" Icyo gihe mbwira abantu nti " Umuntu wese n’umugaragu we bajye barara muri Yerusalemu babe abarinzi bacu nijoro, kandi ku manywa bakore ." Ubwo ntitwiyamburaga imyambaro yacu, njyewe cyangwa bene data cyangwa abagaragu banjye cyangwa abarinzi badukurikiraga, umuntu wese yajyaga ku mugezi afite intwaro ye y’ intambara. (Nehemiya 4:16-17)
Nehemiya yagize umutwaro n’agahinda k’ inkike z’ i Yerusalemu zari zarasenyutse. Agira ishyaka ryo kugira umumaro mu gihe gikwiriye nuko ajya imbere y’ (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Garuka mu mwanya wawe. Edith Umugiraneza
18 July 2016, by Umugiraneza Edith -
Ukwezi kw’impuhwe nicyo gihe cyawe cyo guhabwa umugisha!
24 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaYesu yaravuze ngo: Nari nshonje muramfungurira, nari mfite inyota mumpa icyo nywa, nari umushyitsi murancumbikira, nari nambaye ubusa muranyambika, nari ndwaye muransura, nari mu nzu y’imbohe muza kundeba.’ Matayo 25:35-36
Nshuti dusangiye umurimo w’Ivugabutumwa kuri www.agakiza.org nejejwe no kubamenyesha ko mu Agakiza twatangiye ukwezi kw’impuhwe kugira ngo tuzabashe gufasha abacitse ku icumu muri Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994 batishoboye bo mu Murenge wa Gahanga, iki gikorwa (...) -
GUKORA NEZA UMURIMO W’UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO
19 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaIntego: GUKORA NEZA UMURIMO W’UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO
2Tim.1:11-14 Ubwo butumwa ni bwo nashyiriweho kuba umubwiriza wabwo, n’intumwa n’umwigisha w’abanyamahanga.
Ni cyo gituma mbabazwa ntya nyamara singira isoni, kuko nzi uwo nizeye uwo ari we, kandi nzi neza yuko abasha kurinda ikibitsanyo namubikije kugeza kuri urya munsi. Ujye ukomeza icyitegererezo cy’amagambo mazima wanyumvanye, ugikomeresha kwizera n’urukundo rubonerwa muri Kristo Yesu. Ikibitsanyo cyiza wabikijwe, (...) -
Birankwiriye gukora umurimo w’uwantumye hakiri ku manywa
20 November 2013, by Rudasingwa Jean ClaudeBirankwiriye gukora umurimo w’uwantumye hakiri ku manywa (Yohana 9:4-5)
Ncuti yacu dukunda cyane, ndakuramutsa mu izina rya Yesu Kristo Umwami wacu. Nifuje ko tuganira iri jambo, kugira ngo tumenye ko gukora umurimo w’Imana bidukwiriye. Kandi ndasaba Imana ngo iduhe ihishurirwa n’imvugo nk’iya Yesu. Muri iri jambo harimo amagambo y’ingenzi akurikira:
1. Inshinga “Gukora” 2. Umukozi : Yesu 3. Igikorwa : Guhumura 4. Ukorerwa (Nyir’umurimo): Imana 5. Uwo igikorwa gikorerwaho: Impumyi 6. Igihe cyo (...) -
Ubuhamya: IMANA YACISHIJE AMASEZERANO YANJYE MU MPANO YO GUHIMBAZA - Pastor MUNEZERO Jean Damascene (Igice cya 2)
29 June 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNasabye undi mukobwa witwa NIBAGWIRE Olive wo mu Bukomane bwa Nyakayaga ho muri Gatsibo, dutera igikumwe. Jenoside ibaye mu Rwanda mu w’1994 interahamwe zijya kwa databukwe bose zirabica zirabamara, fiancé wanjye aba arapfuye bintera ikindi gikomere ariko Imana irambwira ngo izandinda. Igihe Imana yabimbwiraga narayibwiye nti “Abantu banjye bapfuye, abo nayoboraga bapfuye, na fiancé wanjye bamwishe.” Imana ikomeza kumbwira ngo izabana nanjye.
