<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?><?xml-stylesheet title="XSL formatting" type="text/xsl" href="http://www.agakiza.rw/spip.php?page=backend.xslt" ?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Agakiza</title>
	<link>https://agakiza.rw/</link>
	<description>Mwene data Yesu ashimwe! Amahoro y' Imana abane nawe! Ikaze kuri uru rubuga rw' ivugabutumwa. Nkwifurije ko uru rubuga warubonaho ibyagufasha mu bibazo ufite, kandi ukahakura ubwenge bwo kubaha Imana, ugahishurirwa umurimo wa Kristo ku musaraba n'umugambi w'Imana ku buzima bwawe. Turagushimira inkunga yawe mu kuduha inama, mu kudusengera, no mu gutanga ubutunzi bwawe kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi.T ukwifurije umugisha, amahoro, n' ubuntu bw' Imana bibane nawe,</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="http://www.agakiza.rw/spip.php?id_rubrique=36&amp;page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />




<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: Kwakira Kristo n' igishoro cy' Ubuzima Pastor Munezero</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Kwakira-Kristo-n-igishoro-cy-Ubuzima-Pastor-Munezero</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Kwakira-Kristo-n-igishoro-cy-Ubuzima-Pastor-Munezero</guid>
		<dc:date>2016-07-20T04:33:29Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;&#8230;Dufite icyo tubwira abanyarwanda n'isi yose. Imana yampaye buruse yo kwiga mu Bwongereza ntarize kuko igihe cyo kwiga amashuli yisumbuye nagikozemo ububoyi I Rukara na Gahini imyaka 6 ariko amashuli narimfite si makeya kuko ufashe imyaka 6 nize mu mashuli abanza ukongeraho indi myaka 6 y'ububoyi na yo yari amashuli.Imana ni umuhanga nabanje kwiga muri Uganda nongera niga I Nairobi muri Kenya imyaka 4 ubwo ni bwo narindangije amashuli yisumbuye mbona kujya kwiga mu Bwongereza. &lt;br class='autobr' /&gt;
Imana yaje (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ubuhamya-" rel="directory"&gt;Ubuhamya&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&#8230;Dufite icyo tubwira abanyarwanda n'isi yose. Imana yampaye buruse yo kwiga mu Bwongereza ntarize kuko igihe cyo kwiga amashuli yisumbuye nagikozemo ububoyi I Rukara na Gahini imyaka 6 ariko amashuli narimfite si makeya kuko ufashe imyaka 6 nize mu mashuli abanza ukongeraho indi myaka 6 y'ububoyi na yo yari amashuli.Imana ni umuhanga nabanje kwiga muri Uganda nongera niga I Nairobi muri Kenya imyaka 4 ubwo ni bwo narindangije amashuli yisumbuye mbona kujya kwiga mu Bwongereza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana yaje gukora ibitangaza ingirira neza akaba ari na yo mpamvu mbwira Abanyarwanda bose ko Imana ikora kuko uko yari cyera nuyu munsi ni ko iri.Kubona passport injyana mu mahanga yose ntabwo byari byoroshye ndetse na Visa ariko Imana yarabimpaye.Muri passport yanjye harimo Visa ihenze yo mu Bwongereza, nk'umuntu nkanjye wari umuboyi utarize uturuka mu muryango ukennye ntibyari byoroshye ariko Imana yarabikoze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nize mu Bwongereza imyaka 3 mvanayo Bachelor Degree muri management ngiye gutaha nsigaje iminsi 3 ngo nsubire mu Rwanda inama iraterana kuko nari umuhanga bamfumbatiza ibaruwa irimo amapawundi avunje mu manyarwanda miliyoni 8,nari narahize umuhigo ko nimva mu Bwongereza nkagera I Wacu mu Rwanda nzakoresha umunsi mukuru wo gushima Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nageze mu Rwanda nkoresha umunsi mukuru wo gushima Imana I Wacu kuri ADEPR Gihuta abantu 1200 bararya baranywa bampa n'inka 5 hanyuma ntumira no kwa Databukwe n'abantu b'I Rukara aho nakoraga ububoyi imyaka 6.Bamperukaga mpinga imisiri nambara ibikabutura bicitse n'imyate yaranyishe babona nkubutse mu Bwongereza mvuga icyongereza ndi umurisansiye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abanyarwanda baciye umugani ngo &#8220;Iyo ukize baraza.&#8221;Ubu kwa Databukwe,ndi umukwe wemewe n'amategeko.Ndagirango mbwire abantu bafite amasezerano nti &#8220;Nimuhumure Imana irasezeranya igasohoza.&#8221;Ubu ndakora mu itorero rya ADEPR mu Rurembo rw'Iburasirazuba muri Paroisse ya Gorora Imana yari yarambwiye ngo izangirira neza, irambwira ngo nzakora muri Africa y'Iburasirazuba n'iyo Hagati ubu ngiye kuba umuhuzabikorwa w'umushinga w'Abongereza ufite ikicaro Arusha muri Tanzania kandi mfite indi Buruse yo kwiga Masters muri Sylovaki muri 2017 cyangwa 2018.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndimo ndandika agatabo kavuga ngo &#8220;Iyo umuntu avuye mu byaha akakira Kristo ni igishoro cy'ubuzima.&#8221;Ndateganya no kwandika akandi gatabo kavuga ngo &#8220;Kwakira agakiza ukava mu byaha uba ucakiye amahirwe ya kabiri.&#8221;Iyo umuntu akijijwe akava mu byaha Imana imukuraho za karande.Ni iki cyatumaga ntsinda bakangura? ni za karande zo mu gisekuruza.Abantu nibegere Imana ibagirire neza.Gukizwa ni uguhinduka mu myumvire no mu miterere, ubu uwari umuboyi aravuga icyongereza,ubu ngeze ku rwego rwo kuvuga indimi 9 zinyuranye nkaba mfite intego yo kuzagira imyaka 75 mvuga indimi 125, nzaba maze kugenda ku migabane yose yo ku isi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndashima Imana yampaye abahungu 5 b'abahanga.Uw'Imfura yitwa Munezero Obed arangije i Butare ari mu bantu babonye Diplome za mbere muri iki gihugu,uwa 2 yitwa Munezero God yiga College Ririma, uwa 3 yitwa Munezero Denis yiga P6,uwa 4 yitwa Munezero Yefuta uwa 5 yitwa Munezero Danny hanyuma Bibiliya iravuga ngo muzabyare abahungu n'abakobwa nasabye Imana n'umwana w'umukobwa wenda ngo nzagire umukwe w'umuzungu none Imana yaramunyemereye nzamwita Munezero Rebecca.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana yari yaransezeranyije kuzankoresha ibitangaza muri iki gihugu,ubu aho ngiye hose Imana inkoresha ibitangaza. Ndangije mbwira abumva ubu buhamya ko uko Imana yari kera n'uyu munsi ni ko iri, irafasha imfubyi n'abapfakazi,abashomeri irabaha akazi, abakene irabakenura,ingumba zirabyara,abagumiwe barashaka.Ndangije nanone mbaragiza iri jambo( Yoh 11:32-44).&lt;br class='autobr' /&gt; Imana ibahe umugisha.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Pastor Munezero&lt;/strong&gt;&lt;br class='autobr' /&gt;
Ubundi buhamya bwa Pst Munezero&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4200&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4200&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: Uko nabonye umufasha turi kumwe ubu (mama Sheja): Mupenzi Mitali Eugene ( Igice cya 3)</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-nabonye-umufasha-turi-kumwe-ubu-mama-Sheja-Mupenzi-Mitali-Eugene</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-nabonye-umufasha-turi-kumwe-ubu-mama-Sheja-Mupenzi-Mitali-Eugene</guid>
		<dc:date>2016-07-14T01:33:47Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Umufasha wanjye (Mama Sheja) twari dusanzwe tuziranye ariko ntabwo twavugaga ibyo ubucuti numvaga ari nkamushiki wanjye twahuriye muri famille ahantu kandi nawe yarazi ko mfite inshuti binapfuye yarabimenye. Ariko nkumva ibyo gukundana nawe numvaga nta bindimo. Naranamutinyaga pe! Yewe hari n'umuhanuzi wambwiye ibyanjye nawe ndabipinga cyane. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ngitangira gukundana n'umukobwa wa mbere nibwo abo bahanuzi bantangiye. Nyuma yaho nagerageje gukunda n&#702;abandi ariko biranga. Byageze igihe numva (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitangaza-" rel="directory"&gt;Ibitangaza&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Umufasha wanjye (Mama Sheja) twari dusanzwe tuziranye ariko ntabwo twavugaga ibyo ubucuti numvaga ari nkamushiki wanjye twahuriye muri famille ahantu kandi nawe yarazi ko mfite inshuti binapfuye yarabimenye. Ariko nkumva ibyo gukundana nawe numvaga nta bindimo. Naranamutinyaga pe! Yewe hari n'umuhanuzi wambwiye ibyanjye nawe ndabipinga cyane.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ngitangira gukundana n'umukobwa wa mbere nibwo abo bahanuzi bantangiye. Nyuma yaho nagerageje gukunda n&#702;abandi ariko biranga. Byageze igihe numva mfashe umwanzuro wo kwihorera abakobwa bose. Mara iminsi ncecetse gusa. Ariko bigezeho numva ndashaka kuva mubahungu kuko ntamuntu nari mfite nsiga inyuma.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Murabyumva namwe. Kandi amafaranga wenda atari menshi nari nyafite kuko numvaga nakora ubukwe igihe cyose mbishakiye. Imana ni hatari hari igihe iguha kimwe igatwara ikindi. Ariko byagenze igihe numva kuba ingaragu (celibataire) ndabihaze peee! Noneho ndasenga ureke byabindi byo kwiyemera ngo abakobwa bariho. Narasenze mbwira Imana ko naniwe kandi ko nshaka ko inshyigikira muri gahunda ndimo! Umukobwa wanyuma nafatiyeho icyemezo nari mfite 6,000,000Rwf. Aya mafaranga ampfira ubusa mu bintu ntazi. Icyakora icyo nibuka nuko muri ayo mafaranga naguzemo ikibanza i Bugesera, umuntu tukiguze musigaramo andi make dusezerana umunsi wo kuza kuyatwara. Wa munsi ugeze araza duhurira aho bategera imodoka hafi y'aho nakoreraga, arambaza ati ese nan'ubu nta mukobwa urongera kubona? Ndamubwira nti nabivuyemo, keretse mwebwe abagabo nimundambagiriza. Arambaza ngo nkurangire? Nti yego.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Arambwira ati hari umukobwa nzi, ni umuyobozi wa korali yaho nkuru yitwa Jacky ati ariko nkurikije uko nkuzi n'uko nawe muzi ndabona mwazahuza, mukubaka urugo rwiza rwubaha Imana. Nti ese ufite numero ye? Ati ndayifite! Arayimpa mbona ni wa Jacky twigeze guhurira muri famille ahantu. Ariko sinamwereka ko nari nsanzwe nziranye na Jacky.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uwo mugabo twaguze ikibanza nahise muha amafaranga nari musigayemo aragenda. Ndagenda njya ku izamu kuko najyaga gukora ku bitaro muri weekend. Ngeze mu marembo y'ibitaro mpita mpura n'undi muntu twabanye kera ku bitaro igihe nari ndwariyemo, ambonye ngenda n&#702;amaguru arumirwa, ahita ahagarara kuko yamperuka bansunika mu kagare. Turaganira agiye kugenda arambaza ati ariko nturashaka? Nti oya! Nti ariko uzabe unandebera uwazambera umugeni kuko kwirambagiriza byarananiye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yari umuyobozi mu itorero, arambwira ngo nzajye kumusura nti nzaza. Arambwira ati ariko i Kigali niho hari abageni. Nti ngaho ndangira, kuko njyewe abakobwa twarashwanye nabivuyemo. Arambwira ati hari korali iherutse kuza kuvuga ubutumwa iwacu ku rusengero. Arambwira ati harimo umukobwa ari nawe muyobozi wayo yaranshimishije pe! Ati ni umurokore azi ubwenge busanzwe kandi yubaha Imana. Ati niba bataramutwara simbizi ati ariko uramutse ugize amahirwe yo kumubona akazakubera umufasha waba usubijwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nti uwo niwe nshaka. Nkimara kuvugana n'uwo, mbona undi mugabo w'iwacu mu gace mvikamo, yari yazanye umugore kubyara. Uwo mugabo nawe arambwira ati ariko iwacu aho nsengera dufite umukobwa w'umudiakoni, njye niwe muntu nakurangira rwose. Ati abandi ntakigenda cyabo nta gakiza kabarimo. Nkomeje nganira n'uwo, nawe arambaza ati ariko nan'ubu pe, ibyo kuduha fanta warabiretse. Ubwo nawe mpita mwaka numero z'uwo mukobwa yambwiraga. Amazina y'uwo mukobwa arayayoberwa ati nanditseho Presidente kuri numero ye, arayimpa nyishyizemo mbona ni iya wa Jacky. Numva mpise ngira ubwoba cyane, kuko nari maze kumubwirwa n'abantu 3 batandukanye kandi bataziranye. Numva ndumiwe ariko muhisha ko muzi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; &lt;strong&gt;Aragenda nanjye nsubira ku bitaro ku kazi kuko nari naraye izamu. Murumva ko mu mugoroba umwe abantu batatu bataziranye banyibasiye bambwira umugeni umwe. