Abantu bose batuye muri iyi si bafite uko bigishijwe Imana, bamwe bayigishijwe nk’Imana yaremye isi , maze itangira kuducunga kuko ifuha ,tuyigishwa nk’Imana irakara, Imana ihana ndetse kuburyo buri wese afite uko ayifata mu buzima bwe bwa buri munsi ,ariko ndagira ngo hejuru y’ibi byose dusubize amaso inyuma twibuke ko Dufite Imana yacu dukwiriye gufata nka Data cyangwa papa udukunda.
Iki kigereranyo cyo kuvuga ko Imana ari umubyeyi ntabwo bihura neza cyane, kuko iminsi tugezemo hari ingero (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Nubwo ubona bikugoye ariko Imana iragukunda
17 December 2015, by Ernest Rutagungira -
Ijoro ryo kuramya no guhimbaza ni kuri uyu wa gatanu 23/11/2012
22 November 2012, by Patrick KanyamibwaIjoro ryo kuramya no guhimbaza Imana bita Africa Let’s Worship mu cyongereza – Aflewo mumagambo ahinnye riba buri mwaka, kuri ubu rigiye kongera kuba, aho rizaba kuri uyu wa gatanu tariki ya 23 Ugushyingo 2012 i Nyarutarama mu Mujyi wa Kigali, akaba ari ku inshuro ya kabiri rizaba ribaye mu Rwanda. Mu kiganiro Christian yavuze ko bateganya gukora ijoro ryo kuramya no guhimbaza mu Gushyingo 2012 riba buri mwaka.
Christian Kajeneli umwe mu bashizwe gutegura iryo joro yagize ati “iki gikorwa ni (...) -
Amadini amwe abangamiwe n’icyemezo bafatiwe n’Umujyi wa Kigali
20 February 2013, by UbwanditsiIbyemezo byafashwe n’Umujyi wa Kigali ku rusaku rw’abanyamadini, hari bamwe mu banyamadini bavuga ko babona bibabangamira, kuko ijambo ry’Imana bagenderaho (Bibiliya) ribasaba kuyihimbaza bakoresheje amajwi arenga (Zaburi 150 : 5).
Nyuma yaho Komite y’Umutekano yaguye y’Umujyi wa Kigali iyobowe n’Umuyobozi w’Umujyi wa Kigali Ndayisaba Fidèle yateranye tariki ya 04 Gashyantare 2013, igasuzumira hamwe ikibazo cy’abasakuriza abandi bakoresheje indangururamajwi cyangwa ibindi bikoresho by’umuziki, (...) -
Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza
26 December 2015, by Alice Rugerindinda“Hahirwa umuntu wihanganira ibimugerageza kuko namara kwemerwa azahabwa ikamba ry’ubugingo , iryo Imana yasezeranije abayikunda “ Yakobo 1:12
Bene Data , mwemere ko ari ibyishimo rwose nimugubwa gitumo n’ibibagerageza bitari bimwe, mumenye yuko , kugeragezwa ko kwizera kwanyu gutera kwihangana , ariko mureke kwihangana gusohoze umurimo wako, mubone gutungana rwose, mushyitse mutabuzeho na gato” Yakobo 1:2
Munyihanganire niba mbakanze, kuko nziko aya magambo akanganye, ahubwo wagirango si ayo (...) -
Urubyiruko rwo muri ADEPR Masaka rwipimishije SIDA ku bushake
2 December 2015, by Pastor Desire HabyarimanaNk’uko biri mu mihigo ya 2015 y’urubyiryko rwo mu Itorero rya Penekote mu Rwanda, ADEPR, abasore n’inkumi 60 bo muri Paruwase ya Masaka, bipimishije ku bushake agakoko gatera SIDA, bagamije kumenya uko bahagaze.
Kuri uyu wa 1 Ukuboza 2015, ubwo Isi yoze yizihiza umunsi mpuzamahanga wo kurwanya SIDA, ni bwo urubyiruko rwo mu Itorero rya ADEPR Masaka, rwipimishije ku bushake .
