Bibiliya itubwira neza ko kubonana kw’abahuje ibitsina ari icyaha. Bimwe mu byanditswe biri muri Bibiliya bitwereka neza ko ari ikizira ku Mana ko abahuje ibitsina babana nk’umugore cyangwa umugabo.
Imana yaremye umubago n’umugore, bafite imitere itandukanye kandi bafite ibitsina bitandukanye kugira ngo buzuze inshingano zabo nk’umugore n’umugabo. Bikwiye kumvikana neza ko ubusambanyi hagati y’abantu badahuje ibitsina, ni ukuvuga umugabo n’umugore ari icyaha. Iyo biba ntacyo bitwaye ko abantu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ni iki Bibiliya ivuga babana bahuje ibitsina ?
23 December 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Mbese wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa kubirwanya?Hitamo neza!
8 March 2016, by Emmanuel KANAMUGIREMuri iki gihe usanga mu ngo nyinshi z’abashakanye harangwa bomboribombori,akenshi ziterwa nuko umwe aba yananiwe kwihanganira ingeso runaka za mugenzi we atari asanzwe amuziho mbere y’uko barushinga.Uko abashakanye bitwara mu bibazo nk’ibi kuratandukanye bitewe n’ubushishozi cyangwa kwihangana kwa buri muntu.None se wowe mu gihe uhuye n’ingorane mu rushako,wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa washaka izindi nzira zo kugarura ubumwe na we?
Ndagira ngo ngufashishe ubuhamya bw’uyu mugore. (...) -
Uwiteka wagumya kwibuka ibyo dukiranirwa, Mwami ninde wazahagarara adatsinzwe?
29 February 2016, by Pastor Desire Habyarimana“SI TU GARDAIS LE SOUVENIR DES INIQUITES, ETERNEL SEIGNEUR, QUI POURRAIT SUBSISTER! Psaumes 130:3”
Hari Bibiliya yise iyi Zaburi ngo ni isengesho ryo gusaba imbabazi “ Uhoraho Nyagasani, ninde warokoka, ninde warokoka ukomeje kuzirikana ibicumuro byacu?
Reka iki kibazo nkibaze, nawe ukibaze! Mbese koko Imana igiye kuzirikana cyangwa guhora yibuka bya bicumuro byacu mbese ninde warokoka! Zaburi 130 : 3
Igisubizo cyari ngo “ Ni wowe ubabarira ibyaha nicyo gituma ukwiye kubahwa” Zaburi 130 :4 (...) -
Nyabihu: Abadiyakoni 11 bahawe inshingano, abantu 4 bakira Yesu Kristo nk’Umwami n’Umukiza
15 July 2013, by Simeon NgezahayoKuri iki cyumweru ku mudugudu wa Karago, Paruwasi Karago mu Itorero ry’Akarere ka ADEPR Nyabihu habaye igikorwa cyo kongera abakozi mu murimo w’Imana. hasengewe abadiyakoni 11, barimo abagore 5 n’abagabo 6. Iki gikorwa cyari kiyobowe n’umushumba w’iyo Paruwasi Pasteur Emmanuel HAKIZUWERA.
Umubwirizabutumwa w’umunsi Muyenzi S. Charles uturuka mu itorero rya Rukiri ho mu karere ka Gasabo yabwirije abari bateraniye aho ijambo rifite umutwe uvuga ngo “Umumaro wo kumenya Yesu neza.” Mu bice byasomwe (...) -
Kuki ari ngombwa gutinda imbere y’Imana? - Eric Célérier
3 June 2013, by Simeon Ngezahayo"Kwishyira hejuru k’umutima kubanziriza kugwa, kandi kwicisha bugufi kubanziriza icyubahiro" Imigani 18:12.
Ubuzima ni iki? Tuvuge ko ushigaje igihe gito ngo upfe, ni uwuhe mwanzuro wafata ku mibereho yawe hano mu isi? Uramutse utekereje uburyo wabanye n’Imana, mbese wasanga warayihaye igihe gihagije kugeza ubu?
Ujye ushima Imana iminsi yose yo kubaho kwawe.
Fata umwanya wihariye wegere Imana, winjire ugere kure kugira ngo ubone imbaraga zayo. Mbere ya byose, banza uyemere uvuge mu mutima (...) -
Ni gute waba umusore ushimwa n’abantu ndetse n’Imana!
