Uyu musi ubuhamya bwa David na Delphine bahisemo kunyura mu nzira Imana yabateguriye. Ni inzira itoroshye, ariko ni inzira y ‘Imana. Hamwe n’ibyiringiro ko Imana iri kumwe nabo. David : Navukiye mu Bufaransa, kuva ndumwana njya mw’itorero.Naje kwakira Yesu mfite imyaka 17. Nagize umuhamagaro wo gukorera Imana, ariko sinahise menya neza uburyo Imana yipfuzaga ko nyikoreramo. Mu myaka itari mike, nagumanye umuhamagaro ariko udakora. Delphine : Nakiriye agakiza mfite imyaka 15, muri (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ntitugacike intege, ntitugasubire inyuma, ntitugatakaze kwizera.
18 March 2013, by Isabelle Gahongayire -
Musanze : Umutegarugori yibarutse abana bane icyarimwe
16 October 2012, by UbwanditsiUyu mutegarugori ufite imyaka 35 y’amavuko, umugabo we afite imyaka 75
Nyuma y’igihe kigera ku kwezi n’igice akurikiranirwa hafi n’abaganga bo mu Bitaro Bikuru bya Ruhengeri, umutegarugori wo mu Mudugudu wa Kavumu, mu Kagari ka Kigombe, Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze mu Ntara y’Amajyaruguru yabashije kubyara abana bagera kuri bane nta nkomyi.
Mu ma saa sita z’ijoro rishyira kuri uyu wa Mbere, Nyirakanyana Francoise w’imyaka 35 y’amavuko yabyaye abana bane barimo abahungu babiri (...) -
Ubuntu bw’Imana buratangaje!
16 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMbega uko nakunze ukuntu Yesu yagendaga mu nsisiro, azanye ubutumwa bwiza bw’Imana kuri bose anakiza abo umwanzi yatwazaga igitugu !!!(Ibyakozwe n’Intumwa 10 :38). Kubona umuntu utaritaye ku munaniro we, ku bukana bw’izuba, ku bukomere bw’inzira kugirango amenyekanishe urukundo rw’Imana; ni iby’igikundiro!
Aratangaje, ntiyasubiraga inyuma ku bwo kurushywa n’abantu; kenshi yagaragaje impuhwe nyinshi kandi urukundo rwe rwinshi rwagaragariye ku buryo atihimbarizaga kuzana ubutumwa bw’Imana ahubwo ko (...) -
Uburyo bw’Imana burenze cyane uko twabutekereza.
6 September 2015, by Alice Rugerindinda“ Uburyo bw’Uwiteka bubera abatunganye igihome, ariko ku nkozi z’ibibi ni ukurimbuka” Imigani 10:29 “The way of the Lord is a stronghold to those with integrity, but it destroys the wicked”
Aya magambo y’Imana umuntu yarayatubwirije aramfasha cyane , Ndimo ndatekereza ku buryo bw’Imana, nkumva simbasha kubushyikira, ariko birumvikana, kuko inzira z’Imana zirenze kure uko tubitekereza. Dieu a sa façon de faire. Ku bantu iyo birangiye, uburyo bw’Imana buba butangiye, uburyo bwayo buratangaje
Kuri (...) -
Impuguro 9 zagufasha kubona umudari w’izahabu mu bwami bw’Imana - David Porter
6 May 2013, by Isabelle GahongayireAbantu b’abanebwe baricaye banenga umukobwa witwa Gabby Douglas w’imyaka 16 watsindiye imidari 2 y’izahabu mu mikino y’isi yakinnye agatsinda. Impamvu bamunenze ngo ni uko yari yasokoje nabi!
Impamvu Gabby yabonye iyo midari ni uko yahagurutse agakora imyitozo ihagije kandi ivunanye, abamunenga bo bakaba bajenjetse. Ubwo bamubazaga, Gabby yaravuze ati «Iminsi mibi aba ari iy’ingezi, kuko ari muri iyo minsi intwari zigaragarira. Niba ushobora kunesha mu minsi mibi, ushobora kunesha igihe cyose.» (...) -
Umutinganyi w’icyamamare yakiriye Kristo nyuma y’aho arwariye akagera bugufi bwo gupfa
11 October 2013, by Simeon NgezahayoJoseph Sciambra utuye mu mujyi wa Napa, California aratanga ubuhamya bw’ukuntu yari yarararuwe na film z’ubusambanyi (porn) kuva mu bwana bwe, akaza no kuba ikimenyabose mu gukina izi film n’abo bahuje igitsina ubwo yari afite imyaka 20 gusa. Ibi abivuga neza mu bitabo cye yise ‘Swallowed by Satan’ (Uwamizwe na Satani).
