<?xml 
version="1.0" encoding="utf-8"?><?xml-stylesheet title="XSL formatting" type="text/xsl" href="http://www.agakiza.rw/spip.php?page=backend.xslt" ?>
<rss version="2.0" 
	xmlns:dc="http://purl.org/dc/elements/1.1/"
	xmlns:content="http://purl.org/rss/1.0/modules/content/"
	xmlns:atom="http://www.w3.org/2005/Atom"
>

<channel xml:lang="en">
	<title>Agakiza</title>
	<link>https://agakiza.rw/</link>
	<description>Mwene data Yesu ashimwe! Amahoro y' Imana abane nawe! Ikaze kuri uru rubuga rw' ivugabutumwa. Nkwifurije ko uru rubuga warubonaho ibyagufasha mu bibazo ufite, kandi ukahakura ubwenge bwo kubaha Imana, ugahishurirwa umurimo wa Kristo ku musaraba n'umugambi w'Imana ku buzima bwawe. Turagushimira inkunga yawe mu kuduha inama, mu kudusengera, no mu gutanga ubutunzi bwawe kugira ngo ubutumwa bwiza bugere ku bantu benshi.T ukwifurije umugisha, amahoro, n' ubuntu bw' Imana bibane nawe,</description>
	<language>en</language>
	<generator>SPIP - www.spip.net</generator>
	<atom:link href="http://www.agakiza.rw/spip.php?id_rubrique=31&amp;page=backend" rel="self" type="application/rss+xml" />




<item xml:lang="en">
		<title>Isomo rikomeye nize mu buzima JOYCE MEYER </title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Isomo-rikomeye-nize-mu-buzima-JOYCE-MEYER</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Isomo-rikomeye-nize-mu-buzima-JOYCE-MEYER</guid>
		<dc:date>2016-07-20T05:49:06Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>administrator, Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Niba mwarumvise ubuhamya bwanjye muziko mu bwana bwanjye nari narabaye imbata y'ibibi biturutse kuri Data. Yaba mu mitekerereze mu myitwarire no mu migenzereze nk'ubusambanyi. Ariko igihe cyaje kugera mva muri icyo gihe nakomeje kubaho nishinja icyaha ntahinduka ku buryo bugaragara ibyo byatumaga mba umuntu uhora ubabaye buri gihe nkagira umubabaro ukabije kandi bikangora kwitandukanya n'ikibi. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ariko byaje kurangira Imana imfashije nsinda ibyampigaga kandi inyomora ibikomere byo mu gihe (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Niba mwarumvise ubuhamya bwanjye muziko mu bwana bwanjye nari narabaye imbata y'ibibi biturutse kuri Data. Yaba mu mitekerereze mu myitwarire no mu migenzereze nk'ubusambanyi. Ariko igihe cyaje kugera mva muri icyo gihe nakomeje kubaho nishinja icyaha ntahinduka ku buryo bugaragara ibyo byatumaga mba umuntu uhora ubabaye buri gihe nkagira umubabaro ukabije kandi bikangora kwitandukanya n'ikibi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko byaje kurangira Imana imfashije nsinda ibyampigaga kandi inyomora ibikomere byo mu gihe cyashize inkorera ibitangaza isanasana roho yanjye bundi bushya. Ni urugendo rurerure kuba ndi uwo ndi we uyu munsi ntibyari byoroshye,ariko ubu ndababwiza ukuri ko byashobotse kubera Imana. Imana yakoze umurimo ukomeye mu buzima bwanjye ku buryo ntazi uburyo nabivugamo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Hari umurongo wo muri Bibiliya wamfashije guhinduka muri iyo myaka namaze mu bubata bw'ibyaha, Zab 27:4 haravuga ngo &#8220;Icyo nsaba Uwiteka ni kimwe ni cyo nzajya nshaka,ni ukuba mu nzu y'Uwiteka iminsi yose nkiriho,Nkareba ubwiza bw'Uwiteka,Nkitegereza urusengero rwe.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ikintu cya mbere tugomba kwiga ni ukubanza Imana mu buzima bwacu.Zab 27:4 yatubwiye gushaka Imana atari ukubera ibitangaza idukorera nubwo nta cyaha waba ukoze usabye Imana ibyo ushaka n'ibyo ukeneye ariko ibyo ntibigomba kuba ishingiro ryatuma ukorera Imana. Imana iradukunda kandi ishaka kutugaragariza urukundo idukunda ariko irashaka ko tugirana ubusabane bwimbitse bugatuma idukorera ibyo tuyisaba.