<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?><?xml-stylesheet title="XSL formatting" type="text/xsl" href="http://www.agakiza.rw/spip.php?page=backend.xslt" ?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Agakiza</title>
	<link>https://agakiza.rw/</link>
	<description>Mwene data Yesu ashimwe! Amahoro y' Imana abane nawe! Ikaze kuri uru rubuga rw' ivugabutumwa. Nkwifurije ko uru rubuga warubonaho ibyagufasha mu bibazo ufite, kandi ukahakura ubwenge bwo kubaha Imana, ugahishurirwa umurimo wa Kristo ku musaraba n'umugambi w'Imana ku buzima bwawe. Turagushimira inkunga yawe mu kuduha inama, mu kudusengera, no mu gutanga ubutunzi bwawe kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi.T ukwifurije umugisha, amahoro, n' ubuntu bw' Imana bibane nawe,</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="http://www.agakiza.rw/spip.php?id_rubrique=34&amp;page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />




<item xml:lang="en">
		<title>Ku nshuro ya 7 itorero OMEGA ryateguye igiterane cy'amasengesho cyitwa &#8220;U Rwanda mu biganza by'Uwiteka.&#8221;</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ku-nshuro-ya-7-itorero-OMEGA-ryateguye-igiterane-cy-amasengesho-cyitwa-U-Rwanda</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ku-nshuro-ya-7-itorero-OMEGA-ryateguye-igiterane-cy-amasengesho-cyitwa-U-Rwanda</guid>
		<dc:date>2016-07-09T04:47:39Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nyuma yuko u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rya genocide yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, rwakataje mu muvuduko w'iterambere ry'ubukungu n'ubwiyunge nk'igitangaza gikomeye cyabaye mu Rwanda, kuko cyagaragaraga nk'igihugu kizimye burundu,uko kongera kwiyubaka kwabaye ishimwe rikomeye ku banyarwanda.Ni muri urwo rwego Omega Ministries ifatanyije n'amatorero y'ivugabutumwa n'indi miryango ya Gikristo mu Rwanda yateguye igiterane cy'amasengesho cyitwa &#8220;U Rwanda mu biganza by'Uwiteka.&#8221; (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Nyuma yuko u Rwanda ruvuye mu icuraburindi rya genocide yakorewe Abatutsi mu mwaka wa 1994, rwakataje mu muvuduko w'iterambere ry'ubukungu n'ubwiyunge nk'igitangaza gikomeye cyabaye mu Rwanda, kuko cyagaragaraga nk'igihugu kizimye burundu,uko kongera kwiyubaka kwabaye ishimwe rikomeye ku banyarwanda.Ni muri urwo rwego Omega Ministries ifatanyije n'amatorero y'ivugabutumwa n'indi miryango ya Gikristo mu Rwanda yateguye igiterane cy'amasengesho cyitwa &#8220;U Rwanda mu biganza by'Uwiteka.&#8221; Insanganyamatsiko y'uyu mwaka iragira iti &#8220;Dusingire imigambi y'Imana ku gihugu cyacu.&#8221;Iki giterane kizatangira kuwa 13-15/Nyakanga/2016 kikazabera aho iri torero riherereye I Kagugu/Kigali.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Iki giterane ngarukamwaka cy'abakristo, kizahuza abayobozi b'amatorero n'indi miryango ya Gikristo ifite umutwaro wo gusengera igihugu cy'U Rwanda.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nk'uko insanganyamatsiko y'uyu mwaka ibigarukaho &#8220;Dusingire imigambi y'Imana ku gihugu cyacu.&#8221; Ngo hari imigambi myinshi Imana ifite ku gihugu cy' u Rwanga ngo kubw'iyo mpamvu Abakristo ntibakwiye kwicara ngo bagereke akaguru ku kandi ngo ahubwo bakwiye gushyira hamwe bagashimira Imana ibyo yakoze bakayiragiza n'ibiri imbere aka wa mugani w'ikinyarwanda ngo &#8220;Utazi iyo ava ntamenya iyo ajya.&#8221;Itorero Omega ryagize riti &#8220;Ntagushidikanya,biragaragara ko Imana yakoze umurimo ukomeye muri iki gihugu kandi irakomeje ntizahagarara ariko ni inshingano zacu nk'Abakristo gukomeza gusengera igihugu cyacu kandi ntitwirare, kuberako Imana yasezeranije iki gihugu gukora ibirenze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Dukeneye gusenga ku bw'iyo mpamvu, kugirango tutibagirwa imbaraga z'Imana zicungura zigejeje iki gihugu aha ( Zaburi 106:21).&#8221;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kubera imbaraga n'agaciro k'iki giterane,abashumba batandukanye baturutse mu bihugu byo hanze bazakitabira, abo ni:Intumwa John MULINDE uturuka mu gihugu cya Uganda na Dr. Howard Barnes uturuka mu Bwongereza bakaba bazwiho kugira ishyaka mu kwigisha ku bubyutse ku rwego rw'igihugu no kuzana impinduka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Intego nyamukuru y'iki giterane ni ugukangurira Abizera Imana n'abandi intego yayo ku gihugu cy'U Rwanda ndetse no gufasha Abizera gusobanukirwa iyo ntego mu buzima bwabo no mu mirimo yabo kugirango bizane umugisha mwinshi wayo mu byo bakora byose nk'igihugu n'abagituye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Deo Jyamubandi&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>ITSINDA HOPE MINISTY RYASUYE ABARWAYI BARWARIYE MU BITARO BYA CHUK </title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?ITSINDA-HOPE-MINISTY-RYASUYE-ABARWAYI-BARWARIYE-MU-BITARO-BYA-CHUK</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?ITSINDA-HOPE-MINISTY-RYASUYE-ABARWAYI-BARWARIYE-MU-BITARO-BYA-CHUK</guid>
		<dc:date>2016-07-05T13:02:36Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;ITSINDA HOPE MINISTY RYASUYE ABARWAYI BARWARIYE MU BITARO BYA CHUK &lt;br class='autobr' /&gt;