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ibyo nabyo murumva ko nabyo ubwabyo byari igitangaza! Bwarakeye mva ku izamu ndataha njya aho nabaga. Ku cyumweru nagiye guteranira ku rusengero rw'aho yasengeraga, mbwira Imana nti Mana ndashaka ko mubona tukavugana nibura 1 imwe ku rusengero kandi yizane ntamuhamagaye. Nagezeyo iteraniro ryatangiye nsanga Jacky ari hanze ari kumwe n'undi mudiyakoni barimo kuvugana kuri gahunda yo kwakira abashyitsi. Ahita aza kundamutsa anyishimiye arambwira ngo karibu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndikiriza! Tuvuganaho gato ahita agenda asubira mubyo bari barimo. Ngiye gutaha mbona aje kunsezeraho nuko ndagenda. Nijoro nararyamye mbura ibitotsi kubera impamvu ntazi. Ndabyuka saa munani z'ijoro njya gusenga ariko numva sicyo kibazo nkomeza guhagarika umutima. Mu rukerera ndabyuka njya gusenga mbwira Imana ko numva nshaka ko inshyigikira kuko kuba jyenyine byananiye kandi ko nshaka umufasha wo kumfasha mu buzima nsigaje ku isi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mbwira Yesu ko Jacky mutinya kubera amahame agira, ko ariko ngiye kumusaba gahunda ngo tuganire bitarenze uwo munsi. Kandi mbwira Yesu ko ngiye kumusaba urukundo kandi ko nshaka ikimenyetso ko ariwe uzaba umufasha wanjye. Icya mbere numvaga nifuza ko Jacky azambera umufasha. Mbwira Yesu nti ndifuza ko abyemera cyangwa akampakanira. Sinshaka ibintu byo kugenda ngo nzagaruke. Abinyemerere cyangwa abyange ariko nambwira ngo ningende azansubiza ndahita menya ko atari we. Kandi sinzongera kumuvugisha ukundi kuri iyi ngingo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kanya saa kumi n'ibyiri n'igice ziba zirageze ndamuhamagara. Yaranyitabye ndamubwira nti ese tanti ko ngushaka! Nari tonton nawe ari tantine kubera abana bo muri ya famille twahuriragamo uko batwitaga niko natwe twitanaga. Ndamumubaza nti ese nzakubona gute? Nti mpa gahunda uboneka gute? Ati mboneka nyuma y'akazi ariko uyu munsi ntabwo mboneka mfite inama ya korali, ati ariko saa sita ngira akaruhuko k'isaha imwe ku kazi waza ntakibazo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ndamubwira ngo ndaza saa sita! Ati ntakibazo. Twamaze kuvuga na gutyo mpita nsinzira ibitotsi byinshi cyane. Ku buryo ntananyweye icyayi ndaryama kugeza saa tanu z'amanywa nkangukira hejuru ngira ngo isaha twahanye nayishe. Nditegura ndagenda, ngeze hafi y'aho yakoreraga kuko ntari mpazi neza, yaranyoboye. Musanga ku kazi ndamubwira nti ndashaka ko tujya ahantu nkakubwira icyo ngushakira, ati ndabyemeye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Turagenda tujya ahantu muri cafe resto turicara ndamubwira nti rero nagira ngo ngusabe ibintu bibiri ; uranyemerera mbikubwire? Ati yego. Naramubwiye nti icya mbere ndifuza ko unyemerera tugasangira. Icya kabiri naramubwiye nti nyuma yo gusangira urampa nibura iminota 30 tuganire. Arambwira ati ntakibazo, turagenda turiyarurira, turafungura. Turangije, ndamubwira nti uyu munsi naraye nabi ku buryo ntigeze no gutora agatotsi byambereye ikibazo. Naraye ntasinziriye! Rero naje kugenzura nsanga impamvu yabiteye ari uko ngukunda kandi nkaba ntarabikubwiye ngo menye icyo ubitekerezaho, akaba aribyo bintu biri kumbuza amahoro cyane kandi ntabwo nifuzaga ko twakundana mu kigare. Nti ndifuza ko wazambera umufasha none mbwira niba ubona ntacyo bigutwaye. Umbwire ko ubyemeye cyangwa ko utabyemeye wenda ufite undi. Cyangwa se ko wumva twaba inshuti zisanzwe ibyo kubana nk'umugore n'umugabo bitarimo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndamubwira nti igisubizo umpa kiranyura. Ibyo kumbwira ko tugiye kubisengera byo simbishaka. Arandeba mbona azenze amarira mu maso arambwira ati erega sinagushakira ikintu kibi. Kuko ikintu cyakubuza amahoro sinakikwifuriza genda usinzire, niba utari ukibasha kurya urye ibyo ushaka byose ndabyemeye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ndahaguruka ndamuhobera ndamubwira nti Yesu aguhe umugisha. Hari ku itariki 10/8/2009, dutangira umushinga w'ubukwe kugeza dukoze ubukwe le21/8/2010. Ubu turaho turashima Yesu watwubakiye urugo rwiza, ubu tumaze kubyara abana 3 b'abakobwa kandi ibintu byose turabifatanya nk'abagenzi bajya mu ijuru. Twarubatse dufite inzu Imana yaduhaye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gusa icyo nabwira urubyiruko nuko mugomba kugira Yesu inshuti yanyu, mukisanzura kuri Yesu nk'uko umuririmbyi w'indirimbo ya 60 mu gushimisha wavuze ngo &#8220;Bwira Yesu byose, ni inshuti yawe!&#8221; Pawulo nawe ati: &#8220;Dushobozwa byose na Kristo uduha imbaraga!&#8221; (Abafilipi 4.13).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mupenzi Mitali Eugene&lt;/strong&gt;&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;strong&gt;Niba utarabashije gusoma igice cya 1 kanda hano kugirango ugisome:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4195&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4195&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Igice cya 2:&lt;/strong&gt;&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4207&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4207&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: Urugendo rwanjye mu kurambagiza ( Igice cya 2) MUPENZI MITALI Eugene</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Urugendo-rwanjye-mu-kurambagiza-Igice-cya-2-MUPENZI-MITALI-Eugene</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Urugendo-rwanjye-mu-kurambagiza-Igice-cya-2-MUPENZI-MITALI-Eugene</guid>
		<dc:date>2016-07-05T04:41:32Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>inyandikoZirambuye</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ndi muri secondaire niho natangiye ibintu byo gukunda. Umukobwa yigaga mu mwaka wa 2 muri kaminuza, njyewe niga muri 6e secondaire natangiye numva bitaranzamo. Ariko birangira binjemo ndamukunda. Nubwo nari ninjiye mu rukundo numvaga kubwira Imana gahunda zanjye atari ngombwa cyane. Umutima warambeshye Ndemera! &lt;br class='autobr' /&gt;
Naribwiye nti uyumukobwa ni mwiza kandi yujuje ibintu byose nkunda. Ndamutse ngiye gusaba Imana byaba ari ubujajwa. Kuko numvaga nta bindi bintu nkeneye kumumenyaho kuko nigaga (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitangaza-" rel="directory"&gt;Ibitangaza&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-inyandikoZirambuye-+" rel="tag"&gt;inyandikoZirambuye&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Ndi muri secondaire niho natangiye ibintu byo gukunda. Umukobwa yigaga mu mwaka wa 2 muri kaminuza, njyewe niga muri 6e secondaire natangiye numva bitaranzamo. Ariko birangira binjemo ndamukunda. Nubwo nari ninjiye mu rukundo numvaga kubwira Imana gahunda zanjye atari ngombwa cyane. Umutima warambeshye Ndemera!&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Naribwiye nti uyumukobwa ni mwiza kandi yujuje ibintu byose nkunda. Ndamutse ngiye gusaba Imana byaba ari ubujajwa. Kuko numvaga nta bindi bintu nkeneye kumumenyaho kuko nigaga secondaire ndi president wa RAJEPRA nawe ari Presidente wa chorale yabo muri kaminuza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Yateraga amakorasi nkavuga nti umva ko bavuga uyu mukobwa arahogoza pe.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Byongeye kandi yari umunyangeso nziza ku buryo nabonaga abereye kuzaba nyina w'abana banjye. Yari mwiza ku buryo njyewe nibwiraga ko ambeshya ko ankunda. Nyuma yo kubigenzura neza naje gusanga ankunda bihagije. Nanjye si ukumukunda nivayo. Twarakundanye karahava. Burya umuntu wese agira ibimwerekanaho umwuka w'Imana. Buri gihe Imana yajyaga insanga mu nzozi. Ibintu byose bizambaho nkabimenya binyuze mu nzozi. Ku buryo n'iteraniro nzajyamo; naribonaga mu nzozi mbere yuko njya kubwiriza. N'ibyo nzabwiriza nabimenyaga gutyo napfaga kuba ndi mu bihe byiza ubundi bikizana. Nubwo byari bimeze gutyo, sinigeze ngira icyo menya kuri uyu mupfasoni wari warantwaye uruhu n&#702;uruhande. Uretse ko nta n'icyo nari narigeze mbwira/mbaza Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nabonaga ibyo nifuzaga ku muntu numvaga yazaba umufasha wanjye byose abifite&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; &lt;i&gt;Twarakomeje kugeza igihe twatangiye gutegura gahunda z'ubukwe.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igihe kimwe ndangije ikizami cy'ubuvuzi bw'abana (Pediatrie) ndabyibuka ndimo gutembera mu mujyi mba mbonye isakoshi y'abadamu mu iduka rya T2000. Mbajije amafaranga bati kuri 60,000Frw turagusubiza kibiri. Murabyumva namwe ko iyo sakoshi yari hatari. Kandi ubwo nari mfite 20,000Frw gusa. Mpamagara umuhungu w'inshuti yanjye wari umuvunjayi mu mujyi (Nyarugenge) anzanira ayaburaga ndayigura. Ubwo narayiguze nyijyana aho nabaga mu cyumba muri kaminuza. Twari dufitanye gahunda n'uwo fianc&#233; wanye ko nzajya kumusura kuwa 6 w'icyo cyumweru; ubwo icyo gihe hari kuwa gatatu. Uti byagenze gute rero?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nijoro narasinziriye ndota njya kumusura mpura n&#702;umugabo arambaza ngo ngiye he?&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndamubwira ngonti ngiye gusura umukobwa w&#702;inshuti yanjye. Arambaza ati ese uramukunda? Ndamubaza nti mu nshuti zanjye ni wowe utabizi? Arambwira ati ese ko utashatse kubimbwira nari kubimenya gute? Ndamubwira nti nasanze yujuje ibintu byose nkunda, numva nta mpamvu yo kubikubwira kuko yarankunze nanjye ndamukunda. Yari umuganga mu bitaro ndetse abantu b&#702;inshuti zanjye bari bamuzi kuko yazaga kunsura aho nigaga. Uwo mugabo twahuriye ku muhanda najyaga nkunda kunyuramo mvuye kuri pharmasi yanjye. Arampagarika. Ibyo byose yabimbazaga duhagaze. Yarambwiye ngo ninze ajye kunyereka uwo mukobwa twakundanaga, turagenda dukomeza uwo muhanda. Twarakomeje tunyura ahantu ku rusengero arambwira ngo arimo hariya! Ndamubwira nti tujyane kumureba kuko ni wowe unzanye kumureba. Akuraho irido ku idirishya arambwira ati nguriya ku ntebe ya gatatu. Ndamureba mbona undi yambaye ikabutura kandi afite imisatsi itari naturel kandi yanasinze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; &lt;strong&gt;Arambaza ati wamubonye? Ndamubwira nti yego uriya namubonye, ariko uwo dukundana si uriya kuko undi arakijijwe ntanywa inzoga ni umurokore.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Arambwira ngo ibintu byera byose si amata. Sinzi akantu yakoze uwo twari kumwe mu nzozi yakoze, maze uwo umukobwa areba aho twari turi. Mpita mbona ariwe koko. Ndumirwa! Aransezera arigendera, ntibyatinze nahise nkanguka numva biranyobeye pe. Nakwibuka igihe cyose maze nkundana n'uwo mukobwa, nkumva ndababaye cyane. Bwarinze bucya ntongeye gukora agatotsi. Igihe cyarageze njyana ya sakoshi namuguriye njya kumusura. Mpageze yasenze apfukamye ndabyibuka, mpita mureba. Maze numva agahinda karanyishe ariko ndihangana. Byageze aho ambaza ikintu nabaye kuko yabona nta byishimo mfite nk'ibisanzwe. Ndamubwira nti ni stress y'amasomo. Arategura tujya kumeza. Uko twagendaga tuganira niko nagendaga numva umubabaro ushira buke buke kugeza ubwo twatandukanye umutima umbwira ko ibyo nari narose ari inzozi zisanzwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko nsenga Imana ndayibwira nti umva rero Mana sinifuza kuzagira urugo rubi. Ariko ibintu mbona binyereka ko buriya umucherie wanjye afite ikibazo none byarananiye kumureka ndagusaba ko umfasha kugira ngo niba ubona azangwa nabi uzadutandukanye ntabigizemo uruhare. Narabyanditse nandikira Yesu ndabimubwira, nsaba n&#702;ibindi bimenyetso, maze Imana iranyihorera.