Ndatura kandi nizeye ko ndi icyaremwe gishya muri Kristo, ibya kera byarashize, dore byose byahindutse bishya. Imana ni yo ibasha guca inzira aho zitari. Ni yo impa kurabya no mu bihe by’amapfa. Kristo yahaye ubuzima bwanjye agaciro. Yampaye gutangirana na we ubuzima bushya.
Natuye ko ntari uneshwa. Nzi ko kuneshwa bishobora kubaho, ariko ntabwo ari bwo buzima bwanjye. N’ubwo hari amakosa nakoze mu buzima bwanjye, nzi ko nshobora kongera kubona ibyo nabuze ngakoresha umwanya neza. Ntabwo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Twange amarangamutima yo kuneshwa - Yvan Castanou
10 April 2013, by Isabelle Gahongayire -
Itorero rya Kristo mu mugambi w’Imana, Igice cya 1/ Dr Fidèle Masengo
12 November 2015, by Innocent KubwimanaMatayo 16:18 -Nanjye ndakubwira nti ‘’Uri Petero, kandi nzubaka itorero ryanjye kuri urwo rutare, kandi amarembo y’ikuzimu ntazarishobora.’’
Hari umuntu wanyandikiye ansaba ko ntegura inyigisho hejuru y’itorero. Byahuriranye n’uko aho narindi mu rugendo muri Nijeriya nasuye itorero rya Foursquare, mbona inyubako nziza nyinshi amatorero yubatse, mbona ibikorwa binyuranye by’iterambere itorero ryakoze ndetse mpura n’abantu bafite ishyaka ryinshi mu murimo w’Imana bintera kwibaza cyane ku itorero (...) -
“Inkuru y’impamo” - Ubuhamya bwa Lyman
11 December 2013, by Simeon NgezahayoHabayeho umugabo n’umugore, buzuza imyaka 20 bafite umwana w’imyaka 3 y’amavuko. Abaganga baketse ko uwo mwana arwaye, kuko babonaga adasanzwe: ubwonko bwe ntibwakoraga. Uwo mwana w’umuhungu ntiyabashaga kunyeganyeza amaguru cyangwa amaboko, haba no kuvuga cangwa ngo ubwonko bugire impinduka bugaragaza.
Ababyebyeyi bafashe icyemezo cyo kumujyana mu bitaro birushijeho kuba byiza, kugira ngo babashe gutangira kumwitaho mu maguru mashya. Hashize nk’icyumweru bamuvura, umuganga mukuru yabwiye (...) -
Kigali: Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) washoje inama nyunguranabitekerezo itegura icyumweru cyo gusengera ubumwe bw’Abakristo mu Rwanda
13 January 2014, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa Gatanu taliki 9 Mutarama 2014, ku Kimihurura ku cyicaro cy’Inama y’Abaporotesitanti mu Rwanda (CPR) hashojwe inama y’Umuryango wa Bibiliya mu Rwanda (BSR) ku bufatanye na CPR n’Inama y’Abepisikopi Gatolika mu Rwanda (CEPR).
Iyi nama yahuje abahagarariye amadini atandukanye akorera mu gihugu cyacu yigiwemo ingingo 3 nyamukuru, ari zo: (1) Gutegura icyumweru ngarukamwaka cyo gusengera ubumwe bw’Abakristo kizaba ku wa 18-25 Mutarama 2014; (2) Kungurana ibitekerezo ku gikorwa cyo kubaka (...) -
Uburyo bwiza wakosora umwana utagombye kumukubita
27 July 2015, by Umumararungu ClaireKenshi abana bakunda gukora amakosa bitewe n’igihe barimo ndetse n’imikurire yabo. Ibi bituma ababyeyi bamwe barakara ndetse bakabashakira ibihano bikakaye. Rero hari uburyo wakoresha mu guhana umwana utarinze kumuha ibihano.
Kwirinda kumusaba ibintu byinshi icyarimwe : urugero aho kumubwira ngo tunganya icyumba cyawe, utunganye neza ibitabo byawe, igihe atarabirangiza ukaba umubwiye ikindi akurikizaho. Wimukoresha ibyo atakoze icyarimwe, ahubwo mugenze gahoro gahoro umubwiza imvugo iboneye (...) -
Filimi z’Abanyecongo zaje ku isonga muri RCFF
14 November 2012, by Patrick KanyamibwaKu nshuro ya mbere mu Rwanda habaye iserukiramuco nyarwanda rya Sinema za gikirisitu “Rwanda Christian Film Festival” Abanyecongo bakaba baraje ku isonga mu kwegukana ibihembo byinshi.
