Televiziyo ikorera muri Egiputa SAT-7 iratangaza ko "Mu gace karangwa n’abantu benshi baminuje, itangazamakuru ryinshi n’amafaranga make, ubu umuntu wese ufite isahane ya satellite ashobora gushyira kuri SAT-7 akiyumvira ijambo ry’Imana mu rurimi rw’iwabo. Abadukurikira bashobora gukurikiran ibiterane bya Gikristo mu ibanga mu ngo zabo. Iyi ngo ibaka ari inkuru nziza ku bugarijwe n’igitutu cy’abarwanya Ubukristo muri iki gihugu."
Kuri uyu wa 16 Mata, Abanyegiputa babumbatiye imigenzo bakomora mu (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Cairo & ME: Abanyegiputa barizihiza Pasika binyuze kuri SAT-7!
17 April 2014, by Simeon Ngezahayo -
Billy Graham yigishije inyigisho ye ya nyuma mu isabukuru y’imyaka 95 y’amavuko!
11 November 2013, by Simeon NgezahayoMu munsi mukuru we wo kwizihiza imyaka 95 y’amavuko witabiriwe n’abantu basaga 900, umuvugabutumwa Billy Graham yatanze inyigisho ye yiswe iya nyuma abinyujije muri video yamaze iminota igera kuri 30.
Amakuru dukesha urubuga USA Today aravuga ko Billy Graham yatanze ubutumwa bujyanye n’iby’agakiza, akavuga ko amaze igihe arizwa n’inzira y’agakiza k’Amerika.
Yagize ati "Igihugu cyacu gikeneye cyane gukanguka mu buryo bw’umwuka. Maze igihe ndira, kuko nazengurutse imijyi myinshi mbona uburyo abantu (...) -
Korali Betania ya ADEPR Gihundwe igarutse gutaramira i Kigali mu giterane cy’iminsi 2 cyateguwe na ADEPR Kimihurura
29 November 2013, by Simeon NgezahayoADEPR Kimihurura muri iyi weekend yabateguriye igiterane cy’ivugabutumwa mu ndirimbo. Iki giterane kizabera kuri ADEPR Kimihurura, kikazitabirwa n’abavugabutumwa batandukanye ndetse na korali ikunzwe cyane kandi inamaze igihe mu itorero rya ADEPR, ari yo korali Betaniya ibarizwa muri ADEPR Gihundwe.
Korali Betaniya ntikunze kugaragara mu mujyi wa Kigali, ariko bijya bibaho ko iza kuhakorera umurimo w’Imana. Usanga Korali Betania ari imwe mu makorali ahuruza abantu benshi kuva imihanda yose, (...) -
N’ubwo yishimira ko ari umucuranzi wa korari, MUKAMUZIMA Jeanne arifuza ubumenyi bwisumbuye ho muri muzika.
4 March 2013, by Ubwanditsi“Ndi Umubyeyi mfite abana babiri nkaba maze imyaka icumi muri korari, nkaba ncuranga gitari ya Solo na Accompagnement, umuziki ndawukunda kandi ntacyo umpungabanya yaba ari mu kuwucuranga ndetse no mubuzima bwo murugo,ababyeyi bagenzi banjye bawukunda ntibakwiye kwitinya rwose kuko ntibivuna nta zindi mbaraga zidasanzwe bisaba”.
Ibi ni bimwe mubyo twatangarijwe na MUKAMUKIZA Jeanne Umucuranzi muri korari SIYONI yo mu itorero rya ADEPR Gahengeri mu rurembo rwa Kabuga ho mu karere ka (...) -
Gusomana byanduza SIDA
4 September 2012, by Emmanuel KANAMUGIREUrubyiruko rumwe ruvuga ko rukunda gusomana n’abakunzi babo. Ibi akenshi babikora batazi uko ubuzima bwabo buhagaze ndetse n’ubwa bagenzi babo, bityo bikaba byatuma bandura indwara ya SIDA ishobora kwandurira mu gusomana bitewe n’uburyo bikozwemo. Amakuru dukesha urubuga positive.org avuga ko rimwe na rimwe gusomana byanduza SIDA, mu gihe abasomana umwe yogeje amenyo akikomeretsa mu kanywa, cyangwa mu gihe amaze kwihaganyura akaba yakwikomeretsa.
Aya makuru avuga ko gusomana byateza ibyago (...) -
Ubucuti bw’umukristo n’Imana!
