<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?><?xml-stylesheet title="XSL formatting" type="text/xsl" href="http://www.agakiza.rw/spip.php?page=backend.xslt" ?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Agakiza</title>
	<link>https://agakiza.rw/</link>
	<description>Mwene data Yesu ashimwe! Amahoro y' Imana abane nawe! Ikaze kuri uru rubuga rw' ivugabutumwa. Nkwifurije ko uru rubuga warubonaho ibyagufasha mu bibazo ufite, kandi ukahakura ubwenge bwo kubaha Imana, ugahishurirwa umurimo wa Kristo ku musaraba n'umugambi w'Imana ku buzima bwawe. Turagushimira inkunga yawe mu kuduha inama, mu kudusengera, no mu gutanga ubutunzi bwawe kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi.T ukwifurije umugisha, amahoro, n' ubuntu bw' Imana bibane nawe,</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="http://www.agakiza.rw/spip.php?id_rubrique=43&amp;page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />




<item xml:lang="en">
		<title>Israel Mbonyi yateguye igitaramo mu Bubiligi</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Israel-Mbonyi-yateguye-igitaramo-mu-Bubiligi</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Israel-Mbonyi-yateguye-igitaramo-mu-Bubiligi</guid>
		<dc:date>2016-04-22T05:39:50Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Umuhanzi Israel Mbonyi wamenyekanye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo kubera indirimbo ze zakunzwe ndetse zigahembura imitima ya benshi kuri ubu yateguye igitaramo mu gihugu cyUbubiligi.
&lt;br class='autobr' /&gt;
Nkuko abitangaza ngo iki gitaramo yagiteguye mu rwego rwo kugirango arusheho kwegera abakunzi bibihangano bye bari hirya no hino ku isi dore ko ateganya ko bimukundiye mu minsi ya vuba ashobora no gukomeza ibitaramo ku mugabane wa Amerika ati :&#8221; Mfite igitaramo mu Bubiligi mu rwego rwo kugira ngo ndusheho (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Umuhanzi Israel Mbonyi wamenyekanye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo kubera indirimbo ze zakunzwe ndetse zigahembura imitima ya benshi kuri ubu yateguye igitaramo mu gihugu cy&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;Ububiligi. Nk&lt;/code&gt;uko abitangaza ngo iki gitaramo yagiteguye mu rwego rwo kugirango arusheho kwegera abakunzi b&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;ibihangano bye bari hirya no hino ku isi dore ko ateganya ko bimukundiye mu minsi ya vuba ashobora no gukomeza ibitaramo ku mugabane wa Amerika ati :&#8221; Mfite igitaramo mu Bubiligi mu rwego rwo kugira ngo ndusheho kwegera abakunzi b&lt;/code&gt;ibihangano byanjye aho bari kugira dufatanye kuramya no guhimbaza Imana.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1822 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/13055239_1542299246071795_1997014816335788836_o.jpg' width='500' height='468' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Uyu muhanzi wakunzwe n&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;abatari bake mu banyarwanda ndetse n&lt;/code&gt;abanyamahanga azahaguruka I Kigali kuwa 25 Mata yerekeza mu gihugu cy&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;Ubuhinde mu bijyanye na gahunda ze bwite ari naho azahagurukira ku itariki ya 13 Gicurasi yerekeza mu Bubiligi mu myiteguro y&lt;/code&gt;igitaramo cye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki gitaramo kizaba ku itariki ya 28 Gicurasi kikaba cyitezwe n&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;abanyarwanda , abarundi ndetse n&lt;/code&gt;abandi bakunzi b&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;uyu muhanzi batandukanye dore ko ari nabo ubwabo bari baramusabye kuzajye gutaramana nabo.nyuma y&lt;/code&gt;iki gitaramo uyu muhanzi akaba azahita agaruka mu Rwanda gukomeza ibikorwa bye bya muzika birimo gukora ama videos ndetse no gutegura album ye ya kabiri.