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndibuka ubwo Imana yavuganaga n'umutima wanjye,ko ngomba kuyishaka kuko buri gihe nitandukanyaga na yo. Ariko njyewe ubwanjye sinabonaga ko ndimo kwitandukanya n'Imana.Ukuri ni uko twitandukanya n'Imana buri gihe ariko tubimenya iyo dufashe umwanya tukabitekerezaho neza. Namaze kuvumbura ko iyo ufite Imana yo ubwayo,uba ufite buri kintu cyose uzakenera. Ariko ibyo byose ubigeraho iyo ushatse mu maso h'Imana atari mu ntoki zayo cyangwa ibyo ishobora kudukorera gusa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ese ni iki urimo gushaka?&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ijambo gushaka rivuze kugira ibyiyumviro bihamye,gukurikira n'umutima wawe wose.Ukeneye ikintu cy'ingenzi mu buzima bwawe.Ariko ikibazo, ni iki urimo gushaka? Ni iki wizera ko ari ingenzi kuri wowe? Mu yandi magambo,Ni iki utekereza ko ugomba kuba ufite mu buzima bwawe?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Abenshi muri twe dutangira umubano wacu n'Imana iyo ubuzima bwacu buri mu kaga hanyuma tukayigana kubera ko twibutse ko ari yo yonyine ishobora kutuvana muri ako kaga.Igihe nagiranaga umubano ukomeye n'Imana natangiye kwiga ijambo ryayo.Icyo gihe nagize ibintu byinshi,ubuzima bwanjye bwari bwihebye nkibaza niba nshobora kubivamo.Nziko hari ibiduhiga bikomeye ariko ntimutekereze ko muzakomezanya na byo keretse muhindutse.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Rimwe na rimwe dusenga tuvuga ngo &#8220;Mana,niba ntashobora kubona ibyiza muri iki gihe cy'ubuzima ndimo ,sintekereza ko izabikora.Ahubwo tugomba gusenga tugira tuti &#8220;Mana,ndamutse ntagufite,ntacyo nageraho,nsonzeye impuhwe zawe,sintewe ubwoba n'ibinyugarije,ni wowe nkeneye kurenza ibindi byose.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Suzuma icyo urimo gushaka?&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Niba ushaka kumenya ko Imana ari iya mbere mu buzima bwawe,ibaze iki kibazo:Ese Imana ni iya mbere mu buzima bwanjye? Tekereza uburyo ukoresha igihe cyawe,nusanga ibyo ushaka gukora byose hatarimo Imana.Uraba udaha Imana umwanya wa mbere mu buzima bwawe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muziko dushobora kwegera Imana uko tubishatse,Urufunguzo rwabyo ni uguha umwanya Imana mu mubano dufitanye na yo.Ndabakangurira kujya mwiyegereza Imana buri gitondo byibuze ufate iminota mike utekereze ku Mana hanyuma uyiragize uwo munsi mbere yuko uyiragiza gahunda zawe za buri munsi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Matayo 6:33 haravuga ngo &#8220;Ahubwo mubanze mushake ubwami bw'Imana no gukiranuka kwayo,ni bwo ibyo byose muzabyongererwa.&#8221;Imana irashaka kubagaragariza urukundo rwayo nimuyiha imitima yanyu ikayiyobora.Nimuhindukirire Imana muyibwire muti &#8220;Mana ni iki wankorera?Ni iki nakora kugirango nkumenye by'ukuri? Ndakubwiza ukuri uzabona amahoro n'ibyishimo byuzuye bikomoka mu kumenya Umwami Imana.Uzajya imbere mu buzima bwawe Imana yaguteguriye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;JOYCE MEYER &lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Abakiranutsi babeshwaho no kwizera!</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Abakiranutsi-babeshwaho-no-kwizera</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Abakiranutsi-babeshwaho-no-kwizera</guid>
		<dc:date>2016-07-19T03:32:53Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;INTEGO : ABAKIRANUTSI BABESHWAHO NO KWIZERA &lt;br class='autobr' /&gt;
