Maze umugaragu w’uwo muntu w’Imana azindutse kare mu gitondo, arasohoka abona ingabo n’amafarashi n’amagare bigose uwo mudugudu. Umugaragu abwira shebuja ati “Biracitse databuja, turagira gute? Aramusubiza ati “Witinya, kuko abo turi kumwe ari benshi kuruta abari kumwe nabo. Nuko Elisa arasenga ati “Uwiteka ndakwinginze, muhumure amaso arebe, nuko uwiteka ahumura amaso y’uwo musore arareba, abona umusozi wuzuye amafarashi n’amagare by’umuriro bigose Elisa (2 Abami 6: 15-17).
Nyuma y’aho Elisa (...)
Home > Keywords > MainKeywords > izindiNyandiko
izindiNyandiko
Articles
-
Witinya kuko ugoswe n’ingabo zibarusha ubwinshi n’ imbaraga
27 March 2016, by Ernest Rutagungira -
Africa Gospel Music Awards 2012: Abazayihatanira baramenyekanye - Eddy Mico azahagararira u Rwanda
14 June 2012, by Patrick KanyamibwaAkanama gashinzwe gutoranya abazahatanira ibihembo bya Africa Gospel Music Awards yuyu mwaka wa 2012 kashyize ahagaragara urutonde rw’abahanzi 23 bazahatanira ibyo bihembo mu byiciro bitandukanye,bizatangirwa mu birori byiswe “The Olympic Edition” mu kwa karindwi taliki ya 7 uyu mwaka.
Nkibisanzwe gutangwa kwibi bihembo bizabera mu mugi wa London kuri Golders Green Hippodrome, North End Road, Golders Green, London, NW11 7RP. Muri ibi birori hazaba hari Emmy Kosgei umwe mu bahataniraga MNET (...) -
Women Foundation Ministries yateguye igiterane cy’abari n’abategarugori ku nshuro ya kabiri yise « All women together, Women’s conference 2012”
19 July 2012, by Patrick KanyamibwaWomen Foundation Ministries yateguye ku nshuro ya kabiri igiterane ngarukamwaka cyitwa “All Women together” gihuza abari n’abategarugori benshi baturutse mu ntara zose z’u Rwanda ndetse no mu mahanga. Nk’uko twabitangarijwe n’ubuyobozi bwa Women Foundation Minitries na Noble Family Church, igiterane “All women together” cy’uyu mwaka wa 2012, gifite insanganyamatsiko igira iti: “Kuva mu gutsikamirwa tujya mu butsinzi” aribyo mu magambo y’icyongereza “From Victims to champions”, ibi bikaba (...)
-
Ese birakwiye ko umukirisitu wakoze icyaha ashyirwa inyuma y’itorero ?.
4 January 2016, by Ernest RutagungiraNk’uko bijya bigaragara mu matorero amwe n’amwe ya gikirisito, umuntu wafashwe cyangwa ushinjwa ibyaha runaka, yabyemera atabyemera, ashyirwa inyuma y’itorero. muri ibyo twavugamo icyaha cy’ubusambanyi, kurwana mu ruhame, kwiba, cyangwa ibindi byaha , mugihe bagusanze bakaguhugura incuro irenze imwe ukananirana, ibi rero ugasanga bitera bamwe kwibaza niba hatarimo gutandukira , bakagira bati ese birakwiye ko umukirisitu wakoze icyaha ajugunywa inyuma y’itorero.
Iyo uganiriye na bamwe mu (...) -
Abarinzi APADE bakoze igiterane cyo guserera abarangiza.
13 October 2012, by UbwanditsiKuri uyu wagatandatu, tariki ya 13/10/2012 mw’itorero rya ADEPR Kicukiro habaye igiterane cyo kurangiza umwaka w’ishuri 2012 cyateguwe n’abanyeshuri biga mu kigo cya APADE, muri icyo kigo harimo groupe yitwa ABARINZI, igizwe n’abahiga bakijijwe ndetse na korari irimo n’abaharangije.. Icyo giterane cyateguwe mu rwego rwo gusezerera abarangije ndetse no gusengera komite nshya igiye kuyobora umwaka w’amashuri utaha.
