<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?><?xml-stylesheet title="XSL formatting" type="text/xsl" href="http://www.agakiza.rw/spip.php?page=backend.xslt" ?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Agakiza</title>
	<link>https://agakiza.rw/</link>
	<description>Mwene data Yesu ashimwe! Amahoro y' Imana abane nawe! Ikaze kuri uru rubuga rw' ivugabutumwa. Nkwifurije ko uru rubuga warubonaho ibyagufasha mu bibazo ufite, kandi ukahakura ubwenge bwo kubaha Imana, ugahishurirwa umurimo wa Kristo ku musaraba n'umugambi w'Imana ku buzima bwawe. Turagushimira inkunga yawe mu kuduha inama, mu kudusengera, no mu gutanga ubutunzi bwawe kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi.T ukwifurije umugisha, amahoro, n' ubuntu bw' Imana bibane nawe,</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="http://www.agakiza.rw/spip.php?id_rubrique=37&amp;page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />




<item xml:lang="en">
		<title>ADEPR: Abasengeraga muri shitingi biyujurije urusengero rwa miliyoni 74</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?ADEPR-Abasengeraga-muri-shitingi-biyujurije-urusengero-rwa-miliyoni-74</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?ADEPR-Abasengeraga-muri-shitingi-biyujurije-urusengero-rwa-miliyoni-74</guid>
		<dc:date>2016-01-23T13:12:34Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Abakristo ba ADEPR muri Paruwasi ya Kageyo, mu Karere ka Gicumbi biyujurije urusengero rusimbuye ihema bahoze basengeramo. Bavuga ko rugomba guhoramo icyubahiro cy'Imana n'ubwiza bwayo. &lt;br class='autobr' /&gt;
Aba bakristo bagera ku 1300 batangaje ko bishyize hamwe bararwubaka bamwe batanga amafaranga, abandi batanga imirima yahingagwamo ibyagurishwaga hakaboneka amafaranga yo kubaka, abandi batanga inka n'amatungo magufi n'ibindi. Umukristo wa Kageyo yatangaje ko ukorera Imana atiyobora, ati &#034;Nk'uko twatanze (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Itorero-" rel="directory"&gt;Itorero&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Abakristo ba ADEPR muri Paruwasi ya Kageyo, mu Karere ka Gicumbi biyujurije urusengero rusimbuye ihema bahoze basengeramo. Bavuga ko rugomba guhoramo icyubahiro cy'Imana n'ubwiza bwayo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Aba bakristo bagera ku 1300 batangaje ko bishyize hamwe bararwubaka bamwe batanga amafaranga, abandi batanga imirima yahingagwamo ibyagurishwaga hakaboneka amafaranga yo kubaka, abandi batanga inka n'amatungo magufi n'ibindi.&lt;br class='autobr' /&gt;
Umukristo wa Kageyo yatangaje ko ukorera Imana atiyobora, ati &#034;Nk'uko twatanze amafranga yacu mu kubaka iyi nzu y'Imana, tuzabihemberwa. Nukorera Imana ntukayikorere udatanga ibyo ufite kuko nta wiyobora mu kuyikorera cyane ko ari yo ibiduha. Gukorera Imana ntibigombera kuba utunze ibyagusagutse cyangwa ngo ube ukize, bisaba umutima uzi icyo gukora.&#034;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1767 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;a href='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/img_0914.jpg' class=&#034;spip_doc_lien mediabox&#034; type=&#034;image/jpeg&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/img_0914.jpg' width='500' height='750' alt='' /&gt;&lt;/a&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Abakristo bakomeje batangaza ko inzu y'Imana igomba guhoramo icyubahiro n'ubwiza bwayo, biyujurije kandi ibiro bizajya bikorerwamo n'ubuyobozi bwabo ndetse n'inzu nini izajya yakira abashyitsi igizwe n'ibyumba bine na sallon.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umushumba wa Paruwasi ya Kageyo, Butera Sylvere yatangaje ko izi nyubako zose hamwe zabatwaye miliyoni 74,273,000 z'amafaranga y'u Rwanda, anasobanura uko batangiye, ati &#034;Abakristo bacu batangiye basengera mu cyumba cy'amasengesho muri SOS (Gicumbi), nyuma tugura ikibanza tugishingamo ihema twasengeragamo imbeho ikatumerera nabi rimwe na rimwe kuko hari nko kanze. Mu 2006 twishyize hamwe twubaka fondasiyo, biratinda ariko rwaruzuye.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1766 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;a href='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/img_0931.jpg' class=&#034;spip_doc_lien mediabox&#034; type=&#034;image/jpeg&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/img_0931.jpg' width='500' height='750' alt='' /&gt;&lt;/a&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Umuvugizi wa ADEPR, Rev. Jean Sibomana, wanabaye umushumba w'aba bakristo ubwo yari umushumba w'Ururembo rwa Byumba yashimye Imana ko rwuzuye, ati &#034;Ndibuka ko nkiri umushumba w'Ururembo rwa Byumba twashyize hamwe imbaraga dutera inkunga y'amahema abakristo ba Kageyo. Nta watekerezaga ko Kageyo izaba ifite urusengera rungana gutya.&#034;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yakomeje ati &#034;Uyu munsi nanjye nshimye Imana kandi nejejwe n'uko uwahoze ari umudugudu wa Byumba witwa Kageyo nk'umwe mu midugudu yari 17, ubu wiyubatse ukaba ari paruwasi, Iyi niyo mikorere dukeneye.&#034;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Paruwasi ya Kageyo ifite abakristo bagera ku 1300 barimo abizera bashya 380 bakijijwe mu myaka ibiri ishize.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Emmanuel Kwizera/ADEPR&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Chorale Elayono ya Remera mu ivugabutumwa mu mpera z'isi n'ikoranabuhanga</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Chorale-Elayono-ya-Remera-mu-ivugabutumwa-mu-mpera-z-isi-n-ikoranabuhanga</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Chorale-Elayono-ya-Remera-mu-ivugabutumwa-mu-mpera-z-isi-n-ikoranabuhanga</guid>
