Ku cyumweru tariki 27 /05 wari umunsi mukuru itorero rya pentecoste wizihiza wibuka umunsi umwuka wera wamanukiye intumwa za Yesu Christo ubwo bari hamwe mu mwanya umwe kandi bahuje umwuka .
Mukarere ka Rubavu intara y’I burengerazuba muri Stade Umuganda habereye iteraniro ryahuje abayoboke b’idini rya Pentecote muri aka karere nkuko twabitangarijwe na bwana BUSHAYIJA Jean Baptiste umushumba mukuru w’itorero rya Pentecote muri aka karere avugako bitari bisanzwe ku munsi mukuru nkuyu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Itorero rya pentecote ADEPR i Rubavu ryizihije umunsi mukuru wa Pentecote.
28 May 2012, by Frere Manu -
Waruziko : Umwongereza ukina Firime ya Yesu atuma benshi bakomeje kumwibeshyaho ko ari umucunguzi wagarutse ku isi..
30 October 2013, by UbwanditsiUmugabo witwa Brian Deacon ukomoka mu gihugu cy’u Bwongereza yavutse afite ishusho ya Yesu Kristo neza. Uyu mugabo akaba yarahawe akazi ko gukina Firime ya Yesu ndetse benshi bamubonye bakibwira ko yaba ari Yesu w’i Nazareti wagarutse ku isi.
Nyamara inkuru ibabaje ni uko Brian Deacon yatangaje ko atemera Yesu mu gihe miliyoni zirenga 117 z’ abantu bamufata ko ariwe Yesu Umwami n’ umucunguzi wabo bitewe na filime ya Yesu yakinnye ari Yesu. Mu buzima busanzwe uyu mugabo yavukiye mu gihugu cy’ (...) -
Urubyiruko rugera kuri 231 rubarizwa mu kigo kiri ku kirwa cya Iwawa, , rwakiriye agakiza maze rwiyemeza kubatirizwa mu Itorero rya ADEPR.
24 July 2012, by Niyigena AlphonsineAbabatijwe bose uko ari 231, ni abasore dore ko iki kigo nta mukobwa uhaba, bakaba bariyemeje gukorera Imana, aho bamaze igihe kinini bigishwa n’itorero rya ADEPR, ururembo rwa Gisenyi, ari naryo ryababatirije mu mazi magari y’ikiyaga cya kivu,gikikije ikirwa cya Iwawa kiriho iki kigo.
Usibye umubatizo kuri uru rubyiruko, habayeho n’umuhango wateguwe n’umuryango w’Abagidewoni (Gedeons),aho wahaye ikigo cya Iwawa, Bibiliya 2300, zizafasha urubyiruko rurererwa kuri iki kigo, gukomeza inzira (...) -
Imigisha 7 ya Yubili nibe mu buzima bwawe. Pastor Benny Hinn
6 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaIgihe abana b’Israheli batakiraga Uwiteka, ntago yabakuye mu buretwa bwa Egiputa gusa ahubwo yanashyizeho uburyo buhamye bwo kujya ikomeza kubakiza buri myaka mirongo itanu bigakorwa bamamaza Yubili aho bari
Buri Yubili, igisekuru cyose cyabaga kiriho cyarabohokaga kandi uko kubohoka kwagendanaga n’amasezerano arindwi atangaje ashobora no kugirira umumaro ukomeye abakristo ba none;
1.Kubohoka (Abalewi 25.10)
Uburetwa ni umukoresha mubi. Si ubw’Imana. Uyu munsi abantu benshi baboshywe (...) -
Kubaho udaseka si ko kuba mu mwuka - Jeremy Sourdril
19 May 2013, by Isabelle Gahongayire"Habayeho igihe mu buzima bwanjye bwa Gikristo, mbaho nta byishimo ngira kubera ubutamenya. Narasengaga, nkitanga, nkaterana uko nshoboye, nkanga icyaha n’igisa na cyo kandi sinezezwe no kuba hamwe n’abantu baganira baseka, baba Abakristo cyangwa se abapagani."
