Dusome Abaroma 5:12 “Kuko bimeze bityo, nk’uko ibyaha byazanywe mu isi n’umuntu umwe, urupfu rukazanwa n’ibyaha, ni ko urupfu rugera ku bantu bose kuko bose bakoze ibyaha. 15Icyakora uhereye kuri Adamu ukageza kuri Mose, urupfu rwatwaraga ndetse n’abatakoze ibyaha bihwanye n’igicumuro cya Adamu, wasuraga uwajyaga kuzaza.16Iherezo ry’ubwo buntu ntirigira isano n’iry’icyaha cy’uwo muntu umwe, kuko iherezo ry’icyo cyaha ryari iryo gucirwa ho iteka, naho iherezo ry’iyo mpano y’ubuntu yatanzwe ku (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
UBUNTU TWAGIRIWE NTIBUDUHESHA UBURENGANZIRA BWO KWIBERA MU BYAHA
18 June 2016, by Ernest Rutagungira -
Gukena kwacu si ubushake bw’Imana. (Igice cya 2)
5 March 2014, by Chantal MuhimpunduGukena kwacu si ubushake bw’Imana Muri iyi nkuru turarebera hamwe uburyo umukirisitu yabaho mu gihe cy’ubukungu burimo ibibazo ariko ntacumure ku Mana. Bimwe mu byahanuwe ko bizabaho muri iyi minsi ya nyuma ni imidugararo mu bihugu, hamwe n’ibihe bigoye by’ubukungu. Isomere mu gitabo cy’ibyahishuwe 6:5-6.
Ikindi ni uko dusoma muri Bibiliya ko ubucuruzi n’uburyo bwo guhaha no kugurisha bizakurikiza gahunda runaka yuzuye ubwambuzi, ubwo buryo bukazategekwa n’agatsiko runaka mu isi yose. Nta muntu (...) -
Ni kuki atari ubushake bw’Imana ko tuba abakene?
3 March 2014, by Chantal MuhimpunduNdifuza mbere na mbere kukubwira ko atari ubushake bw’Imana ko ukena. Ibyo ni uko kuva imfatiro z’iyi si zashyirwaho, Imana ntiyigeze iteganyiriza abantu yiremeye ko baba abakene; kandi ibyo yabigennye idashingiye ku ibara ry’uruhu, ubwoko cyangwa igihugu umuntu akomokamo.
Nzi ko muri Matayo 5:3, Yesu Kristo yavuze: “Hahirwa abakene ku mutima, kuko ubwami bw’Imana ari ubwabo.” Abantu benshi iyo basomye uyu murongo, bibwira ko Yesu yavuze “Hahirwa abafite ubukene bw’ibikenerwa ku bw’umubiri; kuko (...) -
Urukundo rurusha byose kubaka umurimo w’Imana igice cya 2 CONSTANT Mahame
18 July 2016, by Pastor Desire Habyarimana(3) Umumaro w’umwuka wera cyangwa impano zawo mu gushimangira urukundo hagati y’abizera Kristo
Ubundi nta kindi Umwuka Wera impano zawo byaherewe abizera atari, gufasha kweza ubugingo bw’uwa bihawe ndetse ndetse no gufasha kweza ubugingo bw’abandi.
Iyo rero bikoreshejwe mu buryo butandukanye n’ibivuzwe hejuru bamwe bagambiriye kwihimbaza abandi bamamaza amazina y’amadini yabo abandi ngaho ibyubahiro byabo nta rukundo rubisunika biragoye ko mwuka w’Imana asohoza imirimo ye nkuko bikwiye.
Urugero (...) -
Senegal: Misiyoneli Kazura Jules Imana ikomeje kumukoresha ibikomeye.
