Kuri uyu wa 26-27 Ukwakira, kuri ADEPR Rwimbogo, Paroisse ya Nyarugunga hari hateguwe igiterane cy’iminsi 2 gifite intego igira iti "Byuka urabagirane!" Yesaya 60:1.
Iki giterane cyari kigamije ububyutse, cyari kirimo abavugabutumwa nka Pastor Desire Habyarimana ari na we wigishije kuri uyu wa gatandatu. Mu ijambo rye, amaze gusoma intego y’igiterane yagize ati "Ububyutse buraharanirwa. Iyo umuntu ashaka gukanguka, ava mu bitagira umumaro bimutwarira umwanya." Yatanze ingero nyinshi zituma (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Nyarugunga: Igiterane cy’iminsi 2 cyasize ububyutse kuri ADEPR Rwimbogo
28 October 2013, by Simeon Ngezahayo -
Komera, wiva mu masezerano Imana izakugarukaho
31 August 2015, by Innocent KubwimanaNubwo isi tuyishakiramo ubuzima tukanayibamo, rimwe na rimwe tukayiboneramo n’ibitunezeza ariko kandi na none yuzuyemo byinshi bisenya imitima yacu. Ibi bituma abantu bagendana ibibakomeretsa bitari bimwe. Ntacyo wakora ngo bishire, umuririmbyi yaravuze ngo ntihazabura intambara ntabwo amahoro azabura keretse gusa Yesu atsembyeho urupfu n’ibyaha.
Mugihe rero Yesu atarabitembaho nta kindi twakora uretse kubibamo. Ese biramutse bibaye byinshi twakora iki? Twava mu nzu y’Imana? Imana (...) -
Hunga irari rya gisore: Urubyiruko rwa ADEPR – Rwimbogo mu giterane cy’ivugabutumwa
29 July 2013, by UbwanditsiUrubyiruko rwa ADEPR – Rwimbogo rwateguye igiterane cy’ivugabutumwa ku cyumweru taliki 11/08/2013 guhera saa saba z’amanywa. Icyo giterane gifite intego igira iti “HUNGA IRARI RYA GISORE” (2 Timoteyo 2:22).
Icyo giterane kizaba kirimo Ev. Etienne RUSINGIZANDEKWE, usanzwe afite inararibonye n’amavuta mu kwigisha urubyiruko. Hazaba kandi hari Korali Abanyamugisha ikorera umurimo w’Imana muri ADEPR Kimisagara, na yo ikaba ari korali ikunzwe cyane muri iki gihe.
Ev. Etienne RUSINGIZANDEKWE (...) -
Muri Amerika: hatangijwe ikiganiro cya televiziyo gikora mw’izina rya ya nyamanswa antikristo “666″
4 October 2012, by UbwanditsiCALIFORNIA, AMERIKA – I New York, muri Amerika, hari ikiganiro cya televiziyo gishya kimaze iminsi mike gitangiye gukorera ku mugaragaro. Iki kiganiro ntigisanzwe, kuko cyitiriwe inomero 666. Izi zikaba inomero za ya nyamanswa “Antikristo”, nkuko byanditswe mu gitabo cy’Ibyahishuwe 13:18. Iki kiganiro rero kikaba cyarahawe izina rya 666 Park Avenue. Amakuru dukesha urubuga rwa Wikipedia rwandika amateka y’ibintu n’abantu, avuga yuko iki kiganiro cya televiziyo cyatangijwe n’Umunyamerika witwa (...)
-
Costco irasaba imbabazi ko yise Bibiliya "Igitabo cy’inkuru z’impimbano (fiction)"
26 November 2013, by Simeon NgezahayoCompany yitwa Costco ikorera mu mujyi wa Simi Valley, Calif. yokejwe igitutu n’Abakristo bo mu karere nyuma y’aho ububiko bwayo bushyiriye ikimenyetso kuri Bibiliya cyanditseho ko ari igitabo cy’inkuru z’impimbano (fiction). Inzu y’ububiko ku rwego rw’igihugu yasohoye ubutumwa bwo gusaba imbabazi mu izina ry’ishami ryabikoze, ivuga yuko yabikoze yibeshye kandi ko n’ikimenyimenyi abakozi bihutiye kubikosora. Pastor Caleb Kaltenbach uyobora itorero Discovery Church mu mujyi wa Simi Valley yabonye (...)