		<dc:date>2014-03-23T13:05:10Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nyuma yo guhabwa Ishimwe na Minisitiri w'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga Nsengimana Philbert, ikanegukana SIFA Award 2013 nka korali yabaye indashyikirwa mu gukoresha ikoranabuhanga mu Rwanda, Korali Elayono yo kuri ADEPR Remera igiye kurushaho kwagurira ivugabutumwa ryayo mu mpera z'isi. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu rwego rwo kurushaho gusakaza ivugabutumwa mu mpera z'isi nk'uko Bibiliya Yera ibisaba, Korali Elayono ikorera umurimo w'Imana kuri Paruwasi ya ADEPR Remera ni imwe mu zikomeje kwitabira cyane gukoresha (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Iterambere-" rel="directory"&gt;Iterambere&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH70/arton3270-beb4a.jpg?1769110611' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='70' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Nyuma yo guhabwa Ishimwe na Minisitiri w'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga Nsengimana Philbert, ikanegukana SIFA Award 2013 nka korali yabaye indashyikirwa mu gukoresha ikoranabuhanga mu Rwanda, Korali Elayono yo kuri ADEPR Remera igiye kurushaho kwagurira ivugabutumwa ryayo mu mpera z'isi.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu rwego rwo kurushaho gusakaza ivugabutumwa mu mpera z'isi nk'uko Bibiliya Yera ibisaba, Korali Elayono ikorera umurimo w'Imana kuri Paruwasi ya ADEPR Remera ni imwe mu zikomeje kwitabira cyane gukoresha ikoranabuhanga hamamazwa Yesu Kristo nk'umwami.&lt;br class='autobr' /&gt;
Elayono ivuga ko mu 2012 yashyikirijwe Impamyabumenyi (Certificate) na Minisitiri w'Urubyiruko n'Ikoranabuhanga Nsengimana Philbert, nka korali yafashe amahugurwa mu birebana no gukoresha ikoranabuhanga. Mu 2013 yahawe ishimwe (SIFA Award 2013) nka korali yabaye iya mbere muri korali zo mu Rwanda nk'ikoresha cyane ikoranabuhanga mu ivugabutumwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Perezida wa Korali Elayono, Mwiyeretsi Alain Samson, avuga ko hari byinshi iyi korari imaze kubaka hamamazwa Yesu, ati &#8220;Guhera mu 2011, Elayono ikora ivugabutumwa binyuze mu bihangano byayo byoherezwa hirya no hino mu bihugu bigize isi, tukabigeza ku babyifuza twifashishije internet, kandi tumaze kuboneramo umugisha n'inshuti nyinshi cyane, kandi ntiturambirije ku nyungu z'isi.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1467 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/elayono-4bd9b.jpg?1769110611' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Mwiyeretsi avuga uko bakora, ati &#8220;Twamamaza ubutumwa tubinyujije kuri websites zitandukanye mu gihugu, kuri facebook, kuri Flickr.com (Amafoto), dufite konti kuri Youtube.com iriho ibihangano byacu kuburyo buri wese uri hose ku isi yoroherezwa kugera ku ndirimbo zacu z'amashusho, twafashe iya mbere mu gushyira indirimbo zacu z'amajwi ku isoko ricururiza ku isi hose binyuze kuri internet ryitwa Guhaha.com, ubu indirimbo zacu zimaze kugera mu bihugu byinshi bigize Ubulayi, Aziya, America no muri Africa, kuko bigeze aho basigaye bazitwisabira tukaziboherereza.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1468 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH375/elayoni-c6125.jpg?1769110611' width='500' height='375' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Elayono ivuga ko izaruhuka ihawe ingororano na Yesu dore ko kugeza ubu ibikorwa byayo bimaze kugera mu bihugu birimo Ububiligi, Ubufaransa, Ubwongereza, Esipanye, Ubushinwa, Leta Zunze Ubumwe z'Amerika, Ubuhinde, Afurika y'Epfo, Sudani, Burundi, Uganda n'ahandi kandi intego ni ugusakaza ubutumwa mu isi yose dore ko ari cyo Imana isaba abakozi bayo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Emmanuel Kwizera&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title> Gukena kwacu si ubushake bw'Imana. (Igice cya 2)</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Gukena-kwacu-si-ubushake-bw-Imana-Igice-cya-2</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Gukena-kwacu-si-ubushake-bw-Imana-Igice-cya-2</guid>
