rukijijwe ruba mu bigo by’abanyeshuri bibarizwa mu karere ka Rubavu byibumbiye hamwe mu muryango GBS (Goupe biblique Secondraire) rwakorewe igitaramo cy’iswe Ubwiza bw’Inzu ya Kabiri. HOSEYA 2:8-9 NA YOBU 42:12
Iki gitaramo cyabereye kuri The Joy of the lord Ministry kuva saa cyenda kugeza saa moya iyi ni ministere imwe gusa yubatswe mu mujyi wa Gisenyi rwagati ndetse yubakitse neza ibi bigatuma gahunda y’ibitaramo bihabera byitabirwa cyane.
Pastor Pascal umwe mu bayobozi b’iyi (...) -
Musanze : Abaturage barasabwa kwirinda ubuhanuzi bwa Nsabagasani
12 December 2012, by UbwanditsiAbatuye Akarere ka Musanze barasabwa kwirinda abahanuzi b’ibinyoma n’ubutumwa bukura umutima cyane cyane birinda kwemera ibikubiye mu byitwa ubuhanuzi bwa Nsabagasani Dominique, kuko ngo ari abihuha bikomoka ku banzi b’igihugu.
Lt Musoni Didas, ushinzwe guhuza inzego za gisivire na gisirikare ari kumwe n’abikorera bo muri ako karere yabasabye ko badakwiye guha umwanya ibyo bibarangaza ahubwo bagashishikarira gukora no kwiteza imbere, nk’uko tubikesha Kigali Today.
Ubwo abikorera bo muri (...) -
Wibaza impamvu yatuma uva cyangwa ureka umurimo w’Imana
18 August 2015, by Ernest RutagungiraIyo havuzwe umurimo w’Imana, twumva byinshi ibikorerwa mu nsengero no hanze yazo ariko byose bikorwa badategereje indi ngororano uretse kwizera ko hariho Imana izamugororera, bitabujije ko abantu bashobora kukugenera ishimwe n’ubwo wowe utari uryiteze, hakaba rero hakunze kwibanzwa ngo ni iki cyatuma umuntu wakoraga uwo murimo abihagarika cyangwa akabivamo burundu cyane ko henshi usanga hari abo tugenda tubona babivamo mugihe byari byitezwe ko bazawugumamo.
Nk’uko tubisoma mu ijambo (...) -
Icyo Pasiteri Antoine Rutayisire avuga ku nkuru ivuga ko umukobwa we Miss Isimbi Deborah yaba atwite.
21 February 2013, by UbwanditsiPasitori Antoine Rutayisire akaba n’umubyeyi wa Miss Isimbi Deborah Abiellah yagize icyo atangaza ku nkuru ivuga ko umukobwa we yaba atwite ndetse ikaba yaravuzweho byinshi nyuma y’uko isakaye mu gihugu. Uyu mubyeyi kuri ubu uherereye muri Amerika mu masomo yatanze igitekerezo cye kuri iyi nkuru agira ati:
Ndi Pasitori Rutayisire Antoine. Nyuma yo gusoma ibintu byinshi byanditswe kuri iyi nkuru nagira ngo ngire icyo mbwira abasomyi. Ntabwo ndibuvugire Debora kuko ni mukuru umuntu ugeze muri (...)
0 | ... | 570 | 580 | 590 | 600 | 610 | 620 | 630 | 640 | 650 | ... | 1850