Rev Pasiteri Buntu Benjamin, umushumba wa Paruwase ya Masaka mu karere ka Kicukiro, yatangaje ko n’ubwo urubyiruko (...) -
Itegeko ryo gukuramo inda ku mpamvu zimwe na zimwe ryemejwe n’Umukuru w’Igihugu
4 July 2012, by UbwanditsiMu gihe hari hamaze iminsi hari impaka ku bijyanye n’umushinga w’itegeko rirebana no gukuramo inda ku mpamvu zimwe na zimwe, ubu noneho impaka zageze ku iherezo kuko iryo tegeko ryamaze kwemerwa ndetse rigasinywa na Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Nyuma y’impaka ndende zimaze amezi ku bijyanye n’itegeko rigenga gukuramo inda, aho abantu batumva kimwe ingingo ya 165 y’iri tegeko rigaragara mu itegeko ngenga rishyiraho igitabo cy’amategeko ahana N° 01/2012/OL ryo kuwa 02/05/2012 cyasohotse mu (...) -
Kenya: Umuhanzikazi Sarah Kiarie aravuga uburyo Imana yamurinze abanzi mu ndirimbo ye yise “Hakuna Silaha”
28 October 2013, by Simeon NgezahayoUmuhanzikazi ukomoka mu gihugu cya Kenya Sarah Kiarie, wamenyekanye cyane ku ndirimbo ye yise ”Nasema Asante” ndetse akaza no gutsindira igihembo cy’umuhanzi akesha indirimbo yise “Liseme,” ubu noneho yasohoye video yise Hakuna Silaha.
“Hakuna Silaha” ni video ifite ubutumwa bukomeye buboneka mu buhanuzi bwa Yesaya, bugira buti “Nta ntwaro bacuriye kukurwanya izagira icyo igutwara.” Uyu muhanzikazi avuga Imana n’uburinzi bwayo bukomeye kuri twe mu buzima bwacu bwa buri munsi.
“Ariko nta ntwaro (...) -
Kayonza: Korali Integuza ibaye iya mbere mu Karere mu gushyira ahagaragara album yayo
19 August 2013, by UbwanditsiKorali Integuza yashinzwe ahagana mu w’1997, ikaba ikorera umurimo w’Imana mu itorero ADEPR Kayonza. Ifite abaririmbyi 79, intego yayo ikaba ari "Ivugabutumwa ryagutse, rirenga imbibi z’akarere iherereyemo rikagera ku rwego rw’intara y’Uburasirazuba ndetse no mu gihugu no hanze yacyo".
Nyuma y’uko abarimbyi bayigize bishatsemo ubushobozi bwo kujya muri studio gutunganya album yabo, andi ma korali magenzi yabo akorera ku mudugudu n’Abakristo b’aho bahurije hamwe umutima bakora mu mifuka yabo (...) -
Mbese wavutse ubwa kabiri koko cyangwa warabatijwe gusa?
12 February 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMBESE WAVUTSE UBWA KABIRI KOKO CYANGWA WARABATIJWE GUSA?
Abantu benshi bitiranya umubatizo no kuvuka ubwa 2 ariko sibyo kuko nta muhango n’umwe mu isi wahesha umuntu kuvuka ubwa 2. (kubatizwa, gukomezwa, etc…) Ikindi bamwe bibwira ko umubatizo ukuraho ibyaha (harimo n’icy’inkomoko) ariko Petero yabwiye itorero ko ari isezerano ku mana ry’umutima uticira urubanza (umutima wababariwe utiyiziho icyaha) 1Petero3:21. Bityo nk’uko Yesu yabatijwe nta cyaha iyo bigenze neza habatizwa umuntu wamaze (...) -
Korari Gologota ya ADEPR-Rukiri II iritegura kumurika Alubumu yayo ya mbere y’amashusho (DVD)
19 November 2015, by Innocent KubwimanaKorari Gologota ikorera umurimo w’Imana mu itorero rya ADEPR-Paruwasi ya Rukiri, Umudugudu wa Rukiri ya II ahamenyekanye nka Rehoboti iritegura kumurika Alubumu yayo ya mbere y’amajwi n’amashusho, igikorwa giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 22/11/2015, kikazabera kuri uwo mudugudu aho iyi Korari isanzwe ikorera umurimo w’Imana.
Korari Gologota ADEPR Rukiri II
Iki giterane giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 22/11/2015 sa munani z’amanywa ari nabwo hazaba umuhango nyirizina (...)
0 | ... | 1050 | 1060 | 1070 | 1080 | 1090 | 1100 | 1110 | 1120 | 1130 | ... | 1850