IBYIZA BYO GUKORERA IMANA UKIRI MUTO ( Inyisho y’urubyiruko).
" Samweli arakura, Uwiteka abana nawe ntiyakunda ko hagira ijambo na rimwe rya Samweli rigwa hasi, 1 Samw 3:19".
1) Gukorera Imana ukiri muto bizatuma wera imbuto nyinshi. Urugero: umuntu wahamagawe n’Imana afite imyaka 12, undi agahamagarwa n’Imana afite imyaka 65, bombi bakarama imyaka 80, uzaba yarakoreye Imana byinshi ni uwuhe?. Ngirango nibyo Umwami Yesu yasobanuye mu mugani w’umubibyi muri Mt 13:8.
2) Gukorera Imana ukiri (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ibyiza byo gukorera Imana Pastor Sebugorore
7 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana -
Miriyamu Deborah Zulphath agiye kumurika DVD ye iriho ubuhamya bwibyo Imana yamukoreye
6 December 2012, by Patrick KanyamibwaNyuma yaho akoreye DVD yise “Va ibuzimu ujye ibuntu, ntaho Imana itagukura ntanaho itadushyira”, aho yerekana akanavuga ku buzima bukomye yanyuzemo, ibyamubayeho nuko bikomeye aho yanyuze no mu buraya, gukora mu kabari, kurara hanze, gufungwa, gukubitwa, gukira cyane, gukena cyane n’ibindi byinshi, kuri icyi cyumweru tariki ya 9/12/2012 arayishyira ku mugaragara anayimurikire abantu bwa mbere kuri Bethlehm Miracle Church i Nyamirambo ku muhanda ujya Rwarutabura.
Nkuko yabidutangarije, ngo ibi (...) -
Niwemera kuba muri Kristo Yesu uzahinduka icyaremwe gishya
9 December 2015, by Innocent KubwimanaKuba muri Kristo Yesu nibyo bifite umumaro kurusha ibindi byose. Imbaraga zose umuntu yakoresha z’umubiri cyangwa se indi mirimo igaragara ntiyabashya kugutuza muri Kristo kuko ibi bibonerwa mu kwizera igitambo Yesu Kristo yatanze.
Bibiliya iravuga ngo ‘’ Umuntu wese iyo ari muri Kristo aba ari icyaremwe gishya, ibya kera biba bishize. Dore byose biba bihindutse bishya.’’ 2 Abakorinto 5:17 Kuba muri Kristo Yesu ni amahitamo, si imyizerere gusa cyangwa gukurikiza amahame y’idini, gukora ibyo (...) -
Itandukaniro y’umuntu n’inyamaswa ni ugucungurwa n’Imana-Rev. William Marion Branham
22 August 2012, by UbwanditsiKugira ubumwe biturutse mu gucungurwa n’Imana ni zimwe mu nsanganyamatsiko zikubiye mu gitabo Rev.William Marion Branham yise « La Communion par la rédemption ».
Mu inyurabwenge ye ya Kimana, Branham asanga nta terambere riranga ubuzima bw’inyamaswa ubwo agira ati « Niyo inyamaswa ibashije kubaho neza usanga ahanini nta mbaraga yabigizemo ahubwo biterwa na shebuja, kuko aba yakoze iyo bwabaga kugirango itungo rye rirambe ».
Kuba rero inyamaswa cyangwa se itungo ridafite ubushobozi bwo (...) -
Yesu araza vuba uriteguye?
30 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaKugaruka kwa Yesu Kristo, Umwana w’Imana wapfuye ku musaraba ku bw’ibyaha by’abari mw’isi bose akazuka, ni inyigisho usanga igenda yibagirana cyane mu Bakiristo, nyamara kugaruka kwe:
Muri Bibliya hari imirongo (versets) 1846 mw’Isezerano rya Kera n’Irishya. Ni kimwe mu byigisho Bibliya igarukaho kuruta ibindi byose; Niryo sezerano riruta ayandi yose Itorero rya Kristo ritegereje (Yohana 14: 1-3) Ni nabyo byiringiro by’Abakristo nyakuri bose (2Timoteyo 4: 8/Tito 2: 11-13) Muri iki cyigisho, (...) -
Wari uzi ko kwifatanya n’ababi kwonona ingeso nziza?.