Yeremiya 17 :7-8 Hahirwa umuntu wizera Uwiteka, Uwiteka akamubera ibyiringiro. 8. Kuko azahwana n'igiti cyatewe hafi y'amazi gishorera imizi mu mugezi. Ntikizatinya amapfa nacana, ahubwo ikibabi cyacyo kizahorana itoto, ntikizita ku mwaka wacanyemo amapfa kandi ntikizareka kwera imbuto zacyo.&#8221; &lt;br class='autobr' /&gt;
Yohana 6 : 66-69 Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma, barorera kugendana na we. 67.Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati &#8220;Kandi namwe (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INTEGO : ABAKIRANUTSI BABESHWAHO NO KWIZERA&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yeremiya 17 :7-8 Hahirwa umuntu wizera Uwiteka, Uwiteka akamubera ibyiringiro. 8. Kuko azahwana n'igiti cyatewe hafi y'amazi gishorera imizi mu mugezi. Ntikizatinya amapfa nacana, ahubwo ikibabi cyacyo kizahorana itoto, ntikizita ku mwaka wacanyemo amapfa kandi ntikizareka kwera imbuto zacyo.&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yohana 6 : 66-69 Benshi mu bigishwa be bahera ubwo basubira inyuma, barorera kugendana na we. 67.Yesu abaza abigishwa be cumi na babiri ati &#8220;Kandi namwe murashaka kugenda ?&#8221;68.Simoni Petero aramusubiza ati &#8220;Databuja, twajya kuri nde, ko ari wowe ufite amagambo y'ubugingo buhoraho, 69.natwe tukaba twizeye tuzi yuko uri Kristo, Uwera w'Imana ?&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yohana 11 : 40 Yesu aramubwira ati &#8220;Sinakubwiye nti &#8216;Niwizera uri bubone ubwiza bw'Imana' ?&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umukiranutsi abaho mu buzima bwo kwizera Imana, ntashyira amaso ku bantu cyangwa ku bintu ahubwo yizera Imana imutabara muri byose yaba atunze cyangwa adatunze. Uku kwizera gutungisha abantu b'Imana nubwo benshi bahura n'ingorane bagashaka kuva ku Mana ngo bigendere nyamara baba bagomba kwihangana, bakizera Kristo kuko ariwe ufite amagambo y'ubugingo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igiti giteye hafi y &#8216;amazi gihorana itoto, kuko kiba gishoroye imizi mu migezi, ntigitinya amapfa gikomeza kwera imbuto. Niko abakiranutsi baba bagomba kumera nubwo ibyago n'amakuba byabo ari byinshi ariko Uwiteka abatabara muri byose.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umukiranutsi ushoreye imizi muri Yesu, nubwo yahura n'ibibazo ntabwo acogora, akomeza gukora imirimo y'Imana akiranuka, akizera Imana itajya ihindukana n'ibihe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Lazaro yararwaye, batumaho Yesu arasibira kugeza aho Lazaro apfuye. Bagitumaho Yesu ababwirako byabayeho kugirango bihimbarishe izina ry'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bashiki ba Lazaro bumvaga ko iyo Yesu ahaba musaza wabo ataba yapfuye. Natwe duhura n'ibibazo byinshi, ukumva ko Imana itaba ihari ngo duhure n'ibibazo, ariko bibaho kugirango nidutabarwa, izina ry'Imana rihabwe icyubahiro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yesu ababajije aho Lazaro ari, bamwumvisha ko bamaze iminsi bamuhambye, yanutse, bamwereka ku gituro, ariko yari yabwiye Marita ko niyizera aribubone ubwiza bw'Imana ; nawe amusubiza ko yizeye Kristo ukwiriye kuza mu isi. Yesu ararama ashimira Imana, ahamagara Lazaro arazuka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nubwo twahura n'ingorane tukabona bigeze kure cyane nta garuriro, tujye twibuka ko umukiranutsi abeshwaho no kwizera, ntitugacogore, tuzatabarwa mu isi, twongererwe n'ubugingo buhoraho mu gihe kizaza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;NDUWUMWE Jean Paul&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ibikorwa 10 abana bigira ku mibanire y'ababyeyi babo</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ibikorwa-10-abana-bigira-ku-mibanire-y-ababyeyi-babo</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ibikorwa-10-abana-bigira-ku-mibanire-y-ababyeyi-babo</guid>