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Tubibutse ko uyu muhanzi ari umwe mu bakunzwe cyane muri iki gihe dore ko ari nawe wegukanye igihembo cy&lt;code class='spip_code spip_code_inline' dir='ltr'&gt;umuhanzi w&lt;/code&gt;umwaka mu bihembo bihatanirwa byiswe Groove Awards.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Nyuma y'amateka akomeye Korali Rohi iri mu mishinga yo gukora amashusho y'indirimbo zayo</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Nyuma-y-amateka-akomeye-Korali-Rohi-iri-mu-mishinga-yo-gukora-amashusho-y</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Nyuma-y-amateka-akomeye-Korali-Rohi-iri-mu-mishinga-yo-gukora-amashusho-y</guid>
		<dc:date>2016-04-16T14:24:42Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nyuma y'amateka akomeye korali Rohi ibarizwa mu itorero ADEPR Nyakabanda yanyuzemo,kuri ubu irashimira Imana kuri byose yakoze mu myaka 19 ishize iyi korali itangiye ivugabutumwa.Iyi korali kandi iratangaza ko mu minsi ya vuba iraba itangiye igikorwa cyo gutunganya amashusho y'indirimbo zabo ziri kuri album yabo y'amajwi baherutse gushyira ahagaragara. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ubuyobozi bw'iyi korali buvuga ko bushimira Imana kuri byose yakoze kuva muri 1997 batangira iyi korali ngo kugeza nanubu Imana ikaba (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Nyuma y'amateka akomeye korali Rohi ibarizwa mu itorero ADEPR Nyakabanda yanyuzemo,kuri ubu irashimira Imana kuri byose yakoze mu myaka 19 ishize iyi korali itangiye ivugabutumwa.Iyi korali kandi iratangaza ko mu minsi ya vuba iraba itangiye igikorwa cyo gutunganya amashusho y'indirimbo zabo ziri kuri album yabo y'amajwi baherutse gushyira ahagaragara.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubuyobozi bw'iyi korali buvuga ko bushimira Imana kuri byose yakoze kuva muri 1997 batangira iyi korali ngo kugeza nanubu Imana ikaba yarabakoresheje iby'ubutwari.Ubu buyobozi kandi buravuga ko bageze ku bikorwa bikomeye ugereranije n'uko batangiye birimo album y'amajwi baherutse gushyira ahagaragara,ibyuma bigezweho biguriye,gufashanya no gufasha abandi batishoboye n'ibindi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyi korali iravuga ko iteganya imishinga itandukanye mu gihe kiri imbere mu rwego rwo gushimangira ivugabutumwa bakora .Iyo mishinga irimo uw'amashusho y'indirimbo zabo baherutse gusohora ndetse no gukomeza ibikorwa by'urukundo bamaze igihe kitari gito bakora.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Korali Rohi ni yatangiye mu w'1997,itangira ari itsinda ry'abakozi n'abanyeshuri muri ADEPR Nyakabanda.Nyuma yaje guhinduka korali maze itangira kugira umwanya uhoraho mu materaniro yo muri iri torero,kuri ubu ikaba imaze kugera ku rwego rushimishije kugeza n'aho bagiye gukora album y'amashusho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Nicodem@agakiza.org&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Kingdom of Ministries na True promises bagiye guhurira mu giterane cy'ivugabutumwa.</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Kingdom-of-Ministries-na-True-promises-bagiye-guhurira-mu-giterane-cy</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Kingdom-of-Ministries-na-True-promises-bagiye-guhurira-mu-giterane-cy</guid>
		<dc:date>2016-04-16T13:32:10Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Nicodem</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Iki gitaramo giteganijwe kuri iki cyumweru tariki ya 17 Mata 2015, kikazabera ku rusengero rwitwa Bethami I Masaka ho mu mujyi wa Kigali kuva saa munani z'amanywa kugeza saa moya z'umugoroba.Iki giterane cyateguwe na Kingdom of God mu rwego rwo guherekeza abanyeshuri bazaba bagiye kwerekeza ku mashuri bavuye mu biruhuko. