Kuri uyu wa 13 Gashyantare 2014, itorero ADEPR mukarere ka Huye , ryatanze impamyabumenyi kubari barangije kwiga gusoma no kwandika nyuma y’amezi agera kuri atandatu bigishirizwa mu masomero yashinzwe n’itorero ADEPR mukarere ka Huye.
Uyu muhango witabiriwe n’umuyobozi w’intara y’amajy’epfo Munyentwali Alphonse wari n’umushyitsi mukuru, umuvugizi w’itorero ADEPR MU Rwanda, Past. Sibomana Jean n’abandi bafatanyayabikokorwa b’iri torero hano mu Rwanda.
Muri uyu muhango abasaga 400 bakaba (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Itorero ADEPR ryatanze impamyabumenyi ku banyeshuri barangije kwiga gusoma no kwandika i Huye
14 February 2014, by Simeon Ngezahayo -
Ku bufatanye na SSHM (agakiza.org) inzobere z’Abanyamerika zavuye abantu bagera ku 1,250 ku bitaro bya Nyamata
15 April 2013, by Simeon NgezahayoGuhera taliki 10 kugeza 12 Mata 2013, inzobere mu kuvura indwara z’imitsi, umugongo n’umutwe ziturutse muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika zasesekaye mu Rwanda. Abafite ubwo burwayi bateraniye ku bitaro bya ADEPR Nyamata, aho izo nzobere zabavuraga ku buntu guhera mu gitondo kugeza nimugoroba.
Nk’uko byari biteganijwe, hagombaga kuvurwa abantu babarirwa hagati ya 300 na 350 ku munsi. Uwo mubare rero waje kurenga kubera umuhati w’abaganga, kuko havuwe abagera kuri 1,250 mu gihe cy’iminsi itatu. Izi (...) -
Huye: Singiza Music Ministries yateguye igitaramo cyo gushima Imana
4 February 2014, by Simeon NgezahayoKuri byinshi Imana yabakoreye, abagize Singiza Music Ministries bari gutegura umunsi ukomeye wo gushima Imana (Thanksgiving Concert ) mu gitaramo bategura taliki ya 1 Werurwe 2014, kizabera i Huye muri Kaminuza y’u Rwanda.
Mu kiganiro gito twagiranye n’umuyobozi wa Singiza Music Mutesi Sipha, yadutangarije ko muri icyo gitaramo bazaba bashima Imana ku bwa byinshi yabakoreye mu mwaka wa 2013, harimo kuba yarabashyigikiye mu gikorwa bakoze cyo kwerekana album yabo ahantu hatandukanye nk’i (...) -
Ihumure ku basenga – Emily
28 June 2013, by Simeon NgezahayoNjya numva abantu benshi, cyane cyane abakiri bato, iyo bibaye ngombwa ko batanga ubuhamya bwabo baravuga bati "Nakijijwe mfite imyaka 5. Mu by’ukuri nari umunyabyaha, ariko nta kibi nigeze nkora. Ubuhamya bwanjye ntawe bwafasha." Tuvugishije ukuri, ubuhamya ntibukwiriye kubamo kurushanwa hagati y’abanyuze mu buzima bubi kurusha abandi. Uwo si wo mumaro w’ubuhamya.
Gutanga ubuhamya icyo bimaze, ni uko uba urimo kubwira abantu uburyo wabaye Umukristo. Mbere yo kuba Umukristo, si ngombwa ngo (...) -
Umuhanzi w’icyamamare George Jones uzwi ku njyana ya Country yitabye Imana ku myaka 81
1 June 2013, by Simeon NgezahayoNyuma yo gusayisha mu byaha, umuhanzi George Jones yaje gufatwa n’uburwayi bukomeye bimutera guhindukirira Imana. Ubu burwayi rero ni bwo bwamushyize muri coma, ndetse aza no kwitaba Imana. Mu buhamya yatangiye uyu muhanzi, Russell Moore yihanangirije Abakristo ngo batazakomeza kuvuga ko uyu nyakwigendera George Jones yarimbutse. Yabivuze muri aya magambo:
George Jones yitabye Imana, ariko mfite impungenge ko abantu benshi bazakeka ko ari indyarya. George Jones si indyarya. Yari umusizi (...) -
Siyanse n’Iyobokamana : Mbese Billy Graham yavuze iki ubwo yabazwaga ku iremwa rivugwa muri Bibiriya n’iremwa rivugwa na Siyanse ?