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mara ameze 6 narabuze igisubizo, nibwo nigiriye inama yo gusubukura iby'ubukwe.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Mbwira cherie nti rero numva naza tukavugana ku bintu by'ubukwe bwacu, ese urabitekerezaho iki. Nababwiye ibintu byambuzaga kwiriwa musengera musaba Imana nababwiye icya mbere ko nabonaga yujuje ibyo nshaka. Icya kabiri nanjye numva ku bijyanye n'amafaranga ntakibazo, mpagaze neza ku mufuka. Umugenie arahari n'amafaranga arahari. Muby&#702;ukuri numvaga nta mpamvu pe! Kandi sinishushanya kubera ko abenshi mutanzi ariko numvaga nta kibazo mfite ku bijyanye n'amikoro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nuko yaje kunsubiza ko nkwiye gukora gahunda y'agateganyo y'ibyo nifuza byose. Nkurikije uko numva ubukwe bwacu bwazagenda. Mfata agenda ndabikora mvuye kwigisha abanyamubatizo mpita njya mu gitanda ndiryamira ntegereza kuzajya kureba umufiance wanjye ngo tubivugane. Ubundi ubukwe butahe nta kundi. Nkishyira umusaya hasi wa mugabo aragaruka mu nzozi, ariko noneho yari arakaye cyaneee arambwira ngo nasize nkubwiye ngo iki? Ndamubwira nti warambwiye ngo ibyera byose si amata. Ati Hanyuma? Nti byarananiye ndacyamukunda cyane! Burya koko amatwi arimo urupfu ntiyumva. Yarongeye agarura ya filme yose ya cya gihe arambwira ati: &#171;Nubura ubwenge nzakureka ati kandi nsinzagaruka no kugusura habe no mu nzozi!&#187; Arigendera.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ndakanguka numva ndababaye cyaneeeeeee! Ndasenga mbwira Imana ngo imbabarire uburangare.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko nagira ngo mbabwire ko burya gukunda bitoroshye nabusa. Naramuhamagaye mubwira amayerekwa yose namugizeho. Ararira arasenga ariko arambwira ati nta mugambi mfite wo gusubira mu byaha. Ariko arambwira ati reka dusenge tubaze Imana icyo twakora. Ndemera dufata amasengesho y'iminsi 3 twiyiriza ubusa turasenga twihaye intego ivuga ngo Imana igire icyo itubwira tuve mu gihirahiro. Ariko nta kintu Imana yatubwiye. Uretse ko ibyo yari yaravuze mbere byari bisobanutse.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nabonye ntacyo itubwiye nyuma ya y'ibyumweru 2 turakomeza gahunda zacu zo kwitegura ubukwe. Nyuma gato nongeye kugira iyerekwa mbona turi kumwe twagiye ku Kibuye ku mazi. Nari naramubwiye ko ijosi ryanjye rimeze nk'imisatsi ya Samusoni. Ndamubwira nti umunsi warikozeho ikizavamo uzagifatisha amaboko abiri.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ubwo twagiye mu mazi ari njyewe utwaye ubwato tugeze imbere amfata ku ikosi ndamwiyama arabireka. Twagiye imbere arongera noneho ashaka kunsoma kandi ntwaye ubwato. Turarwana ingashya irancika abonye tugiye kurohama arandekura. Natangiye kurwana n'amazi nyadahisha intoki kuko harimo umuraba mwinshi cyane kandi ntafite icyo ndahisha, aranyinginga ngo mubabarire. Mbona birakomeye tugiye kurengerwa ndasenga mbwira Yesu. Nti mwami Yesu urandetse peeeeee! Urandetse ngo mpfe ngwe ahantu batazabona n'umurambo wanjye kandi naragukoreye kuva ndi umwana! Maze Yesu yo kabyara arantabara mbona ngeze ku nkombe amahoro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ntibyatinze arampamagara ati ngwino nkubwire ndarwaye. Nditegura mpita ngenda. Nsanga ari mu cyumba yararwaye ndamubaza nti ese ntiwagera muri saloon aho kunsubiza atangira kurira nk'umwana w'uruhinja! Nicaye nkibyibazaho haza umudamu bakoranaga banaririmbana, arambaza ati ese wavuye kumusuhuza ko wiyicariye hano? Ndamubwira nti nagutegereje ngo twinjirane. Ariko naramubeshyaga sinari nzi ko ari buze aho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Turinjira dukuramo inkweto izanjye nzishyira imbere y'urugi nicara kumpera y'igitanda uwo mumama yicara ku ntebe yari iri aho imbere y&#702;igitanda, ariko yari yatetse neza cyane. Turarya turanywa igihe cyo gutaha kigeze kuko nagombaga kubanza kujya aho nacururizaga, uwo mudamu yarahagurutse ngo agende mpita mubwira ngo abe uretse nsenge, ndaje mu kanya tujyane. Uwo mufiance wanjye arambaza ati se nawe uragiye? Nti yego! Ati ubwo se tuvuganye iki? Arambwira ati mugeze ku irembo ubanguke. Ndagenda, ngarutse nsanga arimo ararira amashuka yayujuje amarira. Ndamubaza nti ese bite kuri kurira cherie. Arambwira ngo baramubwiye ngo abajepe ntibakunda kubera inshinge babatera ngo none yarabyiboneye. Ndamubwira nti Cherie ko ngukunda niki gituma uvuga gutyo? Ararira mbona arahogoye pe. Aboroga cyane. Ndamuhoza gake gake. Ndamwegura ndamwiyegamiza ntangira kumuririmbira indirimbo nahimbiye aho. Ivuga ngo mwari mwiza mumararungu&#8230; Ngabire nagabiwe na Rugira&#8230; Nzaguhoza sinzaguhogoza, ntukababare simbishaka&#8230;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Noneho arabyuka buhoro buhoro ajya ku ishati afungura ibipesi byose kandi numvaga ari byiza nanjye ndimo ndirimba. Kugeza ubwo yatangiye kundigata ku ijosi numva no mu gituza hose numva ubwenge buratakaye neza neza. Kubw'amahirwe nabashije gusohoka niruka ngera ku irembo&#8230; Njya Ku irembo mfite ubwoba bwinshi cyaneeee. Abantu bakanyuraho ariko numvaga nawe nitayeho ahubwo nibaza ibyari bimbayeho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ubwenge buza kugaruka nsanga nambaye ibirenge gusa. Nsubira mu nzu muri saloon arampamagara ngo ninze ntore inkweto ndanga, aranyinginga ndamunanira. Nari nahahamutse cyane; uburyo nari ngiye kugwa mu cyaha ntabiteganyaga. Anzanira inkweto, arangije akubita igitwenge. Nti ese usetse iki? Arambwira ngo nagirango ndebe uko ubyifatamo, nagukinishaga. Nti nuko urambonye. Ndasohoka ndataha! Narasohotse ndagenda ashaka kumperekeza, murusha intambwe ndigendera. Sinamusezeye ndinda ngera kure y'aho twari turi. Ngeze aho nabaga, narapfukamye nshima Imana kuko intabaye ikankiza amenyo y'urupfu. Numva ntibihagije mpamagara umuyobozi w'umudugudu, ndamubwira nti ndagushaka uri hehe? Ambwira ko ari mu rugo njyayo tujya ahantu mubwira ibyambayeho, ndamwaturira, turasenga numva ndaruhutse.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kandi ubwo wa mukobwa ntimugire ngo twahise dutandukana. Arambwira ati mbabarira kuko byose nabikoresheshwe n'urukundo rwinshi nagukunze, ndamuhakanira. Ahubwo hashize iminsi 3 yarampamagaye nditaba arambwira ati mpa amahirwe rimwe gusa tuvugane nkureba, nabwo ndanga. Hashize icyumweru arongera ansaba ko tuvugana. Ati mbabarira n'Imana imbabarire ati kandi narihannye, sinzongera kukuderanja. Numva ntibiza rwose na gato. Arapfukama hasi arambaza ati wigeze unkunda? Ndamubwira nti naragukunze cyane. Arambaza ati ugiye kwiyuhagira urutoki rwawe rukagukora mujisho waruca?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndamubwira nti Oya! Ati ntiwahita urubabarira rutagusabye imbabazi. Ati niba warigeze unkunda birakunaniye kumpa imbabazi ko ari ubwambere nzigusabye?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Burya icyo ukunda kizakwica.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muzi ko namubabariye nkavaho twumvikanye ko tugiye gukomeza kuba inshuti. Naramukundaga kumubabaza sinari kubishobora. Nagiye gusenga mu buvumo bw'ahantu hamwe ngezeyo ndasenga ngiye gutaha mu gitondo haza umuntu arambwira ati umva rero wa muhungu mwiza we. Ibintu byo gushaka uriya mukobwa nushaka ubireke nta Mwuka w'Imana ubirimo! Ati kuko uzicuza ubuzima bwawe bwose n'ijuru uhora uririmba ntuzarijyamo. Ndamubwira nti ese ko mukunda wansabiye Imana ikamunkuramo kandi neza nta ntambara binteye. Aransengera arambwira ngo Imana iradutandukanyije. Namaze amezi 2 ahubwo naramukunze cyaneeeeeee! Namubona nkumva namuririmbira. Noneho nanjye biranyobera pe!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Reka rero nzafate gahunda njya kumusura hari kuwa 6 mu gitondo avuye ku izamu. Ndagenda ngeze iwe aranyakira turaganira turasenga musezeraho njya ku iduka ryanjye aho nari mfite ubucuruzi. Noneho mu gutaha numvise nongeye kumukumbura kuburyo numvaga ntari butahe ntongeye kumubona. Nabwiye umushoferi nti hagarara mvemo, barahagarara mvamo, njyaho yari atuye ngeze mu marembo ndamuhamagara. Naramuhamagaye ndamubaza nti ese cherie uri mu rugo? Arambwira ngo yego. Nti sha ndagukumbuye cyane ku buryo numvise kugenda binaniye pe!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;None ndaje tuganire gato mbone ngende. Arambwira ngo sorry! Bahise bampamagara ku bitaro niho ndi ihangane. Ariko abimbwira ubwo namaze kugera mu mbuga yaho yabaga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndinjira mbona urugi rwo kuri saloon rwegetseho ndinjira ndongera ndamuhamagara nicaye muri saloon numva telephone irasonnye mu cyumba. Mpengereje munsi y'urugi mbona inkweto za congo z'umugabo/umusore. Ubwo telephone arayikupa. Umugabo ati yizimye nonaha! Undi reka twumve ibyo atubwira. Kandi ibyo bavugaga byose ntibari bazi ko ndi kubumva ndi muri saloon. Umugabo arayifata arayizimya noneho ndakomanga ku rugi, umukobwa agashaka gusohoka umugabo agafata urugi, rubura gica. Numva ijwi mu mutima wanjye rimbwira ngo genda kuko uyu mugabo yasohokana ikintu akakigukubita waba uzize iki? Noneho mpamagara wa mudamu baririmbanaga kera ndamubwira nti ngwino ahansange aho uwo mukobwa yabaga; mubwire!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Araza ndamubwira nti ndebera nawe. Arumirwa ndetse n'umukecuru wari umucumbikiye araza arareba mbasezeraho ndagenda. Mba ntandukanye nawe gutyo binshiramo burundu. Sijye wahera!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana iratabara. Ntuzatinye kubwira Yesu ukuri ko mu mutima kuko ni umwami mwiza. Uzi ko umubwira ibintu ntajye kubijajwa. Naramwikundiye Yesu! Mumfashe tumushime, Haleluyaaaa!!!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Ubutaha nzabagezeho igice cya 3 Uko nabonye umufasha turi kumwe ubu (mama Sheja):&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Niba utarasomye igice cya 1 kandi hano kugira ngo ugisome;&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4195&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4195&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: IMANA YACISHIJE AMASEZERANO YANJYE MU MPANO YO GUHIMBAZA - Pastor MUNEZERO Jean Damascene (Igice cya 2)</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-IMANA-YACISHIJE-AMASEZERANO-YANJYE-MU-MPANO-YO-GUHIMBAZA-Pastor</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-IMANA-YACISHIJE-AMASEZERANO-YANJYE-MU-MPANO-YO-GUHIMBAZA-Pastor</guid>
