Urusobe rw’Ibitekerezo birimo kwiheba, kumva ko bidashoboka, kwivuma no kwiyaturiraho nabi, ni bimwe mu byibasira umuntu wanyuze mu bikomeye, uwo abandi baca intege ko ntacyo azimarira n’ibindi bicantege, ariko uyu munsi ndakubwira nti wikandamizwa n’amateka mabi abantu bakuzi ho kuko iyaguhanze irimo kukuremera ubundi buzima bushya,kuko inzira z’Imana ari nyinshi kandi ikora mu buryo butandukanye.
Ijambo ry’Imana dusoma mu 1Abami 1-35 Umutwe w’aya magambo uravuga ngo “Dawidi akiriho yimika (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Wikandamizwa n’amateka yawe, igihe kirageze ngo Imana ikwinjize mu butsinzi .
21 April 2014, by Claudine KAGAMBIRWA -
Yesu niwe dufiteho ikitegererezo
6 August 2015, by Innocent KubwimanaUmugambi w’Imana ni uko tubaho ubuzima bwigana Kristo, uko yabayeho mu isi akiranuka ntiyagira icyo imuhinduraho ahubwo amara igihe cye cyose akoresha umwanya ayihinduza ubutumwa bwiza, niwe kitegererezo dufite muri iyi nzira igana mu ijuru.
Uretse icyaha cyaje mu isi kigahindanya isura y’umuntu ariko ubundi kuva kera Imana yaremye umuntu mu ishusho yayo. Uyu ntabwo yagombaga gukora icyaha, kamere y’umuntu Imana yamuremanye ntabwo yari iy’icyaha. Ubuzima Yesu yabayemo mu isi bugaragaza kamere (...) -
Mu ijuru imbere y’Imana mfite umuntu umvugira!
14 April 2016, by Alice Rugerindinda“My dear children, I am writing this to you so that you will not sin. But if anyone does sin, we have an Advocate who pleads our case before the Father. He is Jesus Christ, the one who is truly righteous” 1 John 2:1 Amen
“Bana banjye bato, mbandikiye ibyo, kugirango mudakora icyaha. Icyakora nihagira umuntu ukora icyaha, dufite Umurengezi kuri Data wa twese, ariwe Yesu Kristo ukiranuka” 1 Yohana 2:1
Imana ishimwe cyane. Nasanze mu rurimi rw’icyongereza ariho hari ijambo rikomeye, ngo Yesu ni (...) -
Ni byiza
2 March 2016, by Kiyange Adda-Darlene"…Nawe ati : Ariko ni byiza ko ngenda. » " 2 Abami 4.23 :
Iki ni igisubizo umugore yashubije umugabo we amaze gupfusha umwana asize amuryamishije ku buriri. Yasohotse gushaka indogobe ngo ajye kureba Elisa, umugabo amubaza impamvu amusubiza ko ari byiza ko ajya kumureba. Ntiyigeze abwira umugabo ibyabaye, ahubwo ati ni byiza ko ngenda.
Umugore uvugwa muri iyi nkuru yari ingumba, ariko kubw’ijambo ry’ubuhanuzi ry’umuhanuzi Elisa, yabashije kubyara umuhungu.
Ikibabaje, nyuma y’igihe gito (...) -
Uganda: Mu kiganiro na Agakiza.org Rev.Past Rwagasana Tom yatangaje byinshi ku murimo w’ivugabutumwa batangije muri Uganda
4 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaItorero rya Pentekote ryo mu Rwanda (ADEPR) ni rimwe mu matorero azwi cyane kandi akomeye mu Rwanda rikaba ryaratangijwe n’aba suedois mu 1940 i Gihundwe. Uwo murimo warakomeje kugeza ubu bakaba bafite abayoboke bakabakaba miliyoni ebyiri mu Rwanda hose.
Mu Kiganiro umuvugizi wungirije ushinzwe ubuzima bw’Itorero Rev.Past Rwagasana Tom yagiranye na Agakiza.org yavuze ko ADEPR ifite inkingi 4 igenderaho, harimo n’iy’ivugabutumwa kandi batabwiriza mu Rwanda gusa ahubwo bahamagariwe kubwiriza (...) -
Jehovahjireh choir CEP-ULK Evening igarutse mu mujyi wa Kigali kuruyu wa 07/10/2012 ku Mudugudu wa Karukungu (Kimironko).