Nyuma yo kubona ko bamwe mu barwayi bahura n'ibibazo bitandukanye, itsinda HOPE MINISTRY ryagize igitekerezo cyo kujya basura abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK bakabasangiza ijambo ry'Imana ndetse bakanabagemurira ibibatunga n'ibikoresho by'isuku nk'igikorwa ngaruka kwezi.Umuyobozi wa Hope ministry NDAMUKUNDA Patrick avuga ko gusura abarwayi ari inshingano y'umukristo ngo nubwo ibyo babagemurira bitabakwira ngo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;ITSINDA HOPE MINISTY RYASUYE ABARWAYI BARWARIYE MU BITARO BYA CHUK&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nyuma yo kubona ko bamwe mu barwayi bahura n'ibibazo bitandukanye, itsinda HOPE MINISTRY ryagize igitekerezo cyo kujya basura abarwayi barwariye mu bitaro bya CHUK bakabasangiza ijambo ry'Imana ndetse bakanabagemurira ibibatunga n'ibikoresho by'isuku nk'igikorwa ngaruka kwezi.Umuyobozi wa Hope ministry NDAMUKUNDA Patrick avuga ko gusura abarwayi ari inshingano y'umukristo ngo nubwo ibyo babagemurira bitabakwira ngo babashyira Kristo ukwira mu mitima yabo akanabakiza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Kuba ari ibitaro bikuru CHUK bituma yakira abarwayi baturutse mu ntara zitandukanye z'igihugu ndetse no hanze yacyo bamwe muri abo barwayi usanga bafite ibibazo by'imibereho kubera kurwarira kure y'imiryango yabo gusa aba barwayi bavuga ko hari abagiraneza nka HOPE MINISTRY babitaho bigatuma badahura n'ibibazo by'inzara.Aba barwayi bakomeza bavuga ko baramutse batabonye abakozi b'Imana babagemurira ngo ubuzima bwabo bwahungabana cyane ngo kuko imiryango yabo itabasha kubagemurira kubera guturuka kure.Murengezi Janvier aturuka mu ntara y'Amajyepfo ho mu karere ka Gisagara mu murenge wa Mamba akaba ari umwe mu barwayi twaganiriye yatubwiye ko iyo babonye abakozi b'Imana babitaho bakabagemurira ndetse bakanabasengera ngo bibaha icyizere cyo gukira.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1898 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/2-53.jpg' width='480' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Umuganga twaganiriye wo muri ibi bitaro avuga ko bigoye kuvura umuntu ashonje ngo ariko iyo babonye abagiraneza babagemurira ngo no kubavura biroroha kuko baba babona ko hari abantu babitayeho yagize ati &#8220;Abarwayi bo mubitaro bya CHUK by'umwihariko bahura n'ibibazo bitandukanye by'imibereho cyane ko baba barwariye kure y'imiryango yabo kuko baba baturutse mu ntara zitandukanye z'igihugu ndetse no hanze yacyo nko mu gihugu cy'Uburundi,Uganda,Tanzania na Kenya bose turabakira gusa iyo bavuye muri ibi bitaro bagenda banezerewe cyane kuko baba barabonye abakozi b'Imana babitaho.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1897 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/21111.jpg' width='480' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Abanyamuryango ba Hope Ministry bavuga ko gusura abarwayi ari umuhamagaro wabo ngo bizera kandi ko bazaronka ingororano mu bwami bw'ijuru.Bakomeza bavuga ko hari imbuto zikwiriye kuranga abakristo muri izo mbuto harimo urukundo bityo ngo urwo rukundo rugomba kugaragarira mu bikorwa nko kugemurira abarwayi cyane ko baba bafite ibibazo bitandukanye ngo kuvuga ubutumwa si ukujya ku Ruhimbi no kujya mu rusengero ugahimbaza gusa ngo ahubwo ibyo Abakristo bavuga bikwiye kuva mu magambo bikajya mu ngiro.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1896 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/1-41.jpg' width='480' height='501' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;NDAMUKUNDA Patrick akomeza ahamagarira Abakristo kwita ku barwayi ngo kuko gutanga bizana umugisha kuruta guhabwa.Yagize ati &#8220;Abakristo dukwiriye gukora imirimo y'ibanga,ndibutsa abakristo ko gutanga bizana umugisha kuruta guhabwa, mu bitaro hari umurimo ukomeye bityo nkaba nkangurira amatorero atandukanye gushyira mu nteganyamigambi gahunda yo gusura abarwayi kuko barababaye kandi ni abacu.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Deo Jyamubandi &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ihene 10, kwambika abantu 52 no kwishyura Mitiweli 120 nibyo byatanzwe n'abakunzi b'Agakiza.org mu kwezi bise ukw'impuhwe</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ihene-10-kwambika-abantu-52-no-kwishyura-Mitiweli-120-nibyo-byatanzwe-n</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ihene-10-kwambika-abantu-52-no-kwishyura-Mitiweli-120-nibyo-byatanzwe-n</guid>
		<dc:date>2016-06-29T10:41:22Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Mu mpera z'icyumweru gishize nibwo ihuriro ry'abakunzi b'urubuga rwa gikristo www.agakiza.org bahurira mu kitwa Agakiza Family basoje icyo bise &#8216;'Ukwezi kw'impuhwe'', aho bari bamaze igihe kingana n'ukwezi bakora ibikorwa by'urukundo, banegeranya imbaraga mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 batishoboye. &lt;br class='autobr' /&gt;
