Yosuwa 4: 17-18: “Yosuwa ategeka abatambyi ati: nimuzamuke muve muri Yorodani. Abatambyi bahetse isanduku y’isezerano ry’Uwiteka bavuye muri Yorodani bashinze ibirenge I musozi, amazi ya Yorodani aherako arasubirana, asandara hose arenga inkombe nk’uko yari asanzwe.”
Imana imaze guha isezerano Aburahamu ko izakura urubyaro rwe mu buretwa, Yarabikoze n’ishimwe. Hano dusomye, ni igihe bari bageze kuri Yorodani. Bagombaga kwambuka nta yindi nzira yari ihari, kandi nta bwato bwari buhari bwo (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Abatambyi muri Yorodani bisobanura iki muri iki gihe?
4 March 2016, by Kiyange Adda-Darlene -
Ubusaza bwo mu mwuka! Pastor Desire
4 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMurabizi ko umuntu avuka, agakura, akazagera igihe agasaza. Niko bimeze no ku bintu byose kandi no mu mwuka naho utarebye neza wasaza n’ ubwo bitari byiza kuko mu mwuka ntabwo twemerewe gusaza. Bibiliya iravuga iti: ”Abasore b’ imigenda bazacogora baruhe ariko abategereza Uwiteka bazasubizwamo intege shya, bazatumbagira mu kirere baziruka be kunanirwa, bazagenda be gucogora(Yesaya 40:29-31) Muri iyi si, ibituma dusaza ni byinshi. Harimo ubukene, ubukire, gusuzugurwa, kubahwa, gusonza no (...)
-
Ibikorwa bya muntu ni ingaruka z’imitekerereze ye. Pst Kazura Jules
6 May 2014, by UbwanditsiKuko uko atekereza ku mutima ariko ari (Imigani 23:7)
Burya ibyo dutekereza ni byo bivamo ibyo dukora n’uko twitwara. Ushoboye kugenzura no gutegeka ibyo utekereza, imikorere, imivugire n’imyitwarire yahinduka.
Ni ngombwa kurinda ibyinjira mu mitima yacu aha ni ukuvuga mu bitekerezo byacu, niyo mpamvu Salomoni yavuze ngo: “Rinda umutima wawe kuruta ibintu byose birindwa kuko muri wo ari ho iby’ubugingo bikomoka (Imigani 4:23).
Yakobo nawe yatwigishije ko ibyaha bitangirira mu bitekerezo (...) -
Mfasha dusengere Abakuyi bo muri Tayilandi
2 September 2015, by Ange Victor UWIMANA“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge nyir’ibisarurwa, yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.” (Mat.9:37-38)
Mu rwego rwo kwifatanya n’abantu benshi hirya no hino ku isi mu gusengera amoko ataragerwaho n’Ubutumwa Bwiza, kuri uyu wa gatatu tariki ya 2 Nzeri 2015 turasengera Abakuyi bo muri Tayilandi.
Abakuyi babarizwa mu gihugu cya Tayilandi ku mugabane w’Aziya, aba basa cyane n’Abakumeri bo Kambodiya. Muri Tayilandi habarurwa abagera ku 405.000. Benshi (...) -
Bakobwa mwirinde intoki zabahungu zibakorakora zitagira gahunda!
4 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaHari ubwo ujya ubona abana b’abahungu bafite udutoki duhora turyaryata, bashaka iteka gukora ku bakobwa, hari abazi kubikora bitonze, muri buri kiganiro n’umukobwa aba ashaka kumufata k’urutugu, mu mayunguyungu, iteka aba ashaka kubahanagura imyanda hari nabashaka no kubakandakanda mu mugongo, kubakandakanda ku ntugu, kubashimashima mu mutwe, gukanda kanda intoki, hari n’abakobwa njya mbona batagira isoni zo kwicara ku bibero by’abasore, mbega ubupfu bwo kutamenya imikorerey’umubiri ? N’ibindi (...)
