Umuvugabutumwa mpuzamahanga Billy Graham arasengana umwete ngo Imana isuke ububyutse muri Amerika. Ibi bigaragazwa n’ibaruwa yasohoye kuri website ye, ikubiyemo umushinga we wo gushinga amatorero, video/TV idasanzwe yitwa My Hope America izafungurwa ku mugaragaro mu Ugushyingo uyu mwaka, ari na bwo Billy Graham azizihiza isabukuru y’imyaka 95.
Mu ibaruwa ye, Graham avuga ko iyi video/TV izajya inyuraho "inkuru nyinshi kandi z’ukuri z’abantu bagiye bahura na Yesu Kristo akabahindurira amateka (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Billy Graham: "Amerika ikeneye Imana ubu kuruta mu gihe cyashize."
13 August 2013, by Simeon Ngezahayo -
Nyuma y’imyaka 35 imaze ivutse, korali Hoziyana ya ADEPR igiye gushyira ahagaragara album yayo ya 10
1 February 2013, by Patrick KanyamibwaKorali Hoziyana, n’ubwo hari abagiye bayibazaho byinshi nyuma y’imyaka 35 imaze ishinzwe ariko ubu ikiba itagaragaraga cyane, kuri ubu ije ku nshuro yayo ya mbere mu kumurika umuzingo wa audio Vol 10 n’ubwo rwose mu bihe bishize ibyo kuzishyira ahagaragara batabikozwaga.
Bimwe mubyo badutangarije harimo ko baje mu itangazamakuru kubera ko igihe cyose babayeho batigeze bakorana naryo, ariko kuri ubu igihe ni iki kugira ngo bakorane naryo muri byose. Ngo bafite igikorwa gikomeye cyo gushyira (...) -
ADEPR Rukurazo: Hakozwe igiterane cy’ivugabutumwa cy’iminsi 2 gisoza amasengesho y’iminsi 7
18 February 2014, by Simeon NgezahayoKuva kuri uyu wa Gatandatu taliki 15-16, kuri ADEPR Rukurazo yakoze igiterane cy’iminsi ibiri, aho basozaga amasengesho yari amaze iminsi 7 abera kuri iyi paroisse. Iki gitaramo cyitabiriwe n’amakorali atandukanye hamwe n’abavugabutumwa nka Masengesho na Rachel.
Nk’uko twabitangarijwe na Fidele Kwizera, umuyobozi wa Korale Penuel akaba ari na we watugejejeho aya makuru, ngo bashimye Imana ko nyuma y’aho bashyiriye hanze album yabo ya mbere bise “Agira ubuntu” nk’imwe mu makorali yitabiriye iki (...) -
Uganda : Pasitori yafashwe akekwaho kunyereza Amashilingi miliyoni 100
28 October 2012, by UbwanditsiKu wa Gatatu w’icyumweru dusoza, Pasitori John Ofumbi, Umuyobozi nshingwabikorwa w’itorero Nagongera Gospel Centre ryo mu gace ka Budama mu Majyaruguru y’Akarere ka Tororo muri Uganda yafashwe n’inzego za Polisi akekwaho kunyereza amashilingi ya Uganda miliyoni 100 yari agenewe ikigo cy’imfubyi.
Ifungwa rya Pasitori John Ofumbi w’imyaka 56 nk’uko tubikesha urubuga rwa interineti rwa www.monitor.co.uk, ryemejwe na Robert Katuramu umuyobozi w’igipolisi cy’Akarere Tororo.
Katuramu yagize ati (...) -
Imwe mu miryango ishamikiye ku madini ishobora guseswa
21 September 2012, by UbwanditsiImiryango ishamikiye ku madini, yongeye kwibutswa n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere (RGB) igihe ntarengwa cyo guhuza amategeko yayo, inibutswa ko itagomba kujya yiyita ko ari amadini, nk’uko byari byaramenyerewe ahubwo ko ari imiryango ishamikiye ku madini.
Ibi ni ibyagarutsweho mu nama ngarukamwaka y’umunsi mpuzamahanga wa demokarasi n’Amahoro yabaye kuri uyu wa Kane tariki ya 20 Nzeri i Kigali, aho Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Imiyoborere RGB, cyahuriye hamwe n’imiryango ishamikiye ku (...) -
Ni gute wagira umutima uboneye? (igice cya 2)
7 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaII. KUKI TUGOMBA KUGIRA UMUTIMA UBONEYE?