Iserukiramuco rya filimi za gikristu ryatangiye ku wa 2 rirangira kuri 11Ugushyingo 2O12, rikaba ryarateguwe n’Umunyarwanda Mwungura Chris ririmo ibuhugu 3 ari byo U Rwanda, u Burundi na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo.
Muri filimi 12 zarushanijwe, hatoranyijwemo enye ndende n’ebyiri ngufi ari zo (...) -
Florida: Umugabo wiyita “Yesu Kristo Udapfa” yongeye kugaragara ahakana ko atigeze apfa nyuma y’ibihuha by’urupfu rwe
19 September 2013, by Simeon NgezahayoJose Luis de Jesus Miranda uyobora ihuriro 666 rirwanya Kristo ryibumbiye mu idini ‘Growing in Grace’, wiyita Yesu Kristo yongeye kugaragara muri video yasohotse mu cyumweru gishize. Intego yo kugaragara kwe ngo ni ukugira bgo ahinyuze ikinyoma ku bijyanye n’urupfu rwe cyasakaye kuri internet mu kwezi gushize, ubwo umugore we yatangazaga ko yaguye mu bitaro bya Texas azize cancer.
Miranda uvuga ko adapfa akanavuga ko ari Antichrist, abwira abayoboke be kwiyandikaho (tatouage) umubare 666 ku (...) -
Nari nihebye, Imana impa umunezero: Ngicecetse, amagufwa yanjye ashajishwa no kuniha kwanjye umunsi ukira… Lortuges
20 May 2013, by Simeon NgezahayoNari nka Dawidi wavuze ati “Ngicecetse, amagufwa yanjye ashajishwa no kuniha kwanjye umunsi ukira” Zaburi 32:3. Kuva mu bwana bwanjye, nabayeho mu kwizera Imana. nari Umukristo usanzwe, nta bibazo nahuye na byo byabashaga guhungabanya kwizera kwanjye. Hashize imyaka mike, nagize ikibazo gikomeye kigamije guhungabanya kwizera kwanjye. Uko ibihe byagiye bihita, natangiye gushidikanya Imana no kuyitera icyizere muri jyewe no mu bandi.
Nisanze ngeze aha Eliya ubwo yari mu butayu atagishaka (...) -
Umuyobozi w’Itorero ‘Assemblies of God’ arahakana ko kuvuga mu ndimi bigenda bicika mu matorero ya Pantekote
16 September 2013, by Simeon NgezahayoUmuyobozi wa rimwe mu matorero ya Pantekote manini cyane muri Amerika ya Ruguru yavuguruje amakuru avuga ko kuvuga mu ndimi bigenda bicika mu matorero ya Pantekote.
Dr. George O. Wood yatangarije ikinyamakuru ‘The Christian Post’ dukesha iyi nkuru ko ikinyamakuru ‘The Associated Press’ giherutse gutangaza inkuru ivuga ko kuvuga mu ndimi “byacitse burundu mu matorero ya Pantekote.” Mu magambo ye, yagize ati “Turacyavuga mu ndimi ku buryo busesuye. Twamye tuvuga mu ndimi, kandi umwizera wese (...) -
Umuhanzi Frank Mario Sebudandari akaba n’umunyamakuru mu kiganiro ‘Himbaza’ kuri RC Nyagatare arakora ubukwe kuri uyu wa 14 Ukuboza 2013
24 October 2013, by Simeon NgezahayoFrank Mario Sebudandari ni umuhanzi, umunyamakuru ndetse akaba n’umukinnyi wa Film. Kuri ubu rero ngo akaba agiye kurushinga n’umukunzi we Muhinda Annet.
Sebudandari ukorera umurimo w’Imana mu itorero Revelation i Kabarore yagize uruhare mu guteza imbere Gospel muri Nyagatare binyuze muri iki kiganiro cye cyitwa ‘Himbaza,’ ndetse afasha abahanzi batandukanye kuzamuka mu nganzo yabo yo guhimaza Imana. Annet bazarushinga we ni Umukristo mu itorero Apostolic church i Remera ya Kigali.
Uyu musore (...)
0 | ... | 1400 | 1410 | 1420 | 1430 | 1440 | 1450 | 1460 | 1470 | 1480 | ... | 1850