-
Nta kintu kigora nko gushaka gukorera Imana na satani icyarimwe! Alice Rugerindinda
21 March 2014, by Alice Rugerindinda“Uwiyita Amen, umugabo wo guhamya kandi ukiranuka w’ukuri, inkomoko y’ibyo Imana yaremye aravuga aya magambo ati: “Nzi imirimo yawe, yuko udakonje kandi ntubire. Iyaba wari ukonje cyangwa wari ubize! Nuko rero kuko uri akazuyazi, udakonje , ntubire, ngiye kukuruka” Ibyahishuwe 3: 14-15
(I know all the things you do, that you are neither hot nor cold. I wish that you were one or the other! But since you are like lukewarm water, neither hot nor cold, I will spit you out of my mouth!) Revelation (...) -
Nyuma yo kurokoka jenoside, Diane Uwase yiciwe abana batatu bahawe uburozi (Igice cya 1)
17 April 2014, by Pastor Desire HabyarimanaMuri iyi nkuru turabagezah ubuhamya bwa Diane Uwase yivugira mu magambo ye bwiye uko yarokotse jenoside muri Mata 1994, hanyuma y’aho nabwo akicirwa abana batatu, ariko Imana iza kumushumbusha urubyaro ndetse imukiza ihungabana ryari ryaramubayeho akarande.
Nitwa Diane Uwase mwene Sebukayire Jean Marie Vianney, navukiye mu Karere ka Bugesera I Butagata yahoze ari segiteri Nyagihunika navukiye mu muryango ubana neza nta kibazo. Mu mwaka w’1991 naje kuva I Bugesera njya kuba kwa nyogokuru mu (...) -
Ikibazo Cyugarije Isi - Simeon Ngezahayo
25 April 2013, by Simeon NgezahayoHashize iminsi hariho impaka ku kibazo cyugarije isi: “Abagabo bashakana bahuje ibitsina!” byatangiriye muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, biturutse ku cyifuzo cya bamwe mu baturage bo muri icyo gihugu. Iki cyifuzo cyaje kujyanwa muri Senat y’Amerika, kugira ngo amategeko yemeze niba bishoboka cyangwa bidashoboka. Mu minsi ishize ubwo Senat y’Amerika iherutse guterana, 53% bemeje ko iri tegeko rikwiriye gusinywa mu gihe 47% babyanze.
“Umwera uturutse ibukuru ukwira hose!” Ibindi bihugu byo ku isi (...) -
Ubuhamya: Imana yankijije Paralyse y’ ukuguru bashatse kuguca inshuro 3 ( Igice cya 1)
28 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNdashimira Imana se wʾumwami wacu Yesu Kristo ko yabonye ndi uwo kwizerwa akangabira
Umurimo we! Tubanze dusome Ijambo ry’Imana riboneka muri (Yohana 3:16) Hagaragaza uburyo urukundo rw’Imana rwazanye Yesu mu isi, akaza aje kuducungura! Icyo umuntu asabwa ni ukwizera Yesu gusa, ubundi akihana! Nta kiguzi byasabaga ngo umwana w’umuntu akurweho urubanza rw’ibyaha Yesu yabirangirije i Golgota. Yesaya nawe yabivuze neza ko igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi ko ibyaha byacu aribyo (...) -
Bikwiye kumenyekana ko Uwiteka ari we Mana
17 September 2015, by Pastor Desire Habyarimana…..Aravuga ati” Uwiteka Mana ya Aburahamu na Isaka na Yakobo uyu munsi bimenyekane ko ariwowe Mana.’’ 1Abami 18:36b
Mu isi habaho ibyo abantu bita imana bakabisenga ndetse bakabiramya, mu bihugu bimwe na bimwe hari naho buri kintu cyose kiba gifite imana yacyo, urugero : imana y’izuba, imana y’imvura, imana itanga urubyaro n’ibindi byinshi, nyamara nubwo izi mana ziriho ntibibuza bene zo guhura n’ibi bibazo.
Hari izigira amaguru zitava aho ziri, izifite amaso zitamenya ibipfa n’ibikira, bifite (...)
0 | ... | 830 | 840 | 850 | 860 | 870 | 880 | 890 | 900 | 910 | ... | 1230