Ariko nkatwe abakristo ubu butumwa twahawe bwo gushima Imana uku kwezi kose budusigiye iki?
Abakristo benshi bamaze iminsi bakora imihango yo gushima Imana atari ugushima guturutse mu mutima, aho usanga hashima ababyaye cyangwa abakoze ubukwe, maze abandi basigaye bakaba bazi ko hari ituro ry’ishimwe ribanza mu materaniro tukaritura tutanafite icyo turi kuzirikana ibyo Imana yakoze.
Ijambo gushima Imana rivugwa inshuro zirenga 370 muri Bibiliya. Mu isezerano rishya iri jambo risobanura (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ukwiye kwiga kubaho ubuzima bushima Imana. Pasitori Isaie
29 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana -
Harubwo uheruka kwiyuhagira?
28 March 2016, by Kiyange Adda-DarleneYeremiya 4:14. Yewe Yerusalemu we! Uhagira umutima wawe ho ibyaha kugira ngo urokoke.Uzahorana imigambi yawe mibi uzageze ryari?
Yerusalemu ivugwa aha ntabwo ari ubutaka ahubwo n’abahatuye babwirwaga.Yerusalemu ni igihugu Imana yahaye Aburahamu ihamuhera n’amasezerano menshi harimo n’areba urubyaro rwe. Abisiraheri bafite amasezerano akomeye cyane aturuka kuri sogokuru Aburahamu. Yesu nawe yaje kudushyira muri ayo masezerano ya Aburahamu. Kubw ’amaraso yamennye, turi urubyaro rwa Aburahamu, (...) -
Ikiganirompaka cyari giteganijwe guhuza intiti zo muri ADEPR cyasubitswe biturutse ku bwumvikane hagati y’itorero na Isange Corporation.
9 February 2013, by UbwanditsiBisa nk’ibikomereye ubuyobozi bwa Isange Corporation gusobanurira benshi mu bari banyotewe ikiganirompaka cyari giteganijwe kuba kuri uyu wa gatandatu tariki ya 9/2/2013 ko kitakibaye. Haburaga iminsi ibiri gusa ngo kibe, dore ko cyari kuvuga ku bibazo bitandukanye by’itorero ariko harebwa ku ruhare rw’umuntu wize mu iterambere ry’itorero.
Gusa, ku rundi ruhande, bishobora kuba bigize icyo bifasha ku mpande zombi, rwaba urw’itorero cyangwa se Isange Corporation yari yateguye iki kiganiro (...) -
Umuhanzi Delphin Kalisa yasohoye indirimbo nshya yise “Byiringiro bizima” yakoranye na Nelson Mucyo
6 June 2013, by UbwanditsiNyuma y’indirimbo ye ya mbere yari yise “Ijwi rituje”, kurubu Umuhanzi Delphin Kalisa yasohoye indirimbo nshya yise “Byiringiro bizima” yakoranye na Nelson Mucyo, iyi ndirimbo ikaba iri munjyana ya Afro-Zouk slow, kandi ikaba yarahimbwe inandikwa nuyu muhanzi ubarizwa mu ntara y’i Burengerazuba.
Nkuko yabidutangarije ubwo twaganiraga, yatubwiyeko nubwo hari haciye igihe acecetse kubera amasomo n’akazi, ubu yasubiye mu nganzo akaba ari no gukora amashusho y’indirimbo “Ijwi rituje”. Reka (...) -
Twubakire ku mbaraga zacu (Points forts)
20 August 2013, by Umugiraneza Edith"Ndababwira umuntu wese muri mwe, mbibwirijwe n’ubuntu nahawe, mwe kwifata uko mutari, ahubwo mutekereze mwitonze nkuko Imana yagereye umuntu wese kwizera". Abaroma 12:3 Mbere yuko ijambo ryo gushimangira ububasha bw’ igikorwa (action) bugerwaho umushakashatsi Peter Drucker yavugaga ko kugirango ugire icyo ugeraho, ugomba kwibanda ku mbaraga zawe niza bagenzi bawe, ( se concenter sur ses forces et celles de ses collaborateurs) aho kugirango duhe umwanya intenge nke zacu. Twese tugizwe n’ (...)
-
Abakristo mu gihugu cya Misiri bakomeje kurengana!