Iyi gahunda ikaba yarasojwe n'igiterane cyagutse cyabaye kuri iki cyumweru tariki 26/06/2016, kikaba cyarabereye ku kicaro cy'itorero rya (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amakuru-" rel="directory"&gt;Amakuru&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH100/arton4199-3aebd.jpg?1769095245' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Mu mpera z'icyumweru gishize nibwo ihuriro ry'abakunzi b'urubuga rwa gikristo &lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;www.agakiza.org&lt;/a&gt; bahurira mu kitwa Agakiza Family basoje icyo bise &#8216;'Ukwezi kw'impuhwe'', aho bari bamaze igihe kingana n'ukwezi bakora ibikorwa by'urukundo, banegeranya imbaraga mu rwego rwo gufasha abacitse ku icumu rya Jenoside yakorewe abatutsi 1994 batishoboye. &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyi gahunda ikaba yarasojwe n'igiterane cyagutse cyabaye kuri iki cyumweru tariki 26/06/2016, kikaba cyarabereye ku kicaro cy'itorero rya ADEPR-Gatare, giherereye mu murenge wa Gahanga, Akarere ka Kicukiro ahanatoranijwe abababaye kurusha abandi ari nabo bashyikirijwe ubwo bufasha.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1886 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/goat-251a3.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Hatanzwe ihene 10 mu rwego rwo koroza abatifashishe&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuyobozi w'iri huriro akaba ari nawe washinze urubuga rw'ivugabutumwa Pasteri Desire Habyarimana ashimira abakunzi b'Agakiza.org yavuze ko iki ari igikorwa gishimishije mu maso y'Imana n'abantu, ashimangira ko umuntu yari akwiye gutekereza kuri mugenzi we no kwibuka gufasha ubabaye. Yaboneyeho umwanya wo kwibutsa abarokotse Jenoside yakorewe abatutsi 1994 ko Imana yabarokoye ikibafiteho umugambi mwiza.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1888 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/desire-8-121aa.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Pasteri Desire Habyarimana uyobora Agakiza.org avuga ijambo &lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ibyatanzwe kugeza bifite agaciro k'amafaranga y'u Rwanda asaga Miliyoni imwe, birimo ihene 10, gutanga imyambaro ku bantu 52 ndetse no kwishyurira ubwisungane mu kwivuza abantu 120.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1886 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/goat-251a3.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt; &lt;p&gt;&lt;i&gt;Hatangwa Mitiweli ku bantu 120 &lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abakunzi b'Agakiza.org bahura byibuze incuro imwe mu mezi atatu, bakabasha kumenyana no gusangira ihishurirwa ry'uru rubuga ubusanzwe rwiyemeje kuvuga ubutumwa bwiza bwa Yesu nta rundi rwunguko, uretse gushaka no gukiza icyazimiye.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1889 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/imyambaro-b4193.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt; &lt;p&gt;&lt;i&gt;Imyambaro, matela, n'ibindi byatanzwe n'Abakunzi b'Agakiza.org&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uretse kandi iki gikorwa abakunzi b'Agakiza.org banahuzwa n'ibindi birimo ibiterane by'ivugabutumwa mu Rwanda no hanze yarwo, amahugurwa y'abubatse ingo n'ay'urubyiruko n'ibindi nk'ibyo byose bigamije gutanga umusanzu wabo mu kubaka itorero ry'Imana muri rusange ndetse n'abantu hirya no hino.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1890 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/choir_1-98e98.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt; &lt;div class='spip_document_1891 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/choir_2-2-fc32b.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Chorale zo muri Paruwasi ya Gatare zari zaje kwizihiza iki gikorwa&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>KICUKIRO: ADEPR PAROISSE YA GATARE YIBUTSE ABAKRISTO BAYO BAZIZE JENOSIDE IREMERA N'INCIKE</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?KICUKIRO-ADEPR-PAROISSE-YA-GATARE-YIBUTSE-ABAKRISTO-BAYO-BAZIZE-JENOSIDE</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?KICUKIRO-ADEPR-PAROISSE-YA-GATARE-YIBUTSE-ABAKRISTO-BAYO-BAZIZE-JENOSIDE</guid>
		<dc:date>2016-06-24T09:49:26Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ni ku ncuro ya 22 u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w'1994. Insanganyamatsiko y'uyu mwaka igira iti &#8220;Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.&#8221; Ni muri urwo rwego itorero rya ADEPR paroisse ya Gatare bateguye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari Abakristo b'iyo paroisse bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w'1994. Iyo paroisse iribuka Abakristo bayo 115 n'imiryango yabo 334 yasengeraga ahandi bose hamwe bakaba 449 nk'uko (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amakuru-" rel="directory"&gt;Amakuru&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH100/arton4193-70e70.jpg?1769095245' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ni ku ncuro ya 22 u Rwanda rwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w'1994. Insanganyamatsiko y'uyu mwaka igira iti &#8220;Twibuke Jenoside yakorewe Abatutsi turwanya ingengabitekerezo ya Jenoside.&#8221; &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ni muri urwo rwego itorero rya ADEPR paroisse ya Gatare bateguye igikorwa cyo kwibuka abahoze ari Abakristo b'iyo paroisse bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwaka w'1994. Iyo paroisse iribuka Abakristo bayo 115 n'imiryango yabo 334 yasengeraga ahandi bose hamwe bakaba 449 nk'uko bigaragara ku rukuta rw'urwibutso ruri kuri iyi paroisse ya Gatare.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1880 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/_dsc3301-2cbe9.