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu kiganiro ubuyobozi bwa Kingdom of God ministries bwahaye Agakiza.org,bwasobanuye ko iki giterane kigamije ivugabutumwa ariko kandi kikazaba kigamije guha impamba (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Iki gitaramo giteganijwe kuri iki cyumweru tariki ya 17 Mata 2015, kikazabera ku rusengero rwitwa Bethami I Masaka ho mu mujyi wa Kigali kuva saa munani z'amanywa kugeza saa moya z'umugoroba.Iki giterane cyateguwe na Kingdom of God mu rwego rwo guherekeza abanyeshuri bazaba bagiye kwerekeza ku mashuri bavuye mu biruhuko.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kiganiro ubuyobozi bwa Kingdom of God ministries bwahaye Agakiza.org,bwasobanuye ko iki giterane kigamije ivugabutumwa ariko kandi kikazaba kigamije guha impamba abanyeshuri bo mu mashuri abanza n'ayisumbuye basoje ibiruhuko,bakaba bagiye kwerekeza ku mashuri mu rwego rwo kubaherekeresha ijambo rizabatunga ubwo bazaba bageze ku mashuri yabo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubu buyobozi buvuga kandi ko bwatumiye amatsinda akunzwe cyane muri iki gihe mu njyana zo kuramya no guhimbaza Imana mu rwego rwo guherekeza neza uru rubyiruko rusubiye ku masomo.Amatsinda yatumiwe muri iki gitaramo arimo True Promises,Agape choir yo mu itorero rya Bethami na Kingdom of God Ministry.Iri tsinda kandi ryatangarije agakiza.org ko rikomeje ibikorwa byaryo byo kuririmba ndetse rikaba riri gutunganya indirimbo y'amajwi izasohoka mu minsi mike iri imbere.&lt;br class='autobr' /&gt;
Kingdom of God Ministry ni ministeri yamenyekanye cyane mu ndirimbo Sinzava aho uri na tarisakumi zinakunzwe cyane muri iki gihe,iyi korari ikaba yarakoze ivugabutumwa mu bice bitandukanye by'igihugu binyuze mu bitaramo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Nicodem/agakiza.org&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>GISENYI: Zeraphaty Holy Church ikorera I Rubavu yateguye igiterane cyo Guhembura imitima.</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?GISENYI-Zeraphaty-Holy-Church-ikorera-I-Rubavu-yateguye-igiterane-cyo-Guhembura</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?GISENYI-Zeraphaty-Holy-Church-ikorera-I-Rubavu-yateguye-igiterane-cyo-Guhembura</guid>
		<dc:date>2016-02-04T09:12:44Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Ernest Rutagungira</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;ZERAPHATY HOLY CHURCH, itorero rikorera umurimo w'Imana mu ntara y'uburengerazuba, akarere ka Rubavu ryateguye igiterane cy'iminsi 2 kigabije guhembura imitima y'abazacyitabira. Nk'uko Rev Past Habimana Jean Bosco yabitangarije agakiza.org ngo nyuma y'imyaka hafi 4 iri torero rimaze ritangiye, bagiye babona imbaraga z'Imana binyuze mu gusenga n'ibiterane bitandukanye bagiye bakora, akaba ari muri urwo rwego bateguye igiterane kizaba ku matariki ya 06-07 Gashyantare 2016. &lt;br class='autobr' /&gt; ZERAPHATY HOLY (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;ZERAPHATY HOLY CHURCH, itorero rikorera umurimo w'Imana mu ntara y'uburengerazuba, akarere ka Rubavu ryateguye igiterane cy'iminsi 2 kigabije guhembura imitima y'abazacyitabira. Nk'uko Rev Past Habimana Jean Bosco yabitangarije agakiza.org ngo nyuma y'imyaka hafi 4 iri torero rimaze ritangiye, bagiye babona imbaraga z'Imana binyuze mu gusenga n'ibiterane bitandukanye bagiye bakora, akaba ari muri urwo rwego bateguye igiterane kizaba ku matariki ya 06-07 Gashyantare 2016.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1778 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/urusengero_-_rubavu.jpg' width='360' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;ZERAPHATY HOLY CHURCH yubatse mu mujyi wa Rubavu hafi ya Stade Umuganda ahahoze Abascout, yatangiye mu mwaka wa 2012 itangizwa n'abakiristo 12 bakodesha, ariko kuri ubu barashima Imana ko bagiye kwiyuzuriza urusengero rujyanye n'igihe tugezemo, bakaba banateganya ko mu minsi iri imbere bazashinga Television y'itorero. Iki giterane kizitabirwa n'abakozi b'Imana batandukanye barimo Chorale SHEKINAH Ikorera umurimo w'Imana mu gihugu cy'abaturanyi cya Congo I Goma, Worship Team, Chorale Holy Nation na Semaraim zikorera umurimo w'Imana kuri uru rusengero.