Icyo giterane cyari cyitabiriwe n’abanyeshuri biga muri icyo kigo ndetse (...) -
Ni ryari wabwira umuntu ko umukunda ko wifuza ko mwazabana? Namenya nte ko ariwe koko Imana yangeneye ?
24 August 2015, by Pastor Desire HabyarimanaUbundi hariho amagambo akomeye umusore cyangwa umukobwa w’umukirisito adakwiye gupfa gukinisha, ariko ubu ujya kumva ukumva umwana w’umukobwa abwiye umugabo ngo sheri bite ? Aha ngo ni ugukina. Ukumva umusore abwiye umugore w’abandi ngo ndaguunda cyane. Mwokagira Imana mwe mwitondere amagambo muvuga mwimfusha indimi zanyu ubusa. Umukirisito nyakuri agomba kwiga gutegeka ururimi rwe cyane cyane iyo birebana n’urukundo kuko ibyo wita kwikinira bishobora gusobanura ibindi kuwo wabwiraga we (...)
-
Ukwiye kwiga kubaho ubuzima bushima Imana. Pasitori Isaie
29 September 2015, by Pastor Desire HabyarimanaAriko nkatwe abakristo ubu butumwa twahawe bwo gushima Imana uku kwezi kose budusigiye iki?
Abakristo benshi bamaze iminsi bakora imihango yo gushima Imana atari ugushima guturutse mu mutima, aho usanga hashima ababyaye cyangwa abakoze ubukwe, maze abandi basigaye bakaba bazi ko hari ituro ry’ishimwe ribanza mu materaniro tukaritura tutanafite icyo turi kuzirikana ibyo Imana yakoze.
Ijambo gushima Imana rivugwa inshuro zirenga 370 muri Bibiliya. Mu isezerano rishya iri jambo risobanura (...) -
Ishyaka ry’inzu ya Data
19 August 2015, by UbwanditsiImana ishimwe kubw’aya mahirwe yaduhaye yo gukoresha neza online services(technologie) twagura tunubaka ubwami bwayo.
Uyu munsi ndagirango tuganire ku Ishyaka ry’inzu ya Data. Nehemiya: Iki gihe cyari igihe gikomereye abisilaheli cyane,bari mu mubabaro ukomeye, Imana yarabatatanyije, baratewe benshi bafatwa bunyago, mu bihe nk’ibyo harimo n’abagiye gushaka imibereho ahandi Imana ikabana nabo bakagira ishya aho bagiye.
Muri abo harimo na Nehemiya witaga kuri Vino y’Umwami. Ariko mu buhunzi (...) -
Chorale Duhuzumutima iri mu giterane cyo gufasha abatishoboye ba jenocide yakorewe abatutsi
29 October 2012, by UbwanditsiK’urusengero rw’Itorero ADEPR Muhima hari kubera igiterane cy’iminsi itatu cyateguwe na Choral Duhuzumutima kizamara iminsi itatu kikaba kigamije gukusanya inkunga izahabwa abatishoboye basizwe iheruheru na Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 babarizwa muri iryo torero ndetse n’abandi baturage babuze ababo kandi batishoboye bahaturiye .Nk’uko muri Yakobo 1:27 havugako Imana yishimira gufasha imfubyi n’abapfakazi,iyo niyo mpamvu Choral Duhuzumutima ifashe iyambere mu gufata mu mugongo (...)
-
Nubwo ubona bikugoye ariko Imana iragukunda
17 December 2015, by Ernest RutagungiraAbantu bose batuye muri iyi si bafite uko bigishijwe Imana, bamwe bayigishijwe nk’Imana yaremye isi , maze itangira kuducunga kuko ifuha ,tuyigishwa nk’Imana irakara, Imana ihana ndetse kuburyo buri wese afite uko ayifata mu buzima bwe bwa buri munsi ,ariko ndagira ngo hejuru y’ibi byose dusubize amaso inyuma twibuke ko Dufite Imana yacu dukwiriye gufata nka Data cyangwa papa udukunda.
Iki kigereranyo cyo kuvuga ko Imana ari umubyeyi ntabwo bihura neza cyane, kuko iminsi tugezemo hari ingero (...)
0 | ... | 1010 | 1020 | 1030 | 1040 | 1050 | 1060 | 1070 | 1080 | 1090 | ... | 1850