1.URUKUNDO: Abaroma 5:8 ariko Imana yerekanye urukundo rwayo idukunda,ubwo Kristo yadupfiraga tukiri abanyabyaha.
Paul we yavuze ko uru rukondo rw’Imana rurenze uko rwamenywa kuko Imana yakunze isi kandi ari mbi kubw’icyaha yari yakiriye muri Adamu. Urukundo nirwo rwayiteye kwiyunga natwe muri Kristo tutabisabye ahubwo kuko idukunda (2 Abakorinto5:19).
Ntabwo Imana idukunda kuko twakiranutse kuko nta nuko tugira ahubwo urwo rukundo rusumba ububi bwacu, kuko iyo umwana wumuntu yananiranye (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Ibintu 3 Imana igirira abantu bikwiye gutuma bayubaha uko umutima uteye/ Ev. Jotham
10 July 2015, by Ubwanditsi -
Ubushakashatsi bwerekanye ko Tattoo (Kwishushanya ku mubiri) zitera kanseri y’uruhu
8 June 2012, by UbwanditsiIbitera indwara ya kanseri (cancer) ni byinshi, gusa muri iki gihe abashakashatsi b’Abanyamerika bashimangiye ko ibishushanyo byo ku mubiri (tattoos) na byo biri mu bitera indwara ya kanseri y’uruhu.
Aba bashakashatsi bavuga ko umuti ukoreshwa mu gushyira ibi bishushanyo ku mubiri, ukoze mu ruvange rw’ ibinyabutabire (substances chimiques) bishobora kugira ingaruka mbi ku ruhu rwa muntu. Muri ibyo binyabutabire harimo nka za Phthalates, Hydrocarbures ndetse n’inzuma ziremereye (heavy metals). (...) -
Urugamba rwari rukomeye ni rwo Yesu yanesheje ibisigaye ntibigukange
12 November 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNta we ufite urukundo ruruta urw’umuntu upfira incuti ze. Muri incuti zanjye, nimukora ibyo mbategeka. Sinkibita abagaragu kuko umugaragu atazi ibyo shebuja akora, ahubwo mbise incuti kuko ibyo numvise kuri Data byose mbibamenyesheje. Yohana 15:13-15.
Yesu ntabwo adusaba kumupfira, ahubwo adusaba kumwegurira ubuzima bwacu. Petero, umwe mu ntuwa ze yigeze kumusezeranya gupfana nawe kubera wenda uko yiyumvaga muri ako kanya, icyakora Yesu yahise amubwirira aho ko atabishobora, kandi koko (...) -
Ibyiza byo guhuza kw’abavandimwe - Rev. Jean Baptiste Mugiraneza
7 July 2016, by Simeon Ngezahayo“Dorere, erega ni byiza n’iby’igikundiro, ko abavandimwe baturana bahuje!” Zaburi 133:1-3
Muri iyi isi hahora intambara hagati y’ibintu 2: ikibi n’ikiza, umwijima n’umucyo. Iyi Zaburi itubwira aho imbaraga z’ikiza zihishe, ko ari mu kubana abavandimwe bahuje, ndetse irabishimagiza ikavuga ko ari byiza bikaba n’iby’igikundiro.
Ijambo "bahuje" Bibliya y’Igiswahili ikoresha ijambo "umoja" naho iy’Icyongereza igakoresha ijambo "unity". Ibi bisobanuye ijambo bahuje bivuze ubumwe cg gushyira hamwe (...) -
Iyo Imana iguhamagaye uba ugomba gutegereza n’igihe cyo gutumwa
18 August 2015, by Innocent KubwimanaAriko se bamwambaza bate bataramwizera? Kandi bamwizera bate bataramwumva? Kandi bakumva bate ari nta wababwirije? Kandi babwiriza bate batatumwe? Nk’uko byanditswe ngo “Mbega uburyo ibirenge by’abavuga ubutumwa bwiza ari byiza cyane!” Abaroma 10:14-15
Iyo Imana iguhamagaye ishaka kugutuma iguha n’ubutumwa bwo kujyana. Mu bisanzwe iyo ukorera ikigo runaka kigashaka ko ujya mu butumwa bw’akazi ahantu runaka mu gihugu cyangwa hanze yacyo, bagusinyira impapuro zemeza ko ari bo bagutumye, icyo (...) -
Imbaraga z’Imana mu ntege nke zacu
2 September 2015, by Innocent KubwimanaAriko arampakanira ati “Ubuntu bwanjye buraguhagije, kuko aho intege nke ziri ari ho imbaraga zanjye zuzura.” Nuko nzanezerwa cyane kwirata intege nke zanjye, ngo imbaraga za Kristo zinzeho. 2 Abakorinto 12:9
Uvugwa aha ni Pawulo, uwo Imana yahamagaye gukora umurimo wayo nawe imukuye mu byaha bitandukanye nk’uko no kubandi benshi bigenda. Pawulo yigeze kubaho akomeye mu buzima busanzwe, ndetse arenganya ubwoko bw’Imana. Kristo aza kumutungura aramuhamagara, amuvana mu byo yarimo amuhindura (...) -
Nyarugenge: Mu giterane Pst Desire yigishijemo amagambo agira ati “Inkuru Nziza,” abagera kuri 37 bakiriye Kristo naho abasaga 150 barabohoka!
