Kuri iki cyumweru taliki ya 01 Nyakanga 2012,korali Elayono yo mu mudugudu wa ADEPR Kimicanga,Paruwasi ya Kimihurura izamurika alubumu yabo ya mbere y’amajwi izaba yitwa “Imana irinda ijambo ryayo”.
Iyi korali yatangiye mu mwaka wa 2000 ari iy’ababyeyi aho yari igizwe n’abaririmbyi 13 nk’uko twabitangarijwe na Placide,umuyobozi wa korali.Gusa ngo uko imyaka yagendaga ishira niko Imana yagendaga ibagurira imbago kuko abo babyeyi bari abanyamasengesho cyane,Imana ikababwira ko izagura uwo murimo. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Korali Elayono iramurika Alubumu yabo y’amajwi ku mugaragaro
30 June 2012, by Patrick Kanyamibwa -
ABAKOZI B’IMANA 10 BAZA KU MWANYA WA MBERE MURI AFURIKA
24 April 2013, by Simeon Ngezahayo1. Archbishop Desmond Mpilo Tutu (Afurika y’Epfo)
Desmond M. Tutu ni umwe mu bigisha b’ijambo ry’Imana b’ibirangirire, wavutse ku wa 7 Ukwakira 1931. Yararwanye, ndetse aba umuntu wa mbere wahanganye n’ingoma ya apartheid. Yahawe igihembo cyitiriwe Nobel mu w’1984, ahabwa icyitiriwe Albert Schweitzer ashimirwa guharanira uburenganzira bw’ikiremwa-muntu, ahabwa icy’amahoro cyitiriwe Gandhi mu w’2005 n’umudari wo guharanira ubwigenge yahawe na Perezida mu w’2009. Desmond Tutu yabaye Archbishop wa (...) -
Gira Umumaro!
7 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUko niko Dawidi yahanguje Umufilisitiya ibuye ry’umuhumetso, aramunesha aramwica kandi nta nkota Dawidi yari yitwaje. Dawidi aravuduka amuhagarara hejuru asingira inkota ye, ayikura mu rwubati rwayo aramuhorahoza rwose, ayimucisha igihanga. Nuko Abafilisitiya babonye intwari yabo ipfuye bariruka. (1 Samweli 17:50−51).
Ni inshingano yacu buri wese ku giti cye kugaragaza umumaro we mu bo babana. Bishobora kuba mu baturanyi bawe, ku kazi, mu mugi wawe cyangwa ndetse n’igihugu cyawe; shakisha (...) -
Twige kwicisha bugufi!
2 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMatayo 18 :2-4 : Ahamagara umwana muto,amuhagarika hagati yabo,arababwira ati « Ndababwira ukuri yuko nimudahinduka ngo mumere nk’abana bato,mutazinjira mu bwami bwo mu ijuru.Nuko uzicisha bugufi nk’uyu mwana muto,ni we mukuru mu bwami bwo mu ijuru. »
Guca bugufi tubivuze mu magambo abantu babona ko byoroshye cyane,kandi ushobora guceceka ariko ku mutima wawe wishyira hejuru ,ariko Imana iraduhamagarira kwicisha bugufi kandi tugire umutima nk’uwo umwana muto twumvira amategeko y’Imana,hamwe (...) -
Dudu Theophile, umuhanzi w’umunyarwanda ubarizwa mu gihugu cy’Uburundi yagejeje alubumu ye ya mbere ku isoko mu Rwanda
15 June 2012, by Patrick KanyamibwaDudu Theophile, umuhanzi w’umunyarwanda ubarizwa mu gihugu cy’uburundi yagejeje alubumu ye ya mbere ku isoko mu Rwanda
Ubwo twaganiraga ku murongo wa telephone na Dudu yatubwiye alubumu ye ye yageze i Kigali ikaba iboneka gusa muri Gift Supermarket kwa Rubangura mu mugi wa Kigali, aho igura amafaranga 5000Frw, ndetse ko mu minsi iri mbere azategurira abanyarwanda igitaramo ateganya ko kizabera i Kigali, ibi kandi akabikora ari no gutegura kurangiza alubumu ye y’amashusho (DVD), ndetse ubu (...) -
Yee, Mwami uziko ngukunda!