		<dc:date>2014-03-05T22:30:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Chantal Muhimpundu</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Gukena kwacu si ubushake bw'Imana Muri iyi nkuru turarebera hamwe uburyo umukirisitu yabaho mu gihe cy'ubukungu burimo ibibazo ariko ntacumure ku Mana. Bimwe mu byahanuwe ko bizabaho muri iyi minsi ya nyuma ni imidugararo mu bihugu, hamwe n'ibihe bigoye by'ubukungu. Isomere mu gitabo cy'ibyahishuwe 6:5-6. &lt;br class='autobr' /&gt; Ikindi ni uko dusoma muri Bibiliya ko ubucuruzi n'uburyo bwo guhaha no kugurisha bizakurikiza gahunda runaka yuzuye ubwambuzi, ubwo buryo bukazategekwa n'agatsiko runaka mu isi yose. Nta (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Itorero-" rel="directory"&gt;Itorero&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Gukena kwacu si ubushake bw'Imana&lt;br class='autobr' /&gt;
Muri iyi nkuru turarebera hamwe uburyo umukirisitu yabaho mu gihe cy'ubukungu burimo ibibazo ariko ntacumure ku Mana.&lt;br class='autobr' /&gt;
Bimwe mu byahanuwe ko bizabaho muri iyi minsi ya nyuma ni imidugararo mu bihugu, hamwe n'ibihe bigoye by'ubukungu. Isomere mu gitabo cy'ibyahishuwe 6:5-6.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ikindi ni uko dusoma muri Bibiliya ko ubucuruzi n'uburyo bwo guhaha no kugurisha bizakurikiza gahunda runaka yuzuye ubwambuzi, ubwo buryo bukazategekwa n'agatsiko runaka mu isi yose. Nta muntu uzabasha kugurisha cyangwa kugura atabanje kwifatanya n'ako gatsiko ndetse ngo yemere kuyoborwa na ko. Ibi bisaba kubisobanukirwa neza! Soma igitabo cy'ibyahishuwe igice cya 13 cyose.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Si ibyo gusa ahubwo Bibiliya isobanura neza cyane ko muri iyi minsi ya nyuma, hazabaho ko ubusambanyi n'ubucuruzi ndetse n'ubukire n'ubusambanyi bitazasigana. Soma igitabo cy'ibyahishuwe igice cya 17 n'icya 18. Nyamara kandi birashoboka kubona ubutunzi ukanakora ubucuruzi utabanje kwinjira mu busambanyi n'ibindi byangwa n'Imana.&lt;br class='autobr' /&gt;
Tuzabasha gute kurokoka mu bihe nk'ibi tudacumuye ku Mana yaduhamagariye kwera mu Mwana wayo ikunda Yesu Kristo? Ese ni kuki abakirisitu benshi babaho mu buzima bugoranye mu bukungu nk'aho hari uwabateze ikigeragezo cy'ubukungu ngo batazigera bagira icyo bageraho?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Abantu benshi bifuza kubaho ubuzima bwejejwe kandi bifuza no gukizwa bakaguma muri Kristo, ariko bagira kwibaza ngo ese hakorwa iki mu gihe nk'iki cy'ubukungu bwifashe nabi babone ibibatunga, ibyo kurya n'imyambaro badacumuye ku Mana?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ni abantu bake bafite ubumenyi mu kuyobora ibitekerezo n'ibikorwa byabo bya buri munsi. Ndakumenyesha ko amagambo uvuga n'ibikorwa byawe ari imbuto cyangwa umusaruro w'uko utekereza. Mu yandi magambo, ubuzima bw'umuntu bugendana cyane n'uko atekereza. Mu busobanuro butomoye bishatse kuvuga ko uko uri biva ku mitekerereze yawe, kuko ibyo utekereza ni byo uvuga ndetse ni byo unakora.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Benshi bibwira ko Imana ari yo yabageneye kuba abakene. Hariho na bamwe mu bakirisitu bibwira ko ubukene ari uburyo bwo kwezwa no guca bugufi, nyamara Bibiliya si uko ivuga, kandi ntiyigisha ibintu nk'ibyo. Mfite intego yo kugusobanurira muri ubu butumwa ko ATARI UBUSHAKE BW'IMANA KO TUBA ABAKENE.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndagira ngo kandi umenye ko niba nkoresha ijambo abakirisitu muri ubu butumwa, mba nshatse kuvuga abakirisitu batura ko Yesu Kristo ari Umwami n'Umukiza wabo; akaba ari na bo bamuramya mu Kuri no mu Mwuka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndagusabira ku Mana mu izina rya Yesu Kristo ngo igufashe gusoma no gusobanukirwa iri somo, kugira ngo twese abakristu duhagarare mu burenganzira bwacu bwose twaherewe ku musaraba. Ikigambiriwe kandi ni ukuguha inyigisho z'ibanze zigufasha kubaho mu bihe ubukungu bwifashe nabi udacumuye ku Mana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ni ubutumwa bwatanzwe na Ev Mwakasege( Tanzaniya)&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ni kuki atari ubushake bw'Imana ko tuba abakene? </title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ni-kuki-atari-ubushake-bw-Imana-ko-tuba-abakene</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ni-kuki-atari-ubushake-bw-Imana-ko-tuba-abakene</guid>
		<dc:date>2014-03-03T23:15:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Chantal Muhimpundu</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ndifuza mbere na mbere kukubwira ko atari ubushake bw'Imana ko ukena. Ibyo ni uko kuva imfatiro z'iyi si zashyirwaho, Imana ntiyigeze iteganyiriza abantu yiremeye ko baba abakene; kandi ibyo yabigennye idashingiye ku ibara ry'uruhu, ubwoko cyangwa igihugu umuntu akomokamo. &lt;br class='autobr' /&gt;