-
Bethel : Abakirisito barashaka ibisobanuro ku mikoreshereze y’amaturo
16 November 2012, by UbwanditsiMu Itorero Bethel riherereye i Remera aho bita mu Giporoso mu mujyi wa Kigali, haravugwa ibibazo bishingiye ku mikoreshereze y’umutungo. Abakirisito bashaka kumenya imikoreshereze y’umutungo w’Itorero, nyamara ubuyobozi bw’Itorero bukavuga ko nta n’umwe ufite imigabane mu Itorero.
Iri torero ryashinzwe mu mwaka w’1998 riyoborwa na Pasiteri Nkurunziza Francois warishinze, akaba yungirijwe n’umugore we Pasiteri Umugiraneza Tereza.
Amakuru IGIHE ikesha umwe mu bayoboke ba Bethel, avuga ko ku (...) -
Amasengesho ahindura ibitari guhinduka
4 May 2016, by Umugiraneza EdithYigira imbere ho hato, yubama hasi, arasenga ngo niba bishoboka icyo gihe kimurenge Mariko 14:35 Mu byakozwe n’intumwa 12:3-5 naho tuhasanga inkuru z’ukuntu Herode yashakaga kwica Petero, agashyirwa mu nzu y’imbohe bagshyiraho n’abarinzi bo ku murinda ariko ngo ab’ Itorero bagira umwete wo kumusabira ku Mana. Ku murongo wa 12 baravuga ngo Akibitekereza atyo asohora kwa Mariya nyina wa Yohana wahimbwe Mariko, aho abantu benshi bari bateraniye basenga. Ijambo ry’ Imana kandi riratubwira ngo (...)
-
Wari uzi ko Telephone zigendanwa ku ngimbi n’abangavu zikora ku buzima bwabo bwo mu mutwe?
24 October 2012, by UbwanditsiGukoresha Telephone ubu byinjiye mu buzima bwa buri munsi haba mu ngo, mu mashuri, ku kazi, mu bucuruzi ndetse n’ahandi hose hakaneye itumanaho. Ibi byatumye hakorwa ubushakashatsi ku ngimbi ndetse n’abangavu bakunda kuvugira kuri Telefoni mu gihe kinini cy’ijoro.
Bumwe mu bushakashatsi bwakorewe mu Buyapani bukaba bwaranasohotse muri Magazine izwi ku izina rya Journal of Pediatric Psychology", bwashyize ahagaragara zimwe mu mpungenge ziboneka, ku ngimbi n’abangavu cyane cyane, biturutse ku (...) -
Haranira kurwana intambara nziza
22 July 2015, by Innocent Kubwimana“Narwanye intambara nziza, narangije urugendo, narinze ibyo kwizera.’’ 2 Timoteyo 4:7
Intambara yose iba ifite impande ihanganishije, kandi buri ruhande ruba rushaka kubona intsinzi. Mu isi iyo umuntu arwana yitwa intwari ari uko atahukanye intsinzi, uko wakwitwara kose umusaruro w’ibyo wakoze ugaragara nyuma y’urugamba.
Pawulo yandika yivuzeho. Ahagaragara haruguru yabwiraga Timoteyo ko we yarwanye intambara kandi nziza, ageze aho arangiza urugendo kandi yarinze ibyo kwizera.
Mu rugendo (...) -
Umugabo n’umugore Imana yabaremye kimwe, bityo bagomba kugira uburenganzira n’amahirwe bingana!
23 December 2013, by Simeon NgezahayoUmugabo n’umugore Imana yabaremye kimwe (bombi ni abantu), bityo bagomba kugira uburenganzira bungana n’amahiwe angana (gender equality & equal opportunities). Dukurikije amateka atandukanye yaranze ibihugu byinshi birimo n’u Rwanda, usanga abagabo benshi bagira uburenganzira buruta ubw’abagore mu ngo, mu kazi, muri Leta no mu yindi myanya y’ubuyobozi itandukanye cyane cyane mu bucuruzi. Ibi byemerwa nk’ukuri, ariko abagabo bakiregura bavuga yuko imirimo imwe n’imwe abagore batayishoboye, (...)
0 | ... | 1180 | 1190 | 1200 | 1210 | 1220 | 1230 | 1240 | 1250 | 1260 | ... | 1850