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abayobozi bitabiriye uyu muhango&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki gikorwa cyabimburiwe n'urugendo rwo kwibuka (Walk to remember), ubwo abashumba b'itorero rya ADEPR, Abakristo n'abayobozi b'inzego za Leta berekeje ku rwibutso rwa Nunga rushyinguwemo imibiri 7564, bakomereje urwo rugendo ku rwibutso rwa Gatolika rushyinguwemo imibiri 6711 nk'uko byagarutsweho n'uhagarariye Umuryango Ibuka mu murenge wa Gahanga Madamu MUKABARUTA Helene ubwo yavugaga amateka yaranze uyu murenge mu gihe cya Jenoside.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1882 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/_dsc3264-ef5cd.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Urutonde rw'abazize Jenoside mu w'1994 muri iyi paroisse&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Madamu Helene yavuze ko Jenoside yakozwe muri uyu murenge wa Gahanga ari indengakamere, kuko haguye Abatutsi benshi bari bahungiye muri za Kiliziya bibwira ko ari inzu y'Imana nyamara bakahashirira kandi abenshi bakicwa n'Abakristo bagenzi babo basenganaga. Yakomeje ashimira itorero rya ADEPR ryateguye icyo gikorwa anabashimira uruhare bagira mu gufasha imfubyi n'incike za Jenoside babubakira, babaha ibyo kurya, amatungo n'ibindi bitandukanye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uwatanze ubuhamya Bwana Karegeya yavuze ko akurikije abantu baguye muri uyu murenge, ngo uyu murenge wakagombye kujya mu mateka. Yakomeje avuga ko hari na bashiki be bari Abakristo b'iyi paroisse baguye muri uyu murenge wa Gahanga, akaba anashimira itorero rya ADEPR uruhare bagira mu kubafasha kwibuka ababo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu ijambo rye, Umushumba w'ururembo rw'umujyi wa Kigali Bwana Rurangirwa Emmanuel ari na we wari umushyitsi mukuru yagize ati &#8220;Jenoside ikirangira hari abantu bamwe batabyumvaga harimo na bagenzi bacu b'Abakristo b'amatorero atandukanye cyangwa harimo n'iryacu, bakumva yuko kujya kwibuka cyangwa kujya gushakisha iyo mibiri y'abazize na Jenoside byaba ari bibi abantu bakabyita amazina uko babyumva cyangwa nuko bashatse kubivuga&#8230;&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1881 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/_dsc3294-ffc52.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Rev. Emmanuel Rurangirwa&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yakomeje avuga ko iki gikorwa cyo kwibuka mu itorero rya ADEPR kizajya gikorwa muri buri paroisse ndetse hakubakwa n'urukuta rugaragaza abahoze ari Abakristo b'iyo paroisse bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, buri paroisse kandi ikubakira incike ya Jenoside mu rwego rwo kubagarurira icyizere cyo kubaho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki gikorwa cyasojwe no kuremera incike za Jenoside 12 zitishoboye, bakaba bahawe amatungo magufi (ihene) 12 n'imyambaro, ndetse bakazatangira n'abandi ubwisungane mu kwivuza 120 harimo n'abo bahawe amatungo magufi n'imyambaro.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1879 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L500xH334/_dsc3305-c8632.jpg?1769159282' width='500' height='334' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abaremewe bahawe amatungo magufi&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umwe muri abo bafashijwe Mukarubibi Bertride yatubwiye ko ashimishijwe n'itungo n'imyambaro bamuhaye, akaba ashimira itorero rya ADEPR uruhare bagira mu kubafata mu mugongo no mu rwego rwo kwiyubaka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Deo Jyamubandi@agaliza.org&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>ADEPR Remera yabateguriye igiterane cy'amasengesho kizamara iminsi 7: Gahunda y'igiterane [&#8230;]</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?ADEPR-Remera-yabateguriye-igiterane-cy-amasengesho-kizamara-iminsi-7-Gahunda-y</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?ADEPR-Remera-yabateguriye-igiterane-cy-amasengesho-kizamara-iminsi-7-Gahunda-y</guid>
		<dc:date>2016-06-23T04:58:37Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Itorero rya ADEPR Paruwasi ya Remera umudugudu wa Remera ryateguye igiterane cy'iminsi 7 gifite intego igira iti &#8220;Nibutse iminsi ya kera nibwira ibyo wakoze byose ntekereza umurimo w' intoki zawe nkuramburira amaboko zaburi 143:5-6&#8221;, bagamije kwibutsa Abanyarwanda ko aho Imana igejeje ikora ari ubuntu bwayo. &lt;br class='autobr' /&gt;
ADEPR Paruwasi ya Remera iri mu mashimwe menshi aho bari kuzamura urusengero runini ruzajya rwakira abakristo barenga 2,000 bicaye neza, ubu bakaba barimo gusakara uru rusengero (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Itorero rya ADEPR Paruwasi ya Remera umudugudu wa Remera ryateguye igiterane cy'iminsi 7 gifite intego igira iti &#8220;Nibutse iminsi ya kera nibwira ibyo wakoze byose ntekereza umurimo w' intoki zawe nkuramburira amaboko zaburi 143:5-6&#8221;, bagamije kwibutsa Abanyarwanda ko aho Imana igejeje ikora ari ubuntu bwayo.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;ADEPR Paruwasi ya Remera iri mu mashimwe menshi aho bari kuzamura urusengero runini ruzajya rwakira abakristo barenga 2,000 bicaye neza, ubu bakaba barimo gusakara uru rusengero ruzatwara akayabo k'amafaranga asaga miliyoni magana atanu y'u Rwanda (500,000,000Frw).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igiterane rero kizamara iminsi irindwi, kikaba kizakorwa muri ubu buryo bukurikira kugira ngo n'abazajya bava mu kazi batazacikanwa:&lt;/p&gt;