		<dc:date>2016-06-29T11:09:15Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nasabye undi mukobwa witwa NIBAGWIRE Olive wo mu Bukomane bwa Nyakayaga ho muri Gatsibo, dutera igikumwe. Jenoside ibaye mu Rwanda mu w'1994 interahamwe zijya kwa databukwe bose zirabica zirabamara, fianc&#233; wanjye aba arapfuye bintera ikindi gikomere ariko Imana irambwira ngo izandinda. Igihe Imana yabimbwiraga narayibwiye nti &#8220;Abantu banjye bapfuye, abo nayoboraga bapfuye, na fianc&#233; wanjye bamwishe.&#8221; Imana ikomeza kumbwira ngo izabana nanjye. &lt;br class='autobr' /&gt;
Imana yaje gukora ikindi gitangaza kubera ibyo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitangaza-" rel="directory"&gt;Ibitangaza&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Nasabye undi mukobwa witwa NIBAGWIRE Olive wo mu Bukomane bwa Nyakayaga ho muri Gatsibo, dutera igikumwe. Jenoside ibaye mu Rwanda mu w'1994 interahamwe zijya kwa databukwe bose zirabica zirabamara, fianc&#233; wanjye aba arapfuye bintera ikindi gikomere ariko Imana irambwira ngo izandinda. Igihe Imana yabimbwiraga narayibwiye nti &#8220;Abantu banjye bapfuye, abo nayoboraga bapfuye, na fianc&#233; wanjye bamwishe.&#8221; Imana ikomeza kumbwira ngo izabana nanjye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana yaje gukora ikindi gitangaza kubera ibyo bikomere 2 nari mfite natewe no gupfusha ubukwe incuro 2, kandi murabizi fian&#231;aille iraryoha kandi iraryana nta bwo byari binyoroheye numvaga ntazongera kurambagiza. Ariko mu mwaka w'1995 Jenoside imaze guhagarara abayobozi banjye bansaba kongera gusaba kugira ngo mbone kuba pasiteri, ngeze aho ndabyemera n'umuhamagaro wari undimo ariko ngirana amasezerano n'Imana ndavuga nti &#8220;Mana, ibyo wambwiye niba uzabikora ndashaka ikimenyetso: kurambagiza umukobwa mwiza muremure, w'inzobe kandi ukomoka mu muryango ukize byibuze bafite imodoka zirenze 4.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndagirango mbwire abantu bakijijwe ko iyo wizeye Imana icyo watuye cyose wagiranye ubusabane na yo igikora. Imana yaje kungenderera ari nijoro saa munani (02:00) ndyamye kuko nari nayibwiye umukobwa nshaka gusaba uko ameze kugira ngo nemere ko Imana ikora. Hari Abakristo dufite batacyizeka ko Imana ikora ibitangaza, ariko nagira ngo mbabwire ngo uko Imana yari kera n'uyu munsi ni ko iri.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana yanyeretse amazina ya fianc&#233; wanjye ndayandika, ndangije njya kurambagiza mvuye i Matare na Kayenzi aho mvuka njya i Muhura aho fianc&#233; wanjye yari ari (harimo intera y'ibilometero 16). Nagiyeyo Imana irahanyereka, ni bwo bwa mbere nari ngeze ku gipangu. Nagira ngo mbabwire ko ubukene bupfobya, ariko iyo umuntu akomeje gukorera Imana igenda imuzahura n'amasezerano ikayasohoza. Fianc&#233; wanjye najyaga kumubwira ngo nzarambagiza, Satani akambwira ngo uyu mukobwa w'ikizubazuba muremure n'aho uvuka n'amashuli wibitseho?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Namaze amasaha agera kuri 4 nta cyo ndavuga, ariko isaha igeze yo gusubira mu rugo numva nuzuye Umwuka Wera ndavuga nti &#8220;Mana, nshyigikira ngire icyo mvuga.&#8221; Hanyuma nsa n'uwipfuka mu maso ndamubwira nti &#8220;Ariko twazabana?&#8221; Byabaye nk'aho bimucanze, ariko nshima Imana ko mbivuze. Yaramperekeje ndataha, agarutse iwabo baramubaza bati &#8220;Uriya musore wagutesheje umutwe akakubuza gucuruza ni uwa he?&#8221; Arabasubiza ati &#8220;Uriya musore arashaka kuzarambagiza, na bo bati reka tuzabanze tubaze ibisekuruza bye. Baje guperereza ibisekuruza byanjye basanga nta mahuriro bifitanye n'iby'iwabo, kuko twari abakene kandi Abanyarwanda baca umugani ngo &#8220;Amaboko atareshya ntaramukanya!&#8221; Baramu banjye baje kumva ko ndi umukene babwira fianc&#233; wanjye ngo &#8220;Nurongorwa n'uriya musore tuzagutera icumu, tuzaguca mu muryango!&#8221; Ariko iyo muntu akijijwe akava mu byaha Imana imuha amasezerano ikanayasohoza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyo Imana ishaka kugusohoreza amasezerano, ntibura aho icisha. Imana yaje gucisha muri mabukwe, aravuga ati &#8220;Umukwe wanjye n'ubwo ari umukene afite ubuhamya bwiza nzamushyingira.&#8221; Nyuma byageze aho ndasaba biremera, ariko fianc&#233; wanjye baje kumuca mu muryango kuko ashatswe n'umukene ku buryo dushyingiranwa nta muntu n'umwe wo mu muryango w'iwabo watashye ubukwe bwacu. Mu mwaka w'1996 nagize ingorane ebyiri: 1) ndongora umukobwa wo mu bakire, 2) mpita mba pasiteri w'umukene. Ariko Imana iravuga ngo izabana natwe itugirire neza. Nabyaye umwana wanjye w'imfura witwa Munezero Obed, aba arwaye bwaki (umwana wa pasiteri), nca incuro (guhingira ibyo kurya) narashatse umugore wo mu bakire wavutse abona icyo ashatse cyose, ariko yihanganira ubwo buzima bubi twari tubayemo kuko hari icyo twari twaravuganye n'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndashima Imana, iyo umuntu akijijwe akava mu byaha imukuraho za karande. Ahagana mu mwaka w'1997, Imana yaje gukora igitangaza kidasanzwe, tubona abazungu baturutse mu Bwongereza, mpimbaza Imana, amateraniro arangiye abo bazungu baravuga ngo nta bwo twagenda tutavuganye na wa muntu wahimbaje Imana. Ndagira ngo mbwire Abakristo nti &#8220;Ntimukabure icyo Imana ibibukiraho mu nzu yayo.&#8221; Imana yaje gucisha igitangaza muri ya mpano yanjye yo guhimbaza Imana, abazungu baravuga bati &#8220;Nta bwo twakurira indege tutavuganye na wa muntu wahimbaje Imana.&#8221; Na ho ni mo inzira Imana yari yarambwiye yo kuzazenguruka imigabane yose yari yihishe. Bambajije amazina yanjye, ariko kuko ntari narize havugaga umusemuzi. Njye n'umugore wanjye n'umwana wanjye baradufotoye, bambaza aderesi ndayibaha hanyuma barigendera basubira iwabo mu Bwongereza&#8230;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ntuzacikwe n'igice cya 3 [&#8230;]&lt;/strong&gt;&lt;br class='autobr' /&gt;
Niba waracitswe n' igice cya mbere kanda kuri iyi link kugirango ugisome:&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4183&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.agakiza.org/ecrire/?exec=article&amp;id_article=4183&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: Imana yankijije Paralyse y' ukuguru bashatse kuguca inshuro 3 ( Igice cya 1)</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Imana-yankijije-Paralyse-y-ukuguru-bashatse-kuguca-inshuro-3-Igice-cya</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Imana-yankijije-Paralyse-y-ukuguru-bashatse-kuguca-inshuro-3-Igice-cya</guid>
		<dc:date>2016-06-28T07:22:26Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ndashimira Imana se w&#702;umwami wacu Yesu Kristo ko yabonye ndi uwo kwizerwa akangabira &lt;br class='autobr' /&gt;
Umurimo we! Tubanze dusome Ijambo ry'Imana riboneka muri (Yohana 3:16) Hagaragaza uburyo urukundo rw'Imana rwazanye Yesu mu isi, akaza aje kuducungura! Icyo umuntu asabwa ni ukwizera Yesu gusa, ubundi akihana! Nta kiguzi byasabaga ngo umwana w'umuntu akurweho urubanza rw'ibyaha Yesu yabirangirije i Golgota. Yesaya nawe yabivuze neza ko igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi ko ibyaha byacu aribyo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitangaza-" rel="directory"&gt;Ibitangaza&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Ndashimira Imana se w&#702;umwami wacu Yesu Kristo ko yabonye ndi uwo kwizerwa akangabira&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umurimo we! Tubanze dusome Ijambo ry'Imana riboneka muri (Yohana 3:16) Hagaragaza uburyo urukundo rw'Imana rwazanye Yesu mu isi, akaza aje kuducungura! Icyo umuntu asabwa ni ukwizera Yesu gusa, ubundi akihana!&lt;br class='autobr' /&gt;
Nta kiguzi byasabaga ngo umwana w'umuntu akurweho urubanza rw'ibyaha Yesu yabirangirije i Golgota. Yesaya nawe yabivuze neza ko igihano kiduhesha amahoro cyari kuri we, kandi ko ibyaha byacu aribyo yazize.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nanjye urwo rukundo rwangezeho nkuko muri bubyumve muri ubu buhamya. Muri ubu buhamya ndagaruka ku mirimo itangaza Yesu yakoze mu buzima bwanjye maze kumwakira nk'umwami n'umucunguzi w'ubugingo bwanjye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nk'uko Dawidi yabivuze muri (Zaburi 1:1-6) hatubwira iby'abantu bahirwa. Ibintu tubona muri iyi Zaburi ni indangagaciro z'umuntu wamaze kwakira Yesu. Uwo mwanditsi yasoje avuga ko umuntu umeze atyo ko ikintu cyose azakora kizamubera cyiza. Umukristo yamwise umunyamahirwe, ariko kuba umunyamahirwe ntibivuze ko utageragezwa n'isi n'umubiri ndetse na Satani. Nawe bimugeraho kuko amakuba n'ibyago by'umukiranutsi ari byinshi ariko Uwiteka amukiza muri byose nk'uko Pawulo yabivuze. Kandi no mu (Gutegeka kwa 28:8) havuga ko nugira umwete wo kumvira Uwiteka ko azategeka umugisha kukuzaho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri ubu buhamya kandi murasangamo urugendo rwanjye mu kurambagiza.&lt;br class='autobr' /&gt;
Burya iyo wigize ushoboye Imana irakureka ukirwariza. Ariko iyo bimaze kukuyobera ukisunga Imana ikujya imbere ahataringaniye ikaharinganiza, kuko yo ibona iherezo ry'ibintu bikiri mu itangira!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ni byiza kwisunga Imana kuko biturinda guhuzagurika nk'uko umwanditsi wa Zaburi yabivuze agira ati: &#8220;Ikoreze Uwiteka urugendo rwawe abariwe wiringira nawe azabisohoza!&#8221; (Zaburi 37:5)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Reka dukurikire Ubu buhamya Yesu ahahe Umugisha:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nk'uko nabivuze nitwa Mupenzi Mitari Eugene izina ry'ababyeyi nitwa &#8220;Papa Sheja&#8221; kubera umwana wanjye w'imfura banyitirira. Navukiye mu cyahoze ari komine Kanzenze mu 1973.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko nakuriye muri Komine ya Gashora aho twimukiye muri 1975. Ubu hose ni mu karere ka Bugesera, intara y'iburasirazuba. Ndi mwene RutijanwaTharcisse na Bankundiye Esther aba bombi bapfuye muri Genocide yakorewe abatutsi mu 1994.&lt;br class='autobr' /&gt;
Data ntabwo yari akijijwe ariko mama yari umudiventiste. Navutse ndi umwana wa kabiri iwacu birumvikana ko nanjye nari umudiventiste. Nabayeho ntinya ibyaha kubera Esprit yo mubadiventist yo gutegereza Yesu mu byahoze biranga abo bitaga Abatamperant, by'umwihariko narasengaga kandi ngatinya Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri 1992 nibwo data yishwe, nanjye ndakomereka mu mutwe ariko bidakomeye cyane. Abandi bantu bacu nabo bapfuye muri genocide yakorewe abatutsi mu 1994. Keretse data niwe wapfuye 1992. Ubuzima bwahise buhinduka mpita mpunga ngeze mu gihugu cy'u Burundi sinahatinze nahise njya mu gisirikari. Mba ngeze mu ntambara gutyo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nyuma y'intambara yo kubohora igihugu cyacu cy'u Rwanda; nagiye muri Ethiopia ku ikosi, noneho ikosi yenda kurangira ndaryama ari nijoro ndota imperuka yabaye. Ndota isi irimo induru n&#702;imiborogo kubera ukuntu basigaye mu isi. Nanjye nibona nasigaye ntakambira Imana mvuga cyane ngo Yesu ntabara sinshaka gusigara mu isi, sinshaka gusigara mu isi. Abantu twari turyamanye barabyuka baza ahantu ndi barankikiza nta nubwo bose bumvaga ururimi rw'ikinyarwanda.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko abanyarwanda twari kumwe nibo bamwiye ibyo navugaga icyo gihe kuko narinsinziriye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Byagezeho barankomanga ndakanguka mbabwira ibintu byose nabonye kandi mbabwira ko numva ngomba gukizwa neza kugira ngo ntazasigara mu isi! Kuva ubwo ntangira gusenga cyane niherereye nubwo ntajyaga mu materaniro.&lt;br class='autobr' /&gt;