30 March 2016, by Innocent KubwimanaAbantu benshi iyo uvuze ku bintu byo kubaka ingo, urubyiruko ruhita rukubaza ruti, natoranya nte uwo tuzabana, namenya nte uwo tuzabana ukwiye, rimwe na rimwe buri wese aba ashushanya mu bitekerezo uwo yumva yifuza wamunyura umutima, ubundi akitegereza, ikindi akabaza abazi uwo atekerezaho. Ibi bituma umuhungu cyangwa se umukobwa atinda cyane yibaza uwo yakwemera kurusha kwitindaho yibaza niba byibuze we hari uwamwemera.
Ubusanzwe mbere yo kwibaza uwo muzabana ukwiye kubanza kwibaza niba (...) -
Igiterane cyaberaga California gisize gihinduye amateka y’abahatuye.
24 July 2012, by UbwanditsiKuri uyu wa gatandatu taliki ya 21-22/07/2012 muri Leta ya Califonia habereye igiterane cyahuje abava mu ma leta atandukanye yo muri Amerika hamwe n’ uburayi,iki giterane kandi kikaba cyari kitabiriwe n’abigisha b’ijambo ry’ Imana batandukanye,aha twavuga nka Pastor Wesige, Bishop Lydia Kinuthia uturuku muri Kenya n’abandi benshi, kikaba cyari gifite intego igira iti “Guhindurirwa izina Yesaya 62” Ku bwa Pastor Live Wesige umunyarwanda uba muri Texas we yabwirije avuga ko Imana ivuze ko ishaka (...)
-
Rehoboth Ministries kunshuro ya kabiri yakoze igitaramo yise “Praise and worship Explosion” kigenda neza
28 February 2013, by Patrick KanyamibwaKunshuro ya kabiri, Rehoboth Ministries yakoze igitaramo cyo kuramya no guhimbaza yise “Praise and worship Explosion .”, Icyo gitaramo cyabaye ku cyumweru, tariki ya 24/02/2013, muri salle ya Sportsview Hotel kuva saa cyenda z’amanywa kugeza saa mbiri z’ijoro (15h00’-20h00’/pm).
Abo tuvugana mubabashije kwitabira “ Praise and Worship Explosion” ya kabiri barahamyako iki gitaramo cyagenze neza cyane kandi ko umuntu wese wahageze yasabanye n’Imana biciye mu ndirimbo.
Nkuko twabitangarijwe (...) -
Sinabyumvaga ariko filimi y’uko isi izarangira yanyeretse ko abanyabyaha bafite iherezo ribi koko!
8 September 2015, by UbwanditsiNitwa Nantenaina mfite imyaka 18. Navukiye mu muryango w’abakristo, ariko sinigeraga mpa agaciro urukundo rw’Imana yerekaniye muri Yesu. Ahubwo uru rukundo narushakiraga mu bantu nabo bakanyobya.
Nashakaga gushimisha umutima wanjye ariko sinari nzi inzira nziza nabinyuzamo. Nibagiwe ko Yesu ashobora kunkunda akarenza nuko abantu babikora. Umunsi umwe nashatse kubatizwa, ubwo naringize imyaka 16, ubwo nibwo navuga ko nifuzaga kubaho ubuzima bwa gikristo, ngatangira kugendana na Yesu.
Muri (...) -
Bernadette yamuritse alubumu ye mu gitaramo cy’iminsi itatu
14 July 2012, by Patrick KanyamibwaUmuhanzi Musabe Bernadette yamuritse alubumu ye y’amashusho ku rusengero rwa ADEPR Nyakabanda kuva tariki 6/07 kugeza ku cyumweru tariki 8/07/2012, ibi bikaba byarabaye mu bitaramo yakoze aho kwinjira byari ubuntu, akaba yarafatanyije n’amakorali atandukanye harimo Korali « Abatoranyijwe » Kimisagara, Korali « Abihanganye » yo ku Muhima na Group y’abasirikare imufasha yitwa « Itorero ku rugamba » n’bakongomana bitwa « Umoja » Icyi gitaramo cyari cyitabiriwe cyane, hagaragayemo kubyina no guhimbaza (...)
0 | ... | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | 420 | 430 | ... | 1850