Amakuru ava kurubuga rwa Benny Hinn Ministries uyu akaba ari umukozi w’Imana uzwi cyane aratangaza ko ibirori byo kongera kurushinga nuwo bari baratandukanye byemewe n’amategeko byari biteganijwe ku taliki ya 26 ukwakira(10) byamaze kwimurwa bitewe nuko kuva ku italiki ya 25 kugeza kuya 26 ukwakira azaba afite amateraniro yokwakira ibitangaza ayo materaniro akazaba kw’itorero ryitwa Wake Chapel, ibyo bikaba byatumye ibyo birori byimurirwa kuwundi munsi utaratangazwa .
bikaba byamaze (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Pastor Benny Hinn Ibirori byo gusubirana n’umufasha we baribaratandukanye byasubitswe
30 September 2012, by Ubwanditsi -
Imana ntiyakwibagiwe
29 February 2016, by Emmanuel KANAMUGIRENi uko rero nk’uko umubiri udafite umwuka uba upfuye, ni ko no kwizera kudafite imirimo kumeze, kuba gupfuye. Yakobo 2:26
Mbese bene Data, byavura iki niba umuntu avuga y’uko afite kwizera, nyamara akaba ari nta mirimo akora? Bene uko kwizera kwabasha kumukiza? Cyangwa se hagira mwene Data w’umugabo cyangwa w’umugore wambaye ubusa, kandi akaba abuze ibyo kurya by’iminsi yose, maze umwe muri mwe akamubwira ati: “genda amahoro ususuruke uhage" ariko ntimumuhe ibyo umubiri ukennye byavura iki?
Uko (...) -
Mu giterane gihuje abanyeshure bo mu mashuri yisumbuye na Kaminuza hamwe nabarangije kwiga kiri guhindura imyumvire y’ urubyiruko.
8 August 2015, by UbwanditsiKuri uyu wa gatandatu taliki ya 08/08/2015 muri ADEPR Paroisse Ntura hateraniye urubyiruko rwiga mu mashuri yisumbuye na Kaminuza hamwe nabarangije kwiga.
Iki giterane kandi cyitabiriwe n’abakozi b’ Imana batandukanye aha twavuga nk’ itsinda ry’ agakiza family riyobowe na Pasitori Habyarimana Desire, hari kandi umuhanzikazi Claudine Giramahoro, Umushumba Kanezius n’ abandi batandukanye.
Mu buhamya bwatanzwe na Mwalimu Kiyange Adda yagarutse ku buhamya bw’ uko yakijijwe yifuza kuba umubikira (...) -
Papa Francis yateguye isengesho ryo gusengera amahoro, yamagana ibitero kuri Syria
4 September 2013, by Simeon NgezahayoKuri uyu wa gatatu, Papa Francis yahamagariye Abakristu b’idini Gatolika n’abandi bose kwitabira amasengesho yateguye yo kwiyiriza ubusa no gusengera amahoro kuri uyu wa gatandatu. Yahamagariye abasaga 50,000 basanzwe bateranywa no kumva ijambo rye, arababwira ati "Reka ijwi ry’amahoro ryumvikane ku isi hose!"
Leta ya Vatican yatumiye abambasaderi babyemerewe mu kiganiro kizaba kuri uyu wa kane, kizaba gikubiyemo amabwiriza ku byifuzo bizasengerwa mu isengesho rizamara rya nijoro rizamara (...) -
Sobanukirwa n’ibijyanye no Kubatizwa mu Mwuka umenye n’uko bigenda..
12 May 2016, by UbwanditsiAriko kubatizwa mu mwuka byo ni iki ?
Kubatizwa mu mwuka ni ukureka uwo mwuka agakorera imirimo muri wowe. Mu gihe ubatizwa n’abapasiteri abantu bagutangira ubuhamya ko bakuzi ho ingeso nziza kandi kera bajyaga baguha izina rya Batisimu kuko uvutse ubwa kabiri.