Twageze mu Rwanda numva umutima wanjye unyemeje kudasubira mubadiventiste kuva ubwo ntangira gusengera muri ADEPR.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuva ubwo narotaga izo nzozi iyo bwacyaga numvaga Yesu ashobora kuza ku manywa cyangwa nabona bwije nkibwira ko butari bucye Yesu ataje.&lt;br class='autobr' /&gt;
Ubwo nageraga mu itorero rya ADEPR nasanze bakundana bagira urukundo no kwirinda ibyaha. Numva ndafashijwe cyane.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Nkomeza urugendo rujya mu ijuru, kandi nkumva nejejwe no kubana n&#702;abantu b&#702;Imana.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gusa nagiraga umwanya muto cyane wo kujya guterana kubera akazi kenshi, ariko aho mbonekeye nkagenda ngaterana, nkumva nduhutse mu mutima wanjye! Ibyo numvise nkabigenderaho igihe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uko nakomeje kwegera Imana niko nabonaga nkwiriye kwezwa no gukizwa kurutaho kuko numvaga isi yaranguye nabi nta babyeyi mfite ntafite aho njya kuruhukira mu kibari (conge).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Kuko intambara yahitanye ababyeyi nsigarana abana bakeneye ko mbarera kandi ntanahari nta n&#702;ubushobozi buhagije mfite.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abana ndabacumbikisha kuko ntarimfite aho mbashyira n&#702;amazu yari yarashenywe. Ariko burya Imana itera amapfa itera n'aho bahahira. Aho nabaga mu bajepe hari umufande umwe twakundaga kuganira hashize iminsi mike aba arakijijwe mba mbonye umuvandimwe gutyo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Aba inshuti yanjye y&#702;amagara bimwe bituma atarashoboraga kurya cyangwa kuryama atambonye.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yesu yaranyubatse amara umubabaro akoresheje uwo musore. Iyo bampaga ikibari ngo ntahe mu rugo najyaga aho naragije abana bacu nkabasura hanyuma nkajya mu materaniro no mu masengesho nabaga ngiye gushakira impamba izantunga mu gihe nzaba nta mwanya mfite wo kujya mu iteraniro ry'abera. Yesu yaranyubatse bikomeye kuko nanejejwe n&#702;Umwuka Wera kandi iyo nabaga nababaye cyane naramushakaga tukaririmba umubabaro ugashira nkumva iby&#702;imiruho y'isi bisimbuwe no gukumbura ijuru. Uwo mugabo nababwiye yakundaga kuririmba cyane, n'ubu arabikunda kandi aracyari inshuti yanjye. Mu bintu bikomeye Yesu yankoreye, nyuma yo gukora impanuka ndi mu kazi; harimo ikintu ntazibagirwa cy'uko yankuye mu igare ry'ababana n'ubumuga. Nyuma yo gukomereka bikomeye nkaba ikimuga kigendera mu igare mu gihe cy&#702;umwaka n&#702;amezi icyenda. Yankujemo amaboko akomeye abantu benshi banzi mbere barabizi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ikindi nuko yanyubakiye urugo (ibi ndaza kubigarukaho nyuma) kandi no mu muryango wanjye agenda akoramo ibitangaza abana barakura. Ubu Yesu yanyubakiye inzu sinkodesha.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kandi njyewe n'umuryango wanjye tuzakorera Imana kugeza igihe izisubiza umwuka yadutije&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu bigaragara nta muntu washoboraga kumvuza nta bantu bikomeye twari tuziranye ari mu gisirikari cyangwa no mu basivile, kuko byasabaga kujya kwivuriza hanze y&#702;igihugu kandi nta bushobozi nari kubona. Ibyashobokaga byose mu buvuzi bwo mu Rwanda byarakozwe ariko nsigarana paralyse y'uruhande rumwe kubera ukuntu nari nangiritse uruti rw&#702;umugongo. Ariko nari mfite amasezerano menshi y&#702;uko Imana izankiza. Izina ryayo rishimwe!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mbere y'uko mera gutyo Imana yari yarambwiye ko izangirira neza ko izananyigisha mu mashuri nkaba umuntu w&#702;icyitegererezo. Ariko maze kwicara mu igare icyizere cy&#702;ibyo Imana yari yaransezeranije numvise kirangiye. Mpita numva ndihebye n&#702;amasezerano numva nta kintu avuze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko Imana ijya idukiriza mu kwiheba. Kandi iyo wumva birangiye nibwo Imana iba igiye gukora imirimo n&#702;ibitangaza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UKO IMANA YAKIJIJWE UBUMUGA BUKOMEYE (PARALYSE):&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igihe kimwe, mu buyobozi bukuru bwa gisirikare bakoze inama, bemeza ko ngomba kujyanwa South Africa kubagirwayo! Ubwo barantegura ndagenda kandi hari benshi bikomeye babishaka ariko Imana ishima ko ari njyewe ugomba kugenda baranyoherezayo. Ngezeyo barambaze ndakira nk&#702;uko Imana yari yarabivuze ntangira kwiga kugenda nk&#702;umwana muto. Ariko mbere gato bashatse kunca ukaguru inshuro 3 zose. Nanabisinyiye rwose, ariko Imana ntijya ibeshya igihe cyarageze ibikora neza.&lt;br class='autobr' /&gt;
Ndayishima kandi n&#702;ubu ndayishimye namwe ababyumvise mumfashe tuyishime.&lt;br class='autobr' /&gt;
Nize mu cyahoze cyitwa KHI (ubu ni Ur-CMHS) natangiye muri 2005 nsoza muri 2007, nize Anesthesiology (gutera ibinya). Nasengeraga mu muryango w'abanyeshuri bo muri kaminuza b'abapantekote (CEP) ahubwo nkaba kandi ndi umwe muri bake bayitangije muri 2005. Ubu mfite abana 3 b'abakobwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt; Ubutaha nzabagezaho ubuhamya bwo kurambagiza ntimuzacikwe....&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Imana yambwiye ko izanshumbusha amashuri nacikirije none ingejeje kure [&#8230;] &#8211; Ubuhamya bwa Pst Munezero Jean Damascene</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Imana-yambwiye-ko-izanshumbusha-amashuri-nacikirije-none-ingejeje-kure-Ubuhamya</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Imana-yambwiye-ko-izanshumbusha-amashuri-nacikirije-none-ingejeje-kure-Ubuhamya</guid>
		<dc:date>2016-06-22T10:03:37Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Simeon Ngezahayo</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>inyandikoZirambuye</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nitwa Pasteur Munezero Jean Damascene nsengera mu itorero rya ADEPR mu rurembo rw'iburasirazuba mu itorero ry'akarere rya Gatsibo, paroisse ya Gorora, mfite umugore n'abana batanu. Dushimye Imana itwemereye kugirango tubagezeho ubuhamya bw'iby'Imana yadukoreye muri make turashaka kugira ngo abantu bamenye ko Imana igikora kubera ko hari Abakristo bihebye batakigira ibyiringiro, ariko iyo bumvise ubuhamya bw'ibyo Imana ikora bagira ibyiringiro. &lt;br class='autobr' /&gt;
Navukiye mu cyahoze cyitwa komini Murambi (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Abakozi-b-Imana-" rel="directory"&gt;Abakozi b' Imana&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-inyandikoZirambuye-+" rel="tag"&gt;inyandikoZirambuye&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nitwa Pasteur Munezero Jean Damascene nsengera mu itorero rya ADEPR mu rurembo rw'iburasirazuba mu itorero ry'akarere rya Gatsibo, paroisse ya Gorora, mfite umugore n'abana batanu. Dushimye Imana itwemereye kugirango tubagezeho ubuhamya bw'iby'Imana yadukoreye muri make turashaka kugira ngo abantu bamenye ko Imana igikora kubera ko hari Abakristo bihebye batakigira ibyiringiro, ariko iyo bumvise ubuhamya bw'ibyo Imana ikora bagira ibyiringiro.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Navukiye mu cyahoze cyitwa komini Murambi byari muri Byumba, ubu ni mu karere ka Gatsibo, mvuka ku gasozi kitwa i Matare na Kayenzi ubu ni muri Gatsibo. Navukiye mu miryango itari ikijijwe, ikennye hahandi kugira ngo turye tubeho bagombaga guca incuro (guhingira ibyo kurya).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndi umwana w'imfura iwacu, navutse nisanga muri ubwo buzima bw'ubukene mu miryango itarize, bantangiza amashuli abanza mba umwana w'umuhanga. Nize reforme y'umwaka wa 8 nazaga mu bana batsinda neza. Kubera ko nari mvukiye muri ubwo buzima nkagira amahirwe yo kwiga no kuba umuhanga naje kugira intego ndavuga nti nzatsinda kandi nakundaga ishami ry'indimi numvaga ari zo nziga nkaba umunyamakuru.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gusa nta bwo byaje kumpira kubera irondakoko n'irondakarere n'aho politike y'igihugu yari iri. Natsinze ikizamini cya Leta cy'umwaka wa 8 mu mwaka 1985 bampa kwiga mu ishami ry'indimi i Save ya Butare, icyo gihe abana b'abakene baratsindaga bakabasimbuza abana b'abakire hanyuma rero mu gihe ndi kwitegura kugura amavarisi byose byo kujya ku ishuli umwana w'umukire aca inyuma ajya guhinduza amazina muri minisiteri banzanira ibipapuro bivuga ngo bari bibeshye amazina si ayanjye biba biranze ayo mahirwe mba ndayabuze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu ntangiro z'umwaka 1986 biba, byarasakuje bigera kure baza kumbwira ngo nzaze gusibira ndongera ndasibira ndongera nsinda ikizamini cya Leta cy'umwaka wa 8 bampa kwiga mu ishami ry'indimi i Janja mu majyaruguru. Icyo gihe na none umwana w'umucuruzi agura umwanya wanjye ubuzima numvaga burangiye ibyiringiro byo kubaho birangiye, icyo gihe haza umugiraneza w'umubyeyi w'umudamu arambwira ati &#8220;Wa mwana we twamenye ibyakubayeho bakuguze incuro 2&#8221;. Ajya kunshakira akazi k'ububoyi i Rukara na Gahini ahantu hitwa mu Mitungo hafi ya Karubamba. Imyaka 6 nagombaga kwiga kugira ngo ndangize amashuri yisumbuye i Save cyangwa i Janja nayikozemo akazi k'ububoyi i Rukara na Gahini hanyuma nza kwakira Yesu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nagize igikomere ku mutima wanjye mu kwezi kwa 7 n'ukwa 8 iyo abanyeshuli bazaga mu biruhuko mu gace k'iwacu numvaga umutima wanjye utishimye, Satani akanyongorera ngo ntibandushaga ubwenge nzajye mu gisirikare nibe imbunda mbarase, hanyuma nca ku rusengero i Rukara habaye igiterane numva umuvugabutumwa aravuze ngo &#8220; Mwese abarushye n'abaremerewe nimuze musange Yesu arabaruhura.&#8221; Ninjiye mu rusengero numva ijambo ry'Imana, maze kuryumva numva ko Yesu yangirira neza. Nari ngeze mu kigero cy'imyaka 18 ntangiye kujya mu byaha, numva ijambo ry'Imana hanyuma ndakizwa abakozi b'Imana bandambikaho ibiganza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nagira ngo mbwire abanyumva, iyo umuntu yakiriye ijambo ry'Imana riramubohora. Numvise umutima wanjye utuje, numva ko Imana izangirira neza maze kumva ibyiringiro by'ijambo ry'Imana. Nkijijwe nakomeje gukora akazi k'ububoyi ngeza aho maze kumva ko Imana ikora nkajya njya mu byumba by'amasengesho aho i Rukara, ijwi ry'Imana rikavuga ngo &#8220;Bana banjye nzabatabara,&#8221; nkumva jyewe ntibindeba. Nagira ngo mbwire abantu bose batwumva, iyo Imana ivugiye mu ruhame iba ifite uwo ibwira, kandi iyo Imana itanze amasezerano irayasohoza na n'ubu iracyayasohoza. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ijwi ry'Imana rikambwira ngo &#8220;Mwana wanjye nuguma mu gakiza nzagukoresha muri Africa y'Iburasirazuba n'iyo hagati,&#8221; nkumva nta bwo mbyumvise. Imana imbwira ijambo rikomeye cyane ngo ninguma mu gakiza izankoresha ku migabane yose y'isi, irambwira ngo izandiha amashuri yose nacikishije.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Hanyuma muri ubwo buzima nahise mva muri ako kazi k'ububoyi i Rukara nsubira iwacu i Murambi mu murenge wa Rugarama, mpita mba umuvugabutumwa bampa kuyobora umudugudu, bageze aho bambwira ko atari byiza kuba umuvugabutumwa ndi umusore.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nateguye gushaka umugore, byari muri ubwo buzima tuba mu nzu z'ibigonyi kuko papa wanjye yari yarapfuye mu 1980 amaze kwirukana mama ashaka undi mugore, hanyuma nsaba umukobwa witwaga Kantengwa Patricie twaririmbanaga muri korali Abaragwa. Dusigaje nk'amezi 3 ngo dushyingiranwe, aje gusura iwacu mu bigonyi 3 bari baradusigiye nzarongorera muri kimwe arambenga kuko iwabo bari bubtse ibati kandi batuye n'ahantu heza twe twari dutuye ahantu hejuru ku gasozi, ni uko ambenga atyo&#8230;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ntuzacikwe n'igice cya 2 [&#8230;]&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Yabaye umuntu wa mbere waboye uruhusa rwo gutwara indege nta maboko agira</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Yabaye-umuntu-wa-mbere-waboye-uruhusa-rwo-gutwara-indege-nta-maboko-agira</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Yabaye-umuntu-wa-mbere-waboye-uruhusa-rwo-gutwara-indege-nta-maboko-agira</guid>