26 May 2012, by Innocent KubwimanaKuri uyu wa gatanu tariki 25 Gicurasi 2012, urukiko rw’ibanze mu gihugu cya Misiri rwakatiye igihano cya burundu abakristo 12 bo muri icyo gihugu, naho abayisiramu 8 bo bagirwa abere. Aba bakristo bakatiwe nyuma yo kubahamya kugira uruhari mu myigaragambyo iheruka kuba mu misiri umwaka ushize 2011 yahitanye abantu babiri, naho abayisilamu 8 bo baregwaga muri urwo rubanza bagizwe abere.
Ibi bibaye nyuma yaho abakristo bo mu gihugu cya Misiri bari biteguye agahenge kazaturuka mu matora ya (...) -
Nyakabanda: Mu giterane cyateguwe n’urubyiruko abasaga 50 bakiriye Kristo!
22 March 2013, by Ernest RutagungiraKu bufatanye n’itorero ryabo, mu mpera z’iki cyumweru dusoje kuri ADEPR Nyakabanda ho muri Paroisse ya Kicukiro, urubyiruko ruhasengera rwateguye igiterane cyari gifite intego igira iti “Nkwiriye gukora umurimo w’uwantumye hakiri ku manywa” kikaba cyarasojwe abasaga 50 bakiriye Kristo.
Iki giterane cyatangiye guhera gatandatu tariki 16 gisozwa ku cyumweru tariki ya 17 Werurwe 2013. Cyitabiriwe n’abantu b’ingeri nyinshi, harimo abayobozi ku rwego rwa ADEPR nka Pasteur RUYENZI uyoboye itorero ADEPR (...) -
Intumwa Yakobo: uwa mbere wishwe azira Yesu!
1 May 2013, by Simeon NgezahayoIntumwa Yakobo ni mwene se wa Yohana. Yari afite umwanya ukomeye yahawe na Yesu Kristo, kuko yari umwe muri batatu bagendanaga na we. Abandi babiri bari Yohana mwene se wa Yakobo, na Simoni Petero.
Yesu ahamagara aba bavandimwe, Yakobo na Yohana bakoranaga na se Zebedayo umurimo w’uburobyi mu nyanja ya Galileya. Bahise basiga se n’umurimo wabo wo kuroba, bakurikira Umwigisha wari umusore w’umugenda. Bigaragara ko Yakobo ari we wari mukuru muri abo batatu, kuko ari we ukunze kuvugwa ubwa (...) -
Shekinah Worship TeamRubavu iramurika album yayo ya mbere kuri uyu wa 29/12/2013 mu gitaramo bise “Tawala”
18 December 2013, by Simeon NgezahayoMu gitaramo gikomeye kizaba ku Cyumweru tariki ya 29/12/2013, kuva saa kumi n’imwe n’igice kugeza saa mbiri z’umugoroba z’ijoro, Shekinah Worship Team yo mu itorero Evangelical Restoration Rubavu mu mujyi wa Gisenyi izamurika alubumu yayo ya mbere mu gitaramo bise “Tawala”.
Nk’uko twabitangarijwe na Delphin Kalisa, umwe mu bari gutegura icyo giterano cyo kuramya no guhimbaza Imana akaba n’umuyobozi wa Shekinah, yadutangarije ko nyuma y’imyaka igera ku icumi bakorera Imana, uyu mwaka ni bwo bagiye (...) -
Niba twifuza kugera kure, gutera imbere, tugomba kwemera gutozwa ! - Dorothée Rajiah
13 July 2013, by Simeon Ngezahayo“Nta we uvuka ngo yuzure ingobyi, ahubwo icyo tuzi ni uko kugira ngo umuntu akure, abe inararibonye, agomba gutozwa.”
Nta wubaka inzu umunsi umwe. No mu buzima ni ko biri: Ntitwagera ku bintu byose mu munsi umwe Nta n’ubwo tubanza isonga iyo dushaka kwubaka ….
Ubwoko bwa Isirayeli bwahuye n’ikibazo, Umufilisitiya witwa Goliyati yaje abusatira, abubwira ko bagiye kuba abaretwa b’Abafilisitiya nibatabona umwe muri bo ushoboboye kumunesha. Abisirayeli bagira ubwoba, habuze uwabasha guhangana na (...)
0 | ... | 320 | 330 | 340 | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | ... | 1850