		<dc:date>2016-07-19T03:10:22Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Iyi nkuru yanditswe na Doug Fields akaba umuhanga mu by'itumanaho, umwanditsi w'ibitabo akaba n'umuyobozi w'ikigo kijyanye n'iby'imibanire y'imiryango n'urubyiruko muri kaminuza yitwa Azusa Pacific University; ndetse ni n'umwe mu bashinze urubuga rw'urubyiruko mu by'iyobokamana rwitwa Downloadyouthministry.com, yanditse ibitabo birenga 50. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ese ni iki wigisha umwana wawe kijyanye n'urushako? &lt;br class='autobr' /&gt;
&#183; Iyo nteruye kuvuga ku ishyingirwa/imibanire y'abashakanye, igihe cyose mba nibaza niba hari icyo (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Iyi nkuru yanditswe na Doug Fields akaba umuhanga mu by'itumanaho, umwanditsi w'ibitabo akaba n'umuyobozi w'ikigo kijyanye n'iby'imibanire y'imiryango n'urubyiruko muri kaminuza yitwa Azusa Pacific University; ndetse ni n'umwe mu bashinze urubuga rw'urubyiruko mu by'iyobokamana rwitwa Downloadyouthministry.com, yanditse ibitabo birenga 50.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ese ni iki wigisha umwana wawe kijyanye n'urushako?&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&#183; Iyo nteruye kuvuga ku ishyingirwa/imibanire y'abashakanye, igihe cyose mba nibaza niba hari icyo nigishije abana banjye bijyanye n'urushako.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Igisubizo ni yego&#8230; na oya&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yego, hari igihe twavuze by'umwihariko ku mibanire y'abashakanye (yaba twebwe ubwacu cyangwa abandi abana bacu babashije kubona). Ariko, igihe kinini umugore wanjye Cathy nanjye twibanze ku kumenya icyo abana bacu batubonaho ndetse n'icyo batwigiraho. Ibikorwa byacu (ibyiza n'ibibi) igihe cyose biba bibigisha ibijyanye n'urushako.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nari gutengurwa iyo abana banjye bagira urushako/imibanire nk'iyo jye na Cathy (umugore wanjye) twagize&#8230; ntibyari byiza na gato, gusa twembi twishimiye ibyo twagezeho mu myaka 30 ishize.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Hano hari ibikorwa 10 nzi ko abana banjye batubonyeho mu gihe kirenga umwaka&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;1. Kumwereka urukundo (Affection)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Jyewe n'umugore wanjye twerekana urukundo buri umwe afitiye undi kandi nkunda ko abana banjye bambona mfashe mama wabo mu biganza, muhobera, musoma, mupfumbatse cyangwa mwiyegamije, mukuyakuya&#8230; kenshi gashoboka&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;2. Kuvuga &#8220;mbabarira&#8221; (Saying &#034;I'm sorry.&#034;)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mba nshaka kuvuga iyi nteruro nihuse kandi mba nshaka ko abana banjye banyumva nyivuga (ndetse ngomba kuyivuga kenshi kuruta uko umugore wanjye ayivuga)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;3. Amagambo akomeza (Affirmation)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyi ni yo mvugo yanjye y'urukundo y'ibanze, biranyorohera kudatindiganya mvuga amagambo asubizamo imbaraga. Abana banjye babona cyane amagambo yo kubashyigikira ariko kandi banyanyumva nyabwira umugore wanjye (ibyo biranyorohera rwose)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;4. Kunkurura (Attraction)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ntekereza ko umugore wanjye ari uwo kwifuzwa&#8230; kandi ndanabimenyekanisha mu muryango wanjye. Igihe kinini ndabaza nti &#8220;Mama wanyu murabona atari mwiza?