Nzi ko muri Matayo 5:3, Yesu Kristo yavuze: &#8220;Hahirwa abakene ku mutima, kuko ubwami bw'Imana ari ubwabo.&#8221; Abantu benshi iyo basomye uyu murongo, bibwira ko Yesu yavuze &#8220;Hahirwa abafite ubukene bw'ibikenerwa ku (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Abantu-50-" rel="directory"&gt;Abantu&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Ndifuza mbere na mbere kukubwira ko atari ubushake bw'Imana ko ukena. Ibyo ni uko kuva imfatiro z'iyi si zashyirwaho, Imana ntiyigeze iteganyiriza abantu yiremeye ko baba abakene; kandi ibyo yabigennye idashingiye ku ibara ry'uruhu, ubwoko cyangwa igihugu umuntu akomokamo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nzi ko muri Matayo 5:3, Yesu Kristo yavuze: &#8220;Hahirwa abakene ku mutima, kuko ubwami bw'Imana ari ubwabo.&#8221; Abantu benshi iyo basomye uyu murongo, bibwira ko Yesu yavuze &#8220;Hahirwa abafite ubukene bw'ibikenerwa ku bw'umubiri; kuko ubwami bw'ijuru ari ubwabo&#8221;. Nyamara Kristo si ibyo yavuze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Umuntu w'umukene bivuga umuntu ufite ibyo akeneye adafite. Yesu Kristo avuga &#8220;Hahirwa abakene ku mutima &#8230;&#8230;.&#8221; Yari agambiriye kuvuga &#8216;Hahirwa abakennye iby'ubugingo; kuko ubwami bw'Imana ari ubwabo. Ni yo mpamvu yongeye kuvuga, &#8220;Hahirwa abafite inzara n'inyota yo gukiranuka; kuko bazahazwa&#034; (Matayo 5:6).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuntu ukennye ku bw'umubiri ni ukeneye ibigendanye n'umubiri.Kandi ibigendanye n'umubiri mvuga ni imyambaro, ibyo kurya n'aho kuryama cyangwa aho kuba. Yesu rero ntiyavuze ngo hahirwa abakeneye ibyo kurya, imyambaro, ubuzima n'ibyo kurya. &lt;br class='autobr' /&gt; Nimvuga ibyo umubiri ukenera, nyamuneka ntubyitiranye n'imbuto za kamere zanditswe mu Bagalatiya 5:19-21. Njye sinshatse kuvuga kuri ibyo iyo mvuze ibirebana n'ibyo dukenera ku by'umubiri. Njye ibikenewe ku bw'umubiri nashatse kuvuga, ni imyambaro, ibyo kurya, inzu ndetse no kwivuza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ni yo mpamvu ari byiza ko umuntu arwanya ubukene bw'umubiri, mbese kubura ibyo kurya, imyambaro, uburyo bwo kwivuza n'inzu, hashingiwe ku magambo Yesu yavuze Matayo 5:3: &lt;br class='autobr' /&gt;
Ndashaka nongere nshimangire ko Atari ubushake bw'Imana ko uba umukene.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ushobora kumbaza ukanambwira uti ese Bwana Mwakasege, niba atari ubushake bw'Imana ko dukena, none ko mbona hariho abakire n'abakene, Imana yaba itarabaremye bose? &lt;br class='autobr' /&gt;
Ni byo koko birananditswe mu gitabo cy'Imigani 22:2, ko &#8220;umukene n'umukire bahurira kuri kimwe ko bose baremwe n'Imana&#8221;. Nyamara menya ko n'ubwo abakene n'abakire bose baremwe n'Imana; kuva Imana itangira kurema, ntiyigeze iteganya ayo matsinda (abakene n'abakire).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mbere na mbere Imana irema umuntu, ntiyigeze ngo abantu bamwe babe abakene abandi babe abakire.&lt;br class='autobr' /&gt;
Birazwi ko umuntu yaremwe mu ishusho y'Imana ngo ase na yo. Kandi ndemera ko wemeranya na njye ko Imana yacu atari umukene ku bw'ibyo ntitwaremwe mu buryo busa n'ubukene ngo duse n'ubukene. &lt;br class='autobr' /&gt; Kubera iki nkomeza kuvuga mbitsindagira ko Atari ubushake bw'Imana ko tuba abakene?&lt;br class='autobr' /&gt;
Ubutaha tuzabagezaho igice cya 2 cy' iyi nyigisho&lt;br class='autobr' /&gt;
Ev. Mwakasege&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Amateka ya chorale Itabaza yo ku mudugudu wa Taba, paruwasi ya Taba ADEPR</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Amateka-ya-chorale-Itabaza-yo-ku-mudugudu-wa-Taba-paruwasi-ya-Taba-ADEPR</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Amateka-ya-chorale-Itabaza-yo-ku-mudugudu-wa-Taba-paruwasi-ya-Taba-ADEPR</guid>
		<dc:date>2013-10-07T11:05:22Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Itabaza yavutse mu 1997, itangirira ku Mudugudu wa Taba ari naho ikorera umurimo w'Imana kugeza uyu munsi. Yatangijwe n'abaririmbyi 18 bari bagizwe ahanini naba kadogo bigaga mu Kigo cya ESO/Butare. Abaririmbyi bagiye biyongera kugeza ubu Chorale Itabaza igizwe n'abaririmbyi 84 harimo abagabo, abagore, abasore n'inkumi. &lt;br class='autobr' /&gt;
Intego ya Chorale Itabaza ni ukwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo mu Gihugu cy'u Rwanda no mu Mahanga. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu gihugu Chorale Itabaza imaze gukora ingendo nyinshi mu (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Iterambere-" rel="directory"&gt;Iterambere&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH81/arton2786-c7bc2.jpg?1769110612' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='81' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Itabaza yavutse mu 1997, itangirira ku Mudugudu wa Taba ari naho ikorera umurimo w'Imana kugeza uyu munsi. Yatangijwe n'abaririmbyi 18 bari bagizwe ahanini naba kadogo bigaga mu Kigo cya ESO/Butare. Abaririmbyi bagiye biyongera kugeza ubu Chorale Itabaza igizwe n'abaririmbyi 84 harimo abagabo, abagore, abasore n'inkumi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Intego ya Chorale Itabaza ni ukwamamaza ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo mu Gihugu cy'u Rwanda no mu Mahanga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu gihugu Chorale Itabaza imaze gukora ingendo nyinshi mu Gihugu cy'u Rwanda mu Ntara zitandukanye harimo icyahoze ari Intara za Butare, Gikongoro, Cyangugu, Gitarama, Ruhengeri, Byumba, Kibungo