6 March 2013, by UbwanditsiBenshi bakunze kwibaza cyane ukuri ku bivugwa muri Bibiriya n’ukuri kuvugwa n’abahanga ba Siyanse. Bibiriya ivuga neza ko Imana yaremye Adamu na Eva ikabarema bafite isura y’umuntu nk’uko tumeze uku!! Byagera muri Siyansi, bo bakemeza ko Muntu uriho uyu munsi atariko yabanje kubaho, ko ahubwo yabanje kugira indi sura y’inyamaswa imeze nk’inguge, nyuma iyo sura ikagenda ihindukamo umuntu tubona uyu munsi.
Uku kudahuza hagati y’abigisha ba Bibiriya n’abigisha ba Siyanse, bikunze gutuma benshi (...) -
Pakistan: Couple imwe n’abandi benshi bashyizwe mu nzu y’imbohe baregwa kohereza ubutumwa bugufi busesereza idini ya Islam
23 July 2013, by Simeon NgezahayoMu mujyi wa Lahore mu gihigu cya pakistan, kuri uyu wa 20 Nyakanga couple imwe yatawe muri yombi iregwa koherereza ubutumwa bugufi (sms) busesereza iidini ya Islam kuri umwe mu bakuru b’idini ya Islam (Cleric) ukorera mu gace ka Gojra, umujyi ukunze kurangwamo imyivumbagatanyo ikomeye ishingiye ku myizerere. Ibi bibaye nyuma y’icyumweru kimwe Umukristo w’ingimbi akatiwe igifungo cya burundu azira ikirego nk’iki. Shafqat Masih w’imyaka 43 n’umufasha we Shagufta w’imyaka 40 ngo bamaze kubyarana (...)
-
Apotre Joshua Masasu yavumbuye ibanga ryo guha umugore we Affection ihagije kandi n’Umurimo w’Imana ukagenda neza!!
14 May 2013, by UbwanditsiIyo witegereje hirya no hino usanga ingo nyinshi z’abapasitori, kenshi zirirwamo abakozi bo mu rugo gusa kuko ba nyiri urugo baba biriwe mu murimo w’Imana.akenshi iyo umugabo ari umupasitori ntibijya byoroha kugirango umubone iwe bitewe n’inshingano z’itorero ahoramo. Ibi benshi banabishingiraho bakavugako ariyo mpamvu ingo z’abashumba zikunda kunanirana,abana babo bakigira ibyigomeke,ndetse n’abadamu babo hari abo bidashimisha kuko usanga ari nkaho ari umudamu w’ingaragu.Gusa siko ingo (...)
-
Uri mu bo mu kivunge cyangwa umwigishwa wa Kristo ? - Gael Eba-Gatse
28 June 2016, by Isabelle Gahongayire"Igishishakaza Imana ni ukugira abigishwa, aho kugira abantu benshi bakora ibyo bashaka, ariko bagakunda ibitangaza by’Imana."
“Abantu benshi bajyanaga na we, arahindukira arababwira ati: Umuntu uza aho ndi ntiyange se na nyina, n’umugore we n’abana be, na bene se na bashika be ndetse n’ubugingo bwe, uwo ntashobora kuba umwigishwa wanjye. Utikorera umusaraba we ngo ankurikire, ntashobora kuba umwigishwa wanjye.” Luka 14 : 25-27
Igihe Yesu yari mu isi yari afite imbaga y’abantu benshi (...) -
Ubwo dukorana na Yesu ntiduherwe ubuntu bw’Imana kubupfusha ubusa
23 July 2015, by Innocent KubwimanaAbaheburayo 12:1 "ubwo tugoswe n’igicucu cy’abo bahamya bangana batyo twiyambure ibituremerera byose n’icyaha kibasha kutwizingiraho vuba kugirango dusiganirwe aho dutegekwa"
Yohana 10: 11- 16..Yesu niwe mwungeri mwiza amenya intama ze akazipfira kandi izo ntama nazo zimenya umwungeri wazo. Ariko umwungeri ukorera ibihembo ntiyita ku ntama ze niyo haje ibikomeye arazita agahunga.
2 Abakorinto 11: 13...Bene abo ni intumwa z’ibinyoma ni abakozi bariganya bigira intumwa za Kristo.
2 Abakorinto (...)
0 | ... | 540 | 550 | 560 | 570 | 580 | 590 | 600 | 610 | 620 | ... | 1850