&#8221;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;5. Igihe (Time)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abana bacu barabizi ko dukunda kumarana igihe turi kumwe. Iyo batubonye tumaranye igihe cyacu twicaye hanze mu busitani cyangwa ku ibaraza tuganira cyangwa turi mu bwogero (baignoire) twogera hamwe, gusohokana nijoro, gushaka ahantu hatuje mukahasohokera mu minsi isoza icyumweru/itari imibyizi (weekends)&#8230; ubwo ni bwo butumwa bwiza mba nshaka ko babona.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;6. Guseka/kwishimana (Laughter)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Turaseka cyane iwacu mu rugo noneho uburyo umugore wanjye agira urwenya bimfasha guseka nta kwitangira. Numva nkunze ukuntu abana banjye babona ko umugore wanjye ansetsa cyangwa atuma nishima.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;7. Kubahana (Respect)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gufungurira umuryango umugore wanjye nkavuga ngo &#8220;urakoze&#8221; na &#8220;nyemerera&#8221; nkanamwereka ibimenyetso byoroheje byo kumwubaha&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;8. Ibiganiro by'ukwizera (Faith conversations)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nta bwo buri gihe dusenga abana bacu batureba, ariko baba bumva banabona ibiganiro by'ukwizera kwacu kandi bakamenya ko buri gihe tuba tuvuga Yesu n'icyo kuba umwigishwa bisobanura.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;9. Agaciro k'inshuti (The value of friends)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu rugo iwacu hahora hacicikana abashyitsi abinjira, abataha. Dukunda kugira abantu benshi mu rugo ndetse ubusitani bwacu ni ahantu hasurwa cyane n'inshuti zacu z'umwihariko ndetse ni n'ahantu ho kuruhukira no kuganirira habo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;10. Ubufasha (Servanthood)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndabizi abana banjye bakurikije urugero rwiza rwa mama wabo kurusha jyewe kuko umugore wanjye ni umuntu witangira gufasha ku rwego rwo hejuru. Igihe cyose aba abaza, &#8220;Ngufashe iki/ngufashe nte? Ni iki ukeneye ngo ubuzima bube bwiza kurushaho?&#8221; Gufashanya biragaragara mu buzima bwacu bwa buri munsi, utuntu duto kandi hari uburyo bwinshi bwo gufasha.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abana igihe cyose baba bitegereza ibikorwa byo mu mibanire y'ababyeyi babo kandi nyamara ababyeyi benshi ntibaha agaciro imbaraga ziri mu kuba ibyitegererezo cyangwa intangarugero! Abana buri munsi bafite ibyo babika mu mutwe ku bijyanye n'urushako uko bimeze kandi ibyo bandika mu mitwe yabo ni byo bibaganza bikanabafasha guha ishusho urushako ibyo rero bibagiraho ingaruka nziza cyangwa mbi mu gihe na bo bageze igihe cyo gushinga ingo zabo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Source: &lt;a href=&#034;https://familyshare.com/25222/parenting/10-actions-that-kids-learn-from-their-parent-s-marriage&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;https://familyshare.com/25222/parenting/10-actions-that-kids-learn-from-their-parent-s-marriage&lt;/a&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;Henriette Aimee Mutangampundu&lt;br class='autobr' /&gt;
Kigali, Rwanda&lt;br class='autobr' /&gt;
Mobile: +250 788924496&lt;br class='autobr' /&gt;
Skype: henraime&lt;br class='autobr' /&gt;
Twitter: @henriempundu&lt;br class='autobr' /&gt;
LinkedIn: Henriette Aimee Mutangampundu&lt;br class='autobr' /&gt;