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1777 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/rev_past_bosco.jpg' width='426' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Umushumba wa Rev past HABIMANA Jean Bosco, yakomeje adutangariza ko iki giterane kije kibanziriza ikindi cyagutse bateganya mu kwezi kwa Gatanu, gishobora kuzagaragaramo nk'Abahanzi bakunzwe nka Israel Mbonyi na Lilianne Kabaganza&lt;br class='autobr' /&gt;
Biteganijwe ko kizatangira Kuwa gatandatu saa Tatu za mugitondo kikazasozwa ku cyumweru mu Masaya y'igicamunsi, Bishop HABIMANA akaba ararika abanya Rubavu, Musanze, Goma n'abandi bose kuzaza gufatanya nabo uyu murimo w'Imana kuko kwinjira ari ubuntu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ernest RUTAGUNGIRA&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Chorale YASIPI yateguye igiterane cyo guhimbaza Imana</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Chorale-YASIPI-yateguye-igiterane-cyo-guhimbaza-Imana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Chorale-YASIPI-yateguye-igiterane-cyo-guhimbaza-Imana</guid>
		<dc:date>2016-02-04T08:25:58Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Chorale YASIPI yateguye igiterane cyo guhimbaza Imana gifite intego igira iti&lt;&gt; &lt;br class='autobr' /&gt;
Iki giterane kizaba ku cyumweru taliki ya 7.2.2016,kizabera muri IPRC Kigali ahahoze ETO Kicukiro,munzu mbera byombi ya IPRC,kizatangira saa saba z'igicamunsi(13h00) &lt;br class='autobr' /&gt; Icyo giterane cyizaba kirimo amakorali atandukanye ,nka Chorale Silowamu ya Kumukenke,chorale Inkingi ikorera umurimo w'Imana muri CEP IPRC/day program.hazaba hari n'abavugabutumwa batandukanye nkuzwi cyane nka SEMAJERI,n'abandi &lt;br class='autobr' /&gt;
Chorale (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Chorale YASIPI yateguye igiterane cyo guhimbaza Imana gifite intego igira iti&lt;&lt;NKWIRIYE GUKORA UMURIMO W'UWANTUMYE HAKIRI KUMANYWA&gt;&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki giterane kizaba ku cyumweru taliki ya 7.2.2016,kizabera muri IPRC Kigali ahahoze ETO Kicukiro,munzu mbera byombi ya IPRC,kizatangira saa saba z'igicamunsi(13h00)&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1775 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/c8aa9305-9897-4b0a-8847-2344727e5116.jpg' width='480' height='480' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Icyo giterane cyizaba kirimo amakorali atandukanye ,nka Chorale Silowamu ya Kumukenke,chorale Inkingi ikorera umurimo w'Imana muri CEP IPRC/day program.hazaba hari n'abavugabutumwa batandukanye nkuzwi cyane nka SEMAJERI,n'abandi&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1776 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/55.jpg' width='289' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Chorale Yasipi yatangiye gukora umurimo w'Imana mumwaka wa 2012 muri CEP/EVENING,iwutangirira mu ishuli rikuru ry'ubumenyi ngiro,IPRC Kigali,itangizwa n'abanyeshuli bigaga muri programe ya nijoro,dore ko abigaga kumanywa bo bari baramaze gutangira Umurimo w'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1774 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/78115495-33af-4ec3-99f8-8d5fc951e22a.jpg' width='360' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Iyi chorali yatangiye iririmba indirimbo zo mugitabo dore bari bataragira izabo,nyuma babifashijwemo nabamwe mubaririmbyi bayitangije nka Emelta,Claire,J Luc,Boneza,Mucyo n'abandi,batangirira kundirimbo yabo yitwa Nyamutunzi,barepeteraga munsi y'igiti kiri hafi ya chapele,&lt;br class='autobr' /&gt;