&lt;ul class=&#034;spip&#034; role=&#034;list&#034;&gt;&lt;li&gt; Tariki ya 27-31 Kamena 2016 kizajya gitangira saa kumi z' umugoroba (16h00) kugeza saa mbiri(20h00) z'ijoro.&lt;/li&gt;&lt;li&gt; Ku wa Gatanu Tariki 01 Nyakanga 2016 nuguhera saa tatu (09h00) kugeza saa moya (19h00) z' ijoro.&lt;/li&gt;&lt;li&gt; Ku wa Gatandatu tariki ya 02 Nyakanga bazatangira saa sita (12h00) kugeza saa mbiriz' ijoro (20h00).&lt;/li&gt;&lt;li&gt; Ku cyumweru tariki ya 03 Nyakanga 2016 nuguhera mu gitondo saa mbiri(08h00) kugeza saa kumi n' imwe(17h00) nina wo munsi wo gosoza igiterane.&lt;/li&gt;&lt;/ul&gt;
&lt;p&gt;Si ibyo gusa kandi kizitabirwa na Korali Salem (Gatsata), Impanda (Gikondo SGEEM, Amahoro, Abahetsi, Ababibyi, Besalel, na Elayono zok u mudugudu wa Remera, n'abahanzi batandukanye nka Claudine, Stella , Goreth, Richard na Mukazayire.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Korali Jeovah Jireh n'Impanda zizitabira Launch ya Album Video ya Korali Turanezerewe ya CEP ULK/Jour</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Korali-Jeovah-Jireh-n-Impanda-zizitabira-Launch-ya-Album-Video-ya-Korali</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Korali-Jeovah-Jireh-n-Impanda-zizitabira-Launch-ya-Album-Video-ya-Korali</guid>
		<dc:date>2016-06-23T04:16:23Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Korali Turanezerewe ya CEP ULK y'abanyeshuri biga ku manywa iri mu myiteguro y'igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere y'amashusho bise &#8220;Aratwibutse&#8221;. Iki gitaramo kizitabirwa na Korali Jeovah Jireh CEP ULK/Soir ndetse na Korali Impanda ya ADEPR muri Paruwasi ya Rwampara n'umuvugabutumwa Pastor Rudasingwa Jean Claude. &lt;br class='autobr' /&gt;
Mu kiganiro Iyobokamana yagiranye na Ntirushwamaboko Dieudonne umuyobozi w'iyi korali yatubwiyeko mbere na mbere buzuye ishimwe rikomeye kuko Imana ijyenda ibiyereka (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Korali Turanezerewe ya CEP ULK y'abanyeshuri biga ku manywa iri mu myiteguro y'igitaramo cyo kumurika Album yabo ya mbere y'amashusho bise &#8220;Aratwibutse&#8221;. Iki gitaramo kizitabirwa na Korali Jeovah Jireh CEP ULK/Soir ndetse na Korali Impanda ya ADEPR muri Paruwasi ya Rwampara n'umuvugabutumwa Pastor Rudasingwa Jean Claude.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kiganiro Iyobokamana yagiranye na Ntirushwamaboko Dieudonne umuyobozi w'iyi korali yatubwiyeko mbere na mbere buzuye ishimwe rikomeye kuko Imana ijyenda ibiyereka muri byose yaba mu murimo wayo n'amasomo muri rusange ndetse by'umwihariko ikaba yarabafashije mu gikorwa k'indashyikirwa cyo gutunganya Album mu buryo bw'amajwi n'amashusho none bakaba bakajije imyiteguro yo kuyishyira ku mugaragaro.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1874 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/impanda-choir.jpg' width='417' height='556' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Korali Impanda ADEPR Rwampara&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uyu muyobozi yakomeje avugako iyi Album igizwe n'indirimbo 10 bayise &#8220;Aratwibutse&#8221;, aho muri izi ndirimbo bagaruka cyane kuneza y'Imana yo itajya yibagirwa abayikiranukira ku manywa na ni joro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki gitaramo cyo kumurika uru rukurikirane(Album) rw'izi ndirimbo z'amajwi n'amashusho kizaba ku cyumweru k'italiki ya 26 Kamena 2016 kuva kw'isaha ya sa saba z'amanywa kikazabera ku kibuga cy'umupira cya ULK(Stade ULK) kikazabonekamo amakorali atandukanye nka Jeovah- Jireh CEP ULK Soir na korali Impanda ya ADEPR Rwampala/SEGEM na worship team ya ADEPR Ntora (umudugudu w'igifaransa) ndetse n'umuvugabutumwa Pastor Rudasingwa J.Claude guturuka mw'itorero ry'akarere ka ADEPR Huye muri Paruwasi ya Matyazo.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1878 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;a href='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication1-5.jpg' class=&#034;spip_doc_lien mediabox&#034; type=&#034;image/jpeg&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/publication1-5.jpg' width='500' height='707' alt='' /&gt;&lt;/a&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Korali Turanezerewe CEP ULK/Jour&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Korali Turanezerewe igizwe n'abanyeshuri b'abapenticote biga mw'ishuri kaminuza ya ULK kumanywa (CEP ULK Jour) ikaba igizwe n'abanyamuryango bagera kuri 190 barimo abakiri abanyeshuri n'abarangije ariko bakiba hafi ya korali ,iyi korali yagiye ikora ibikorwa byinshi by'ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Joel Sengurebe&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		
		<enclosure url="http://www.agakiza.rw/IMG/zip/turanezerewe-ulk-olg1.jpe.zip" length="59354" type="application/zip" />
		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>KICUKIRO: IGITERANE CY'AGAKIZA CYAKOZE KU MITIMA YA BENSHI: AMAFOTO...</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?KICUKIRO-IGITERANE-CY-AGAKIZA-CYAKOZE-KU-MITIMA-YA-BENSHI-AMAFOTO</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?KICUKIRO-IGITERANE-CY-AGAKIZA-CYAKOZE-KU-MITIMA-YA-BENSHI-AMAFOTO</guid>
