Kuba umugabo yaba afite mu nda hato ni ikimenyetso cy’ubuzima bwiza. Kugira mu nda hanini, ni kimwe mu bintu bigaragaza ko hashobora kuba ingaruka z’uburwayi butari bumwe, nk’indwara z’umutima ndetse na diabete ndetse bikaba byanaziramo n ;uburwayi bw’umugongo. Kugira mu nda hato ku bagabo birashoboka mu gihe habayeho kubishakisha ndetse bakagira n’uko bagenda birinda. INAMA.
1. Kurya indyo nziza kandi irimo amavuta make. Ushobora gukora imyitozo ngororangingo wicaye cyangwa wihina nkuko ushaka. (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Mbese kugira munda hanini (nyakubahwa) ni ishema nkuko bamwe babivuga ?
31 August 2012, by Kiyange Adda-Darlene -
Umunsi mukuru wo gusengera komite y’umurimo w’Imana mu kigo cya ISA (ASPEK) mu rurembo rwa Kibungo
17 September 2012, by Jost UwaseKuri icyi cyumweru taliki ya 16/09/2012 mu Rurembo rwa Kibungo (ADEPR) kuri Paroisse ya KIBUNGO BY’UMWIHARIKO KURI Chapelle RUBIMBA habaye umuhango ngaruka mwaka ukomeye wo gusengera Komite iyobora Itorero ry’Imana muri icyo kigo cya Institut St Aloys (kizwi ku izina rya ASPEK). Ubundi muri icyi kigo kizwi ku izina rya ASPEK harimo abanyeshuri bagera kuri 940 ariko abakristo b’Itorero rya ADEPR bagera kuri mirongo inani (80) muri abo bana abari muri Chorale yabo yitwa BASHANI ni 70 abandi (...)
-
Florida: Umugabo wiyita “Yesu Kristo Udapfa” yongeye kugaragara ahakana ko atigeze apfa nyuma y’ibihuha by’urupfu rwe
19 September 2013, by Simeon NgezahayoJose Luis de Jesus Miranda uyobora ihuriro 666 rirwanya Kristo ryibumbiye mu idini ‘Growing in Grace’, wiyita Yesu Kristo yongeye kugaragara muri video yasohotse mu cyumweru gishize. Intego yo kugaragara kwe ngo ni ukugira bgo ahinyuze ikinyoma ku bijyanye n’urupfu rwe cyasakaye kuri internet mu kwezi gushize, ubwo umugore we yatangazaga ko yaguye mu bitaro bya Texas azize cancer.
Miranda uvuga ko adapfa akanavuga ko ari Antichrist, abwira abayoboke be kwiyandikaho (tatouage) umubare 666 ku (...) -
Indege nyamunini “Malaysia Airlines Flight MH370” yaburiwe irengero nyuma y’aho Prophet TB Joshua (Nigeria) abihanuriye muri 2013!
14 March 2014, by Simeon NgezahayoMuri uyu mwaka ushize, Umuhanuzi T.B. Joshua ukomoka muri Nigeria ngo yahanuye yuko indege nini izaba itwaye abasaga 200 izaburirwa irengero, kandi bikabera mu gihugu cya Asia. Bidatinze rero, indege nyamunini Malaysia Airlines Flight MH370 yaburiwe irengero.
Prophet T.B. Joshua/Photo CP/Facebook
Mu gihe benshi barimo kwibaza iby’ubu buhanuzi T.B. Joshua yahanuye ku cyumweru taliki 28 Nyakanga 2013, benshi baribaza niba ari iriya ndege yeretswe dore ko adakunda kwatura ngo avuge ikintu mu (...) -
Pastor Chuck Smith yitabye Imana ku myaka 86 azize cancer
4 October 2013, by Simeon NgezahayoNyuma y’aho asuzumiwemo cancer y’ibihaha mu w’2011, umuvugabutumwa, umunyamakuru kuri radio akaba na pasiteri Chuck Smith yakomeje kuvuga ubutumwa no kuyobora itorero Calvary Chapel Costa Mesa muri California y’Epfo kugeza igihe apfiriye kuri uyu wa kane taliki 3 Ukwakira.
Smith yari azwi cyane kandi akunzwe kubera amavuna yakoze muri za 1960, kuba umuyobozi w’indashyikirwa w’ihuriro Calvary Chapel, no kugira uruhare mu ihindurwa rya muzika yo guhimbaza Imana muri Amerika.