Facebook: &lt;a href=&#034;https://www.facebook.com/henrietteaimee.mutangampundu&#034; class=&#034;spip_url spip_out auto&#034; rel=&#034;nofollow external&#034;&gt;https://www.facebook.com/henrietteaimee.mutangampundu&lt;/a&gt;&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>GUKORA NEZA UMURIMO W'UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?GUKORA-NEZA-UMURIMO-W-UMWAMI-NO-KURANGIZA-NEZA-TUBIGIRE-INTEGO</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?GUKORA-NEZA-UMURIMO-W-UMWAMI-NO-KURANGIZA-NEZA-TUBIGIRE-INTEGO</guid>
		<dc:date>2016-07-19T02:26:25Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Intego: GUKORA NEZA UMURIMO W'UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO &lt;br class='autobr' /&gt;
2Tim.1:11-14 Ubwo butumwa ni bwo nashyiriweho kuba umubwiriza wabwo, n'intumwa n'umwigisha w'abanyamahanga. &lt;br class='autobr' /&gt;
Ni cyo gituma mbabazwa ntya nyamara singira isoni, kuko nzi uwo nizeye uwo ari we, kandi nzi neza yuko abasha kurinda ikibitsanyo namubikije kugeza kuri urya munsi. Ujye ukomeza icyitegererezo cy'amagambo mazima wanyumvanye, ugikomeresha kwizera n'urukundo rubonerwa muri Kristo Yesu. Ikibitsanyo cyiza wabikijwe, (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;Intego: GUKORA NEZA UMURIMO W'UMWAMI NO KURANGIZA NEZA TUBIGIRE INTEGO&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;2Tim.1:11-14 Ubwo butumwa ni bwo nashyiriweho kuba umubwiriza wabwo, n'intumwa n'umwigisha w'abanyamahanga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ni cyo gituma mbabazwa ntya nyamara singira isoni, kuko nzi uwo nizeye uwo ari we, kandi nzi neza yuko abasha kurinda ikibitsanyo namubikije kugeza kuri urya munsi.&lt;br class='autobr' /&gt;
Ujye ukomeza icyitegererezo cy'amagambo mazima wanyumvanye, ugikomeresha kwizera n'urukundo rubonerwa muri Kristo Yesu.&lt;br class='autobr' /&gt;
Ikibitsanyo cyiza wabikijwe, ukirindishe Umwuka Wera utubamo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ibyakozwe.20:17-24...arababwira ati&#034;Ubwanyu muzi uko nabanaga namwe iteka ryose, uhereye umunsi natangiriye kujya muri Asiya, nkorera Umwami nicisha bugufi cyane kandi ndira, nterwa ibingerageza n'inama z'Abayuda.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kandi muzi yuko ari nta jambo ribafitiye akamaro nikenze kubabwira, cyangwa kubigishiriza imbere ya rubanda no mu ngo zanyu rumwe rumwe.&lt;br class='autobr' /&gt;
Nahamirije Abayuda n'Abagiriki kwihana imbere y'Imana, no kwizera Umwami Yesu Kristo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;None dore ngiye i Yerusalemu mboshywe mu mutima, ibizambaho ngezeyo simbizi, keretse yuko Umwuka Wera ampamiririza mu midugudu yose, yuko ingoyi n'imibabaro bintegererejeyo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ariko sinita ku bugingo bwanjye ngo nibwire ko ari ubw'igiciro kuri jye, kuko nkwiriye kurangiza urugendo rwanjye n'umurimo nahawe n'Umwami Yesu, wo guhamya ubutumwa bwiza bw'ubuntu bw'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ibyanditswe byera biduha amakuru y'abantu b'ingeri zose bakoreye Imana. Bamwe batangiye nabi basoza neza, abandi batangira neza bazosa nabi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Pawulo, nubwo yari azi ko imbere ye hari ibikomeye ndetse no gutaha kwe kwari kwegereje, ntiyahungabanye, yakomeje ubutwari bwe. Mu magambo yavuze nk'utanga umurage, anitangira ubuhamya.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Hari amwe mu mabanga akomeye atubwira yadufasha kugira ngo tuzasoze neza umurimo dukorera Data. Biradusaba kubigira intego, buri wese ku giti cye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kurinda ubuhamya bwacu muri Kristo Yesu. Ubuzima bwacu buvuga kurenza amagambo. Kwitoza kubaha Imana bigira umugisha mu buzima bwa none ndetse n'iteka ryose.