10 November 2015, by Kiyange Adda-Darlene1 Abakorinto15:33,Ntimuyobe, kwifatanya n’ababi konona ingeso nziza.
Ijambo ry’Imana riduhamagarira kwera mu ngeso zacu. Ibyo bisaba ko umuntu yirinda ku gato no ku kanini.Kugira incuti ntabwo ari bibi, ariko n’ukugenzura ubucuti bwanyu aho bushingiye. Abasinzi bakundanira ko basangira ” agacupa”, hari n’abakundanira aho bajya bahurira haba heza cyangwa habi.
Aba fana ba equipe y’umupira bakundanira ko bafana equipe imwe. Nta bucuti bushobora kubaho budafite impamvu. Umusore n’inkumi bashobora (...) -
Bwa mbere mu mateka y’u Rwanda, umuhanzi yateguye igitaramo cyo guhimbaza Imana kiri ku rwego rw’akarere yise « East Africa Gospel concert »
13 October 2012, by Patrick Kanyamibwa« Uyu mwaka mukumurika alubumu yanjye ya gatatu, nafashe icyemezo cyo gukora igitaramo kiri ku rwego rw’akarere nise « East Africa Gospel concert », aho natumiye umuhanzi umwe umwe muri bino bihugu bigize Afurika y’i Burasirazuba » ayo ni magambo y’umuhanzikazi Tonzi ubusanzwe amazinaye akaba Uwitonze Clementine.
Ubwo twaganiraga nawe, Tonzi yatubwiyeko icyi gitaramo ari indoto yagize agiye gushyira mu bikorwa kandi cyikazajya kiba buri mwaka. Kuriyi nshuro yacyo ya mbere, igitaramo « East Africa (...) -
Dukwiye gutegereza Imana twizeye
29 July 2015, by Innocent KubwimanaNzahagarara hejuru y’umunara aho ndindira, kandi nzarangaguza ndeba aho ari numve icyo ambwira, n’uko nzasubiza ku bw’icyo namuganyiye. Habakuki 2:1
Habakuki ni urugero rwiza rw’umuntu wasenze Imana igaceceka ariko akarangiza afashe umwanzuro mwiza wo guhagarara agategereza Imana.
Habakuki asa n’uwari uzi Imana asenga iyo ari yo nyuma yo gutinda ayihamagara. Abakristo benshi dusenga Imana tudasobanukiwe, kuko tuyisobanukiwe byahindura uko tuvuga, uko twitwara, uko dusenga, uko tuyikorera. (...) -
Korari Gatsata yateguye igiterane cy’iminsi 50 cyiswe” Fasha Gatagara’’
4 December 2012, by UbwanditsiKorari Gatsata yo mu Itorero rya ADEPR Gatsata, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata, yateguye igiterane ngarukamwaka ku nshuro ya Gatatu ; igiterane cy’uyu mwaka kikaba cyariswe “Fasha Gatagara” mu rwego rwo gukusanya inkunga yo gufasha abafite ubumuga baba mu Kigo cya Gatagara.
Iki giterane cy’iminsi 50 kizagaragaramo ibikorwa by’ivugabutumwa, hamwe n’ubwitange bwo gufasha abatishoboye.
Igiterane cy’uyu mwaka gifite intego yo gufasha abana babana n’ubumuga baba mu Kigo cya Gatagara, kikaba (...) -
Humura ntabwo Imana yagutaye
19 October 2015, by Innocent Kubwimana‘’Nzakujya imbere ahataringaniye mparinganize, nzamenagura inzugi z’imiringa, n’ibihindizo by’ibyuma nzabicamo kabiri.’’ Yesaya 45:2
Harubwo umuntu yibwira ko kuba Imana iri kumwe nawe ari uko gusa iri gukora ibintu uko abyifuza, ibintu byagenze neza, ariko burya no mu bibazo urebye neza wabona Imana itagusize.
Abantu benshi bataka bicitse mu buzima ko yabasize ariko iyo bageze imbere ikabereka intambara yabarwaniriye barihana. Imana ntiyagusiga kuko wahura n’akaga muri iyi, ahubwo mu byo ukora (...)
0 | ... | 1690 | 1700 | 1710 | 1720 | 1730 | 1740 | 1750 | 1760 | 1770 | ... | 1850