n'Umujyi wa Kigali. Uretse Ruhengeri, Byumba na Kibungo yahakoreye inshuro imwe imwe, ahandi hose Chorale Itabaza yahakoreye ingendo z'ivugabutumwa nyinshi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu mwaka w'1999 Chorale Itabaza yakoze urugendo rwayo rwa mbere rw'ivugabutumwa mu Gihugu cy'u Burundi muri Province ya Ngozi ahitwa Gashikanwa, Nyaruntama. Muri iryo vugabutumwa Imana yashyigikiye umurimo wayo ku buryo hihannye agasaga 500. Mu mwaka wa 2011, nanone Chorale Itabaza yakoze urugendo rw'ivugabutumwa mu Gihugu cya Kongo, mu Mujyi wa Bukavu, aha naho yahagiriye igihe byiza cyane. B. Album Chorale Itabaza imaze gusohora Mu mwaka w'1999: yasohoye album audio ya mbere yitwa NI IKI NTABAKOREYE igizwe n'indirimbo cumi (10) yakorewe muri studio ya ADEPR; Mu mwaka wa 2007: yasohoye album audio ya kabiri yitwa RIRARASHE igizwe nayo n'indirimbo cumi (10)yakorewe muri Kilulu Production ; muri 2010 isohora DVD yayo yakozwe na Appolo. Muri 2010: yasohoye Album audio ya gatatu yitwa INTSINZI igizwe nanone n'indirimbo cumi (10) yakozwe na Aaron; muri 2013 isohoye DVD yayo yakozwe na Appolo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ibindi bikorwa Chorale Itabaza ikora yita ku bikorwa by'urukundo harimo gufashanya hagati y'abayigize ndetse no gufasha abandi bafite ibibazo binyuranye. Ingero: gusura impfubyi, gufasaha abatishoboye no gutabara abagize ibyago.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubuyobozi bwa Chorale Hashingiwe ku mabwiriza y'Itorero rya Pantekote mu Rwanda ADEPR Chorale Itabaza ifite Komite iyiyobora igizwe na President, Vice-President wa mbere, Vice-President wa kabiri ari nawe mutoza w'indirimbo, Umubitsi, Umwanditsi n'abajyanama batandatu bose hamwe ni cumi n'umwe.&lt;br class='autobr' /&gt;
Ngayo Amateka.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>&#8220;Natangiye nkubura urusengero, Imana iranzamura mba umuhanzi mpuzamahanga!&#8221; Christina Shusho </title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Natangiye-nkubura-urusengero-Imana-iranzamura-mba-umuhanzi-mpuzamahanga</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Natangiye-nkubura-urusengero-Imana-iranzamura-mba-umuhanzi-mpuzamahanga</guid>
		<dc:date>2013-09-30T09:38:25Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Simeon Ngezahayo</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Chsristina Shusho yabanje gukubura urusengero, akabikora abukinze cyane kugeza ubwo yimenyeho impano y'uburirimbyi mu myaka 10 ishize. Iyi mpano yamuzaniye kumenyekana muri Afurika y'Uburasirazuba, ndetse no ku rwego mpuzamahanga. &lt;br class='autobr' /&gt;
Christina yavukiye i Kigoma muri Tanzania, avukira mu muryango w'Abakristo, arerwa Gikristo. Ku myaka 15, yakiriye Kristo nk'Umwami n'Umukiza we kugeza magingo aya. &lt;br class='autobr' /&gt;
Amashuri ye abanza n'ayisumbuye yayize aho i Kigoma. Yashyingiwe i Dar es Salaam ahagana mu (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Abantu-50-" rel="directory"&gt;Abantu&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Chsristina Shusho yabanje gukubura urusengero, akabikora abukinze cyane kugeza ubwo yimenyeho impano y'uburirimbyi mu myaka 10 ishize. Iyi mpano yamuzaniye kumenyekana muri Afurika y'Uburasirazuba, ndetse no ku rwego mpuzamahanga. &lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Christina yavukiye i Kigoma muri Tanzania, avukira mu muryango w'Abakristo, arerwa Gikristo. Ku myaka 15, yakiriye Kristo nk'Umwami n'Umukiza we kugeza magingo aya.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Amashuri ye abanza n'ayisumbuye yayize aho i Kigoma. Yashyingiwe i Dar es Salaam ahagana mu w'1993, ashyingiranwa na John ubu ukora umurimo w'ivugabutumwa, ubu bafitanye abana 3 (abakobwa 2 n'umuhungu 1).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Christina wamenyekanye cyane ku ndirimbo &#8220;Unikumbuke, Wakuabudiwa n'izindi yatangiye umurimo wo kuvuga ubutumwa mu ndirimbo ubwo yakoraga umurimo wo gukora isuku mu rusengero, aza kwinjira muri korali bimuhesha gutangira umwuga we w'ubuhanzi. Yatangiye kuririmba hanze ya korali, no kwandika indirimbo ku mpapuro yizeye ko igihe kimwe Imana izamufasha agashyira album ye ahagaragara.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Shusho yatangarije radio West FM ati &#8220;Nabanje kuririmba muri korali, maze umunsi umwe niyemeza kuririmba ku giti cyanjye. Nyuma naje kubona ko mfite impano ntari niyiziho.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1092 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/Christina_Shusho.jpg' width='488' height='389' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Album ye ya mbere yise &#8216;Kitu gani kinitenge na upendo wa Bwana' yagurishijwe cyane iwabo muri Tanzania, iya kabiri ayita &#8216;Unikumbuke' ikurikirwa n'iyo yise &#8216;Nipe Macho.' Indirimbo zose hamwe amaze gusohora ni 34.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uretse umurimo w'ubuhanzi, Shusho ni umudozi, afite na atelier de couture ndetse ajya yibaza impamvu Ubukristo butajyana n'ubwiza! &#8220;Aho mvuka bafite imyumvire ivuga ko Abakristo batiyitaho, nanjye nibaza impamvu Ubukristo butagomba kujyana no gucya imbere n'imyuma!