muri 2013,iyi chorali yari nto mumyaka,ugereranije nizindi zose zari zigize amatorero atandukanye abarizwa muri IPRC KIGALI,Yaciye agahigo ko kubimburira izindi zose isohora indirimbo y'amajwi,ndetse n'amashusho bise IMPANDA,bituma nizindi chorale zitandukanye zitinyuka zitangira gukora indirimbo zitandukanye,ariko mumateka ya IPRC Kigali chorale yasipi niyo yasohoye indirmbo bwambere.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyi chorale ikaba itegura iki giterane mu rwego rwo gukomeza kwiyubaka,no kwagura ibikorwa byayo bitandukanye by'ivugabutumwa,hano mu Rwanda ndetse no hirya no hino ku isi&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Umuhanzi Mahoro Isaac yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Umuhanzi-Mahoro-Isaac-yateguye-igitaramo-cyo-kuramya-no-guhimbaza-Imana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Umuhanzi-Mahoro-Isaac-yateguye-igitaramo-cyo-kuramya-no-guhimbaza-Imana</guid>
		<dc:date>2015-12-03T12:04:31Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Umuhanzi Mahoro Isaac yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana, Iki gitaramo agiteguye Nyuma y'uko Imana yagiye imwigaragariza mu bihe bitandukanye, nawe asanga adakwiye kwiyumanganya. &lt;br class='autobr' /&gt;
Iki giterane giteganijwe kuba ku itariki 12 Ukuboza 2015, guhera saa Munani, kikazabera ku urusengero Nyamata SDA Church ari naho asanzwe asengera, akazaba ari kumwe n'abaririmbyi batandukanye nka Munyampeta Jean Luc, Karangwa Apollinaire, Ntwari Kayihura Didier, Uwase Yvonne, Korali Abungeri, (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Umuhanzi Mahoro Isaac yateguye igitaramo cyo kuramya no guhimbaza Imana, Iki gitaramo agiteguye Nyuma y'uko Imana yagiye imwigaragariza mu bihe bitandukanye, nawe asanga adakwiye kwiyumanganya.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1738 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/isaac.jpg' width='500' height='350' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Iki giterane giteganijwe kuba ku itariki 12 Ukuboza 2015, guhera saa Munani, kikazabera ku urusengero Nyamata SDA Church ari naho asanzwe asengera, akazaba ari kumwe n'abaririmbyi batandukanye nka Munyampeta Jean Luc, Karangwa Apollinaire, Ntwari Kayihura Didier, Uwase Yvonne, Korali Abungeri, Korali Glorious Melody na Shalom Singers&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1737 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/isaac_na_madame_baririmba.jpg' width='480' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Mahoro Isaac yashakanye na Gloriose Mutimukeye, akaba ari bamwe mu bashakanye bacye bajya banyuzamo bakaririmbana indirimbo mu bitaramo bitandukanye, yamenyekanye mu ndirimbo ze zo kuri Album ya mbere y'amajwi &#8220;Igisubizo&#8221;, nka Aho wankuye, igisubizo n'izindi. Kuri ubu Mahoro ageze kure umushinga wo gukora amashusho y'indirimbo DVD Vol1 ndetse n'umuzingo wa kabiri w'indirimbo z'amajwi.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Chorale Intumwa za Yesu kuri iki cyumweru iramurika umuzingo bise &#034;ntawe uhwanye nawe&#034;</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Chorale-Intumwa-za-Yesu-kuri-iki-cyumweru-iramurika-umuzingo-bise-ntawe-uhwanye</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Chorale-Intumwa-za-Yesu-kuri-iki-cyumweru-iramurika-umuzingo-bise-ntawe-uhwanye</guid>
		<dc:date>2015-11-28T00:46:20Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Kuri iki cyumweru Chorale intumwa za Yesu ikorerera umurimo w'Imana muri E.P.R Remera kicukiro kumuhanda wa amabuye ujya kuri APAPER imbere ya RTUC Sonatube yateguye igitaramo cyo kumurika umuzingo w'indirimbo Audio Vol 1 &lt;br class='autobr' /&gt; Twengereye umuyobozi wa Chorale intumwa za yesu Karekezi Jean De Dieu tumubaza amateka yiyi chorale uburyo batangiye kugeza ubu aho mubashije gukora indirimbo Audio Vol 1 &lt;br class='autobr' /&gt; Karekezi yadutangarije ko inzira yo kugera kubyo tugezeho yari