Nk’uko byanditswe mu nkuru y’ikinyamakuru le Point.fr yo ku wagatanu tariki 29 Nyakanga, impumuguke Pr Nurdan Tözün, wo mu ishuri rikuru ryigisha iby’ubuvuzi (Acibadem University School of Medicine) ro muriTurukiya, yagize ati : "Biteye impungenge kuba 60 % by’abarwayi bose ba gastro-entérologie baba ari abagore". Mu izina ry’ishyirahamwe ry’ gastro-entérologie ku mugabane w’i Burayi, ahamagarira abantu kugira ubumenyi buhagije ku bijyanye n’ubuzima, kwihatira gufata imiti no kwisuzumisha no kumenya (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Wari uzi ko abagore bagira ibyago byo kuribwa mu nda kurusha abagabo
10 July 2012, by Ubwanditsi -
Abasaga 50 bakiriye Yesu mu giterane cyo kwegurira Imana urusengero rwa Assemblies of God reconciliation mission church (RMC).
3 April 2014, by Ernest RutagungiraNk’uko byari biteguwe tariki ya 30 Werurwe 2014 Itorero rya Assemblies of God Reconciliation mission church ( RM C) rya Remera ryakoze umuhango bise uwo kwegurira Imana urusengero rwabo, abasaga 50 bakira Yesu barakizwa abandi nabo barahembuka. Uyu muhango wo kwegurira Imana uru rusengero ruherereye mu karere ka Ngoma, mu ntara y’uburasirazuba, wabanjirijwe n’ibiterane byamaze iminsi ibiri, guhera kuwa gatanu tariki ya 28-29/03/2014, harimo Igiterane cy’abana basagaga 400 ndetse n’abakuru, (...)
-
Umunyungugu wa Potassium ni ingirakamaro mu kwirinda indwara nyinshi
3 July 2012, by UbwanditsiBamwe mu bahanga bemeza ko abakurambere bacu barambaga biturutse ku byo baryaga akenshi wasanga bifite umwimerere kurusha ubu. Ibi ariko na none bigafatira ko mu byo baryaga habaga yiganjemo imbuto hamwe n’imboga bikunda kugaragaramo umunyu wa Potassium.
Ibi rero si ko bikimeze ubungubu kuko abo bahanga bakomeza bemeza ko kuri ubu Potassium dufata mu byo turya itarenga 1/3 cy’iyo abo bakurambere bacu bafataga.
Ibi bikaba byarashyizwe ahagaragara n’icyinyamakuru cyo mu Bwongereza cyitwa « (...) -
Umuhanzi Albert NIYONSABA Yasohoye indirimbo nshya yise ”Ku bw’amaraso ya Yesu”
24 January 2014, by Simeon NgezahayoMu gihe benshi bajyaga bumva indirimbo ya Albert Niyonsaba yitwa "Ku bw’amaraso ya Yesu" mu bitaramo aherutsemo vuba ariko bakagira ikibazo cy’uko batabashaga kuyibona ngo banayitunge, kur’uyu wa Gatanu taliki ya 24 Mutarama 2014 ni bwo Phn Albert Niyonsaba yadutangarije ko iyo ndirimbo imaze gutunganywa neza muri Studio akaba agiye kuyigeza ku bakunzi be.
Phn Albert Niyonsaba ni umuhanzi usengera mu Itorero ry’ADEPR Kacyiru, akaba aririmba indirimbo zahimbiwe Imana (Gospel) aho akunda (...) -
Igikorwa cyo gushima Imana mu bikorwa 2012 cya Women Foundation Ministries/Noble Family Church cyagenze neza
5 December 2012, by Patrick KanyamibwaUmusi wo gushima Imana ari wo "Thanksgiving Day" utegurwa na Women Foundation Ministries/Noble Family Church biyoborwa na Apostle Alice Mignonne Umunezero Kabera, wabaye umusi udasanzwe. Gahunda yari iyobowe na Bishop Gasore Constantin kuva muri Restoration Church Rwamagana.