2 February 2016, by Alice RugerindindaMbega ijambo riremereye. Iri jambo ryavuzwe na Simoni Petero ubwo Umwami Yesu yamubazaga inshuro eshatu niba amukunda. Ubwa mbere Yesu yabajije Petero ati “ Simoni mwene Yona, urusha aba kunkunda?” Aramusubiza ati:
“ Yee, Mwami uziko ngukunda”, Yesu abimubajije ubwa gatatu ngo byaramubabaje aramusubiza ati : “ Mwami umenya byose, uzi kandi ko ngukunda” Yohana 21: 15-17
Ibaze nawe umuntu asanzwe ari inshuti yawe , yarangiza akakubaza niba umukunda kandi ntabikubaze inshuro 1 akabikubaza (...) -
Wari uzi ko imyambarire mibi y’ igitsina gore igira ingaruka?
4 May 2016, by Kiyange Adda-Darlene« Kandi izo ku mubiri zizwi ko ari izicyubahiro gike, nizo turushaho kwambika icyubahiro, kandi ingingo zacu ziteye isoni nizo zirushaho gushimwa. Nyamara izidateye isoni ntizigomba kwambikwa… (1 abakorinto 12 : 23-24)
Guhera igihe umuntu yakoreye ibyaha, yahise amenya ko afite ingingo zimwe ziteye isoni, arihisha. Imana ije kumureba ntiyahita imubona, imuhamagaye yarisobanuye ati : « Numvise imirindi yawe muri iyi ngobyi, ntinyishwa n’ uko nambaye ubusa, ndihisha. »(itangiriro (...) -
Intambara y’umutima urwanya ibyaha
15 October 2015, by Innocent KubwimanaMu isi dutuye tuhura n’ibihe bitandukanye hari igihe kibaho cy’amahoro hakabaho abantu bakaba batuje bakora ijirimo yabo ntacyo bikanga ariko hari igihe ibintu bihinduka amahoro akabura neza neza imirimo igahagarara iterambere ntiribee rigishobotse, ahubwo abantu bakabaho ubuzima bw’ubwoba bikanga urupfu.
Tugaruke mubuzima bwacu busanzwe, ubundi umuntu iyo atarakira Yesu nk’umwami n’umukiza aba abaho ubuzima busa nk’aho ari umudendendezo, yigenga yiyobora, arya uko ashatse anywa ibyo ashatse (...) -
Ni iki Bibiliya ivuga babana bahuje ibitsina ?
23 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaBibiliya itubwira neza ko kubonana kw’abahuje ibitsina ari icyaha. Bimwe mu byanditswe biri muri Bibiliya bitwereka neza ko ari ikizira ku Mana ko abahuje ibitsina babana nk’umugore cyangwa umugabo.
Imana yaremye umubago n’umugore, bafite imitere itandukanye kandi bafite ibitsina bitandukanye kugira ngo buzuze inshingano zabo nk’umugore n’umugabo. Bikwiye kumvikana neza ko ubusambanyi hagati y’abantu badahuje ibitsina, ni ukuvuga umugabo n’umugore ari icyaha. Iyo biba ntacyo bitwaye ko abantu (...) -
Mbese wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa kubirwanya?Hitamo neza!
8 March 2016, by Emmanuel KANAMUGIREMuri iki gihe usanga mu ngo nyinshi z’abashakanye harangwa bomboribombori,akenshi ziterwa nuko umwe aba yananiwe kwihanganira ingeso runaka za mugenzi we atari asanzwe amuziho mbere y’uko barushinga.Uko abashakanye bitwara mu bibazo nk’ibi kuratandukanye bitewe n’ubushishozi cyangwa kwihangana kwa buri muntu.None se wowe mu gihe uhuye n’ingorane mu rushako,wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa washaka izindi nzira zo kugarura ubumwe na we?
Ndagira ngo ngufashishe ubuhamya bw’uyu mugore. (...)
0 | ... | 340 | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | 420 | ... | 1850