		<dc:date>2016-06-14T09:23:47Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Jessica Cox yavutse tariki ya 02/02/1983 ahitwa Sierra Vista, muri Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika. Akaba yaravutse nta maboko yombi afite, ubumuga budakunze kugaragara mu mpinja zikivuka. akimara kuvuka abaganga babwiye ababyeyi be ko ubuzima bwe bwose azajya akenera umuntu wo kumurandata. &lt;br class='autobr' /&gt; Gusa siko byagenze kuko nyuma y'igihe gito yatangiye kugenda nta wumufashe. Jessica Cox niwe muntu wa mbere wahawe uruhushya rwo gutwara indege atagira amaboko mu w'2008, ndetse akaba (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ibitangaza-" rel="directory"&gt;Ibitangaza&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Jessica Cox yavutse tariki ya 02/02/1983 ahitwa Sierra Vista, muri Arizona ho muri Leta Zunze Ubumwe z'Amerika. Akaba yaravutse nta maboko yombi afite, ubumuga budakunze kugaragara mu mpinja zikivuka. akimara kuvuka abaganga babwiye ababyeyi be ko ubuzima bwe bwose azajya akenera umuntu wo kumurandata.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Gusa siko byagenze kuko nyuma y'igihe gito yatangiye kugenda nta wumufashe.&lt;br class='autobr' /&gt;
Jessica Cox niwe muntu wa mbere wahawe uruhushya rwo gutwara indege atagira amaboko mu w'2008, ndetse akaba arina we wabaye uwa mbere mu kubona umukandara w'umukara ( atagira maboko) mu mukino wa Karate muri Amerika.&lt;br class='autobr' /&gt;
Amaze kuzuza imyaka 18 ntiyongeye gukoresha insimburangingo, ahubwo yatangiye gukoresha amaguru ye ibyo abantu benshi bakora bifashishije amaboko. Urugero: nko kwandikisha ikaramu, gutwara imodoka, kwambara amadarubindi (lunettes), kwimakiya (ku bagore), gukoresha mudasobwa, gusokoza,kunywesha muheha n'ibindi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Cox afite impamyabumenyi y'icyiciro cya kabiri cya Kaminuza (bachelor of science in psychology) yakuye muri kaminuza ya Arizona. Akaba yarahisemo kwiga ibijyanye n'ibyiyumviro bya muntu , kuko yatekerezaga ko ibyo umuntu yibwira bifite ingaruka cyane ku buzima bwe kuruta ubumuga bw'inyuma ku mubiri.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu w'2012, Cox yakoze ubukwe n'uwigeze kumubera umwalimu mu ishuli ryigisha Karate Patrick Chamberlain. Mu magambo ye agira ati, &#8220;Sinari nzi ko hari umuntu wankunda bitewe n'ubumuga nari mfite.&#8221; Mu gihe umukunzi we yakoresheje amaboko mu gukata umugati ( gateau de marriage) ndetse no kumwambika umukufi w'izahabu ku kaguru hafi y'akagombambari(ankle), Cox we yifashishije ikirenge cye mu kwambika impeta Patrick kimwe no gukata Gateau. Uyu mudamu yemeza kandi ko yiteguye kubyara abana, kuko nkuko byemezwa n'abaganga, umwana umwe kuri miliyoni y'abavuka, niwe ushobora kuvukana ubumuga nk'ubwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Cox amaze kugenda mu bihugu bigera kuri 20 atanga ibiganiro , aho agenda ashishikariza abantu cyane cyane ababana n'ubumuga kutiheba, ahubwo ko bakwiriye kwiyubakamo icyizere ;kugira ngo babashe kugera ku nzozi z'ubuzima bwabo. Amaze kubonana n'abantu benshi bakomeye harimo na nyakwigendera Papa Yohani Pawulo wa Kabiri. Ndetse amaze no guhabwa ibihembo binyuranye nk'umwe mu bagore b'indashyikirwa wabashije kurenga inzitizi z'ubumuga akagera ku bintu bihambaye. Ushaka kumenya byinshi kuri we wabisoma ku rubuga nkoranyambaga rwe &lt;a href=&#034;http://www.jessicacox.com&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;http://www.jessicacox.com&lt;/a&gt;.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bimwe mu bitubaho nta ruhare tubigiramo, gusa nk'abizera tuba dukwiriye kumenya ko nta kintu kibaho nk'impanuka mu maso y'Imana, Imana yonyine izi impamvu . Ibi bishobora kutuviramo isoko y'ibyiringiro , bityo tukabasha no kubera benshi umugisha. Ubwo Yesu yasubizaga abigishwa be bamujije icyatumwe umuntu agira ubumuga, dore ko bibwiraga ko byatewe n'ibyaha, yabasubije aya magambo: : &#8220;Uyu nta cyaha yakoze cyangwa ababyeyi, ahubwo ni ukugira ngo imirimo y'Imana yerekanirwe muri we &#8220; ( Yohana 9:4)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Inkuru mu mafoto&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1857 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication0.jpg' width='480' height='592' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;div class='spip_document_1859 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication2.jpg' width='480' height='613' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;img1861|center&gt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1862 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication5.jpg' width='480' height='617' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;div class='spip_document_1863 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication6.jpg' width='480' height='496' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;div class='spip_document_1864 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication7.jpg' width='500' height='419' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Ange Victor Uwimana, uwimana.ange@gmail.com&lt;br class='autobr' /&gt;
(+250)788552883, (+250)725151463&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n'ibizira abantu bakorana umurimo w'Imana </title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-natewe-ubwoba-n-ibizira-abantu-bakorana-umurimo-w-Imana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-natewe-ubwoba-n-ibizira-abantu-bakorana-umurimo-w-Imana</guid>
		<dc:date>2016-06-10T04:30:13Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n'ibizira abantu bakorana umurimo w'Imana Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw'ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w'Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w'inyuma, bakirengagiza uw'imbere kandi ari we uzabana n'Imana. &lt;br class='autobr' /&gt; Reka tubanze dusome ijambo ry'Imana: Abefeso 2:10 &#8220;Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Ubuhamya-" rel="directory"&gt;Ubuhamya&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Ubuhamya: Uko natewe ubwoba n'ibizira abantu bakorana umurimo w'Imana &lt;br class='autobr' /&gt;
Yesu ashimwe bavandimwe muri Kristo Yesu, ngiye kubaha ubuhamya bw'ukuntu Imana yansuye, ikanganiriza impereyeho, ikanyereka ukuntu abantu bakorana umurimo w'Imana ibizira, bagashimishwa no kurimbisha umuntu w'inyuma, bakirengagiza uw'imbere kandi ari we uzabana n'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Reka tubanze dusome ijambo ry'Imana: Abefeso 2:10 &#8220;Kuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu, iyo Imana yiteguriye kera kugira ngo tuyigenderemo.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nakijijwe miri 1999 mu kwezi kwa Kamena(June )itariki sinyibuka ariko nibuka ko hari kuwa gatanu. Naje kugenda nkura mu Mwuka, ngenda menya no gukorera Imana. Mu mwaka wa 2011 birumvikana ko nari maze gusobanukirwa byinshi mu nzira y'agakiza. Mu mirimo itandukanye nakoraga mu rusengero harimo kuba mw'itsinda ry'abaramyi, kuyobora gahunda kenshi mumateraniro mato n'amanini, kuba mw'itsinda ry'abinginzi mw'itorero, kuba umusemuzi w'indimi zitandukanye z'amahanga, kuba umuyobozi w'abadamu, kuba mu matsinda atandukanye ategura ibiterane binini ndetse n'indi mirimo yabonekaga mu bihe bitandukanye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Birumvikana rero ko nta muntu mu rusengero waba muri iyi mirimo mvuze haruguru ataratojwe ngo agezwe k'urugero rwo gushobora gukorera Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Rimwe ndi buyobore gahunda y'amateraniro, nari ndi mu rugo nitegura kujya kurusengero nk'uko bisanzwe, maze kwambara njya kwereba mu ndorerwamo (Mirror) kuko nyikunda cyanee&#8230;.hahaha. Nari nambaye ikanzu ifite agakoti ,ndiho nireba kandi mbona narimbye nsa neza&#8230; numva ijwi rimbwira ngo ninkureho agakoti hanyuma nkambare gahindurije, ndabikora kuko nari maze kumenya ijwi ry'Umwuka Wera.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Rya jwi rirambaza riti &#8216;'nonese wagenda wambaye gutyo?'' Ndavuga nti &#8216;'hoya.'' Rirongera riti &#8216;'kubera iki utagenda wambaye gutyo?'' Ndasubiza nti &#8216;'birasa nabi'', hariho indoro nyinshi , ibara ntabwo rikeye kandi abantu banseka, bakibaza icyo nabaye!! None iryo jwi rambwira riti &#8216;'ngaho ambara uko byaba ari byiza abantu batakwibazaho.'' Ndabikora , maze nambara neza bitari impindurize.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ijwi rya Mwuka Wera rirambaza riti &#8216;'nonese ko warimbye ugiye kuyobora amateraniro y'ubwoko bwanjye, ubu uwaguhinduriza umuntu wawe w'imbere akawushira inyuma, wakomeza ugashishikazwa no kuyobora gahunda? Ese ye nkubaze , uko usa neza inyuma niko usa neza n'imbere? Nkomeze nkubaze ko abakubona bakwita umukozi wanjye (w'Imana) ukijijwe, aharaho babonye impindurize yawe bakomeza kukwita umukozi wanjye (w'Imana)?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ako kanya narihindurije koko ndireba, nshuti z'umusaraba nababajwe cyane no kubona uko nsa imbere!!!! Nigiriye agahinda kenshi, nahise mbona uko ndi mubi peeee , nahise nkonja cyane&#8230;..&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuko nagombaga kujya kuyobora ntari bubireke, narakomeje njya ku rusengero, ariko mu nzira ndi mu modoka kuko nari nitwaye mu modoka yanjye, nakomeje kugirana ikiganiro na rya jwi, ngeze ku rusengero nasabye ko undi muntu yayobora gahunda, nabo bambonye uko nasaga kubera amarira menshi barabyemeye. Ariko ntibyambujije kujya mu baramyi kugira ngo mpimbazanye Imana nabo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bavandimwe nagize amateraniro mabi cyane mu buzima bwanjye kuva nabaho! Imana yantije amaso nshobora kubona impindurize z'abantu benshi bari mu murimo w'Imana nka njye, mbona ibiteye agahinda, ibyo byose byanteye kurira cyane mborogera Uwiteka ngo adutabare atubabarire. Nabona Yesu agiye kuza agasanga twanduye nk'uko nibonaga ndetse n'abandi nabonaga bikantera agahinda kenshi. Ndashima Imana ko Yesu atagarutse icyo gihe&#8230;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nabwiwe ibi bikurikira:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;- Kurushaho kurimbisha umuntu w'imbere kuko niwe Imana ishaka, akandi niwe uzabana n'Imana.