		<dc:date>2016-06-21T08:08:45Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 19 Kamena 2016 ni bwo Kicukiro kuri salle ya AMANI GUEST HOUSE habereye igiterane cyo kuramya no guhimbaza Imana cyateguwe n'AGAKIZA, cyari gifite intego igira iti &#8220;Urufatiro rw'ukuri rwo kuramya no guhimbaza Imana&#8221; Luka10:27; Ibyak16:23-26.&#8221; &lt;br class='autobr' /&gt;
Iki giterane cyitabiriwe n'abantu benshi barimo abashumba b'amatorero, abavugabutumwa, abagize AGAKIZA FAMILY, incuti z'agakiza n'abandi, kirangwa n'ubuhamya, ijambo ry'Imana, umuvugo n'ibindi. New Melody (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Ku gicamunsi cyo kuri iki cyumweru tariki ya 19 Kamena 2016 ni bwo Kicukiro kuri salle ya AMANI GUEST HOUSE habereye igiterane cyo kuramya no guhimbaza Imana cyateguwe n'AGAKIZA, cyari gifite intego igira iti &#8220;Urufatiro rw'ukuri rwo kuramya no guhimbaza Imana&#8221; Luka10:27; Ibyak16:23-26.&#8221;&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iki giterane cyitabiriwe n'abantu benshi barimo abashumba b'amatorero, abavugabutumwa, abagize AGAKIZA FAMILY, incuti z'agakiza n'abandi, kirangwa n'ubuhamya, ijambo ry'Imana, umuvugo n'ibindi. New Melody Family Choir n'Umuramyi Bruce banejeje abari bitabiriye iki giterane nk'uko byagaragariye ku marangamutima y'abatari bake bivuye ku butumwa bwatambutse mu ndirimbo z'abo baramyi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Rutabingwa Jean d'Amour mu ijambo ry'Imana yigishije, yasobanuriye abitabiriye iki giterane imbaraga zo kuramya no guhimbaza Imana. Yagize ati &#8220; Kubera ko dushaka kubaka ku rufatiro ruzahoraho kandi kugirango kuramya kwacu kugumeho ni uko twubaka ku rufatiro rw'ukuri rwo kuramya no guhimbaza ari rwo gukunda Uwiteka n'umutima wose.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Pastor Desire Habyarimana agaruka ku ntego nyamukuru y'iki giterane yavuze ko iki giterane cyari icyo kuramya no guhimbaza, aho cyahujwe n'umugoroba wo gusoza ukwezi kw'Impuhwe, ni mugihe abagize AGAKIZA FAMILY bamaze igihe batanga imyambaro, ibyo kurya, amafaranga n'ibindi byo gushyigikira abarokotse Jenocide yakorewe Abatutsi batishoboye bo mu murenge wa Gahanga. Yadutangarije ko hari ikintu nyamukuru cyamukoze ku mutima muri iki giterane, ati &#8220;Icyankoze ku mutima kuruta ibindi ni uko abantu basobanukiwe kuramya Imana by'ukuri.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Pastor Desire yagarutse kuri aya magambo agamije kwibutsa abashumba b'amatorero ya Gikristo inshingano nyamukuru twasigiwe n'Umwami wacu Yesu Kristo. Yagize ati &#8220;Mu Rwanda dufite ikibazo, umubare w'amatorero n'imiryango ya Gikristo urazamuka buri munsi ariko ibyaha na byo biriyongera. Usanga ahanini biterwa n'uko amatorero menshi atarimo gukora umurimo wayo wo kuzana abantu kuri Kristo, kandi abagamije izindi nyungu babikora mu buryo butari bwo bahisha ukuri kw'ijambo ry'Imana.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu butumwa umufasha wa Desire, Madamu Kiyange Adda Darlene yageneye ababyeyi n'urubyiruko yashishikarije abagore by'umwihariko gukomeza umurimo wo kuramya Imana kuko mu kuramya Imana harimo kuyubaha no kuyikorera by'ukuri, ati &#8220; Kuririmba bizarangira, ariko kuramya bizakomeza, nkumva nabwira abamama bose bakunda kuramya Imana ko babikomeza kuko ni igikorwa kitazarangira kandi Imana ikunda, Imana ishima mbese nababwira ngo ntibacike intege.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Darlene yakomeje agira ati &#8220;Urubyiruko rufite ibintu byinshi birukurura,rufite ibirangaza byinshi kandi amajwi menshi aba ari guhamagara abajyana mu bitagira umumaro ubutumwa rero naha urubyiruko nabahamagarira bose kwinjira mu murimo wo kuramya Imana kuko hari ikintu bihindura mu mutima no ku mubiri,ikindi kandi iyo uramya Imana,Imana irakwagura mu buryo bwose, Imana iguha ibyo wifuza kuko wayibaye hafi,Imana ikaba yakuraho n'ibiteye ubwoba imbere yawe kubera kuramya,Urubyiruko ndabakangurira rwose kwitabira umurimo wo kuramya nkuko Dawidi yajyaga aramya Imana,Imana ikamuha umugisha namwe Imana yabaha umugisha muramutse mwinjiye muri iki gikorwa cyo kuramya Imana.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Ni iki cyakoze ku mitima y'abitabiriye iki giterane?&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu kiganiro twagiranye n'abitabiriye iki giterane bose bagarukaga ku ijambo ryabakoze ku mutima ryo gusobanukirwa kuramya nyakuri:&lt;/p&gt;
&lt;ol class=&#034;spip&#034; role=&#034;list&#034;&gt;&lt;li&gt; Byicaza Aimable ni incuti y'AGAKIZA, yatubwiye ko yungukiye byinshi muri iki giterane akaba anashishikariza urundi rubyiruko kugira umutima uramya Imana kugeza mu za bukuru.&lt;/li&gt;&lt;/ol&gt;&lt;ol class=&#034;spip&#034; role=&#034;list&#034;&gt;&lt;li&gt; Simbavura Jean Nepo ni umunyamuryango w'AGAKIZA yagiriye abantu inama yo kuba abamisiyoneri kugira ngo ubutumwa bwiza bukwire hose.&lt;/li&gt;&lt;/ol&gt;&lt;ol class=&#034;spip&#034; role=&#034;list&#034;&gt;&lt;li&gt; Esther Umulisa nk'Umuramyi yageneye ubutumwa abakobwa bagenzi be bwo kuguma mu Mana ngo kuko bibahisha kandi bikabarinda nk'abakobwa b'Abakristo.&lt;/li&gt;&lt;/ol&gt;
&lt;p&gt;Inkuru mu mafoto:&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1869 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/ag3.jpg' width='423' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Pastor Desire Habyarimana&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1871 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/aim2.jpg' width='423' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&gt;&lt;br class='autobr' /&gt;