21 August 2013, by Simeon Ngezahayo“Dore mu mpinga z’imisozi amaguru y’uzanye inkuru nziza, akamamaza iby’amahoro! Yuda we, komeza ibirori byawe byera, higura imihigo yawe kuko umunyakibi atazongera kunyura iwawe, yatsembweho pe” Nahumu 2:1.
Abisirayeli bagiraga inkuru nziza eshatu: Iyo umuntu wari imbata yahabwaga umudendezo Bavuye i Babuloni mu bunyage bari bamazemo imyaka 70 Yesu Umwana w’Imana yavutse
Yakomeje agira ati: Ndashaka kubabwira inkuru nziza mu buryo butatu: * Umuntu utarakira Kristo, nta byiringiro aba (...) -
Yesu yakongera kugukora ku maso bundi bushya
3 August 2015, by Innocent KubwimanaIrararama iramusubiza iti “Ndareba abantu ariko barasa n’ibiti bigenda.” Arongera ayishyira ibiganza ku maso, iratumbira irakira isigara ireba byose neza. Mariko 8 :24-25
Nubwo atarangije ibibazo byose ariko Yesu ari mu isi hari umubare munini w’abantu babyungukiyemo, bakira indwara, bakira abadayimoni, babona agakiza, barahumuka, barumva, n’ibindi byinshi yakoze.
Izi nkuru ni iz’umuntu wari impumyi, Yesu amukoraho ngo ayibajije ibyo ireba imubwira ko ibona abantu ariko basa n’ibiti, ngo (...) -
Nyuma yo kugerwaho na gahunda ya hanga umurimo Techware Solustions Rwanda LTD irashimira Imana inishimira ibikorwa imaze kugeraho ari.
18 October 2012, by VitalKuruyu wa gatanu wo kuwa 12/10/2012 i Remera kuri Alpha Palace Hôtel habereye umuhango wo gutangiza ku mugaragaro gahunda ya Techware Solutions Rwanda LTD yo gukoresha mudasobwa [computer (ordinateur)] imwe ku bantu benshi icyarimwe ndetse no gukangurira abandi kurushaho kuyitabira ngo kuko ifite inyungu nyinshi mu buryo butandukanye haba mu gukoresha amafaranga make ndetse n’umuriro w’amashanyarazi muke.
Ibi rero bikaba bishobotse nyuma yaho gahunda ya hanga umurimo iziye ku ikubitiro iyi (...) -
Imuka uve mu buzima bw’ikinyoma ubone amahoro !
23 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUbuzima bw’ikinyoma ni ubuzima bubayemo abantu batari bake hano ku isi, akenshi bagiye babwinjiramo bitewe n’imibereho itari myiza bagiye banyuramo, kubwo gushaka kuramuka bigatuma bashaka inzira zinyuze mu kinyoma, bityo bakabona ubuzima bwicuma.
N’ubwo bimeze gutya ndetse bikaba bimaze gusa nk’umuco birakwiye ko wowe utuye muri ubu buzima wimuka ukava mu buzima umaze mo igihe bw’ikinyoma, kugira ngo noneho ugire ubuzima buhiriwe kandi bumurikiwe n’umucyo w’Imana.
Bibiliya Ijambo (...)
0 | ... | 1660 | 1670 | 1680 | 1690 | 1700 | 1710 | 1720 | 1730 | 1740 | ... | 1850