&lt;br /&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Kwita cyane uko Imana ikubona kurusha uko abantu bakubona.
&lt;br /&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Guharanira gushimwa n'Imana kurusha gushimwa n'abantu.
&lt;br /&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Kumenya ko dukorera Imana izi byose, ibona byose , ituzi neza , si umwana w'umuntu tubeshya.
&lt;br /&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Kumenya ko imirimo yacu izacishwa mu muriro, twitonde itazaba amashara igashya igakongoka kandi twaravunitse cyane&#8230;
&lt;br /&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Kumenya ko iherezo rya byose riri bugufi, kandi buri muntu wese azahembwa ibihwanye nibyo yakoze.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana idufashe cyane, buri wese yihindurize (yisuzume) .&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Imana ibampere imigisha myishi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ngabire Sharlon&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubuhamya : Uko Kristo yankijije kwikinisha</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-Kristo-yankijije-kwikinisha</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubuhamya-Uko-Kristo-yankijije-kwikinisha</guid>
		<dc:date>2016-06-04T16:39:03Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Uwo twise X kuko atashimyeko amazina ye atangazwa yaduhaye ubuhamya uko Imana yamukijije icyaha cyo kwikinisha kurikira ubuhamya. &lt;br class='autobr' /&gt;
Uko natangiye kwikinisha. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu mwaka wa 2011 niga mu mwaka wa gatanu wisumbuye narebaga amashusho y'urukozasoni cyane. Narinsanzwe nyareba ariko byarushijeho icyo gihe. Uko narebaga ayo mashusho yatumaga ngira irari ry'ubusambanyi ryinshi muri jye. Maze ndagenda nonekara mu mutwe cyane maze ibyo ntekereza byose nkabitekerereza mu irari ry'ubusambanyi. Nareberaga (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amashimwe-" rel="directory"&gt;Amashimwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Uwo twise X kuko atashimyeko amazina ye atangazwa yaduhaye ubuhamya uko Imana yamukijije icyaha cyo kwikinisha kurikira ubuhamya.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Uko natangiye kwikinisha.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu mwaka wa 2011 niga mu mwaka wa gatanu wisumbuye narebaga amashusho y'urukozasoni cyane. Narinsanzwe nyareba ariko byarushijeho icyo gihe. Uko narebaga ayo mashusho yatumaga ngira irari ry'ubusambanyi ryinshi muri jye. Maze ndagenda nonekara mu mutwe cyane maze ibyo ntekereza byose nkabitekerereza mu irari ry'ubusambanyi. Nareberaga umukobwa wese mu irari ry'ubusambanyi. Naje kwibuka umuhungu twiganye muri tronc commun wikinishaga dore ko twararanaga kandi yabikoraga mureba, ntakindi natangiye kwigana uko yabigenzaga. Ntangira ubwo kwikinisha niga mu mwaka wa gatanu ndinda ndangiza amashuri yisumbuye. Narimaze kubatwa nabyo kuko nkinishaga inshuro zitari munsi y'eshatu ku munsi.&lt;br class='autobr' /&gt;
Nikinishaga aho ngeze hose, munzira ngenda iyo nabaga numvise binjemo najyaga mu gihuru cyangwa nkajya muri toilet, nikishaga ngiye kuryama cyangwa nicuye nijoro cyangwa mbyutse mu gitondo.Ubwo natangiye kumva kwikinisha ari ikibazo ntangira kugerageza kubireka ariko biranga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Naje kujya kwiga kaminuza mu mwaka w'amashuri 2013-2014 nkomeza muri jye kumva nabireka ariko bikanga. Aho kugirango mbireke byaje kwiyongera kuko najyaga kuri internet dore ko twabaga dukoresha wireless ya kaminuza, nijoro abantu bamara kugabanuka cyangwa nkaba nagiye ahantu hatari abantu benshi ubwo nkangira kwirebera pornography,nkikinisha inshuro zitabarika ijoro ryose nkataha bwenda gucya cyangwa bukankeraho cyane cyane iyo twabaga tutari bwige cyangwa ari muri weekend. mbibutse ko ibyo byose nakoraga najyaga gusenga kucyumweru nubwo bitari cyane ariko najyagayo. Kuva umunsi natangiriyeho kwikinisha mu mutima wange nahoranaga intimba nagahinda, numvaga narihebye ntabyiringiro mfite ndababwiza ukuri numvaga nakiyahura ariko nkibuka ko kwiyahura ari icyaha kitababarirwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Numvaga ntakintu ntinya murijye,umujinya warambase noneho byiyongeragaho ingorane zindi nahuraga nazo mubuzima noneho nkumva kubaho ntacyo bimariye,ubwo nkajya kuri internet kwisomera inkuru z'ubusambanyi. Kwikinisha byari nkikiyobyabwenge kuri jye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;UKO KRISTO YANKIJIJE.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kwezi kwa gatanu 2014 natangiye kureka aho nasengeraga, ntangira kujya aho abanyeshuri babapantikoti biga muri kaminuza(CEP) basengeraga kuko ariho hari hafi. Umunsi umwe umuvugabutumwa arigisha, amaze kwigisha asaba abashaka ko babasengera bakihana. Ubwo ndahaguruka kubera ukuntu numvaga ndemerewe n'ibyaha. baradusengera ndihana ,ubwo ntangira urugamba rwo kubireka. Natangiye kubireka icyo gihe hari mukwezi kwagatanu. Ubwo mukwagatandatu tujya mubiruhuko.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nageze mubiruhuko ingeso irabyuka nongera kujya nikinisha ariko kukigereranyo gito atari nka mbere. Tugarutse ku ishuri mu kwezi kwa cyenda ntangira bushya kongera kubireka hagati aho nigaga inyigisho zumubatizo. Twaje gukora amasengesho y'iminsi 2 haza umwigisha ku isomo ryo gusana inkike zasenyutse kubera ibyaha. Ubwo navuye aho numva sinigeze nkizwa kandi byari byo koko. Narebye umuntu twasengana ari umubwiriza butumwa musaba ko twaganira aremera. Twaraganiriye mubwira icyo cyaha cyari cyarabaye karande muri jye hari nibindi ntari narihannye aransengera numva noneho ndakeye ku mutima. Iyo watuye ibyaha ntaburyarya kandi wumva ushaka kureka ibyo byaha Imana ikwambika imbaraga zo kunesha ibyo ni ukuri kose. Mu kwezi kwa kabiri kuri 14 /2015 narabatijwe ubu ndi umukristo ushima Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuva uwo munsi hashize umwaka urenga. ubu nacitse ku kwikinisha kandi mpora nsenga cyane ngo Imana ikomeze kundengera kuva uwo munsi Imana yankuye mu bubata bwo kwikinisha Imana impa imbaraga kuburyo ubu nabikize neza kandi Imana yampaye imbaraga rwose. Nkuko imodoka iyo ihuye nindi itabasha guhindukira ngo irebe iyo bibisikanye ibyo itwaye,niko nange ntagomba guhindukira ndeba umukobwa duhuye, ngo ndareba uko yambaye cyangwa ibindi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INAMA KU MUNTU WABASWE NO KWIKINISHA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kwikinisha ni icyaha kibi cyane kandi kigira ingaruka nyinshi. Kandi iyo wabiretse ukagira integenke ho gato ushobora kubisubiramo,bigusaba kuba maso. Niba warabaye imbata yo kwikinisha kugirango ubireke, izi&lt;br class='autobr' /&gt;
nama zagufasha kubireka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; &lt;strong&gt;1. Kumva ko kwikinisha ari icyaha kandi ko Imana yanga icyaha.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ijambo ry'Imana muri Yesaya 1:5-6&#8221; niki gitumye mushaka kugumya gukubitwa muzira gukabya ubugome ? umutwe wose urarwaye, umutima wose urarabye, uhereye mu bworo by'ikirenge ukageza mu mutwe nta hazima,ahubwo ni inguma n'imibyimba n'ibisebe binuka,bitigeze gukandwa cyangwa cyangwa gupfukwa, nta n'ubwo byabobejwe n'amavuta&#8221; havuga neza ukuntu Imana ibona abanyabyaha. Iyo utarumva ko ikintu ari cyaha kandi kigira ingaruka,ntago wagira ishyaka ryo kukireka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt; 2. Kwihana ugasaba imbaraga Imana. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kwemera ko uri umunyabyaha imbere y'Imana ukabyatura, bituma Imana ikubabarira kandi ikakwambika imbaraga kuko uba umennye amabanga ya satani kandi ntamabanga tugomba kubikira satani kuko sinshuti yacu kandi ntanicyo dupfana ibye ni ukudushuka ngo tuzarimbukane nawe. Ijambo ry'Imana muri Ezekiyeri 36:25-27 rigira riti:nzabanyanyigizamo amazi meza,maze muzatungana,mbakureho imyanda yanyu yose n'ibigirwamana byanyu byose. Nzabaha n'umutima mushya, nzabakuremo umutima ukomeye nk'ibuye,mbashyiremo umutima woroshye.&lt;br class='autobr' /&gt;
