Kuri iki cyumweru dusoje tariki ya 06.01.2013, muri Serena Hotel habereye igiterane kigamije kwerekana umugore mu muhamagaro.
Ukinjira mu marembo ya Serena Hotel, wabonaga abantu ari benshi bitabira kwinjira mu cyumba cyari giteganijwe kuberamo igiterane cy’umunsi umwe. Ugeze mu cyumba (salle) imbere, wabonaga hatatse hateguye neza, indangururamajwi na zo ziri ahantu zitabangamiye abitabiriye iki giterane. Abakristu baturutse mu matorero atandukanye, wabonaga bicaye, bamwe bahagaze mu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Igiterane Women And Destiny In Divine Connection, Kitabiriwe cyane kandi kerekana ubumwe mugore ba ba gospel
8 January 2013, by Patrick Kanyamibwa -
Iyaba byashobokaga ubutumwa bwiza bw’ijambo ry’Imana bwajya butangirwa no mu tubari kugira ngo abakiri mu byaha babivemo bakire agakiza.
20 August 2012, by Emmanuel KANAMUGIREItorero rya ADEPR mu Karere ka Nyanza ryahereye umubatizo abayoboke baryo muri piscine y’akabari ka Dayenu Hotel tariki ya 17 Kanama muri uyu mwaka.
Amakuru dukesha Kigali today avuga ko abahawe umubatizo uko ari 50 kimwe n’abari babaherekeje muri uwo muhango bari bazengurutse ubwogero bwa “Dayenu Hotel” baririmba indirimbo zihimbaza Imana muri icyo gikorwa cyo kugera ikirenge mu cya Yesu.
Mu gihe ibyo byakorwaga abanywi nabo bari mu nkengero z’iyo piscine bifatira ku binyobwa bisembuye, (...) -
Kwigunga ku murwayi w’umutima bituma apfa vuba
22 June 2012, by UbwanditsiUshakashatsi bwakorewe muri Kaminuza ya Brigham iherereye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, bugaragaza ko kwigunga ku muntu ufite ikibazo cy’indwara y’umutima ashobora gupfa vuba.
Amakuru dukesha Aljazeela.com avuga ko abantu barenga 44,573 nibo bakoreweho ubu bushakashatsi aho bwerekanye ko abantu bafite ikibazo cy’umutima badakwiye kwiheza kuko byabagiraho ingaruka zirimo no gupfa.
Kuri aba barwayi bwerekanye ko abenshi muri bo bari bafite ibibazo byo gufatana kw’imitsi ijyana amaraso mu (...) -
Ibinyamavuta bikwiye kuribwa ku rugero ruto
27 May 2012, by UbwanditsiIbinyamavuta bigereranije birakenewe mu mirire kuko ari ibiribwa bifasha gushyushya ndetse bigatera imbaraga umubiri. Muri ibyo biribwa harimo ubunyobwa, sesame, inzuzi, ibihwagari, noix de cajou, amande, pignons, pistaches, soya n’ibindi.
Mu gitabo Les Délices du potager batangaza ko Ubunyobwa bukize kuri lizine. Ibyo bigatuma bugira uruhare mu gukomeza imitsi yumva n’ingirangingo zo mu bwonko. Kuva ku myaka 3 burakenewe kugikuriro cy’umwana kuko bukungahaye mu byubakumubiri. Nicyo gituma (...) -
UMUHANZIKAZI GAGA GRACE MU GIKORWA CYO GUSURA ABARWAYI MURI CHUK
28 October 2013, by Simeon NgezahayoMu kiganiro na UWAMBAJE Marie Grace usanzwe azwi ku izina ry’ubuhanzi nka Gaga Grace, ndetse akaba azwi ku ndirimbo nka UMPE AKANYA na ARANYUZE yadutangarije ko nyuma yo kuririmba hari igikorwa we n’itsinda ayoboye ari ryo GIRA IMPUHWE barimo gitegura cyo gusura abarwayi bo muri CHUK.
Gaga Grace
Iki gikorwa kije gikurikira ibindi byagiye bibanza birimo gufasha imwe mu miryango 2 yo mu murenge wa Ndera. Ubu noneho kuri iki cyumweru taliki ya 27/10/2013 itsinda Gira Impuhwe ryerekeje muri (...) -
62.5% by’Abapasiteri ntibashyigikiye ibitero kuri Syria - NAPP NAZWORTH
6 September 2013, by Simeon NgezahayoUbushakashatsi buherutse gukorwa n’umuryango w’abavugabutumwa muri Amerika (NAE) mu bapasiteri bibumbiye muri uyu muryango bwagaragaje ko 62.5% badashyigikiye ibitero bya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika kuri Syria bigamije guhosha intambara.
