Itorero rya ADEPR ryatanze amafaranga miliyoni 5 z’u Rwanda, zizagurwamo ubwisungane mu kwivuza bw’abigisha n’abigishwa batishoboye bo mu masomero ari mu gihugu yigisha Gusoma, kwandika no kubara. Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Odette Uwamariya yashimye ADEPR kubwo gushyigikira gahunda yo kurwanya ubujiji ishyigikiwe na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Nyuma y’aho ADEPR itsindiye ibihembo bya UNESCO inshuro ebyiri byatsindiwe mu mwaka wa 2001 na 2012, habayeho gushyigikira amasomero ya (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
ADEPR yatanze miliyoni 5 zizishyurira Abarimu n’Abigishwa ubwisungane mu kwivuza
25 March 2014, by Kwizera Emmanuel -
Ku bufatanye n’itorero ADEPR Kacyiru –Merdien, Itsinda ‘’Gusenga’’ ryakoze igiterane mu nkambi y’impunzi ya Mahama
27 July 2015, by Ernest RutagungiraKu gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 25 Nyakanga 2015 mu nkambi y’impunzi z’abarundi iri i Mahama mu karere ka Kirehe habereye igiterane cy’ivugabutumwa, kikaba cyarateguwe n’itsinda ry’abakirisitu bahujwe n’urubuga nkoranyambaga rwa Whatsapp ryitwa“Gusenga”ndetse bakaba bafatanije n’itorero rya ADEPR Kacyiru umudugudu wa Merdien.
Nk’uko twabitangarijwe na Pasitori MUSUGI Sabin umuyobozi w’iri tsinda akaba ari nawe warishinze, ngo itsinda (Groupe) Gusenga rigizwe n’abakirisito (...) -
Indwara y’amaso yiswe « Amarundi » yiganje mu bigo by’amashuri
31 May 2012, by UbwanditsiMu bigo by’amashuri bitandukanye mu gihugu hakomeje kugaragaramo indwara y’amaso izwi ku izina ry’amarundi, iyi indwara ikaba yandura mu gihe uwafashwe n’iyo ndwara yikoze mu maso agasuhuza undi nawe yaza kwikora mu maso akaba yayandura, cyangwa ikandura binyuze mu gutizanya ibikoresho.
Nk’uko Nsengimana Jean Marie Vianney umuganga w’amaso uvurira ku bitaro bya Kabgayi yabisobanuye iyo ndwara y’amaso iterwa n’agakoko kitwa “Adenovirus”. Igenda ikwirakwira bitewe n’abantu bayanduye bava mu gace (...) -
Dusengere iyisi igeze kure, noneho abantu bageze aho gusambanya inkoko!
9 July 2012, by Emmanuel NTAKIRUTIMANANubwo ibyaha byagwiriye mubantu muburyo bikabije, ariko dusanzwe tumenyereyeko n’abasambanye basambana n’abantu bagenzi babo nubwo nabyo ari ibyaha.
Ariko noneho kuba abantu batakinyurwa n’abandi bakaba basigaye basambanya amatungo biragaragazako isi igeze aharindimuka.
Amakuru dukesha urubuga rwa 7sur7 aravugako umugabo w’imyaka 73 ukomoka mu gihugu cya Zimbabwe kuri uyu wagatandatu tariki ya 7/7/2012 yaguwe gitumo ubwo yari arimo gusambanya inkoko, nyuma y’uko bimenyekanye yahise yiyahura. (...) -
Pantekote ivuze iki mu itorero ADEPR? - Mugabo Venuste
21 May 2013, by UbwanditsiPantekote kuri twe ni umunsi mukuru cyane, dore ko itorero ryacu rya ADEPR ari ho rishingiye, bityo rero tuwufata nk`umunsi ukomeye mu buzima bwacu bwa gikristo.
