Mu mahugurwa y’abana b’impfubyi, abagera kuri 20 bafashe icyemezo cyo kwakira Kristo!
Kuri uyu wa kane i Gihindamuyaga mu karere ka Huye hasojwe amahugurwa y’iminsi 4 y’abana b’impfubyi zirera n’izakiriwe mu miryango. Aya mahugurwa yabaye mu rwego rw’ubujyanama ku bibazo aba bana bahura na byo mu buzima bwa buri munsi.
Aya mahugurwa ari yatanzwe na Pasteur Desire Habyarimana ku bufatanye na Compassion International. Hari kandi n’umuhanzi uririmba indirimbo zihimbaza Imana Abingenzi Gonzague, (...)
Home > Keywords > MainKeywords > topNews
topNews
Articles
-
Mu mahugurwa y’abana b’impfubyi, abagera kuri 20 bafashe icyemezo cyo kwakira Kristo!
21 November 2013, by Ubwanditsi -
Guhemukira aba bantu ni ukwiteranya n’Imana ! Alice Rugerindinda
23 March 2014, by Alice Rugerindinda« Ntihakagire umupfakazi cyangwa imfubyi mubabaza. Nugira icyo ubababaza na gato bakantakira,sinzabura kumva gutaka kwabo, uburakari bwanjye bukagurumana nkabicisha inkota, abagore banyu namwe bakaba abapfakazi, abana banyu bakaba imfubyi » Kuva 22 :22-23
Nk’uko natangiye mbivuga, guhemukira uwitwa imfubyi cyangwa umupfakazi, ni ukwiteranya n’Imana. Tekereza nawe aho Imana ivuga ngo nubikorera umwe muri bo agatakira Imana , ngo uburakari bwayo buzakumanukira ikwice maze umugore wawe nawe (...) -
Zimwe mu ngaruka zo gushaka mu banyamahanga/ Abapagani
12 September 2015, by Alice Rugerindinda“Kandi muri iyo minsi mbona Abayuda bashatse abagore b’abanyashidodikazi, n’Abamonikazi n’Abamowabukazi. Kimwe cya kabiri cy’abana babo cyavugaga ikinyashidodi cyangwa indimi z’andi mahanga ayo ariyo yose, nyamara nta numwe wo muribo wabashaga kuvuga igiheburayo. Nuko ndabatonganya ndanabavuma,ndetse abagabo bamwe bo muri bo ndabakubita mbapfura n’imisatsi.
Mbarahiza mu izina ry’Imana ngira nti” Abakobwa banyu ntimukabashyingire abahungu b’abanyamahanga, n’abahungu banyu ntimukabashyingire abakobwa (...) -
Ibyo kwitondera mu gihe umuntu ashaka kurushinga
31 March 2016, by Pastor Desire HabyarimanaMbere yo gushyingirwa, ni ngombwa kubanza gutekereza neza no kwitonda mbere yo gutangira uwo mushinga kuko utabyitondeye wazakwicyuza.
Kubw’ izo mpamvu, ugiriwe inama yo kutiyemeza gushaka utarabitekerezaho neza. Timoteyo wa 1, 5:8 haranditse ngo: ”Ariko niba umuntu adatunga abe, cyane cyane abo mu rugo rwe, aba yihakanye ibyizerwa, kandi aba abaye mubi hanyuma y’ utizera”, ni ukuvuga ngo ukoze gutyo arutwa n’ umuntu utarakira agakiza. Umuntu wese uvuga ko akijijwe akaba adatunze umuryango we (...) -
Bohora umutima wawe!
16 March 2016, by Pastor Desire Habyarimana“Rinda umutima wawe kuruta ibindi byose birindwa kuko ariho iby’ubugingo bikomoka: Zaburi 4.23.
Umutima wanjye urarwaye, n’uwawe urarwaye. Ntago mvuga umutima nk’inyama yo mu mubiri wacu ahubwo ndavuha roho, aribwo buzima bwacu bw’imbere.
Roho ni ingenzi kurusha ibindi byose kuko ariyo shingiro y’imitekerereze yacu n’imigirire yacu yose akaba ari nayo igenga uko tubayeho. Ubuzima nyakuri ni ubwo muri twe imbere muri roho; ntago ubuzima bwacu ari aho tuba, abo tubana cyangwa imico yacu.