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kwicisha bugufi. Kwicisha bugufi niko kubanziriza gushyirwa hejuru. Si ukwitesha agaciro, ni ukumenya no kuzirikana ko ntacyo wakora utagiheshejwe n'Imana. Ikibabaje ni uko kuri bamwe, uko bagirirwa neza n'Imana, niko bibagirwa bakishyira hejuru. Dawidi, mu gihe isanduku y'isezerano yanyazwe itahutse arabyina, atambira Imana atitaye ku cyubahiro cye. Umugore we arabigaya cyane ariko ntibyatera Dawidi ipfunwe kuko yibutse aho Imana yabyiniye yamukuye ikamwicaza ku ngoma y'ubwami iyikuyeho se. Yesu we, uwo twigiraho twese, yogeje abigishwa be ibirenge.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kugira agahinda ko mu buryo bw'umwuka kadashira. Aka gahinda gatera kwihana kuticuzwa. Ubu nyamara abantu basigaye babona ibizira mu b'inzu y'Imana bikababera ibiganiro. Dawidi amenye inkuru y'uko Sawuli yamuhigaga yaguye ku rugamba, mu gihe umwamaleki wari uzanye iyo nkuru yabyishimiraga akanabyirata ko yamurangije, Dawidi we arizwa n'iyo nkuru aramwiraburira aririmba indirimbo y'umuheto.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kudatatira ukuri kw'ijambo ry'Imana. Pawulo we agira ati nta jambo ryabagirira umumaro nikenze kubabwira. Yosefu we ageragezwa na nyirabuja, yatsindishije kuvuga ukuri ati mu byo nemerewe, wowe nturimo. Mu gihe nk'icyo bamwe batatira igihango.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kwihanganira imibabaro y'ibikubaho. Benshi bakererejwe n'uko bazamera ejo kandi bikabatera kutanyurwa n'uko bari, amaherezo bigatukisha izina ry'Imana. Pawulo we ati sinita ku bugingo bwanjye ngo nibwire ko ari ubw'igiciro kuri njye, kuko nkwiriye kurangiza urugendo rwanjye nahawe n'Umwami Yesu, wo guhamya ubutumwa bwiza bw'ubuntu bw'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kumenya no gutandukanya ubuhanuzi n'inyigisho z'ibinyoma. Kuba abantu bahanuye ari benshi sibyo bivuga ko ari ukuri, Ahabu yahanuriwe n'abahanuzi 70 bose bamushuka ko azatabara amahoro. Umuhanuzi umwe gusa Mikaya we avuga ukuri ko abisirayeli bazatabaruka ari impehe zidafite umwami.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gukoresha amaboko yawe ukanafasha abandi. Gutanga bihesha umugisha kuruta guhabwa, niko Pawulo atubwiriza ayobowe n'Umwuka w'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gukorera Imana neza ni byiza, ariko kurangiza neza bikarutaho kuba byiza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nitwemerere Imana idushoboze!&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Pastor MASUMBUKO Josu&#233;&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Umuntu wese anezeze mugenzi we amubere inyunganizi Pastor Desire Habyarimana</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Umuntu-wese-anezeze-mugenzi-we-amubere-inyunganizi-Pastor-Desire-Habyarimana</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Umuntu-wese-anezeze-mugenzi-we-amubere-inyunganizi-Pastor-Desire-Habyarimana</guid>
		<dc:date>2016-07-19T02:13:26Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;INTEGO: Umuntu wese anezeze mugenzi we amubere inyunganizi. &lt;br class='autobr' /&gt;
Abaroma 15:2. Umuntu wese muri twe anezeze mugenzi we kugira ngo amubere inyunganizi amukomeze. &lt;br class='autobr' /&gt;