1 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaAmahirwe y’umukristo ni ugukundana n’IMANA ariyo ntangiriro n’iherezo ry’ibiriho byose.
Carlo brugnoli wavuze ku bucuti n’IMANA yatanze urugero rw’umukuru w’igihugu runaka agira ati umukuru w’igihugu ashobora kubwira abo ayobora ati guhera uyu munsi nimwita ku nyungu zanjye nanjye nzita ku byanyu byose ,nta kabuza icyo cyifuzo cyashyigikirwa n’abantu benshi bitewe n’uko nabo baba babifitemo inyungu.
Ariko n’ubwo ibyo byiza byose tuba tubikeneye,ni byiza nk’umukristo gufashwa n’amagambo aboneka muri (...) -
Burya Yesu yita ku mibabaro yawe!
24 January 2016, by Innocent KubwimanaKuko ubwo yababajwe no kugeragezwa ubwe, abasha no gutabara abageragezwa bose.( Abaheburayo 2:18) Yesu yita kandi yumva imibabaro y’umuntu wese. Yesu yarababajwe kandi aranageragezwa nk’uko bigaragara mu magambo yanditse hejuru.
Igihe kimwe umugore witwa Hana wari ufite ikibazo cy’ubugumba, azana umutima we imbere y’Imana asuka umubabaro we awereka Imana. Hana kubw’umubabaro yahoranaga utaratumaga anezerwa na rimwe kubera cyane cyane gutotezwa na mukeba we Penina, yagaragaje umubabaro we (...) -
KIGALI: CHORALE BARAKA YASUYE ABARWARIYE MURI CHUK IBAGENERA AMAFUNGURO N’IBIKORESHO BY’ISUKU
7 May 2014, by Simeon NgezahayoKu munsi ngarukamwaka mpuzamahanga wahariwe kuzirikana no kwita ku barwayi uba buri taliki 4 Gicurasi, CHORALE BARAKA ibarizwa kuri ADEPR NYARUGENGE yasuye abarwayi bo mu bitaro bya kaminuza bya Kigali (CHUK) ibagenera amafunguro n’ibilkoresho by’isuku.
Baraka isura abarwayi mu byumba barwariyemo
Nyuma yo kuva mu kibuga cy’ibi bitaro aho abantu baturutse mu bice bitandukanye bari bahuriye bizihiza uyu munsi mukuru wahariwe kwita no kuzirikana abarwayi, kimwe n’abandi bose haba amakorali (...) -
Yitaye ku gusenga kw’abatagira shinge na rugero, adasuzuguye gusenga kwabo
12 September 2015, by Kiyange Adda-DarleneYitaye ku gusenga kw’abatagira shinge na rugero, adasuzuguye gusenga kwabo.( zab 102:18)
Iyi zaburi, ivuga ku gusenga k’umunyamibabaro iyo umutima we uguye isari, ugasuka amaganya yawo imbere y’Uwiteka. Ukurikije umwanya Dawidi yabagamo w’ubwami, ubona ko isengesho ry’umunyamibabaro ritari rimubereye. Abantu benshi twibwira ko iyo umuntu afite icyubahiro runaka aba yarasezeye ku mibabaro, ariko usomye igitabo cya zaburi, ubona ko Dawidi nubwo yari umwami nawe yajyaga agera ahantu hakomeye (...) -
Intumwa Yohana yari muntu ki?
26 April 2013, by Simeon NgezahayoYohana mwene Zebedayo yahamagawe mu bigishwa ba Yesu 12 hamwe na mwene se Yakobo. Yohana aboneka ku rutonde rw’abigishwa 12, ndetse no mu Byakozwe n’intumwa. We [Yohana] na mwene se Yakobo Yesu yabise “abana b’inkuba”. Bamwe bakeka ko iri zina ryaturutse ku mujinya bagiraga.
Intumwa Yohana yabayeho ryari? Ibyanditswe byera ntibigaragaza uko Yohana yanganaga ubwo yahamagarwaga kuba umwigishwa wa Yesu. Abakristo bo hambere bavuga ko yaba yarabayeho kugeza mu w’100 nyuma ya Yesu (bavuga ko yari (...)
0 | ... | 1210 | 1220 | 1230 | 1240 | 1250 | 1260 | 1270 | 1280 | 1290 | ... | 1850