Hari abantu nabonye bameze nk’uko nari meze uko. Imana iduhamagarira gukunda no kwegera abantu, ariko iyo tumeze dutyo twishyira ku ruhande, rimwe na rimwe tugaca imanza. Iyo bene Data bari kumwe basangira bishimye, ba bantu ntabwo bo (...) -
Musanze : Abantu 70 bakiriye Kristo mu giterane cy’ivugabutumwa cyakozwe na Chorale Betesida ya ADEPR Karama (Muganza)
28 January 2014, by Simeon NgezahayoNk’uko twabitangarije n’umuyobozi w’iyi Korale Bwana Gatete Theogene, mu mpera z’icyumweru gishize iyi Korale yakoze urugendo rw’ivugabutumwa mu majyarugu, kandi barashima Imana ko hari abantu benshi bakiriye ubutumwa bwiza bagahindukirira Kristo.
Bamwe mu baturage baje kwakira ubutumwa bwiza
Gatete yakomeje adutangariza ko bari bafite igikorwa cy’ivugabutumwa mu ndirimbo, ijambo ry’Imana ndetse na Film za Gospel i Musanze muri Paruwasi ya Nyarubande, ku mudugudu wa Giheta. Igikorwa bakoze ku wa (...) -
Wirira mu ijuru hasohotse itegeko rikurengera
17 November 2015, by Ernest RutagungiraAbakene n’abatindi bashaka amazi bakayabura ururimi rwabo rukagwa umwuma, njyeweho Uwiteka nzabasubiza, Jyeho Imana ya Isirayeli sinzabahana. Nzazibura imigezi mu mpinga z’imisozi n’amasoko mu bikombe hagati ubutayu nzabuhindura ibidendezi by’amazi, n’igihugu cyumye nzagihindura amasoko. ( Yesaya 41:17-18).
Mugihe isi yose ihangana n’ingaruka z’ihungabana ry’ubukungu, ibibazo ku basanzwe ari abakene n’abatindi bo byarushijeho kwiyongera, ngabo ubushomeri, kubura ibyo kurya, kwirukanwa mu (...) -
Yesu arabishoboye. Pasitori Bimenyimana Jean Claude
23 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaMatayo 14:14-21 Yomotse abona abantu benshi arabababarira, abakiriza abarwayi. 15.Umunsi ukuze, abigishwa be baramwegera bati “Aha ngaha ntihagira abantu none umunsi urakuze, sezerera abantu bajye mu birorero bihahire ibyokurya.” 16.Yesu arabasubiza ati “Ntakibajyanayo, mube ari mwe mubagaburira.” 17.Baramusubiza bati “Nta cyo dufite hano, keretse imitsima itanu n’ifi ebyiri.” 18.Arababwira ati “Nimubinzanire hano.” 19.Ategeka abantu ko bicara mu byatsi, yenda iyo mitsima itanu n’izo fi ebyiri, (...)
-
Rwanda Christian Film Festival izafungurwa ku mugaragaro kuruyu wa gatanu muri Zion Temple mu Gatenga
31 October 2012, by Patrick KanyamibwaRCFF izafungurwa kumugaragaro bwambere kuruyu wagatanu itali 02/11/2012 muri zion temple ubwo bazaba basobanurira abanyarwanda icyo iri serukiramuco rigamije , bazaba batangaza kandi film zatoranyijwe zizitabira Rwanda Christian film festival doreko yoherejwemo ama film aturutse hirya nohino mukarere kiburasirazuba , nyuma yogutoranya zimwe murizo film bazazenguruka hirya nohino muntara nomumujyi wakigali bagenda berekana izo film , basoze italiki 11/11/2012 muri Kigali serena hotel (...)
-
Ubwiyongere bw’ubupagani muri Amerika bukomeje guteza urujijo
6 August 2013, by Simeon NgezahayoUbwiyongere bw’ubupagani (idini itemera ko Imana ibaho) muri Amerika bukomeje guteza urujijo. Ubu abantu barimo kwibaza ibibazo bikomeye ku bijyanye n’uruhare rw’amadini n’Imana. ibi byatumye ABakristo benshi bicuza ko batahagaze mu mwanya wabo.
“Abapagani bashya” bo mu kinyejana cya 21 barimo abagaragara ki mbuga za internet ndetse n’abanditsi nka Sam Harris, Richard Dawkins, Christopher Hitchens, na Daniel Dennett, ubu barimo guhamya kwizera kwabo beruye kandi bashize amanga kuruta ubwa mbere. (...)
0 | ... | 330 | 340 | 350 | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | ... | 1850