1. Umusore umwe w’umusirikare yaguye mu gico cy’abo barwanaga asigaye wenyine, abura aho arigitira ageze ahantu hari ubuvumo yinjiramo yihishamo ariko kuko yari akurikiwe akumva ko nubundi amaherezo afatwa, ahitamo kwiragiza Imana.
Yarasenze ati: Mana ndakwinginze nzi ko ushobora byose, ndagusaba ngo wubake urukuta rw’amabuye ku murwango w’ubu buvumo mbashe gukira igico cy’umwanzi!
Akimara gusenga yabonye igitagangurirwa ku muryango wa bwa buvumo, gitangira kubaka vuba vuba twa tuntu twacyo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Inkuru y’ igitekerezo: NTUKINUBIRE IBYO IMANA IDUHA BURYA IBA IFITE IMPAMVU!!...
30 October 2013, by Ubwanditsi -
Umuvugo: Mukundane mujye Inama. Umusizi Jyamubandi Deo
25 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUMUVUGO: MUKUNDANE MUJYE INAMA
RUKUNDO MBUTO ITARUMBA NZIRA Y’ IBYEZA HORANA IJAMBO IMBADUKO UMPUNDA NDAYIBATURA BAMENYE UBWAWE KO URI RUKUNDO NJE NKUCURANGA NCINYA AKADIHO NJE NDURIRIMBA NGO NDUBATURE NAMENYE URUKUNDO RWANYU U RWANDA NDUHA IBIRENGE IMANA NYIHA AMASHIMWE 10.U RWANDA NDUHOZA INTAMBWE MBWIRA INSHUTI N’ABAVANDIMWE NGO TWESE TUBABE HAFI DUSHOZA IMBYINO IBAKWIYE MUZAHORANE IBIBONDO MUBITOZE GUSENGA BYOSE BIVA MU GUSENGA MUKUNDANE MUJYE INAMA
MWANYUZE MURI BYINSHI IBIBAGERA (...) -
ADEPR Kacyiru : Umuhanzi Frere Manu yongeye gukundisha abanyarwanda indirimbo zizwi ku izina rya " NYIMBO ZA WOKOVU"...
4 September 2012, by UbwanditsiNk’uko mwabitangarijwe hirya no Hino kuri za Website zitandukanye, ndetse no kuma Radio atangaza ibijyanye n’Ivugabutumwa, kuri iki Cyumweru, kuri ADEPR Kacyiru hari hateganyijwe igitaramo gikomeye cyari cyateguwe n’Umuhanzi uzwi ku izina rya Frere Manu. Ubu sanzwe uyu muhanzi akaba asanzwe azwi muri Chorale BETHREHEM yo ku GISENYI, ariko kandi akanaba Umunyamakuru kuri Radio yo muri Congo n’i Rubavu, ubundi akaba akunze gutangaza inkuru za Gospel zibera muri Rubavu kuri za Website (...)
-
Nkwifurije kuzaba mu gitaramo cy’ Imihigo.
22 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaTekereza iteraniro ry’aba bagabo bari kuganira:
Aburahamu, Mose, Yosefu, Samweli, Dawidi,Yobu, Shaduraka, Meshaki, Abed-nego, Daniyeli, Yohani Batista, Setefano, Paulo, Yohana intumwa.
1. Aburahamu yababwira uburyo ubwoba no kutizera Imana byagucumuza, ariko akabasobanurira icyo KWIZERA Imana bisobanuye, kandi ko kwizera Imana bituma tuba abakiranutsi!
2. Mose we yabasobanurira GUTUMWA N’IMANA icyo bisobanuye; yababwira ko iyo umuntu yatumwe n’Imana, ko n’ inyanja yayitegeka ikamwumvira! (...) -
Pakistan: Inzu zirenga 100 z’abakiristo zatwitswe n’abayisilamu.
13 March 2013, by UbwanditsiKuri uyu wa mbere tariki ya 11 werurwe agatsiko k’intagondwa z’abayisilamu zigera ku bihumbi bitatu,zigabije umujyi witwa Lahore ukaba umujyi wa kabiri mu bunini mu gihugu cya Pakistan aka gatsiko kigabije amazu y’abakiristo barayatwika nyuma y’aho umukiristo wo muri aka gace ashyiriwe mu buroko kubera gutuka intumwa Muhammad.
Muri iki gitero amazu asaga 100 niyo yatwitswe naho abakiristo barenga 120 bajyanwa mu bitaro bakomeretse ku buryo bukabije.
