‘’Kuko tudakirana n’abafite amaraso n’umubiri, ahubwo dukirana n’abatware n’abafite ubushobozi n’abategeka iyisi y’umwijima, n’imyuka mibi y’ahantu ho mw’ijuru "(Abefeso 6:12-14)
Mu ntambara y’umwuka, nkuko Pawulo yabyanditse, ikintu cya kabiri cyo gukora n’ukwambara icuma gikingira igikiriza arico gukiranuka. Abasirikare b’Abaroma bambaraga icuma gikingira ingingo zabo zitanga ubuzima nk’umutima, umwijima, ibihaha n’amara. Satani atinya umuntu wese ufite umutima uboneye... Niki inkinzo yo gukiranuka? (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Mwambare gukiranuka nk’icyuma gikingira igituza.
25 March 2016, by Isabelle Gahongayire -
Ni iki Bibiliya ivuga babana bahuje ibitsina ?
23 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaBibiliya itubwira neza ko kubonana kw’abahuje ibitsina ari icyaha. Bimwe mu byanditswe biri muri Bibiliya bitwereka neza ko ari ikizira ku Mana ko abahuje ibitsina babana nk’umugore cyangwa umugabo.
Imana yaremye umubago n’umugore, bafite imitere itandukanye kandi bafite ibitsina bitandukanye kugira ngo buzuze inshingano zabo nk’umugore n’umugabo. Bikwiye kumvikana neza ko ubusambanyi hagati y’abantu badahuje ibitsina, ni ukuvuga umugabo n’umugore ari icyaha. Iyo biba ntacyo bitwaye ko abantu (...) -
Gusenga guhindura ibintu Yakobo 5:16-17 (Igice cya 2)
4 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaElia iminsi yamaze kw’ isi yahinduye ibintu byinshi kandi Isirayeri igira umugisha. Nawe umenye ko icyakuzanye mw’ isi ari ukugira ngo uhindure ibintu nkuko inyigisho twabanje haruguru ivuga.
Paulo yandikiye Tito ati : « Icyatumye ngusiga i Kirete kwari ukugira ngo utunganye ibyasigaye bidatunganye »( Tite 1 :5). Ibyo ugomba gutunganya ni 2 : kureba ko ubugingo bwejejewe n’ amaraso ya Kristo Yesu, kandi ukirinda buri munsi kuko impanda izavuga itunguranye. Ukwiye kumenya kandi ko ubugingo (...) -
Mbese wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa kubirwanya?Hitamo neza!
8 March 2016, by Emmanuel KANAMUGIREMuri iki gihe usanga mu ngo nyinshi z’abashakanye harangwa bomboribombori,akenshi ziterwa nuko umwe aba yananiwe kwihanganira ingeso runaka za mugenzi we atari asanzwe amuziho mbere y’uko barushinga.Uko abashakanye bitwara mu bibazo nk’ibi kuratandukanye bitewe n’ubushishozi cyangwa kwihangana kwa buri muntu.None se wowe mu gihe uhuye n’ingorane mu rushako,wahitamo gutana n’uwo mwashakanye cyangwa washaka izindi nzira zo kugarura ubumwe na we?
Ndagira ngo ngufashishe ubuhamya bw’uyu mugore. (...) -
Kuki ari ngombwa gutinda imbere y’Imana? - Eric Célérier
3 June 2013, by Simeon Ngezahayo"Kwishyira hejuru k’umutima kubanziriza kugwa, kandi kwicisha bugufi kubanziriza icyubahiro" Imigani 18:12.
Ubuzima ni iki? Tuvuge ko ushigaje igihe gito ngo upfe, ni uwuhe mwanzuro wafata ku mibereho yawe hano mu isi? Uramutse utekereje uburyo wabanye n’Imana, mbese wasanga warayihaye igihe gihagije kugeza ubu?
Ujye ushima Imana iminsi yose yo kubaho kwawe.