Intego nkuru nukugira ngo tuzabane n’Imana mu ijuru kuko nayo iboneye
(Abah.12:14)”Mugire umwete wo kubana n’abantu bose amahoro n’uwo kweza,kuko utejejwe atazareba Umwami Imana”
III.BIRASHOBOKA KO UMUNTU YATUNGA UMUTIMA UBONEYE ARI UMUSORE?
“…Ndabandikiye basore,kuko mufite imbaraga kandi ijambo ry’Imana rikaguma muri mwe,mukaba mwaranesheje wa mubi”(1Yohana2:14)
Luka:1:80”Uwo mwana arakura,agwiza imbaraga z’umutima,aguma mu butayu kugeza umunsi (...) -
Nabanje kuba umuhakanyi, nza kwemera Buda ariko ubu ni Yesu wenyine
3 September 2015, by Innocent KubwimanaKuva ndi umwana , nari naratwawe n’ubumenyi bwo mu isi, numvaga nshaka kumenya byinshi, ariko nagera ku Mana nkabyirengagiza. Icyakora ubwenge bwanjye nabwo bwandemeraga imipaka, nashidikanyaga ku bintu byose, birangira mpindutse umuhakanyi kugeza ku myaka 40.
Mfite imyaka 37, numvaga mu by’ukuri nduhijwe n’ibyo nahaga umwanya n’ibindi bibazo by’isi. Nagerageje kujya gushakira igisubizo mu idini y’abasenga Buda, nkagerageza ngo ndebe ko nahakura ubuzima bwiza buruta ubwo nabayemo nta na kimwe (...) -
Ni ryari umuntu yaririmba indirimbo y’Uwiteka?
27 January 2016, by Kiyange Adda-DarleneZaburi 137: 4, Twaririmbira dute indirimbo y’Uwiteka mu mahanga? Iri jambo rirareba abantu 2. Umwe, ni umuntu uri mu bigeragezo, undi ni umuntu utarakizwa cyangwa wasubiye inyuma. Kuririmba ni ibintu byorohera abantu benshi, kandi bigaragara ko ahari byoroshye. Indirimbo igaragaza umunezero, abaririmbishwa n’agahinda ntabwo baba bari mu murongo mwiza uranga indirimbo. Indirimbo ni ikimenyetso cy’umunezero n’ibyishimo.
Aha, abisiraheri bari bari mu mahanga, mu gihugu cy’ ubunyage, (...) -
KACYIRU : Umuryango AGLOW wakoreye amahugurwa y’abubatse ingo muri HOTEL UMUBANO (Meridien)
7 May 2013, by UbwanditsiKuri iki Cyumweru tariki ya 05 Gicurasi 2013 muri HOTEL UMUBANO ahazwi ku izina rya Meridien, iherereye ku Kacyiru, habereye igiterane gikomeye cyateguwe n’Umuryango AGLOW-RWANDA , uwo muryango ukaba ari umuryango wa Gikristo uharanira Iterambere ry’Umugore. icyo giterane cyikaba cyarizihijwe na Chorale AMAHORO yo muri ADEPR REMERA ndetse n’Umuhanzi Captain Simon KABERA.
Mu gutangira icyo Giterane, Umuyobozi wa AGLOW-RWANDA ariwe Madame MUNARA NASTA yatangiye asobanura umuryango AGLOW icyo (...) -
Imana yampaye umwana narameze imvi ari uruyenzi nka Sara
24 May 2012, by UbwanditsiAmazina nitwa TWAHIRWA Marthe ariko banyita Bibi kuko ndi Umukecuru.Ntuye ku musozi wa NYARUTOVU aho bita ku MUYOGORO, Mu Ntara y’Amajyepho. Nabaye TANZANIA njyayo kubw’Umwami RUDAHIGWA ngenda ndi Akangavu.
Uwanjyanye yagiye ambwira ko agiye kunshakira akazi, naho yari agiye kunshakira umugabo ntabizi.Yaraje ati:”Dore uri imfubyi, ngwino njye kugushakira imibereho.”
Mu kugenda yampaye izina rya GATORANO TWAHIRWA, Naho ubwo hari undi mugabo ku ruhande nawe witwa GATORANO nawe wari wiswe (...)
0 | ... | 1700 | 1710 | 1720 | 1730 | 1740 | 1750 | 1760 | 1770 | 1780 | ... | 1850