Imana yaje gukora ikindi gitangaza kubera ibyo (...) -
Abakunzi b’urubuga rwa Gikristo Agakiza.org bateguye umugoroba wo kuramya Imana
15 June 2016, by UbwanditsiIhuriro ry’abakunzi b’urubuga rwa gikristo www.agakiza.org bahurira mu kitwa Agakiza Family bateguye umugoroba wo kuramya Imana, igikorwa giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 19 Kamena 2016, guhera sa munani z’amanywa kugeza sa kumi n’ebyiri z’umugoroba, kikazabera Kicukiro kuri Salle ya Amani ( iherereye haruguru y’urusengero rwa ADEPR-Kicukiro Shell).
Umuyobozi w’uru rubuga Pasteri Desire Habyarimana, akaba n’umuhuzabikorwa w’iri huriro atangaza ko bateguye uyu mugoroba mu rwego rwo guhuriza (...) -
Ubuhamya: Urugendo rwanjye mu kurambagiza ( Igice cya 2) MUPENZI MITALI Eugene
5 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaNdi muri secondaire niho natangiye ibintu byo gukunda. Umukobwa yigaga mu mwaka wa 2 muri kaminuza, njyewe niga muri 6e secondaire natangiye numva bitaranzamo. Ariko birangira binjemo ndamukunda. Nubwo nari ninjiye mu rukundo numvaga kubwira Imana gahunda zanjye atari ngombwa cyane. Umutima warambeshye Ndemera!
Naribwiye nti uyumukobwa ni mwiza kandi yujuje ibintu byose nkunda. Ndamutse ngiye gusaba Imana byaba ari ubujajwa. Kuko numvaga nta bindi bintu nkeneye kumumenyaho kuko nigaga (...) -
Umuntu wese anezeze mugenzi we amubere inyunganizi Pastor Desire Habyarimana
19 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaINTEGO: Umuntu wese anezeze mugenzi we amubere inyunganizi.
Abaroma 15:2. Umuntu wese muri twe anezeze mugenzi we kugira ngo amubere inyunganizi amukomeze.
Usomye aya magambo wakumva yoroshye ariko siko bimeze. Ubundi iyo umuntu akijijwe ijambo ry’Imana rimuha inshingano ndetse n’amategeko. Amwe muri abiri akomeye ni ugukunda Imana n’umutima wawe wose no gukunda mugenzi wawe nkuko wikunda. Niba ijambo rivuga yuko ugomba kumukunda nkuko wikunda, ibyiza wifuza ko bikugeraho nawe bikwiriye (...) -
Ubuhamya: Uko nabonye umufasha turi kumwe ubu (mama Sheja): Mupenzi Mitali Eugene ( Igice cya 3)
14 July 2016, by Pastor Desire HabyarimanaUmufasha wanjye (Mama Sheja) twari dusanzwe tuziranye ariko ntabwo twavugaga ibyo ubucuti numvaga ari nkamushiki wanjye twahuriye muri famille ahantu kandi nawe yarazi ko mfite inshuti binapfuye yarabimenye. Ariko nkumva ibyo gukundana nawe numvaga nta bindimo. Naranamutinyaga pe! Yewe hari n’umuhanuzi wambwiye ibyanjye nawe ndabipinga cyane.
Ngitangira gukundana n’umukobwa wa mbere nibwo abo bahanuzi bantangiye. Nyuma yaho nagerageje gukunda nʾabandi ariko biranga. Byageze igihe numva mfashe (...) -
Abatambyi muri Yorodani bisobanura iki muri iki gihe?
4 March 2016, by Kiyange Adda-DarleneYosuwa 4: 17-18: “Yosuwa ategeka abatambyi ati: nimuzamuke muve muri Yorodani. Abatambyi bahetse isanduku y’isezerano ry’Uwiteka bavuye muri Yorodani bashinze ibirenge I musozi, amazi ya Yorodani aherako arasubirana, asandara hose arenga inkombe nk’uko yari asanzwe.”
Imana imaze guha isezerano Aburahamu ko izakura urubyaro rwe mu buretwa, Yarabikoze n’ishimwe. Hano dusomye, ni igihe bari bageze kuri Yorodani. Bagombaga kwambuka nta yindi nzira yari ihari, kandi nta bwato bwari buhari bwo (...)