Bishop Sebastian Francis Shah Aganira na (...) -
Umuhanzi Dominic Nick adabagije abakunzi be mur’iyi concert yo ku cyumweru taliki 05/08/2012
3 August 2012, by UbwanditsiMu gihe habura iminsi mike ngo igitaramo cy’umuhanzi Domionic Nick kigere,amakuru atugeraho n’uko Dominic yadabagije abakunzi be ku buryo uzahaboneka wese azinjira mu gitaramo ndetse akanatahana CD y’indirimbo z’uwo muhanzi azaba yashyize ahagaragara ku mafaranga 2000FRW gusa.N’ubwa mbere bibaye kandi benshi byabashimishije cyane aho bakomeje kudutangarizako kuhabura ar’ukunyagwa zigahera.
Icyi gitaramo kizaba kuva I saa cyenda z’amanywa kibere ku Gicumbi cy’umuco imbere ya Sitade amahoro I (...) -
Dore ibanga ryo kugira ubuzima bwiza
24 July 2015, by Umumararungu ClaireUbusanzwe nta muntu wifuza kurwara niyo bimugezeho usanga atanga amafaranga menshi ngo arengere ubuzima bwe, niyo mpamvu ari byiza rero kwirinda kuko biruta kwivuza.
Niba ushaka kugira ubuzima bwiza dore ibintu ukwiye :
1. Kugira isuku
Hari ibitaro batanze inama igira iti” bumwe mu buryo bw’ingenzi bwo kwirinda indwara cyangwa kuzanduza abandi” ni igukaraba intoki. Bimwe mu bintu bituma umuntu yandura ibicurane ni ukwikora ku zuru cyangwa ku maso, mu gihe intoki ze ziriho virus ibitera. (...) -
Azasanganya imitima y’abana n’iya ba se ngo atarimbuza isi umuvumo!
21 December 2015, by Alice Rugerindinda“Uwo niwe uzasanganya imitima y’abana n’iya ba se , kugirango ntazaza nkarimbuza isi umuvumo .” Malaki 3:24 / Malaki 4:6 “He will turn the hearts of the parents to their children, and the hearts of the children to their parents; or else I will come and strike the land with total destruction."Malachi 4:6 NIV
Imana itugirire neza. Ijambo umuvumo ni ikintu kibi kandi umuntu wese yakwirinda kuko kigira ingaruka mbi, haba muri iki gihe ndetse no mu kizaza. Reka nivugire ku guhura kw’imitima y’abana (...) -
Nubwo ureba ikibazo ukabura inzira, Yesu we arabona nyinshi yagikemuramo
5 August 2015, by Innocent Kubwimana‘’Nuko hariho umugore wari mu mugongo, wari ubimaranye imyaka cumi n’ibiri, ababazwa n’abavuzi cyane benshi bagerageza kumukiza, bamumarisha ibintu bye byose abitangamo ingemu, ariko ntibagira icyo bamumarira ahubwo arushaho kurwara.” Mariko 5:25, 26 Aya magambo arasobanutse. Iby’uyu mugore bigaragara ko byari byarabaye akarande kuko kumara imyaka 12 urwaye ni ikigeragezo kitoroshye na gake. Bibiliya iravuze ngo abaganga bari baramumazeho ibintu bagerageza kumuvura ariko byaranze, ngo ntibagira (...)
-
Mfite imyaka 15, nabaswe na filimi z’ubusambanyi (Pornography) ndabasaba inkunga y’amasengesho
24 May 2013, by Simeon NgezahayoMfite imyaka 15, maze imyaka igera kuri 3 cg 4 narabaswe na filimi z’ubusambanyi no kwisuzugura. Data ni Pasiteri, ariko ntiwakumva uburyo ngiraga ipfunwe ryo guhagarara ku ruhimbi ndirimbira Imana mu rusengero, nkabikora nishushanya nk’aho nta kibi nakoze.
Umuntu wese undebye abona ndi umukobwa unezerewe, ariko ntibamenye ikimungu n’ipfunwe binshengura umutima. Filimi z’ubusambanyi (Pornography) zarambase ku buryo bushoboka bwose, ngira umushiha mwinshi kugeza ubwo nsigaye ndakarira buri (...)
0 | ... | 1740 | 1750 | 1760 | 1770 | 1780 | 1790 | 1800 | 1810 | 1820 | ... | 1850