ndende cyane kuko twatangiye (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Kuri iki cyumweru Chorale intumwa za Yesu ikorerera umurimo w'Imana muri E.P.R Remera kicukiro kumuhanda wa amabuye ujya kuri APAPER imbere ya RTUC Sonatube yateguye igitaramo cyo kumurika umuzingo w'indirimbo Audio Vol 1&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1715 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication_2.jpg' width='471' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Twengereye umuyobozi wa Chorale intumwa za yesu Karekezi Jean De Dieu tumubaza amateka yiyi chorale uburyo batangiye kugeza ubu aho mubashije gukora indirimbo Audio Vol 1&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1716 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication_3.jpg' width='380' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Karekezi yadutangarije ko inzira yo kugera kubyo tugezeho yari ndende cyane kuko twatangiye turi chorale ya abana b' ishuri ry' icyumweru dutangira ntago twari tuzi ko twifitemo impano yo guhimba indirimbo kuko twakoreshaga indirimbo zandi makorari tukaziga akaba arizo turirimba ikintu cyadufashije cyane nukubaho mu buzima bwo gusenga no kwimika urukundo muri twe aho buri umwe yiyumvaga undi kuburyo twafatanyaga muri byose tukishakamo ubutunzi uko umuntu yifite nuko bitari byoroshye tugafashanya&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Jean de Dieu umuyobozi w'iyi chorale yakomeje atumbwira ko igitekerezo cyo gukora album Audio cyaje ubwo twari tumaze kugira indirimbo zirenga 150 kdi muri yo chorale hakaba hari harimo umu produce witwa Mahoro Dieu d'Amour yaje gufata indirimbo enye (4) muzo bari bafite abanza azikorera music nyuma twaje kujya muri studio tukaba kuri iki cyumweru tugiye gusohora umuzingo w'indirimbo umunani za Audio zikoranye ubuhanga ibyo byose tukaba tubikesha Imana yabanye natwe muri urwo rugendo ubu Imana yaradukujije kuva mu bwana bamwe barakora abandi barakiga abandi barashatse abandi Imana yabateye iteka ryo gukomereza amashuri mu mugane wa asia ibyo byose byavuye mu gusenga no kuba hafi y'Imana akaba ariyo mpamvu iyi Audio dusohora kuri iki cyumweru twayitiriye indirimbo twahimbye Imana imaze guha abaririmbyi bacu bane uburyo bwo gukomeza amashuri yabo muri china ndetse na India nundi uumwe uri kwiga muri Mozambique&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Album Audio yindirimbo umunani &#8216;'NTAWUHWANYE NAWE &#8216;'&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>&#8203;Nyuma y'imyaka 36 itangiye umurimo, Korali Faradja igiye kumurika indirimbo zayo za mbere.</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?%E2%80%8BNyuma-y-imyaka-36-itangiye-umurimo-Korali-Faradja-igiye-kumurika-indirimbo</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?%E2%80%8BNyuma-y-imyaka-36-itangiye-umurimo-Korali-Faradja-igiye-kumurika-indirimbo</guid>
		<dc:date>2015-09-24T10:01:37Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Mu mpera z'iki cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2015, Korali Faradja ukorera umurimo w'Imana mu itorero ADEPR ururembo rw'umujyi wa Kigali, akarere ka Gasabo Paruwasi ya Kimihurura, igiye kumurika umuzingo (Album) wayo wa mbere w'indirimbo z'amajwi n'amashusho. Korali Faradja yatangiye umurimo w'Imana ahagana mu mwaka w'1979, itangizwa n'imiryango ibiri igizwe n'abagabo babiri hamwe n'abagore babo basenganaga mu cyumba cy'amasengesho, mu mwaka wa 1979 nibwo yahawe uburenganzira bwo kuririmba mu (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Mu mpera z'iki cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2015, Korali Faradja ukorera umurimo w'Imana mu itorero ADEPR ururembo rw'umujyi wa Kigali, akarere ka Gasabo Paruwasi ya Kimihurura, igiye kumurika umuzingo (Album) wayo wa mbere w'indirimbo z'amajwi n'amashusho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Korali