“Ariko jye ubwanjye nzi yuko Umucunguzi wanjye ariho, kandi ko amaherezo azahagarara mu isi. Kandi uruhu rwanjye nirumara kubora,nzareba Imana mfite umubiri. Nzayireba ubwanjye, amaso yanjye azayitegereza si ayundi. Nuko umutima wanjye umarwa n’urukumbuzi”. Yobu 19:25-27
Iki nicyo bita kubona Imana uri mu bigeragezo kandi iri ni ijambo ry’ibyiringiro kandi nta handi byava atari ku Mana. “Jye ubwanjye nzi” ni ijambo ririmo guhamya neza udashidikanya ko ibyo uvuga ubizi kandi ubyizeye.
Aya (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ariko jye ubwanjye nzi yuko Umucunguzi wanjye ariho.
1 October 2015, by Alice Rugerindinda -
Ijambo ry’Imana: Ese ugeze he ukura mu Mwuka? Ezekiyeli 47:1-9
16 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaImibanire yose ni ngombwa kuyikuza. Mu mibanire dufitanye n’Umwuka Wera rero, na ho ni uko biri.
Mbese ni iki uri gukora ngo ukuze imibanire ufitanye n’Umwuka Wera?
Mbese hari nk’inzego kuva kuri 1 kugera ku 10, urwego rwa mbere rugaragaza ko nta mibanire ufitanye na Mwuka, ariko urwa 10 rugaragaza ko ufitanye na We imibanire inimbitse kandi yuzuye; ni he uruhe rwego wakwishyiraho?
Mu matorero yemera Umwuka Wera hari imyumvire ivuga ko iyo wuzuye Umwuka Wera (bigaragazwa no kuvuga mu ndimi (...) -
Amahame 6 y’ingenzi atuma abayobozi bakora iby’ubutwari - Doug Franklin
12 July 2013, by Simeon NgezahayoBayobozi, mwiringire Imana yonyine! Hariho amahame 6 y’ingenzi atuma abayobozi bakora iby’ubutwari iyo bayakurikije. Buri hame rishingiye kuri Bibiliya, kandi ryasuzumwe hakurikijwe igihe. Gerageza aya mahame maze wirebere! 1. Umuyobozi agomba gutekereza ibisa n’ibidashoboka.
Mbese ku bw’umuntu, byashobokaga ko Imana yuzuza isi umwuzure ukarimbura ibintu byose? Birumvikana ko nta wari kwiyumvisha ko bishoboka! Ariko Nowa yizeye ibigaragara nk’ibidashoboka kuko yari yizeye Imana ikomeye. Ni (...) -
Ariko mwebweho, abifatanije n’Uwiteka Imana yanyu muracyariho mwese uyu munsi!
8 December 2015, by Alice RugerindindaAriko mwebweho, abifatanije n’Uwiteka Imana yanyu muracyariho mwese uyu munsi! Gutegeka kwa kabiri 4:4
Kwifatanya n’Imana ni ukuba mu itsinda rimwe nayo. Mukemeranwa uko muzagenda, mukemeranwa ku mirongo ngenderwaho, ahasigaye buri wese akarahirira kutazatatira igihango cyangwa kuzabyitwaramo neza. Icyo nzi neza ntashidikanya nuko Imana yacu yo itaguhemukira cyangwa ngo yice gahunda mwagiranye,. Umuntu yakwinanirwa ku giti cye ariko kwifatanya n’Uwiteka ni ibintu bikomeye cyane. Umuririmbyi (...) -
Kunshuro ya mbere itorero New Jerusalem Church ryabateguriye igiterane cy’ Ubuhanuzi
19 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaKunshuro ya mbere itorero New Jerusalem Church riyobowe n’Umushumba Prophetic Bishop Rubanda Jacques, ryabateguriye igiterane cy’Ivugabutumwa ndetse n’ijambo ry’ubuhanuzi cyiswe “Prophetic Word Conference”. Bizaba ari umwanya mwiza wo gusangira ijambo ry’Imana no gufatanya kuramya Imana n’abaririmbyi batandukanye.
Twegereye abarimo gutegura igiterane tubabaza icyo bateganya kungukira muri iki gitererane maze batubwira ko isanganyamatsiko igaragara muri zaburi 25:14.