Fata umwanya wihariye wegere Imana, winjire ugere kure kugira ngo ubone imbaraga zayo. Mbere ya byose, banza uyemere uvuge mu mutima (...) -
Umaze igihe ukorera Imana ariko urongeye uhamagarwa bundi bushya guhera uyu munsi. Pst Gaudin
18 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMaze umwe mu Baserafi araguruka, aza aho ndi afite ikara mu ntoki ryaka yakuje urugarama ku gicaniro, arinkoza ku munwa arambwira ati “Dore iri rigukoze ku munwa, gukiranirwa kwawe kugukuweho, ibyaha byawe biratwikiriwe.” Numva ijwi ry’Umwami Imana riti “Ndatuma nde, ni nde watugendera?” Maze ndavuga nti “Ni jye. Ba ari jye utuma.” (Yesaya 6:6-8)
Sinzi imyaka umaze ukorera Imana, sinzi igihe wahereye uhanura cyangwa ubwiriza. sinzi ibyo Imana yagukoresheje kuburyo byaba bimaze kuba nk’Inkovu (...) -
Promise & mission Choir igiye ku murika alubumu yayo ya kabiri y’amashusho: Dore amwe mu mateka yayo
11 July 2013, by UbwanditsiNk’uko twabitangarijwe na Rwangabwoba Jean Paul umuyobozi wiyi Korale Promise & mission Choir (PMC), kuri iki cyumweru tariki ya 14/07/2013 kuva saa munani z’amanwa nibwo iyi Korali izashyira hanze inamuriku ku mugaragaro alubumu yayo ya kabiri bibere ku rusengero rwa Assemblies of God Nyamirambo mu mugi wa Kigali.
Muri iki gitaramo iyi Korale izaba iri kumwe na Korale Musingi hamwe na Pasiteri Julienne na Stanlay Kabanda ndetse n’umushumba wa runo rusengero Pasiteri Evariste n’umufasha (...) -
Urukundo rwa mbere - Walter Stuart
13 July 2013, by Isabelle Gahongayire"Ariko rero mfite icyo nkugaya, ni uko waretse urukundo rwawe rwa mbere " Ibyahishuwe 2 : 4.
Waba wibuka igihe utangira gukundana n’umugabo wawe cyangwa umugore wawe ? Buri gihe uko mwahuraga umutima warateraga, ukabira icyuya kubera ko gusa muri kumwe. Kuba muri kumwe byabaga biguhagije.Wumvaga wabaye undi muntu, ukumva wabibwira isi yose.
Icyo gihe cyitwa urukundo rwa mbere ! Birashoboka ko ari nako byaba byaragenze mu gihe wakiriye Kristo nk’Umwami n’Umukiza w’ubugingo bwawe.
Igihe (...) -
Menya ko ufite agaciro gakomeye cyane Pasteur MUNYANZIZA Eulade
18 April 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAbantu benshi muri ino si bariho batazi impamvu yo kubaho kwabo ndetse bakumva ko ntacyo kubaho bibamariye. Benshi babona nta gaciro bafite,. Kugeza ubwo batakaje ikizere cyo kubaho cyangwa bakabaho ubuzima ubona budafite icyerekezo bwuzuye ubwihebe n’amaganya menshi. Kubera iyo mpamvu bamwe bishora mu biyobyabwenge, ubusinzi, uburaya, ubujura n’ibindi bibi byinshi. Menya ko umuntu ari ikiremwa kiruta ibindi byose. Afite agaciro kadasanzwe. Bibiliya ibyerekana neza mu ngingo zikurikira :
1. (...) -
Mube Maso mukomerere mubyo mwizeye Ernest
10 February 2016, by Ernest Rutagungira1 Kor 16: 13-14 Mube maso! Mukomerere mu byo mwizeye, mube abagabo nyabagabo mwikomeze, Ibyo mukora byose mubikorane urukundo.
Ni kenshi cyane Ijambo ry’Imana ritubwira ngo tube maso, tugire amakenga Iminsi ni mibi, wakwibaza ngo kubera iki ? Impamvi nta yindi ni uko iyo uri maso udatungurwa, iyo uri maso iyo ikibi kije urakitaza, twugarijwe n’imyuka itandukanye, bigaragara ko turimo gusohora mu minsi y’Imperuka yahanuwe, Benshi barahakana imbaraga zo kwizera, ijambo ry’Imana riragorekwa mu (...)
0 | ... | 260 | 270 | 280 | 290 | 300 | 310 | 320 | 330 | 340 | ... | 1850