Amakuru aturuka mu gihugu cy’u Burundi aremeza ko intumwa Dr. Muhirwa Paul Gitwaza agiye kwimukira mu gihugu cy’u Burundi ndetse ko ariho agiye gukomereza umurimo we w’ivugabutumwa.
Mu kiganiro uyu muvugabutumwa yagiranye na bimwe mu bitangazamakuru byo muri iki gihugu harimo REMA TV, yavuze ko igihe cye cyigeze kugira ngo abe mu mutima w’Afurika. Aha umutima w’Afurika yavugaga akaba ari igihugu cy’u Burundi.
Apôtre Dr. Paul Gitwaza ubusanzwe akunze gutumirwa cyane na Perezida w’iki gihugu dore (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Apotre Paul Gitwaza ngo yaba agiye kwimukira I Burundi
15 April 2013, by Ubwanditsi -
Filimi y’uko isi izarangira yanyeretse koko, ko abanyabyaha bafite iherezo ribi!
16 July 2015, by Innocent KubwimanaNitwa Nantenaina mfite imyaka 18. Navukiye mu muryango w’abakristo, ariko sinigeraga mpa agaciro urukundo rw’Imana yerekaniye muri Yesu. Ahubwo uru rukundo narushakiraga mu bantu nabo bakanyobya.
Nashakaga gushimisha umutima wanjye ariko sinari nzi inzira nziza nabinyuzamo. Nibagiwe ko Yesu ashobora kunkunda akarenza nuko abantu babikora. Umunsi umwe nashatse kubatizwa, ubwo naringize imyaka 16, ubwo nibwo navuga ko nifuzaga kubaho ubuzima bwa gikristo, ngatangira kugendana na Yesu.
Muri (...) -
Bose bakoze ibyaha ntibashikira ubwiza bw’ Imana ahubwo batsindishirizwa n’ ubuntu.
10 November 2015, by Ernest RutagungiraKuko bose bakoze ibyaha ntibashyikira ubwiza bw’Imana ,ahubwo batsindishirizwa n’ubuntu bwayo,ibibahereye ubusa kubwo gucungurwa muri kiristo Yesu. Niwe Imana yashyizeho kuba impongano y’uwizera amaraso ye , kugirango yerekane gukiranuka kwayo kwayiteye kwirengagiza ibyaha byakozwe mbere y’icyo gihe, ubwo Imana yabyihanganiraga. (Abaroma 3 :23)
Ijambo ry’Imana risobanura neza ko ikiremwa muntu aho kiva kikagera turi abanyantege nke, ndetse ko ku bwacu ntacyo twabasha gukora ngo tuneshe icyaha, (...) -
Nyuma y’urupfu rw’umubyeyi we, Benn Hinn yatangaje ibikwiye gukumbuza abantu ijuru
15 May 2016, by Ernest RutagungiraUmuvugabutumwa mpuzamahanga Benn Hinn wavutse tariki ya 3 ukuboza 1952 uherutse kubura umubyeyi we (Mama we) yatangaje byinshi ku ijuru, aho avuga ko mama we atapfuye ahubwo yagiye iwabo.
Mama wa Benn Hinn witwaga Clemence yatabarutse mu cyumweru gishize tariki ya 7, nyuma y’uru rupfu umuhungu we akaba yumvikanye mu magambo y’ibyiringiro avuga ibyiza by’ijuru n’ukuntu ari heza. Abinyujije ku rubuga rwe yagize ati ‘’ Ndakeka ko mwabyumvise ko mama wanjye yagiye iwabo (mu ijuru). Ni umugisha (...) -
Ibikwiye kwitabwaho mbere yo gufata icyemezo cyo kurongora cyangwa kurongorwa
24 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNufata icyemezo cyo kurongora cyangwa kurongorwa, menya ko ubukwe bwawe bukwinjije mu wundi muryango kandi bukakunga nawo.