Mu gitabo cye gishya, Joseph Sciambra avuga uburyo yararuwe no gukina pornography n’abo bahuje ibitsina afite imyaka 20 gusa, mbere y’uko arwara akagera bugufi bwo gupfa. Ubwo (...) -
Ibibazo 5 byo kwibaza MBERE yo kwigisha/kubwiriza - Joel Mayward
24 April 2013, by Simeon NgezahayoKuri iki cyumweru nzigisha iteraniro mu rusengero rwacu. Ku bw’ibyo, maze iminsi mpugiye mu gutegura icyo Imana ishaka ko mbwira abantu.
Dore ibibazo bitanu nibaza iyo ndimo gutegura ijambo ryo kwigisha: Mu butumwa bwiza ni he…
1. Ngaragaza Yesu neza?
Intego yose nakwigisha cyangwa ijambo nasoma mu byanditswe byera buri gihe mparanira kubwira abantu Yesu.
Ikindi mparanira ni ukubabwira Data n’Umwuka Wera, icyigisho cyanjye kikibanda ku butatu bwera, ariko kamere y’abigisha ni ukubwiriza (...) -
Igitaramo cya Alarm Ministries kizitabirwa n’abahanzi bakunzwe nka Christine Shusho na Israeli Mbonyi
13 October 2015, by Innocent KubwimanaKuri iki cyumweru tariki 18/10/2015, mu Rwanda hateganyijwe kimwe mu bitaramo bikomeye bizanitabirwa n’abahanzi bazwi kandi banakunzwe nka Christine Shusho umwe mu bahanzi b’ibyamamare muri aka karere u Rwanda ruherereyemo ndetse na Israel Mbonyi nawe umaze kwigarurira imitima ya benshi mu gihe gito amaze amenyekanye.
Iki gitaramo cyateguwe n’itsinda ryo kuramya no guhimbaza Imana Alarm Ministries, kikaba kigamije gushyira ku mugaragaro Alubumu yayo y’indirimbo z’amashusho (DVD), bise ‘’Hari (...) -
Amateka y’Umugabo ugaragara muri filimi yitwa ko ari iya Yesu "The Passion of Christ "
1 August 2013, by UbwanditsiThe Passion of the Christ ni filimi yasohotse mu mwaka w’2004 ivuga ku buzima n’urupfu rwa yesu(Yezu) ku isi, umugabo ukinamo uba ukina yitwa Yesu (Role) yitwa Jim Caviezel , yavutse ku italiki ya 26/9/1968.
Ubuzima n’amashuri ya Jim Caviezel:
Jim avuka ku babyeyi 2 ariko Margaret(nyina) na se witwa James Patrick Caviezel, uyu mugabo yavukiye mu igihugu cya leta zunze ubumwe z’amerika muri leta ya washington avuka mu muryango w’abana 4 (Timothy,Ann, Amy, na Erin).
Nguwo Jim ukina umwanya wa (...) -
Igiterane cyahuzaga amatorero yo mu kagari ka Kamate gisize guhembuka kudasanzwe!
28 July 2015, by UbwanditsiMu mpera z’icyumweru dusoje nibwo mu kagari ka Kamate, haberaga igiterane cy’ivugabutumwa cyamaze iminsi ibiri, ni ukuvuga kuwa gatandatu kugeza ku cyumweru tariki 25-26/07/2015. Iki giterane kikaba gisize impinduka zikomeye no guhembuka kudasanzwe ku babashije kukitabira.
Iki giterane cyaberaga ku rusengero ruyobowe n’umupasiteri witwa Kereni Banine. Muri iki giterane kandi higishijemo umukozi w’Imana Pastor Desire Habyarimana wakiranywe ubwuzu bwinshi n’imbaga y’abakristo benshi baturutse mu (...)
0 | ... | 490 | 500 | 510 | 520 | 530 | 540 | 550 | 560 | 570 | ... | 1850