&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Shusho yakunze kuririmbana n'abahanzi batandukanye, abo mu gihugu no hanze yacyo barimo Geraldine Odour, Janet Otieno n'abandi. Shusho kandi avuga ko inganzo ye ayikomora ku bahanzi bo muri Tanzania, ari bo Rose Muhando na Bahati Bukuku. Uyu muhanzikazi avuga ko umugambi afite ari uwo guteza imbere abahanzi, dore ko ngo bamwe badindizwa no gukurikira amafaranga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Indirimbo ze zikubiyemo ubutumwa yahawe n'Imana, ahitamo kubunyuza mu ndirimbo ngo abone uko abugeza kuri benshi. Shusho avuga ko akomeje inzira yo gufasha bagenzi be gusobanukirwa ubuhanzi icyo ari cyo &#8220;Umuhanzi wateye imbere ntapfobya abandi bahanzi, kandi kugera ku rwego ngezeho bisaba yansabye gukura neza no kwihangana.&#8221;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Itsinda GSK Yongereye ingufu mu gufasha abategura ibirori n'ibitaramo</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Itsinda-GSK-Yongereye-ingufu-mu-gufasha-abategura-ibirori-n-ibitaramo</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Itsinda-GSK-Yongereye-ingufu-mu-gufasha-abategura-ibirori-n-ibitaramo</guid>
		<dc:date>2013-09-30T06:44:14Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Nzeri, mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE), Itsinda Gospel Safety Keepers (GSK) rigizwe n'abasore n' inkumi risanzwe rizwi cyane mu gutanga serivise za Protocol n'umutekano mu bitaramo n' ibindi birori bya gikiristu yongereye ingufu muri serivise itanga ibinyujije mu mahugurwa y'abanyamuryango, kongera abakozi no kongera serivise itanga ku bagenerwa bikorwa bayo. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu mahugurwa yari yagenewe abanyamuryango basanzwe n'abashya ba GSK akaba yatanzwe (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Abantu-50-" rel="directory"&gt;Abantu&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Kuri uyu wa gatandatu tariki ya 27 Nzeri, mu ishuri rikuru nderabarezi rya Kigali (KIE), Itsinda Gospel Safety Keepers (GSK) rigizwe n'abasore n' inkumi risanzwe rizwi cyane mu gutanga serivise za Protocol n'umutekano mu bitaramo n' ibindi birori bya gikiristu yongereye ingufu muri serivise itanga ibinyujije mu mahugurwa y'abanyamuryango, kongera abakozi no kongera serivise itanga ku bagenerwa bikorwa bayo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu mahugurwa yari yagenewe abanyamuryango basanzwe n'abashya ba GSK akaba yatanzwe n'umuyobozi wa Premium Model Agency bwana Claude NDAYISHIMIYE aho yagarutse ku myitwarire iranga umunyamwuga muri Serivise, Protocol n' umutekano hamwe n'ibindi bikorwa bya GSK.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nk'uko tubikesha umuyobozi wa GSK, Jean D'Amour NTIRENGANYA ngo n'isaha yo gutanga serivisi zigendanye n'ibikenerwa ku isoko ry'ibitaramo n'ibirori by'umwihariko ibya gikiristu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;GSK kandi yazanye izindi serivise z'inyongera kandi z'ingirakamaro harimo n' izidasanzwe nko gutegura imbwirwaruhame (Speeches,Discours) mu ndimi enye harimo : Ikinyarwanda, Icyongereza, Igifaransa n' Igiswahili, harimo, gutegura ibitaramo n'ibirori bitandukanye (Events Management),Guhuza amagambo mu birori (MC), Amahamba.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;NTIRENGANYA Jean D' Amour yabidutangarije muri aya magambo &#8220;Turimo gushaka amahugurwa ngo dutyaze ubumenyi maze turuhure abantu mu mvune bagira mu birori byabo bitandukanye kandi n' IMANA izabidufashamo twerere benshi imbuto binyuze muri serivise dutanga&#8221;. yongeyeho kandi ko abantu bahabwaga imirimo mu birori bazajya bakurikirana ibirori neza batuje maze GSK ikababera yuzuza inshingano zose zisabwa mu birori bitandukanye, aha twavuga nka Inama mu Rwanda na mpuzamahanga, Ibitaramo, Ubukwe,n' ibindi bisaba serivise GSK itanga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Tubibutse ko itsinda rya GSK ari itsinda rya gikiristo riharanira kurinda ubusugire bw'ibyera, rikaba rifite ubunararibonye mu gutanga serivisi ya Protocol n'Umutekano. Aha twavuga nka Salax Awards 2010 &amp;2011, Ibirori byo kwerekana imizingo y'abahanzi nka Dominic Nic, Patrick Nyamitali, Blessed Sisters n' ibitaramo nka IKUZO Concert, All Gospel Artists,n'ibindi.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Nice: Urugendo rwo kwamagana inzara!</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Nice-Urugendo-rwo-kwamagana-inzara</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Nice-Urugendo-rwo-kwamagana-inzara</guid>
		<dc:date>2013-04-05T04:29:33Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Simeon Ngezahayo</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Kuwa 26 Gicurasi 2013, mu mujyi wa Nice hateganijwe urugendo rwo kwamagana inzara. Uru rugendo ruzatangirira ahitwa Garibaldi, ku muhanda wa 06300. Uru rugendo rwateguwe n'umuryango Action Contre la Faim, kandi buri wese ashobora gutanga inkunga guhera kuri &#8364;10 kuzamura, agahabwa inyemezabwishyu. &lt;br class='autobr' /&gt;