21 October 2015, by Pastor Desire HabyarimanaURUGENDO RW’UBUTUMWA MURI KAZAMANSE (Casamance) Ibyo kutibagirwa:
Twese twibuka itegeko rikuru ry’Umwami “Nuko mugende muhindure abantu mu mahanga yose abigishwa, ...... mubigisha kwitondera ibyo nababwiye byose..... (Matayo 28:19) ijambo riheruka niryo kwitabwaho cyane, “Kandi dore ndi kumwe na mwe iminsi yose, kugeza ku mperuka y’isi.”. , ….” ibi twarabibonye neza i Kazamanse,
Mugende Isoko rya Zingenshoro
Urugendo rwa gitumwa ruheruka twarukoreye ahitwa Cazamanse,mu kwezi kwa munani kuva (...) -
Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana
10 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUbuhamya: Uko natewe ubwoba n’ibizira abantu bakorana umurimo w’Imana Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw’ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w’Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w’inyuma, bakirengagiza uw’imbere kandi ari we uzabana n’Imana.
Reka tubanze dusome ijambo ry’Imana: Abefeso 2:10 “Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo (...) -
Urugo rutubakiye kuri Kristo ntirushobora gukomera Dr Antoine Rutayisire
27 May 2016, by Ernest RutagungiraAgakiza Family: Nkunda kuba mu rugo rumeze gute? Mbyanga bimeze gute?
Mu giterane cy’abubatse ingo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 21 Gicurasi 2016 muri Salle ya Economat St Famille, cyateguwe n’abakunzi b’ urubuga rw’ivugabutumwa www.agakiza.org abakitabiriye baganiriye byinshi mu byatuma bubaka urugo rwiza bifuza, ariko bagaruka ku bibazo bibiri aribyo Nkunda kuba mu rugo rumeze gute ? Mbyanga bimeze gute?
Mbere y’uko abubatse ingo bungurana inama kuri ibyo bibazo, Pastor Dr. Antoine (...) -
Ntavuka wubatse urwibutso rwa Jenoside mu Bwongereza yakoresheje igiterane kidasazwe
8 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaRev.Pasiteur Ntavuka Osee, Umunyarwanda uba mu Bwongereza, yakoresheje igiterane cy’iminsi itatu cyitabirwa n’abantu ibihumbi, barimo n’Ambasaderi w’u Rwanda.
Iki giterane cy’ububyutse kibera ku musozi uri mu mujyi wa Plymouth buri mwaka, guhera mu mwaka wa 2009, kitabirwa n’abantu baturutse mu mijyi itandukanye yo mu Bwongereza, cyikayoborwa n’umunyarwanda Rev. Pasteur Ntavuka Osee, umuyobozi w’Itorero All Nations Ministries.
Rev. Pasteur Ntavuka, yavuze ko ari ibintu bidasazwe kubona abantu (...) -
Mfasha dusengere Ababoti bo muri Nepali
7 September 2015, by Ange Victor UWIMANA“Ibisarurwa ni byinshi, ariko abasaruzi ni bake. Nuko rero mwinginge nyir’ibisarurwa, yohereze abasaruzi mu bisarurwa bye.” (Mat.9:37-38)
Mu rwego rwo kwifatanya n’abantu benshi hirya no hino ku isi mu gusengera amoko ataragerwaho n’Ubutumwa Bwiza, kuri uyu wa mbere tariki ya 7 Nzeri 2015 turasengera Ababoti bo muri Nepali.
Ababoti babarizwa muri Nepali ho ku mugabane w’Aziya, ahari abagera ku 13.000, basa n’abafite umwihariko kuko ubona batandukanye na ba kavukire batuye mu misozi (...) -
Imbaraga zitera abantu kubeshya Pastor Desire
19 January 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIsi igendera ku kinyoma kuko Satani ari we se w’ibinyoma byose. Mu by’ukuri iyo umuntu ari umunyabinyoma murumva uwo aba akorera ikibabaje n’abakristo benshi barabeshya utuntu duto duto nta n’inyungu turi bubazanire ex: Kuri telephone, kubeshya abana, mu kazi wakererewe ugasinya ko wahageze kare, abacuruzi bakijijwe bakakubesha ayo baranguye atari byo, abana babeshya ababyeyi babo, abubakanye hagati yabo bakabaho ubuzima butarimo ukuri n’ibindi.
Tugiye kurebera hamwe icyo Bibiliya ivuga ku (...)