&lt;strong&gt;Umuhanzi Aime Uwimana n'umuryango we&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1870 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/bruce_family.jpg' width='423' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umuhanzi Bruce n'umuryango we&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1872 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;a href='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/band.jpg' class=&#034;spip_doc_lien mediabox&#034; type=&#034;image/jpeg&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/band.jpg' width='500' height='756' alt='' /&gt;&lt;/a&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abaririmbyi bari bahimbawe&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1873 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/ag4.jpg' width='423' height='640' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Bamwe mu bitabiriye igiterane ubwuzu bwari bwose&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Deo Jyamubandi&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>ESIPANYE: Abarenga 5,000 bahuriye hamwe basengera igihugu cyabo</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?ESIPANYE-Abarenga-5-000-bahuriye-hamwe-basengera-igihugu-cyabo</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?ESIPANYE-Abarenga-5-000-bahuriye-hamwe-basengera-igihugu-cyabo</guid>
		<dc:date>2016-06-16T04:24:11Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Abantu barenga ibihumbi bitanu (5, 000) bihurije hamwe ku munsi bahariye gusengera igihugu cyabo cya Esipanye bavuga ubutumwa bwiza bwa Kristo iki gikorwa kikaba cyarakorewe mu mijyi 15 igize iki gihugu. &lt;br class='autobr' /&gt;
Nk'uko tubikesha urubuga Evangeliques.info, iki ni igikorwa cyahuje umubare munini w'abantu, kikaba cyabimburiwe n'urugendo rwatangiye saa moya z'umugoroba (19h) hafi na gare abagenzi bategeramo imodoka berekeza mu mujyi rwa gati. Abakoze uru rugendo bari bafite ibyapa byinshi biriho (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amakuru-" rel="directory"&gt;Amakuru&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH100/arton4169-adfb0.jpg?1769159282' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='100' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Abantu barenga ibihumbi bitanu (5, 000) bihurije hamwe ku munsi bahariye gusengera igihugu cyabo cya Esipanye bavuga ubutumwa bwiza bwa Kristo iki gikorwa kikaba cyarakorewe mu mijyi 15 igize iki gihugu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nk'uko tubikesha urubuga Evangeliques.info, iki ni igikorwa cyahuje umubare munini w'abantu, kikaba cyabimburiwe n'urugendo rwatangiye saa moya z'umugoroba (19h) hafi na gare abagenzi bategeramo imodoka berekeza mu mujyi rwa gati. Abakoze uru rugendo bari bafite ibyapa byinshi biriho ubutumwa bugira buti : &#171; Esipanye, ni wowe dusengera!. &#187;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu gitondo, isengesho ryitabiriwe n'ababarirwa muri 70 b'abavugabutumwa bari bahuriye muri Hotel iherereye mu murwa mukuru , i Madrid. Usibye aba hari n'abahagarariye amashyaka akomeye ya politiki ndetse n'abayobozi muri Guverinoma bari batumiwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umunsi wo gusengera igihugu cya Esipanye washyizweho guhera mu mwaka wa 2007, hagamijwe kuvuga ubutumwa bwiza bwa Kristo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Kwizera Janvier&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Abakunzi b'urubuga rwa Gikristo Agakiza.org bateguye umugoroba wo kuramya Imana</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Abakunzi-b-urubuga-rwa-Gikristo-Agakiza-org-bateguye-umugoroba-wo-kuramya-Imana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Abakunzi-b-urubuga-rwa-Gikristo-Agakiza-org-bateguye-umugoroba-wo-kuramya-Imana</guid>
		<dc:date>2016-06-15T09:17:05Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Ihuriro ry'abakunzi b'urubuga rwa gikristo www.agakiza.org bahurira mu kitwa Agakiza Family bateguye umugoroba wo kuramya Imana, igikorwa giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 19 Kamena 2016, guhera sa munani z'amanywa kugeza sa kumi n'ebyiri z'umugoroba, kikazabera Kicukiro kuri Salle ya Amani ( iherereye haruguru y'urusengero rwa ADEPR-Kicukiro Shell). &lt;br class='autobr' /&gt;
Umuyobozi w'uru rubuga Pasteri Desire Habyarimana, akaba n'umuhuzabikorwa w'iri huriro atangaza ko bateguye uyu mugoroba mu rwego rwo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-ibiterane-" rel="directory"&gt;ibiterane&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ihuriro ry'abakunzi b'urubuga rwa gikristo &lt;a href=&#034;http://www.agakiza.org&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;www.agakiza.org&lt;/a&gt; bahurira mu kitwa Agakiza Family bateguye umugoroba wo kuramya Imana, igikorwa giteganyijwe kuri iki cyumweru tariki 19 Kamena 2016, guhera sa munani z'amanywa kugeza sa kumi n'ebyiri z'umugoroba, kikazabera Kicukiro kuri Salle ya Amani ( iherereye haruguru y'urusengero rwa ADEPR-Kicukiro Shell).