Uru rugendo ruzakorwa ku ntera ya kilometero 10 rwateguwe mu rweogo rwo gukangurira Abakristo bose kwita ku kibazo cy'inzara yugarije abatuye isi. Biteganyijwe ko abazitabira urwo rugendo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Itorero-" rel="directory"&gt;Itorero&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Kuwa 26 Gicurasi 2013, mu mujyi wa Nice hateganijwe urugendo rwo kwamagana inzara. Uru rugendo ruzatangirira ahitwa Garibaldi, ku muhanda wa 06300. Uru rugendo rwateguwe n'umuryango Action Contre la Faim, kandi buri wese ashobora gutanga inkunga guhera kuri &#8364;10 kuzamura, agahabwa inyemezabwishyu. &lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uru rugendo ruzakorwa ku ntera ya kilometero 10 rwateguwe mu rweogo rwo gukangurira Abakristo bose kwita ku kibazo cy'inzara yugarije abatuye isi. Biteganyijwe ko abazitabira urwo rugendo bazahaguruka saa yine za mu gitondo, bagaruke aho bahagurukiye saa sita. Umuryango Action Contre la Faim uzaba uri ku cyicaro cyawo, wakira inkunga kandi utanga n'andi makuru arebana n'urugendo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kwitabira uru rugendo bizaba ari ubuntu, ariko buri wese arasabwa gutumira incuti ze, itorero asengeramo, abo babana cyangwa se akabahagararira. Andi makuru wayasanga kuri facebook, ku ruguga rwitwa &#034;En Marche Contre la Faim&#034;. Ku bindi bisobanuro kandi wahamagara 0493974715, cyangwa ukohereza ubutumwa bwawe kuri gaby525@orange.fr.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Igikorwa cyo gushima Imana mu bikorwa 2012 cya Women Foundation Ministries/Noble Family Church cyagenze neza</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Igikorwa-cyo-gushima-Imana-mu-bikorwa-2012-cya-Women-Foundation-Ministries</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Igikorwa-cyo-gushima-Imana-mu-bikorwa-2012-cya-Women-Foundation-Ministries</guid>
		<dc:date>2012-12-05T10:01:56Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Patrick Kanyamibwa</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Umusi wo gushima Imana ari wo &#034;Thanksgiving Day&#034; utegurwa na Women Foundation Ministries/Noble Family Church biyoborwa na Apostle Alice Mignonne Umunezero Kabera, wabaye umusi udasanzwe. Gahunda yari iyobowe na Bishop Gasore Constantin kuva muri Restoration Church Rwamagana. &lt;br class='autobr' /&gt;
Kuri uyu wa gatandatu ushize itariki ya 01 Ukuboza 2012, nibwo abantu bagera ku gihumbi na magana tanu (1.500) bahuriye ku kibanza abanyamuryango ba Women Foundation Ministries/Noble Family Church batuye Imana. Icyo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Itorero-" rel="directory"&gt;Itorero&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Umusi wo gushima Imana ari wo &#034;Thanksgiving Day&#034; utegurwa na Women Foundation Ministries/Noble Family Church biyoborwa na Apostle Alice Mignonne Umunezero Kabera, wabaye umusi udasanzwe. Gahunda yari iyobowe na Bishop Gasore Constantin kuva muri Restoration Church Rwamagana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuri uyu wa gatandatu ushize itariki ya 01 Ukuboza 2012, nibwo abantu bagera ku gihumbi na magana tanu (1.500) bahuriye ku kibanza abanyamuryango ba Women Foundation Ministries/Noble Family Church batuye Imana. Icyo kibanza kiri muri Kagugu, intego yuyu mwaka ikaba yaragiraga ngo &#8220;Gushima Imana mu bikorwa 2012...Tubigire Umuco!(Thanksgiving in Action 2012...Make it a Culture!).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri abo batumirwa hari harimo abakozi b'Imana batandukanye nka Pasiteri Leo Rucibigango(Restoration Church), Pasiteri Winnie Muvunyi(Anglican Church/ Mothers Union), Pasiteri Rugamba Albert(Bethesida), Pasteri Bosco (Restoration Church Butare), Pasteri Kayitare JB, Jerusalem holy church, Bishop Rugagi Innocent; Pasitori James Gasana, Pasitori Gakwaya Apostle's church, Pasiteri Habyarimana Desire (Agakiza.org/ ADPR Kicukiro), n'abandi benshi....&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_707 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/70_rural_pastors_invited_to_receive_a_support_package.jpg' width='299' height='448' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Mu bakozi b'Imana b'abashyitsi baturutse hanze Pastor Gertrude Sekayi waturutse Uganda, na PAstor Rutayisire Esron watrutse i Burundi, Apostle Muliri Elisha waturutse muri Kenya.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kandi na none abatumirwa baje bahagarariye inzego za Leta, hari Uwuhagarariye Njyanama y'umujyi wa Kigali, MINALOC, Umunyamabanga Uhoraho wa MIGEPROF, District ya Gasabo, n'abandi...&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuri uwo munsi wo gushima Imana, Women Foundation Ministries/Noble Family Church yahaye impano aba pasiteri 70 bo mu byaro bavuye mu ma torero atandukanye yo mu burasirazuba no mu majyaruguru, arimo Restoration Church; Miracle center Apostle church, Faith Center, Awakening Church Life Messenger na ADEPR.