Nzi abantu benshi cyane barongora cyangwa barongorwa batekereza ko isano izaguma hagati yabo gusa, ariko ibi biba ari akaga gakomeye. Iyo rero urongoye cyangwa urongowe, uba winjiye mu buzima bwa kivandimwe n’umuryango w’uwo mushakanye, ntabwo mukomeza kwibanira muri babiri basa. Muba mubaye ipfundo ryunga iyo miryango ibiri, kuko iyo mumaze gushyingiranwa iyo miryango (...) -
UMUHANZIKAZI GAGA GRACE MU GIKORWA CYO GUSURA ABARWAYI MURI CHUK
28 October 2013, by Simeon NgezahayoMu kiganiro na UWAMBAJE Marie Grace usanzwe azwi ku izina ry’ubuhanzi nka Gaga Grace, ndetse akaba azwi ku ndirimbo nka UMPE AKANYA na ARANYUZE yadutangarije ko nyuma yo kuririmba hari igikorwa we n’itsinda ayoboye ari ryo GIRA IMPUHWE barimo gitegura cyo gusura abarwayi bo muri CHUK.
Gaga Grace
Iki gikorwa kije gikurikira ibindi byagiye bibanza birimo gufasha imwe mu miryango 2 yo mu murenge wa Ndera. Ubu noneho kuri iki cyumweru taliki ya 27/10/2013 itsinda Gira Impuhwe ryerekeje muri (...) -
CHORALE GILGAL YA CEP KIST-KHI MU GITERANE CY’IVUGABUTUMWA MURI PAROISSE YA ADEPR GATARE
19 December 2013, by UbwanditsiKuri iki cyumweru taliki ya 22 Ukuboza 2013, chorale Gilgal irakora igiterane cy’ivugabutumwa mu itorero rya ADEPR, paroisse Gatare mu murenge wa Gahanga. Bimwe mu bitumye iyi chorale ikorera urugendo rw’ivugabutumwa muri iyi paroisse, ngo ni mu rwego rwo gusura uwahoze ari umuyobozi wabo Rev. Pasteur Karayenga J. Jacques kuri ubu urimo gukorera umurimo w’Imana muri paroisse ya Gahanga. Iki giterane kizatangira saa mbili za mu gitondo, gisoze saa kumi n’ebyiri z’umugoroba (8am-6pm).
Mu kiganiro (...) -
Umujinya n’amarangamutima biratugwa agatoki mukuba intandaro y’uburwayi bw’umutima
21 August 2012, by UbwanditsiUmujinya kimwe n’amarangamutima (emotions) bituma habaho itera ry’umutima ridasanzwe, bikaba bishobora kuba nyirabayazana w’imfu zitunguranye ku bantu basanganywe uburwayi bw’umutima.
Ibi bikaba byarashyizwe ahagaragara, n’abashakashatsi bo muri Kaminuza ya Yale iherereye i New Haven muri Leta ya Connecticut mu gihugu cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika.
Ubu bushakashatsi bwayobowe na Doctor Rachel Lampert ku barwayi b’umutima bagera kuri 62, basuzumwe hakoreshejwe icyuma gipima ibibazo bituruka ku (...) -
Ibyiza byo guhuza kw’abavandimwe - Rev. Jean Baptiste Mugiraneza
7 July 2016, by Simeon Ngezahayo“Dorere, erega ni byiza n’iby’igikundiro, ko abavandimwe baturana bahuje!” Zaburi 133:1-3
Muri iyi isi hahora intambara hagati y’ibintu 2: ikibi n’ikiza, umwijima n’umucyo. Iyi Zaburi itubwira aho imbaraga z’ikiza zihishe, ko ari mu kubana abavandimwe bahuje, ndetse irabishimagiza ikavuga ko ari byiza bikaba n’iby’igikundiro.
Ijambo "bahuje" Bibliya y’Igiswahili ikoresha ijambo "umoja" naho iy’Icyongereza igakoresha ijambo "unity". Ibi bisobanuye ijambo bahuje bivuze ubumwe cg gushyira hamwe (...) -
Kigali: Itsinda HOH rikorera kuri facebook ryafashije imiryango itifashije
7 January 2014, by UbwanditsiNyuma y’aho abagize Itsinda HOH (Heaven is our Home) ubusanzwe rigizwe n’abantu bahuriye ku rubuga nkoranyambaga rwa Facebook, batangije gahunda yo kuganira no gusangira ijambo ry’Imana kuri uru rubuga, noneho kuri ubu bateguye ndetse banakora igikorwa cyo gufasha imwe mu miryango itishoboye.
Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 4 Mutarama 2014, nibwo abagize itsinda HOH (Heaven is our Home) bari mu murenge wa Muhima, akagari ka Rugenge umudugudu w’Impala mu gikorwa cyo gufasha bamwe mu batishoboye (...)
0 | ... | 1440 | 1450 | 1460 | 1470 | 1480 | 1490 | 1500 | 1510 | 1520 | ... | 1850