Kuri uyu wa gatandatu ushize itariki ya 01 Ukuboza 2012, nibwo abantu bagera ku gihumbi na magana tanu (1.500) bahuriye ku kibanza abanyamuryango ba Women Foundation Ministries/Noble Family Church batuye Imana. Icyo (...) -
Liliane Kabaganza na Mama Zoulou muri film nshya yabo ya kabiri bise “Isaha”
2 November 2013, by Simeon NgezahayoUmuhanzikazi Liliane Kabaganza yadutangarijeko nyuma yo gusohora film yitwa “Wabikoreye Iki” Part 1 na Part 2, kuri uyu wa mbere tariki ya 4/11/2013 bazasohora filime nshya yindi ya kabiri yitwa “Isaha” (Time).
Nk’uko twabitangarijwe na Director akaba na script writer w’iyi film, Munyaneza Prince, ngo umukinnyi iyi film ishingiyeho bita “D.O.P” mu magambo ahinnye ni Cyuzuzo Claude, akaba ari we nyiri Naom Graphic Studio banatunganyirizamo amashusho y’iyi film.
Iyi film ivuga ku buzima bwa couple (...) -
Kutumvira bizana urupfu!
14 June 2016, by Simeon Ngezahayo"Ni uko mu kwezi kwa karindwi, Ishimayeli mwene Netaniya mwene Elishama w’igikomangoma, kandi umutware ukomeye mu batware b’umwami, azana n’abantu cumi kwa Gedaliya mwene Ahikamu i Misipa, arabagaburira barahasangirira. Maze Ishimayeli mwene Netaniya n’abantu cumi bari kumwe na we, barahaguruka bicisha Gedaliya mwene Ahikamu mwene Shafani inkota. Ni uko baramwica kandi ari we umwami w’i Babuloni yari yagize umutegeka mu gihugu. Ishimayeli yica n’Abayuda bose bari kumwe na Gedaliya i Misipa, (...)
-
Bumbogo mu ivugabutumwa i Nyabihu
22 August 2012, by Simeon NgezahayoNi kuri uyu wa gatandatu taliki 18 Kanama guhera saa munani z’amanywa kugeza ku cyumweru taliki 19 Kanama 2012, aho Chorale Bumbogo ikomoka muri Paruwasi ya Butare, Ururembo rwa Kabuga, Akarere ka Gasabo, Umujyi wa Kigali yakoze igiterane cy’ivugabutumwa ku mudugudu (Chapelle) wa Nyabihu wo muri Paruwasi ya Gasiza Ururembo rwa Gisenyi.
Paruwasi ya Gasiza igizwe n’imidugudu 14, ikaba ifite abapasiteri 4 (barimo n’Umushumba wa Paruwasi), abavugabutumwa 13, n’abakristo bagera ku 2,000. Mu (...) -
Groupe de Priere ya Glory Secondary School yateguye igikorwa cyo gushima Imana
20 October 2012, by Patrick KanyamibwaNkuko bikunda gukorwa mu mpera z’isozwa ry’umwaka, ibigo by’amashuri bitegura umunsi wo gushima Imana no gusengera abanyeshuri baba bazakora ikizamini cya Leta gisoza icyiciro cy’amashuri, ni muri urwo rwego abanyeshuri bo kuri Glory Secondary School bateguye umunsi wo gushima Imana bise “Thanksgiving concert”, uzaba kuwa gatanu tariki ya 26/10/2012, kuva saa saba n’igice z’umugoroba. Bazaba bari kumwe na umuhanzi Arcene Manzi, Pasiteri Gaby Ngamije na Pasiteri David, kandi kwinjira ni ubuntu (...)
-
Nyuma yo guhindura izina, Chorale Besalel yateguye igiterane cy’ivugabutumwa cyo gutaramira abakunzi bayo!
25 February 2014, by Simeon NgezahayoNk’uko duherutse kubibatangariza, chorale yari izwi ku izina ry’Abatoranijwe yo mu itorero ry’ADEPR Gatenga umudugudu wa Murambi yahinduye izina yitwa Besalel, bisobanurwa ngo “mu gicucu cy’Isumbabyose.”
Kuri iki cyumweru taliki 2/03/2014, chorale Besalel izataramira abakunzi bayo mu giterane cy’ivugabutumwa izakorera kuri ADEPR Gatenga, guhera saa munani z’amanywa.
Muri iki giterane, Besalel izaba iri kumwe na chorale Sloam ikorera umurimo w’Imana kuri ADEPR Kumukenke, paroisse ya Gasave; (...)
0 | ... | 1170 | 1180 | 1190 | 1200 | 1210 | 1220 | 1230 | 1240 | 1250 | ... | 1850