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abo ba pasiteri 70 barishimiye cyane impano bahawe ya Bibiliya ifite ibisobanuro, izabafasha mu kazi kabo ko kwigisha abantu ijambo ry'Imana. Kandi bakaba barishimiye urukundo bahawe, no kuba baributswe kuri uwo musi udasanzwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu bindi bikorwa byabaye hatanzwe miliyoni imwe y'amanyarwanda (1 million RWF), umushitsi mukuru ari we Nyakubahwa minisitiri Protais Mitali yishimiye cyane icyo gikorwa cyo gushigikira gahunda za Leta.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_708 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/Hon-_Dr-_Gertrude_Rwakatare_from_Tanzania.jpg' width='299' height='448' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Ikindi gikorwa kidasanzwe cyabaye kuri uwo munsi, cyari igikorwa cyo kwimika umushumba wa Women Foundation Ministries/Noble Family Church, Apostle Alice Mignonne U.K. nk'Intumwa. Icyo gikorwa cyo kwimika cyarayobowe na Bishop Arthur Kitonga wo muri Kenya, afatanije na Hon. Dr. Gertrude Rwakatare wo muri Tanzania. Abo bakozi b'Imana bakaba barishimiye cyane iyimikwa y'umugore nk'Intumwa, bakaba baradutangarije ko ari we mugore wa mbere bimitse.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu bijyanye no kuramya no guhimbaza Imana, yabaye kuri uwo musi wa Thanksgiving wo kwa 1 Ukuboza 2012, abaramyi n'abahanzi batandukanye baritabiriye uwo musi mukuru, twavuga nka Theo Uwiringiyimana (Bose Babireba), Choral Hoziyana, n'abari bavuye hanze nka Apostle Elisha Muliri baturutse muri Kenya.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Korari Gatsata yateguye igiterane cy'iminsi 50 cyiswe&#8221; Fasha Gatagara''</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Korari-Gatsata-yateguye-igiterane-cy-iminsi-50-cyiswe-Fasha-Gatagara</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Korari-Gatsata-yateguye-igiterane-cy-iminsi-50-cyiswe-Fasha-Gatagara</guid>
		<dc:date>2012-12-04T13:23:59Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Korari Gatsata yo mu Itorero rya ADEPR Gatsata, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata, yateguye igiterane ngarukamwaka ku nshuro ya Gatatu ; igiterane cy'uyu mwaka kikaba cyariswe &#8220;Fasha Gatagara&#8221; mu rwego rwo gukusanya inkunga yo gufasha abafite ubumuga baba mu Kigo cya Gatagara. &lt;br class='autobr' /&gt;
Iki giterane cy'iminsi 50 kizagaragaramo ibikorwa by'ivugabutumwa, hamwe n'ubwitange bwo gufasha abatishoboye. &lt;br class='autobr' /&gt;
Igiterane cy'uyu mwaka gifite intego yo gufasha abana babana n'ubumuga baba mu Kigo cya (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Itorero-" rel="directory"&gt;Itorero&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Korari Gatsata yo mu Itorero rya ADEPR Gatsata, mu Karere ka Gasabo, Umurenge wa Gatsata, yateguye igiterane ngarukamwaka ku nshuro ya Gatatu ; igiterane cy'uyu mwaka kikaba cyariswe &#8220;Fasha Gatagara&#8221; mu rwego rwo gukusanya inkunga yo gufasha abafite ubumuga baba mu Kigo cya Gatagara.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki giterane cy'iminsi 50 kizagaragaramo ibikorwa by'ivugabutumwa, hamwe n'ubwitange bwo gufasha abatishoboye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igiterane cy'uyu mwaka gifite intego yo gufasha abana babana n'ubumuga baba mu Kigo cya Gatagara, kikaba cyaratangiye kuri iki cyumweru tariki ya kabiri Ukuboza 2012, kizarangire tariki ya 13 Mutarama 2013 kuri Petit Stade I Remera.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuyobozi wa Choral Gatsata Minani Desire, yabwiye IGIHE ko uyu mwaka bazafasha abana babana n'ubumuga baba mu kigo cya Gatagara, bakazabashyira sheke y'amafaranga azaba yavuye mu bwitange bw'abantu baziyumvamo gutera inkunga iki gikorwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Minani ati &#8221;dufasha abababaye tutarebye idini cyangwa akarere bakomokamo. Umwaka ushize twafashije abo mu karere ka Nyaruguru mu Ntara y'amajyepfo, umwaka wa 2010 ari na bwo iki gikorwa cyatangiye twari twafashije abo mu Karere ka Gasabo byose tubifashijwemo n'inzego z'ibanze hamwe n'itorero ryacu.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuyobozi wa ADEPER aho iyi korari ibarizwa Pasiteri Uwambaje Emmanuel, yatangarije IGIHE ko iki gikorwa atari icya ADEPER Gatsata gusa, kandi ko atari n'icy'idini ko ahubwo umuntu wese akwiye kukigira icye bagatera inkunga abana babana n'ubumuga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuyobozi w'ikigo cya Gatagara, Bukuru Damascene, yabwiye IGIHE ko bakimara kumenya ko Korari Gatsata ikora ibikorwa byo gufasha abatishoboye bayandikiye bayisaba ubufasha.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uwashaka gutera inkunga iki gikorwa yahamagara kuri Telefoni igendanwa 0788423486, cyangwa 0788767591 agahabwa ibindi bisobanuro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;source igihe.com&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>



</channel>

</rss>