Amakuru dukesha Ikinyamakuru ‘The Christian Post’ avuga ko muri ubu bushakashatsi bwari bufite umutwe ugira uti "Mbese Congré y’Amerika ikwiriye kwemeza ko ingabo z’Amerika zigaba ibitero kuri Syria?", abagera kuri 37.5% gusa ari bo bashubije ‘Yego’ kuri iki (...) -
Umukristo wa mbere muri ADEPR Muzehe Sagatwa Ludoviko yaratabarutse.
22 January 2013, by UbwanditsiUyu musaza yazize urw’ikirago kuko yari amaze igihe arwaragurika.Niwe wabaye umukristo wa mbere w’itorero rya ADEPR dore ko yabatijwe kuwa 31/12/1943 akaba yaramaze imyaka ikabakaba 105 dore ko yavutse mu 1908.
Mu mwaka w’1940 nibwo aba misiyoneri bakomoka muri Suede (Soma Suwede) bakandagiye kubutaka bw’ u Rwanda ahitwa i Gihundwe muri Cyangugu baje kuvuga ubutumwa bw’Iyobokamana.
Mu w’1943 nibwo Sagatwa Rudoviko Umunyarwanda wa mbere wo muri ADEPR yakiriye agakiza bwa mbere, nyuma y’uko (...) -
Ku ncuro ya kabiri, itorero ’Lord’s Light Fellowship’ (LLF) ryateguye igiterane mpuzamahanga cyiswe «New Covenant Conference (NCC)»
27 November 2013, by Simeon NgezahayoKu ncuro ya kabiri muri Lord’s Light Fellowship (LLF), hateguwe igiterane mpuzamahanga cyiswe «New Covenant Conference (NCC)» kizabera mu gihugu cy’Ubuhinde aho iri torero rifite icyicaro, aho abantu baturutse impande n’impande z’isi bahurira mu majyepfo y’icyo gihugu bakumva ijambo ry’Imana ndetse bakazamura ibendera ry’Imana mu gace karimo ibigirwamana byinshi mu gihugu cy’Ubuhinde.
Muri icyo giterane hakazabamo kuramya no guhimbaza bidasanzwe, aho abato n’abakuru bata icyubahiro bakagiha Imana (...) -
“Namenye neza ko Basketball ari umukino, ariko Yesu Kristo ari ubuzima” Umukinnyi Lionel HAKIZIMANA
4 February 2014, by Simeon NgezahayoNyuma yo kuba icyamamare mu mukino wa Basketball, umusore Lionel HAKIZIMANA wakiniye ikipe ya APR BBC ubu akaba abarizwa mu ikipe ya Espoir BBC (Espoir Basketball Club) ndetse no mu ikipe y’igihugu Amavubi, ubu noneho yinjiye mu buhanzi bw’indirimbo zihimbaza Imana kuko avuga ko gukorera Yesu ngo ari ubuzima ariko gukina Basketball bikaba imikino isanzwe.
HAKIZIMANA Lionel muri iyi minsi akaba yashyize ahagaragara indirimbo ye ya mbere ihimbaza Imana yise “NDIHO”, ikaba yarakozwe na Producer (...) -
Korale Umunezero irashima Imana kubwa benshi cyane baje kwifatanya na yo bakanayitera inkunga
12 November 2013, by UbwanditsiKu mugoroba w’iki cyumweru taliki ya 10/11/2013 ni bwo Chorale Umunezero ibarizwa ku mudugudu wa ADEPR Murambi yakoze igitaramo cyo gushyira ahagaragara Album yayo y’amashusho bise "KU BIRINDIRO," bikaba byabereye ku rusengero rwa ADEPR Gatenga aho benshi cyane bari baje gutaramana na yo.
Chorale Umunezero ni imwe mu makorali akunzwe hano muri Kigali ndetse no mu ntara, bikaba byagaragaye no muri iki gitaramo ubwo benshi bigomwaga imirimo yabo bakaza gushyigikira Umunezero Choir yakoreye (...)
0 | ... | 1220 | 1230 | 1240 | 1250 | 1260 | 1270 | 1280 | 1290 | 1300 | ... | 1850