Umubatizo w’umwuka wera nawo ni nkuko ugenda, Imana ubwayo niyo Ikubatiza mu mwuka wayo, Yesu yamaze kugutangira ubuhamya ko nta cyaha ufite (we ubwe yikoreye ibyaha byacu, ubu nta teka tuzacirwaho).Imana data iguha izina (Uyu munsi (...) -
Batemberejwe i kuzimu– 7 bo mu rubyiruko rwa Colombiya (igice cya 3)
13 March 2014, by Kiyange Adda-DarleneNyuma twageze mu kindi cyiciro kibi cyane kurusha ibindi byo muri uwo muriro. Ahari imibabaro y’indegakamere, muri « centre y’i kuzimu. » Aho imibabaro irushijeho gukara cyane uko umuntu atabasha kuvuga. Abantu bonyine bababarizwa aho hantu ni abantu bigeze kumenya Yesu ndetse n’ijambo ry’Imana. Abo kera bari aba Pasitori, abavugabutumwa, aba misiyoneri ndetse n’abandi bantu bose bigeze kwakira Yesu mu bugingo bakamenya ukuri ariko n’ibibi ntibabireke. Hari harimo n’abizeye nyuma baragwa. Imibabaro (...)
-
Inkuru ya Eliya. Habyarimana Dan.
20 March 2014, by UbwanditsiNa we aramusubiza ati “Erega si jye wateye Isirayeli umuruho, ahubwo ni wowe n’inzu ya so kuko mwaretse amategeko y’Uwiteka, mugakurikira Bāli. (1 Abami 18 :18)
Bisobanuye kumvira Imana tutazarimbuka. Ahubwo nidukorera Uwiteka tuzarama. Hari indirimbo y’abana ivuga ngo : Nimushime Uwiteka. Hari n’ijambo rivuga ngo nukorera Imana yawe izaguha Imigisha. None namwe mwihane kandi mugomba kwirinda ibyaha.
Umwanditsi, Habyarimana (...) -
California: Pastor Castro araregwa gufata abagore bo mu itorero rye ku ngufu, we akavuga ko ari ‘yabakizaga kutizera!’
23 September 2013, by Simeon NgezahayoPastor wungirije muri California yatawe muri yombi aregwa gufata abagore bagera kuri 20 ku ngufu mu myaka 8 ishize.
Jorge Juan Castro w’imyaka 54 yakoze umurimo nka Pastor wungirije n’umujyanama mu itorero Las Buenas Nuevas riri mu mujyi wa Norwalk, Ca. Muri Mata ni bwo yasimbuwe na mugenzi we ubwo yajyaga mu kiruhuko, ariko ngo abagore bagera kuri 20 batangira kumurega ku buyobozi bw’iryo torero ko yabafashe ku ngufu, na bwo ni ko kubishyikiriza police. Nk’uko bitangazwa n’igipolisi cya (...) -
Rubavu: Kiliziya Gatulika ntiteganya guhindura imyigishirize mu kuboneza urubyaro - Musenyeri Nsengumuremyi Jean Marie Vianney
25 June 2012, by Frere ManuMusenyeri Nsengiyumva Jean Marie Vianney, igisonga cya Museneyri wa Diyosezi ya Nyundo, avuga ko Kiliziya Gatulika idateganya kuva ku buryo bw’umwimerere yigisha mu kuboneza urubyaro, ko ahubwo ingufu nyinshi zikwiye gushyirwa mu kwigisha abaturage.
Mgr Nsengumuremyi yagize ati "ntabwo Kiliziya Gatulika izigera na rimwe ireka uburyo bw’umwimerere isanzwe yigisha, kuko burya ikibazo gituruka ku kuba abantu bataganirijwe birambye, niyo mpamvu Kiliziya Gaturika izashyira imbaraga mu gukomeza (...) -
Chorale La Lumière ya Nyanza (Kicukiro) ikomeje imyiteguro yo kumurika album yayo ya mbere, dore amwe mu mateka yayo
22 October 2013, by Simeon NgezahayoKuri gahunda ya Korale La Lumière kuwa 03/11/2013, ni bwo izamulika ku mugaragaro Album yayo yitwa “Ingoma y’amahoro”. Iki gitaramo cyo kumurika album, kikaba cyaritirewe igitaramo cyo “Gufasha abana b’imfubyi zibana ”, inkunga izava murimo ikazashyikirizwa abana b’imfubyi zibana.
Nk’uko twabitangarije na Nzeyimana Eugene uyobora iyi Korale, iki giterane kizatangira kuw gatanu le 01/11/2013 saa kumi, bari kumwe n’umuvugabutumwa wo mu Gatsata na chorale Umunezero yo ku mudugudu wa murambi, kuwa (...)
0 | ... | 1390 | 1400 | 1410 | 1420 | 1430 | 1440 | 1450 | 1460 | 1470 | ... | 1850