Ibihishwe by’Uwiteka (...) -
Ubutumwa bw’ibyiringiro bukwiye kujyana n’ukuboko kw’imbabazi - Rev Pst. Kivuye
13 November 2013, by UbwanditsiItorero Eglise Vivante ryizera ko gusenga bitaba umuuhango gusa ahubwo bikwiye kujyana n’ukuboko kw’imbabazi kuko ari byo byorohereza imitima y’abababaye bikabafasha kugira ibihe byiza n’Imana.
Umuyobozi mukuru w’Itorero rya "Eglise Vivante" ku Isi waturutse mu Burundi, Rev. Pst Edmond Kivuye, yashimangiye aya magambo kuri uyu wa 13 Ugushyingo aho yifatanyije n’Itorero Eglise Vivante-Kimihurura i Kigali muri gahunda y’amasengesho y’iminsi 40 yatangiye ku ya 11 akazageza ku ya 20 Ukuboza2013.
Rev. (...) -
Umuhanzi Murwanashyaka Faustin aramurika Album ya 2 y’amashusho kuri iki Cyumweru
29 November 2013, by Simeon NgezahayoUyu muhanzi abenshi bemezako aryoshya stage akanashyushya abantu iyo aririmba, Murwanashyaka Faustin kuri iki cyumweru tariki ya 1/12/2013 kuri ADEPR Nyakabanda ni bwo azamurika album ye ya kabiri y’amashusho kuva saa munani z’amanwa (2pm).
Nk’uko yabidutangarije ubwo twamubazaga iby’iki gitaramo, ngo azaba ari kumwe n’abahanzi nka Mugabo Venuste na Thacien. Azaba kandi ari kumwe na Korali Siloam. Abazitabira iki gitaramo bazanumva ijambo ry’Imana bazagezwaho na Semajeri Gaspard.
Iyi album ya (...) -
Korali Les Béatitudes irasohora alubumu yabo ya mbere y’amashusho kuri cyino cyumweru
24 October 2013, by UbwanditsiNk’uko twabitangarijwe n’umuyobozi w’iyi korali, Bwana Uwimana Anastasie bateguye igitaramo cyo gushyira hanze no kumurika alubumu yabo ya mbere y’amashusho bise « Umwungeri mwiza » aho bifashishije ijambo ry’Imana riboneka muri Yesaya 12 :5, iki gitaramo cyikaza kuri kino cyumweru italiki ya 27/10/2013, kuva saa tatu za mugitondo kugeza saa kumi z’umugoroba (09h00-16h00) kuri EPR Remera – Kicukiro Sonatube mu mugi wa Kigali. Uwiamna akaba yakodutangarijeko hazaba hari nandi makorali, (...)
-
Abashyingiranwa bahuje ibitsina banyuranya n’umugambi w’Imana ku muntu
19 September 2012, by Emmanuel KANAMUGIREHirya no hino ku isi hamaze gusinywa amategeko yemerera abahuje ibitsina gushyingiranwa no kwakira abana mu miryango yabo nyamara ibi binyuranye n’icyo Imana itekereza ku mugabo n’umugore iyo bahujwe no gushyingiranwa.
Wowe ufite ibyo uhagarariye mu murimo w’Imana cyangwa umwigishwa wa Yesu ni butumwa ki watanga udaciriye urubanza cyangwa ngo uhe akato mugenzi wawe ko Yesu na we ubwe atigeze abigirira abo mu gihe cye ?
Nubwo batari mu mugambi w’Imana ariko ntibivuze ko tugomba kubaha akato (...) -
Kenya : Abantu 10 baguye mu bitero byagabwe ku nsengero
1 July 2012, by UbwanditsiAbantu 10 bapfuye abandi 40 barakomereka mu gitero cyagabwe mu gitondo cyo kuri icyi cyumweru tariki ya 1 Nyakanga 2012 ku nsengero zo muri Kenya, mu gace ka Garissa kari hafi y’umupaka wa Somaliya.
Polisi yo muri iki gihugu yavuze ko ibi bitero byagabwe ku nsengero z’idini gatolika ndetse n’idini rya African Inland Church (AIC) ziri mu mujyi wa Galissa. Polisi yakomeje ivuga ko muri iki gitero hakoreshejwe ibisasu byo mu bwoko bwa gerenade ndetse n’amasasu asanzwe.
BBC dukesha iyi nkuru (...)
0 | ... | 360 | 370 | 380 | 390 | 400 | 410 | 420 | 430 | 440 | ... | 1850