Amahoro (...) -
Gusenga si ahantu, gusenga ni ubuzima Issa Noël KALINIJABO
12 May 2016, by Pastor Desire HabyarimanaGusenga ni ukuganira n’Imana mukagirana ubusabane ukavugisha Imana ukayishimira ukayitaka ukayigenera umwanya mu buzima bwawe bwa buri munsi uko urushaho gutindana n’Imana no kuyiha umwanya wawe nayo igenda irushaho kukwitaho no kukuba hafi bityo ugahabwa ibyo abandi badasenga batapfa.
Kimwe mu bintu Imana itanga biturutse kukuyiha umwanya mu masengesho yawe bwite aguturutseho ni ‘’Amahoro yo mu mutima ‘’, (Yohana 14:27) aya mahoro nta muntu numwe wayaguha ushobora kuba utunze ibya mirenge ariko (...) -
ADEPR yatsindiye igihembo cya UNESCO cyo kwigisha gusoma, kwandika no kubara
24 August 2012, by UbwanditsiItorero rya Pentekote ry’ u Rwanda ryatsindiye igihembo cya Unesco cyo kwigisha gusoma, kwandika no kubara kitiriwe umwami SENJONG. Iki gihembo tugikesha ubufatanye hagati y’ADEPR, abagenerwabikorwa ndetse n’abafatanyabikorwa batandukanye. Uyu mushinga wo kwigisha gusoma, kwandika no kubara watangiye mu mwaka w’1999 ukaba ukorera mu matorero yose y’ADEPR.
Intego nyamukuru yawo ni ukugira uruhare rufatika mu guteza imbere amajyambere yuzuye kandi arambye ku banyarwanda bose binyunze mu nzira (...) -
Umva kimwe mu bintu bibabaza Imana!
12 July 2016, by Alice RugerindindaUmwami Uwiteka aravuga ati : “ Ndirahiye, sinezezwa no gupfa k’umunyabyaha, ahubwo nezezwa nuko umunyabyaha ahindukira, akava mu nzira ye maze akabaho” Ezekiyeli 33: 11
Hari indirimbo ivuga ngo “ impanuka y’imodoka siyo mpanuka gusa, no gupfa udafite Yesu iyo nayo ni impanuka. Kuko bayita impanuka! Nuko umuntu aba atunguwe kandi yari yarabonye uburyo bwiza bwo kwakira Yesu nk’Umwami w’ubugingo bwabo ariko bikaba btagishobotse.
Imana nayo ituma umuhanuzi Yeremiya, ngo agende abivuge cyane, ko (...) -
Twirinde kumenyera iby’Imana ahubwo tuzirikane guhamagarwa kwacu
16 July 2015, by Innocent KubwimanaMuzirikane guhamagarwa kwanyu bene Data, yuko ab’ubwenge bw’abantu bahamagawe atari benshi, n’abakomeye bahamagawe atari benshi, n’imfura zahamagawe atari nyinshi. 1 Abakorinto 1:26
Iyo umuntu agikizwa akenshi aba afite umwete mwinshi wo kubaha Imana no kuyikorera, afata umwanya uhagije wo gusenga, afite gutinya Imana kwinshi, gukora icyaha abibona nk’ibintu bidasanzwe, mbese yumva ashikamye mu bintu by’Imana. Akenshi ibi nibyo bituma yumva kugwa no gukora ikintu Imana idashaka ari ibintu (...) -
Kuki Yesu yabatijwe muri Yorodani? – Rev. Dr. Paul Yonggi Cho
20 August 2013, by Simeon NgezahayoIjambo ry’Imana riduhishurira iki? Riduhishurira gukiranuka kw’Imana.
Noneho reka twibaze ubwo Umutambyi Mukuru uva mu ijuru (Yesu) yahuraga n’umutambyi mukuru wa nyuma w’abantu (Yohana Umubatiza). Aha tubasha kubona gukiranuka kw’Imana ku bw’umubatizo, wahongereye ibyaha byose by’abari mu isi.
Yohana Umubatiza wabatije Yesu yari mukuru kuruta ababyawe n’abagore bose. Muri Matayo 11:11, Yesu yari yarahamije ati “Mu babyawe n’abagore bose ntihigeze kubaho umuntu uruta Yohana Umubatiza.” Nk’uko ku (...)
0 | ... | 630 | 640 | 650 | 660 | 670 | 680 | 690 | 700 | 710 | ... | 1230