&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuyobozi w'uru rubuga Pasteri Desire Habyarimana, akaba n'umuhuzabikorwa w'iri huriro atangaza ko bateguye uyu mugoroba mu rwego rwo guhuriza hamwe abakunzi b'Agakiza.org, ariko na none ukababera umwanya mwiza wo kongera gusabana n'Imana mu buryo bw'umwihariko mu ndirimbo n'ijambo ry'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1867 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/desire_p-2.jpg' width='480' height='527' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt; &lt;p&gt;&lt;i&gt;Pasteri Desire Habyarimana&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Akomeza avuga ko guhuza abakunzi b'Agakiza.org biba byibuze incuro imwe mu mezi atatu, bakabasha kumenyana no gusangira ihishurirwa ry'uru rubuga ubusanzwe rwiyemeje kuvuga ubutumwa bwiza bwa Yesu nta rundi rwunguko, uretse gushaka no gukiza icyazimiye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Uyu mugoroba uzitabirwa n'abaramyi barimo Bruce, itsinda New Melody ndetse n'abandi baramyi batandukanye.&lt;/p&gt;
&lt;div class='spip_document_1866 spip_document spip_documents spip_document_image spip_documents_center spip_document_center'&gt;
&lt;figure class=&#034;spip_doc_inner&#034;&gt; &lt;img src='http://www.agakiza.rw/IMG/jpg/agakiza_design.jpg' width='500' height='500' alt='' /&gt;
&lt;/figure&gt;
&lt;/div&gt;
&lt;p&gt;Bimwe mu bindi bikorwa bihuza abakunzi b'Agakiza.org, harimo nk'ibiterane by'ivugabutumwa mu Rwanda no hanze yarwo, amahugurwa y'abubatse ingo n'ay'urubyiruko, ibikorwa by'urukundo byo gutanga ubufasha ku bantu bababye kurusha abandi, ari nacyo barimo kwitegura gukora mu cyo bise Ukwezi kw'impuhwe, aho barimo kwegeranya ibyo bazafashisha abacitse ku icumu batishoboye ndetse no gutangira ubwisungane mu kwivuza ku bandi bakennye, inkunga ikazatangwa tariki 23/06/2016 nyuma y'urugendo rwo kwibuka. Iki gikorwa bakazagikorera mu minsi iri imbere mu murenge wa Gahanga ku bufatanye n'itorero rya ADEPR-Paruwasi ya Gatare riherereye muri uwo murenge.&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Impunzi z'abayisilamu ziri ku mugabane w'uburayi zayobotse Kristo</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Impunzi-z-abayisilamu-ziri-ku-mugabane-w-uburayi-zayobotse-Kristo</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Impunzi-z-abayisilamu-ziri-ku-mugabane-w-uburayi-zayobotse-Kristo</guid>
		<dc:date>2016-06-10T09:52:21Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Nyuma yo gusobanukirwa urukundo rwa Kristo,ndetse bakumva ukuri k'ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo,bemeye kwakira Yesu Kristo nk'Umwami n'Umukiza wabo.Mu magambo yabo baragize bati &#8220; Muri Islam tubayeho mu bwoba, nyamara Kristo ni Imana y'Urukundo. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ikinyamakuru The Guardian cyagaragaje ko mu mezi ashize umubare w'impunzi z'abayislamu ziri ku mugabane w'Ubulayi zirimo guhindukirira Kristo bitewe n'uko amatorero yo kuri uwo mugabane yakwirakwije ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo na gahunda yo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Amakuru-" rel="directory"&gt;Amakuru&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;img src='http://www.agakiza.rw/local/cache-vignettes/L150xH102/arton4162-95767.jpg?1769159283' class='spip_logo spip_logo_right' width='150' height='102' alt=&#034;&#034; /&gt;
		&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Nyuma yo gusobanukirwa urukundo rwa Kristo,ndetse bakumva ukuri k'ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo,bemeye kwakira Yesu Kristo nk'Umwami n'Umukiza wabo.Mu magambo yabo baragize bati &#8220; Muri Islam tubayeho mu bwoba, nyamara Kristo ni Imana y'Urukundo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ikinyamakuru The Guardian cyagaragaje ko mu mezi ashize umubare w'impunzi z'abayislamu ziri ku mugabane w'Ubulayi zirimo guhindukirira Kristo bitewe n'uko amatorero yo kuri uwo mugabane yakwirakwije ubutumwa bwiza bwa Yesu Kristo na gahunda yo kubatiza mu duce dutandukanye two kuri uwo mugabane. &lt;br class='autobr' /&gt;
SHIMA,impunzi ikomoka mu gihugu cya Irani yabwiye ikinyamakuru Told Stern magazine ati&#8220;Mu buzima bwanjye bwose nashakishije amahoro n'ibyishimo,ariko ntabyo nigeze mbona mu idini ya Islam,kuba umukristo ni ibyishimo kuri njye&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Indi mpunzi ikomoka mu gihugu cya Iran, SOLMAZ yabwiye ikinyamakuru German daily ati &#8220; Muri Islam ,tubaho buri gihe mu bwoba,ubwoba bw'Imana,ubwoba bw'ibyaha n'ubwoba bw'ibihano, nyamara Kristo ni Imana y'Urukundo.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Itorero ryitwa &#8220;Berlin's Trinity church&#8221; ryavuze ko Abakristo babo bavuye ku mubare wa 150 bakaba bageze ku 700.Muri Hamburg,impunzi z'Abayislamu zisaga 80 zikomoka muri Iran na Afghanistan bavuye mu idini ya Islam bemera kwakira Yesu Kristo nk'Umwami n'Umukiza wabo ndetse baranabatizwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bamwe mu ba Islam bahindukiriye Kristo batangaje ko impamvu nyamukuru itumye bahinduka bakemera kwakira Yesu Kristo nk'Umwami n'Umukiza wabo ngo ni ukwizera gukomeye babonye mu matorero ya Gikristo,ngo mu gihe muri Islam bahabuze ubwisanzure n'ukwizera ,bongeyeho ko usanga mu gihe cy'intambara Abakristo aribo basabira ubufasha impunzi ndetse bakabitaho.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Deo JYAMUBANDI.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>



</channel>

</rss>