Faradja yatangiye umurimo w'Imana ahagana mu mwaka w'1979, itangizwa n'imiryango ibiri igizwe n'abagabo babiri hamwe n'abagore babo basenganaga mu cyumba cy'amasengesho, mu mwaka wa 1979 nibwo yahawe uburenganzira bwo kuririmba mu urusengero rwa ADEPR Nyarugenge hazwi ku izina rya Gakinjiro, yagiye iririmbwa mo n'abakozi b'Imana batandukanye muri bo twavuga Uwitwaga Past Matoyo INTWAZA yitabye Imana 1994 azize jenocideyakorewe abatutsi, Past Antoine ZIGIRUMUGABE, Past NIYITANGA Salton, Past Theogene HAKUZWUMUREMYI, Past Isaac RUGANZA ,Past Salton NIYITANGA ,Past Pierre NTAGANDA ,Past Ignace NTIGINAMA, Past RUMANZI Pierre, Past.MUTABAZI Prosper n'abandi benshyi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kiganiro twagiranye n'umuyobozi wayo Bwana Masumbuko Jean Francois umuyobozi w'iyi Korali yadutangarije ko iyi Alubumu bayise &#8220;Gusenga kugira imbaraga&#8221; akomeza igira ati &#8220;Impamvu twayise gutyo ni uko tuyitangira twatangiriye mukwizera gusa, nta amafaranga dufite tukajya dusenga, buriwese aho yabaga ari nicyo yasengeraga, bityo tubona ko gusenga kugira imbaraga&#8221;, twabibutsa ko Iki giterane cyo kuyimurika kizaba ku cyumweru tariki ya 27 Nzeri 2015 ku kimihurura aho iyi korali isanzwe ikorera umurimo w'Imana&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Korale The Warning Voice yo muri INILAK igiye kumurika alubumu y'amashusho</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Korale-The-Warning-Voice-yo-muri-INILAK-igiye-kumurika-alubumu-y-amashusho</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Korale-The-Warning-Voice-yo-muri-INILAK-igiye-kumurika-alubumu-y-amashusho</guid>
		<dc:date>2014-05-08T14:27:19Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Kanyamibwa Patrick</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Korale The Warning Voice ya CEP INILAK iramurika alubumu yayo ya mbere y'amashusho ku cyumweru tariki ya 18/05/2014 kuri ADEPR Kicukiro Shell, mu gitaramo gikomeye izaba iri kumwe nabandi bahanzi batandukanye, kwinjira bikaba ari ubuntu. &lt;br class='autobr' /&gt;
Nkuko twabitangarijwe na Buregeya Jean Baptiste umuyobozi w'iyi Kolare ubwo twabasuraga aho bari bari mu mwitozo, yatubwiyeko imyiteguro iri kugenda neza kandi bazakiraigitaramo cya live aho ibyuma byose n'amajwi bizaba ari umwimerere. &lt;br class='autobr' /&gt;
Baptiste (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Korale The Warning Voice ya CEP INILAK iramurika alubumu yayo ya mbere y'amashusho ku cyumweru tariki ya 18/05/2014 kuri ADEPR Kicukiro Shell, mu gitaramo gikomeye izaba iri kumwe nabandi bahanzi batandukanye, kwinjira bikaba ari ubuntu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nkuko twabitangarijwe na Buregeya Jean Baptiste umuyobozi w'iyi Kolare ubwo twabasuraga aho bari bari mu mwitozo, yatubwiyeko imyiteguro iri kugenda neza kandi bazakiraigitaramo cya live aho ibyuma byose n'amajwi bizaba ari umwimerere.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Baptiste yatubwiye ko iyi alubumu bayise &#8220;Arahambaye&#8221;, zimwe muzindi ndirimbo zizaba ziriho hakaba harimo &#8220;Komera torero&#8221;, &#8220;Ibyiringiro&#8221; nizindi zitandukanye. Ngo muri iki gikorwa bakaba bazashimishwa no kubona abantu bose bagiye banyura muriyi Korali bakigakuri INILAK nubwo ubu baba bararangije, kandi kwinjira bikaba ari ubuntu. Tumubajije aho bavana ubushobozi bwogukora ibi bikorwa byose akaba yadutangarijeko bituruka ku barririmbyi ubwabo gusa ngo banafite abaterankunga batandukanye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;The Warning Voice Choir - CEP INILAK, yavukiye mu muryango w'abanyeshuri b'aba Pantekote bita CEP mu magambo ahinnye biga muri Kaminuza ya INILAK, ikaba yaratangiye mu mwaka wa 2004, itangijwe n'abanyeshuri batatu basengera muri ADEPR, nyuba bagenda biyongera kugeza ubwo mu mwaka wa 2006 banayihaye izina