5 October 2012, by VitalNyuma y’igihe kitari gito imaze igirira ingendo z’ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu ndetse no mu ntaraz’igihugu, Jehovahjireh choir CEP-ULK Evening ikorera umurimo w’Imana muri Kaminuza yigenga ya Kigali, Campus ya Gisozi, ubu noneho igarutse mu mujyi wa Kigali aho iraba yerekeje ku Mudugudu wa Karukungu muri Paruwasi ya Remera, ahagana Kimironko werekeza mu bice by’aho bakunda kwita cumi na kabiri (12) kuri ki cyumweru cyo kuwa 07/10/2012.
Nkuko twabitangarijwe na Prezida wa Korali (...) -
Uramenye utazibagirwa gakondo y’ukuri!
27 October 2015, by Innocent KubwimanaMu mateka y’Abisirayeli nk’ubwoko Imana yari yaratoranije gukorana nabwo, bwabayeho mu ubuzima butandukanye burimo ibyiza n’ibibi. Imana yajyaga ikoresha amahanga atandukanye ishaka kubahana kugeza bajyanweho iminyago. Icyakora ntibigeze banyurwa no kuba mu bunyage. Igihe cyose bahoranaga agahinda n’umubabaro byo kuba batari iwabo nk’undi muntu wese uri mu buhunzi.
‘’Twicaraga ku migezi y’i Babuloni, tukarira twibutse i Siyoni,…… Twaririmbira dute indirimbo y’Uwiteka mu mahanga?
Yerusalemu (...) -
Igiterane ngarukamwaka cyiswe "Women Destiny” cyitezwemo impinduka
7 January 2014, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa 12 Mutarama 2014 harategurwa igiterane kizabera muri Kigali Serena Hotel cyiswe “Women Destiny.” Nk’uko bitangazwa n’umwe mu bategura iki giterane Nkusi D. Rebeccah, gifite intego yo gukangurira abagore kwigirira icyizere.
Nkusi yavuze ko iki giterane kigiye kuba ku ncuro yacyo ya kabiri, kuko ubwa mbere cyabereye muri Serena Hotel ku wa 06 Mutarama 2013, kikaba cyari gifite intego yo kureba agaciro k’umugore mu bintu bitandukanye. yagize ati "Ubushize twashakaga kureba agaciro (...) -
Simon Kabera agiye kumurika Album y’ amashusho
13 August 2013, by UbwanditsiSimoni Kabera avuga ko agiye kumurika album ye ya mbere y’amashusho izamutwara amafaranga arenga miliyoni eshatu mu kuyitegurira neza abakunzi be.
Nyuma yo gutumirwa ahantu henshi hatandukanye akitabira ubutumire bwaho dore ko we ubwe nta biterane yateguraga, Simoni ngo igihe cye cyo gutaramira abakunzi be ni kuri tariki ya 18 Kanama 2013 ku Gicumbi cy’umuco kuri Stade Amahahoro.
Simoni avuga ko kuba yaratinze kumurikira abakunzi be izi ndirimbo icumi z’amashusho ziganjemo iziri mu njyana (...) -
Ingororano Pastor Bimenyimana Claude
9 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaINTEGO: INGORORANO
IBYAHISHUWE 22 :12 Dore ndaza vuba nzanye ingororano, kugira ngo ngororere umuntu wese ibikwiriye ibyo yakoze.
ABAROMA 2 :6-11 kuko Imana izitura umuntu wese ibikwiriye ibyo yakoze. 7.Abashaka ubwiza n’icyubahiro no kudapfa babishakisha gukora ibyiza badacogora, izabitura ubugingo buhoraho. 8.Ariko abafite imitima ikunda kwirema ibice ntibumvire iby’ukuri ahubwo bakumvira gukiranirwa, izabitura umujinya n’uburakari 9.n’amakuba n’ibyago. Ni byo izateza umuntu wese ukora (...)
0 | ... | 290 | 300 | 310 | 320 | 330 | 340 | 350 | 360 | 370 | ... | 1850