Gusa uyu mwaka njye na bagenzi banjye barimo Timamu Jean Baptiste, Rudahezwa, Theo, na Rushema nk`abahanzi baba muri ADEPR twari twateguye indirimbo y`umwihariko ivuga ku Mwuka Wera, kandi Imana yaradufashije byagenze neza (...) -
Umuvugizi wa ADEPR yasabye abapasiteri bashya muri Paruwasi ya ADEPR-Nyanza(Kicukiro) kurangwa n’ubunyangamugayo
5 June 2016, by UbwanditsiUmuvugizi wa ADEPR Rev Pastor Sibomana Jean yasabye abapasiteri bahawe inshingano nshya kuzarangwa n’ubunyangamugayo, bakaba intangarugero mu mirimo mishya bahawe. Uyu mushumba yibukije abasengewe ko izi nshingano atari umwanya wo kwikorera ibyo bishakiye ahubwo ari undi mutwaro bongererewe mu murimo w’Imana ngo batange umusanzu wabo mu kubaka itorero, ababwira ko bakwiye kwitwararika kuko Imana izababaza ibyawo.
Ibi Rev Past Sibomana yabisabye aba bashumba bashya mu muhango wo kubimika (...) -
Dore ni ubwoko butura ukwabwo!
8 February 2016, by Alice Rugerindinda“ Kuko nitegeye ubwo bwoko ndi hejuru y’ibitare, nkabwitegera ndi mu mpinga z’imisozi. Dore ni ubwoko butura ukwabwo ntibuzabarwa mu mahanga” Kubara 23:9
Aya magambo yavuzwe na Balamu umuhanuzi, ubwo balaki yamusabaga kuvuma ubwoko bwa Isirayeri. Balamu yamushubije ko icyo Imana iribumushyire mu kanwa aricyo aribuvuge. Agiye kuvuga aterura abahesha umugisha kandi mu magambo menshi yavuze aravugango ni ubwoko butura ukwabwo! Amen
“Hanyuma Hamani abwira Umwami Ahasuwerusi ati “ Hariho ubwoko (...) -
Bahati Alphonse arasaba abakunzi be kumuba hafi mu marushanwa ya Groove Awards 2013
23 September 2013, by UbwanditsiBahati Alphonse arasaba abakunzi b’ibihangano bye kumutora no gukomeza gushishikariza abandi kumuha amahirwe mu marushanwa ya Groove Awards ahatanirwa n’abahanzi bahize abandi mu ndirimbo zihimbaza Imana buri mwaka.
Ibihembo bya Groove Awards byari bisanzwe bimenyerewe kubera ku rwego rwa Afurika y’uburasirazuba muri Kenya, kuri iyi nshuro birimo kubera ku rwego rw’igihugu cy’u Rwanda. Abahanzi batandukanye barimo na Bahati Alphonse wamenyekanye cyane mu ndirimbo Urupfu nari gupfa na (...) -
“Satani ni we wihishe inyuma y’umudamararo ugaragara mu matorero ya Gikristo mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere!” – Bishop Elias Taban
27 September 2013, by Simeon NgezahayoBishop Elias Taban ukomoka muri Sudan y’Amajyepfo yatanze ubutumwa bwo kuba maso, avuga ko Satani ari we wihishe inyuma y’umudamararo ugaragara muri amwe mu matorero ya Gikristo no hanze yayo, ubatera kwituriza bakanezerwa, bakirengagiza umubabaro n’ubukene bw’abatuye mu bihugu biri mu nzira y’amajyambere.
Bishop Elias Taban uyoboye itorero “Evangelical Presbyterian Church” muri Sudan y’Amajyepfo no muri Uganda yagize ati "Amatorero ya Gikristo akwiriye kugira uruhare mu buvugizi." Ibi yabitangaje (...) -
Sobanukirwa n’intambara ya Harumagedoni (Armageddon)!
4 December 2013, by Simeon NgezahayoHarumagedoni ni ijambo rikunze gukoreshwa havugwa ibikomeye, ndetse iri zina ryahawe film yamenyekanye cyane. Gusa hari abajya barikoresha mu buryo butari bwo. Harumagedoni rero ni hantu ki? Mbese koko ni ahantu hazabera intambara irangiza isi? Bibiliya itubwira iki?
Megiddo ni ikibaya kiri ku bilometero 90 uvuye mu mujyi wa Yerusalemu, no ku bilometero 31 uvuye mu mujyi wa Haïfa y’ubu. Megiddo ifite amateka akomeye y’imibereho y’Abisirayeli, ikiharira igice kinini cy’ikibaya cya Yezereli mu (...)
0 | ... | 1070 | 1080 | 1090 | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | 1140 | 1150 | ... | 1850