Brad Christerson (...) -
Alabama: Pasiteri yasimbutse igipangu cya metero zisaga 13 acika polisi
28 August 2013, by Simeon NgezahayoPastor Matt Pitt washinze imwe mu maminisiteri y’urubyiruko manini muri Leta Zunze ubumwe z’Amerika yise ‘The Basement’ yafashwe mu cyumweru gishize ashinjwa kwiyita umupolisi, no gutoroka agasimbuka igipangu cya metero 13.71 (45foot).
Amakuru dukesha The Christian Post avuga ko polisi yari imaze igihe igerageza gufata Pastor Pitt kubera igihuha cyavugaga ko akoresha ibiyobyabwenge, ariko akayica mu myanya y’intoki. Polisi ya alabama yatangaje ko Pitt ari umunyamugisha kuba atishwe n’icyo (...) -
Korali Kubwubuntu y’i Butare muri NUR iramurikira alubumu yayo ya mbere i Kigali
16 November 2012, by Patrick KanyamibwaNyuma y’uko Korali kubwubuntu ivuye muri studio gukora indirimbo 9 mu kwezi kwa Kanama uyu mwaka, ubu noneho irimo gutegura igikorwa cyo gushyira ku mugaragaro izo ndirimbo muri Album ya mbere yitwa “IMIRIMO ITUNGANYE” ku italiki ya 18 Ugushyingo 2012 i Kigali muri EPR Paruwasi Kiyovu kuva saa saba kugeza saa kumi n’imwe (13h00-17h00). Nkuko twabitangarijwe n’umuyobozi wa korali Jean Claude MUNYEMANA, indirimbo zizashyirwa ku mugaragaro ni: Abiringiye Uwiteka, Ntawundi, Urugendo, (...)
-
Ihuriro ry’Abisilamu n’Abakristo mu mujyi wa Lahore, Pakistan
10 October 2013, by Simeon NgezahayoAbakristo amagana n’amagana batonze umurongo hanze y’urusengero rw’i Lahore bibuka Abakristo baguye mu gitero cyibasiye urusengero mu byumweru bibiri bishize kigahitana abagera ku 100. Muri iri huriro ryabereye mu busitani bw’itorero ‘St. Anthony’s Church,’ abantu babarirwa hagati ya 200-300 bari bateze amatwi inyigisho ya Mufti Mohammad Farooq, aho yavuze amagambo aboneka muri Korowani yigisha ubworoherane bw’abadahuje imyizerere.
Father Nasir Gulfam yari ahagararanye na Mufti Farooq ikiganza mu (...) -
St. Petersburg: Imfubyi y’imyaka 15 yashakiye ababyeyi ku ruhimbi
17 October 2013, by Simeon NgezahayoUmwana w’imfubyi w’imyaka 15 yagiye ku ruhimbi mu rusengero rw’itorero St. Mark Missionary Baptist mu mujyi wa St. Petersburg, Fla., asaba ko hagira umwe mu baterabiye aho wamujyana iwe akamurera (adoption).
Amakuru dukesha The Naples Daily News aravuga ko uwo mwana witwa Davion Navar Henry Only yagize igitekerezo cyo gusaba ababyeyi ku ruhimbi rw’itorero rye, abifashijswemo na Connie Going wari usanzwe amurerera mu rugo iwabo atarapfusha ababyeyi.
Mu ikositimu y’umukara, Davion yahagaze ku (...) -
Umusozi wa Kinyamakara waba ufite ibanga uhishe ku banyamasengesho!
1 September 2012, by UbwanditsiUmusozi wa Kinyamakara uherereye mu kagari ka Karambi, Umurenge wa Kigoma, mu Karere ka Huye wahindutse Kibeho nshya. Abakristu batandukanye bajya kuhasengera batangaza ko uyu musozi ufite ibanga rikomeye kandi rishingiye ku kuba bahazana ibyifuzo byabo bagataha basubijwe.
Kuzamuka umusozi wa Kinyamakara ni urugendo rw’amasaha abiri arengaho iminota mike uvuye mu isantere ya Karambi, uyu musozi urahanamye bikomeye, ubangikanye n’imisozi nka Gihanda, Gasura ndetse na Gitwa. Iyo ukizamuka uyu (...)
0 | ... | 1350 | 1360 | 1370 | 1380 | 1390 | 1400 | 1410 | 1420 | 1430 | ... | 1850