rya The Warning Voice bisobanura mu magambo y'ikinyarwanda &#8220;Ijwi ry'imbuzi&#8221;, icyo hgihe bakaba batarageraga no ku icumi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kurubu muri uyu mwaka wa 2014 iyi Korale The Warning Voice Choir - CEP INILAK ikaba igizwe n'abaririmbyi 62 kandi bose baboneka neza banakora. Zimwe mu ngendo z'ivugabutumwa yagiye ikora hakaba harimo izobakoreye mu Mutara, izo bagiye bakorera mu matorero atandukanye mu mugi wa Kigali, nizo bagiye bakorera mu bigo by'amashuri bitandukanye harimo High School i Kabuga nahandi hatandukanye. Ubu ngo iyi Korale ikaba igeze kure itunganya amashusho y'indirimbo zabo iteganya gushyira hanze mu minsi iri imbere, iyi alubumu ikazaba ari amajwi n'amashusho kandi ikazaba iriho indirimbo 10.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Chorale Umurinzi irashyira ahagaragara umuzingo w' indirimbo zihimbaza Imana kuri uyu wa gatandatu taliki 03/05/2014</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Chorale-Umurinzi-irashyira-ahagaragara-umuzingo-w-indirimbo-zihimbaza-Imana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Chorale-Umurinzi-irashyira-ahagaragara-umuzingo-w-indirimbo-zihimbaza-Imana</guid>
		<dc:date>2014-04-29T16:30:58Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Umuryango W' Abanyeshuri B'abanyeshuri B'abapentekote Bo Muri Kaminuza Y' Urwanda Koleji Y'ubuhinzi, Ubumenyi Bw' Inyamaswa N' Ubuvuzi Bw' Amatungu ( Cep &#8211;Ur/Cavm) Yahoze Yitwa Cep-Isae Wishimiye Kubatumira Mu Gikorwa Cyo Gushyira Ahagaragara Album ya Mbere y' Indirimbo z' Amajwi n'amashusho ya Korali Umurinzi yitwa '' Mana Wagize Neza &#8220; &lt;br class='autobr' /&gt; Korali Umurinzi Imaze Imyaka 16 Kuko yatangiye mu mwaka w'i 1998 itangijwe n'abaririmbyi 6 Mu 1999 bari bamaze kugera kuri 12 itangirira (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitaramo-" rel="directory"&gt;Ibitaramo&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Umuryango W' Abanyeshuri B'abanyeshuri B'abapentekote Bo Muri Kaminuza Y' Urwanda Koleji Y'ubuhinzi, Ubumenyi Bw' Inyamaswa N' Ubuvuzi Bw' Amatungu ( Cep &#8211;Ur/Cavm) Yahoze Yitwa Cep-Isae Wishimiye Kubatumira Mu Gikorwa Cyo Gushyira Ahagaragara Album ya Mbere y' Indirimbo z' Amajwi n'amashusho ya Korali Umurinzi yitwa '' Mana Wagize Neza &#8220;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Korali Umurinzi Imaze Imyaka 16 Kuko yatangiye mu mwaka w'i 1998 itangijwe n'abaririmbyi 6 Mu 1999 bari bamaze kugera kuri 12 itangirira mucyahoze ari Isae Rubilizi yakoreraga umurimo w'Imana ku mudugudu wa Kabeza muri Paruwasi ya Kanombe Mwitorero ry' Akarere ka Kicukiro&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ubu igizwe n' abaririmbyi 140 ikaba ikorera umurimo w'Imana muri UR-Cavm Busogo Campus Yahoze yitwa Isae &#8211;Busogo.&lt;br class='autobr' /&gt;
Iki giterane kizatangira kuri uyu wa gatandatu taliki ya 03/05/2014 kuva i saa 08h45 gisoze saa munani kikazabera kuri Stade Ya Ur-Cavm Busogo Campus (Former Isae &#8211;Busogo) Umwigisha muriki giterana azaba ari Mukeshimana Francois akomoka mu itorero rya Huye hazaba hari na none umuririmbyi Murwanashyaka Faustin uzwi ku ndirimbo yitwa &#8220;Agaciro&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kiganiro kigufi twagiranye na Bwana Jean de Dieu Habimana yagize ati: Dushimiye Imana yadushoboje kugera kuri iki gikorwa cyo gushyira ahagaragara umuzingo w'indirimbo z' amajwi n' amashusho &#8220;Mana Wagize Neza&#8221; Turashimira na none abantu bose badufashije muri iki gikorwa kugira ngo kigerweho nasoza mbararika kuzaza kwifatanya natwe kuramya Imana no kuyihimbaza kuko Imana ariyo muremyi wa byose.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1560 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/affiche-2.jpg' width='500' height='389' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>



</channel>

</rss>