Kandi nzabashyiramo umwuka wanjye, ntume mugendera mu mateka yanjye,mugakomeza n'amategeko yanjye, mukayasohoza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; &lt;strong&gt;3. Kwirinda inzira zagukururira irari rw'ubusambanyi. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ugomba gusenga ubudasiba kandi ukurinda ibyagusubiza kwikinisha. Niba wasomaga inkuru z'ubusambanyi ukazireka cyangwa amashusho warebaga ajyenye nubusambanyi ukayareka kandi ukayahungira kure. Ijambo ry'Imana muri Yakobo 1:15 rivuga riti nuko iryo rari riratwita rikabyara ibyaha, ibyaha nabyo bimaze gukura bikabyara urupfu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4. Gusoma ijambo ry'Imana. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igihe uri wenyine ntacyo ukora soma ijambo ry'imana kuko iyo uri wenyine nibwo satani agushuka. Iyo usomye ijambo ry'Imana bikongerera imbaraga mu gakiza. Igihe uri kuri internet washaka ubuhamya bw'ukuntu abantu bamwe bamwe bakijijwe cyangwa ukumva ibyisho by'ijambo ry'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ibi byose byaramfashije cyane mukureka kwikinisha. Ikindi muri wowe ugomba guhora utekereza ko iyo waretse ikintu nyuma ukagisubiramo biba ari nk'imbwa isubiye mubirutsi byayo 2Petero 2:20-22 havuga hati&#8221;niba kumenya neza Yesu Kristo umwami wacu n'umukiza kwarabateye guhunga, bakava mu by'isi byonona maze bakongera kubyiziringamo bikabanesha ibyanyuma byabo biba birushije ibyambere kuba bibi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Icyajyaga kubabera cyiza, iyaba batigeze bamenya inzira yo gukiranuka,biruta ko basubira inyuma bamaze kuyimenya, bakareka itegeko ryera bahawe. Ibyasohoyeho niby'uyu mugani w'ukuri ngo mbwa yasubiye kubirutsi byayo kandi ngo ingurube yuhagiwe isubiye kwigaragura mubyondo.&#8221; Ikindi nabonye nuko iyo watuye intege nke zawe ku Mana ntaburyarya ukajya uhora ubisengera Imana iguha kunesha. Nguko uko nakize kwikinisha kubw'ubuntu Imana yangiriye.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Iyo Yesu atantabara ubu mba narishwe n'urumogi, kanyanga cyangwa se inkoni nzira kwiba</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Iyo-Yesu-atantabara-ubu-mba-narishwe-n-urumogi-kanyanga-cyangwa-se-inkoni-nzira</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Iyo-Yesu-atantabara-ubu-mba-narishwe-n-urumogi-kanyanga-cyangwa-se-inkoni-nzira</guid>
		<dc:date>2016-05-15T11:22:36Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Ernest Rutagungira</dc:creator>


		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Imana ni umubyeyi igira urukundo kandi imbabazi zayo ntizigira umupaka, uwo uriwe wese, ibyaha waba warakoze byose iyo uyemereye irakubabarira.Uyu munsi turabagezaho ubuhamya bwa mwene data Imana yatabaye ikamukura habi, kuri we ngo &#8220;iyo itamubarira aba yarishwe n'urumogi, kanyanga cyangwa se inkoni azira kwiba, ariko ubu arashima Yesu ko amaraso yameneye ku musaraba ariyo yamwogejemo ibyaha bye akabibabarirwa, ati &#8220;Ubu sinkiri umujura, ndi umwana w'Imana, ariko byari bikomeye nk'uko ngiye (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amashimwe-" rel="directory"&gt;Amashimwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Imana ni umubyeyi igira urukundo kandi imbabazi zayo ntizigira umupaka, uwo uriwe wese, ibyaha waba warakoze byose iyo uyemereye irakubabarira.Uyu munsi turabagezaho ubuhamya bwa mwene data Imana yatabaye ikamukura habi, kuri we ngo &#8220;iyo itamubarira aba yarishwe n'urumogi, kanyanga cyangwa se inkoni azira kwiba, ariko ubu arashima Yesu ko amaraso yameneye ku musaraba ariyo yamwogejemo ibyaha bye akabibabarirwa, ati &#8220;Ubu sinkiri umujura, ndi umwana w'Imana, ariko byari bikomeye nk'uko ngiye kubibabwira.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nitwa Twahirwa Jean Baptiste bakundaga kwita Jumelle ndi umuhungu wa Gasana Jean Marie Vianne na MUKARURINDA Annonciata, mvuka mu mu Karere ka Gicumbi, ubu mba mu mujyi wa Kigali mu karere ka Gasabo, Nize amashuri yisumbuye muri College APEGIRUBUKI &#8211; I Rutare mu Karere ka Gicumbi, aha nkaba narahize ndemerewe cyane kuko ntari nakamenye Yesu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umunsi wa mbere ngeze muri APEGIRUBUKI naraye nkubiswe&#8230;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubusanzwe natangiye ingeso z'ubucakura n'ubujura ndi umwana muto cyane,nibuka ko nkiga mu mashuri abanza ku ishuri ntajyaga nihanganira umwana wizaniye impamba iyo ari yo yose, iyo nabonaga wapfunyitse inanasi narayikwibaga nkayirya, uwabaga yazanye agafiriti bikaba ukon 'ibindi&#8230;..,&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ngeze mu mashuri yisumbuye muri College APEGIRUBUKI ku munsi wa mbere ninjiye muri icyo kigo nanyoye ikigage kirimo kanyanga nasinze, maze umuyobozi ushinzwe ikinyabupfura turahura arankubita ariko ntacyo byambwiraga kuko numvaga ndi mu kuri.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nafunzwe incuro zigera kuri eshanu&#8230;.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Aho ku kigo maze kuhagera nagizei byago bikomeye ninjira mu itsinda ry'abanyeshuri b'ibirara ryitwaga Bon Gard de la season seche, iri tsinda ryanyoboye mu nzira mbi, gusa Imana ishimwe kuko muri bo hari benshi Imana yahinduriye amateka, nk'uko mu nzira ijya mu ijuru umuntu agira abajyanama beza nina ko mu nzira ijya kurimbuka akenshi uyoba agira ababimufashamo, muri iritsinda rero twakoraga ibyaha bitandukanye ariko cyane cyane kunywa ibiyobyabwenge.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri iritsinda nahigiye gukora indangamanota, dukoresheje imiti ya feri,&lt;br class='autobr' /&gt;
Muri icyo gihe ikoranabuhanga ryari ritarasakara kuko rero indangamanota zandikishwaga ikaramu ntabwo bigeze bamvumbura, byumvikaneko abo nazikoreraga ari ababaga birukanwe, basibijwe cyangwa se bagize amanota make. Nize kandi gucuruza kanyanga, ndibuka ko rimwe njye na bagenzi banjye twigeze kwigira abayobozi, tujya mu cyaro aho bazicuruzaga turazibaka natwe tujya kuzicuruza, icyo gihe aba porisi ba komini baramfata ndabacika ariko kuko bari bamenye baza mu kigo n'abayobozi b'ikigo baramfata baramfunga.&lt;br class='autobr' /&gt;
Nongeye gufungwa nzira gutera ibuye umuyobozi wari ushinzwe ikinyabupfura witwaga NIYONZIMA Eugene&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubu uyu muyobozi iyo ambonye ashima Imana ko ibasha guhindura amateka y'abantu, icyo gihe yanze kunyirukana, ariko biza kuba ngombwa ko mfungwa.Nigeze kurya amafaranga y'ishuri baranyirukana, nyuma yaho rero bamfata nagarutse mu kigo batinya ko nateza umutekano muke muri bagenzi banjye na bwo ndafugwa, hari izindi ncuro ebyiri ntibuka ariko icyo nibuka navuye muri icyo kigo mfunzwe incuro nyinshi. Ntabwo byarangiriye aho kuko ubujura narabukomeje, navuga nk'uburyo twagurishaga intebe zo mu kigo, taburete tukayigurisha 200 n'ibindi, hari ubwo inyota yatwishe twigira inama yo kujya kwiba ihene, twarabikoze twiba ihene 3, ariko nafashwe ngeze ahitwa Nyamutegera ngiye kuzigurisha mu isoko rya gaseke,,&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bene data icyo nababwira ni uko byari biteye ubwoba, murumva namwe umunyeshuri umeze gutyo kandi uri mu kiciro rusange nari ndushye, ababyeyi banjye bo bari barashavuye ariko nyine ibyaye ikiboze irakirigata.Hagati aha icyo navuga ni uko Imana ivubira imvura abeza n'ababi, muri ubwo bujiji bwose Imana njye yampaga ubwenge bwo mu ishuri,n'ubwo nabaga ntarikandagiyemo aho nagarukiraga naratsindaga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Nakijijwe umunsi nari nizeye ko ndibusambane bwa mbere &#8230;..&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu byaha byose nanyuzemo Imana yari yarandinze sinasambana, ariko satani we ntiyanyuzwe, umunsi umwe rero numva nanjyeko nkwiye kugera ikirenge muri bagenzi banjye b'abasambanyi, nuko ntegura uwo mugambi ari ku cyumweru, nzinduka kare kare saa 05:45' Am, n'ubwo mubo na rimwe na rimwe duseta ibirenge mu murimo w'Imana, ujya kurimbuka arihuta kandi arazinduka, nari mfite amafaranga 45,000 Frw ndayafata mfata gahunda n'umwana w'umukobwa ko tujya gusambana, ngeze kucyapa cyo kwa Mironko muhamagaye numero ye ndayibura, biba ngombwa ko njya kwa masenge mu biryogo mpageze ansaba ko tujya gusenga, Imana rero yo igira inzira zayo inyuzamo ngo idukize.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ngeze mu rusengero umu Pastori wigishije yaravuze ngo &#8220;PETERO N'UBWO YAHUBUKAGA ARIKO KIRIYA GI-TYPE CYAGIRAGA ISHYAKA RY'UMURIMO W'IMANA&#8221;, mbyumvise ndibwira ngo ubwo uyu mu Pastori avuga iby'aba-type nawe ni umu type, nzajya nza kwisengera hano twivugire iby'aba-type, gusa sinahise nkizwa kuko uwo mugoroba naraye nyoye amacupa 13 ya Miitzing, icyumweru cyakurikiye, nasubiye kuhasengera ntegereza ko avuga umu type ndaheba, ahubwo aravuga ngo &#8220;Yewe uhagaze mu nzira va mu muryango abandi binjire, ntabwo nabashaga kubyumva ariko Imana yari imfiteho umugambi, nakomeje gutyo bidatinze ndakizwa, mbatirizwa muri Goshen Holy Church, iza kwimukira I Muhanga, mpita njya gusengera muri United Christian Church (UCC), maze kuhava Uwiteka anjyana gukorera umurimo wayo muri ADEPR, ubu ndi umukiristo mu itorero rya ADEPR Gatenga, umudugudu wa Karambo, ndi umuririmbyi muri Chorale Silowamu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Imana yantuye umutwaro&#8230;.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bene data nta kintu ntaboneye ku Mana muri iyi nzira, Imana yamaze umubabaro, yankijije inyota y'itabi, ankiza gukunda urumogi, ikiza kwiba impa umwuka wera, ubu ndanyuzwe mfite amahoro , gusa &#8220;mbikuye kumutima nshimiye abagize uruhare mu gukizwa kwanjye bose reka mvuge ngo Imana ibahe umugisha, kandi mboneyeho umwanya wo kubwira abatarakizwa ngo Yesu yicaye ku ntebe y'imbabazi,bene data bakiri mu byaha nababwira ngo turi mu gahe k'imbabazi, Yesu arashaka ko bava aho nari ndi, nta mahoro yo mu byaha, nibaze kandi mu Mana niho amahoro abonerwa, naho abakijijwe nababwira ngo Imana igiye kugororera buri wese ibikwiye ibyo yakoze, nibakomeze bawukore bawukunze bazagororerwa. &lt;strong&gt;Twahirwa Jean baptiste&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>



</channel>

</rss>