Usomye aya magambo wakumva yoroshye ariko siko bimeze. Ubundi iyo umuntu akijijwe ijambo ry'Imana rimuha inshingano ndetse n'amategeko. Amwe muri abiri akomeye ni ugukunda Imana n'umutima wawe wose no gukunda mugenzi wawe nkuko wikunda. Niba ijambo rivuga yuko ugomba kumukunda nkuko wikunda, ibyiza wifuza ko bikugeraho nawe bikwiriye (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Y-icyumweru-" rel="directory"&gt;Y' icyumweru&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;strong&gt;INTEGO: Umuntu wese anezeze mugenzi we amubere inyunganizi.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abaroma 15:2. Umuntu wese muri twe anezeze mugenzi we kugira ngo amubere inyunganizi amukomeze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Usomye aya magambo wakumva yoroshye ariko siko bimeze. Ubundi iyo umuntu akijijwe ijambo ry'Imana rimuha inshingano ndetse n'amategeko. Amwe muri abiri akomeye ni ugukunda Imana n'umutima wawe wose no gukunda mugenzi wawe nkuko wikunda. Niba ijambo rivuga yuko ugomba kumukunda nkuko wikunda, ibyiza wifuza ko bikugeraho nawe bikwiriye kumugeraho, wakagombye kugura umwenda nawe ukamugurira, ariko akenshi usanga atariko bimeze.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Dawidi yaravuze ngo mu byaha niho Mama yambyariye, Ibi bituma umuntu akura hari ibyaha akora kandi ntawamwigishije kubikora. Aho usanga akana gato kaba gashaka ko ibintu byose biba ibyako, ibyo rero turabikurana, ugasanga umuntu arinze aba umugabo ku buryo abasha kugura inkweto 3, ataragurira umugore we n'imwe. Ariko Yesu yaravuze ngo ibyo mushaka ko abandi babakorera abe aribyo namwe mubakorera, kandi umuntu wese asarura aho yabibye. &lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri iyi minsi satani yaretse abantu baba mu mirimo y'Imana ariko urukundo rwaragiye. Usanga abantu babana bitewe n'ibyiciro barimo nk'abiganye, abubatse amazu asa;ugasanga wawundi woroheje yarabuze umufasha. Ariko umuntu wese akwiriye kunezeza mugenzi we akamubera inyunganizi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yesu yaravuze ngo nimukundana nibwo bazamenya yuko muri abigishwa banjye, kandi ngo umwana w'umuntu ntiyaje gukorerwa ahubwo yaje gukorera abandi. Umuntu wese rero aremanye intege nke niyo mpamvu akeneye umwunganira akamufasha mu byo adashoboye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu muntu nta kamere nziza ibamo, umuntu nakugirira neza ujye umenya yuko ari Imana ibikoze. Nk'abakristo biradusaba kwitanga kugirango tubashe gukora ibitaba muri kamere yacu. Yesu yaravuze ngo mutange imibiri yanyu ibe ibitambo bizima byera kandi bishimwa n'Imana. &lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Biragoye kugirango umuntu atange ubutunzi bwe abwohereze aho umutima we utari, ariko iyo yitanze wese akihereza Imana biramworohera no gutanga ubutunzi bwe kubw'umurimo w'Imana kuko azi neza uwo akorera.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ni byiza ko Imana itugirira neza tugatera imbere mu buryo bwose , ariko birababaje ko nta muntu n'umwe ubera undi inyunganizi. Ikibazo si inzu Imana yaguhaye ahubwo byibuze ucumbikiyemo bangahe, urarya ugasigaza ibyo kumena abandi baburaye, isuzume urebe kuko hari abantu benshi Imana ishaka ko ubera inyunganizi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kenshi usanga abantu basenga basaba umugisha ariko umugisha urakorerwa, kamere yacu ishaka ibituzaho gusa ntabwo ishaka ibituvaho ariko dukwiriye kuyinesha tugakora ibyo Imana ishaka, kuko gutanga bizana umugisha kurusha guhabwa. Kugirango rero ugere ku mugisha w'ukuri bigusaba kuba igitambo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Abantu baramutse bagize urukundo twabona imfubyi zabonye aho ziba, ntabwo twakongera kubona ababurara, abahera mu bitaro kubwo kubura inyishyu&#8230;&lt;/strong&gt;.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Bakundwa igihe tugezemo kirakomeye, aho abantu bikunda bagakunda n'ibyabo, umukristo akabura umwanya wo kwegera Imana kugirango ashobozwe kuzuza rya tegeko rikuru rikomeye (ukunde mugenzi wawe nkuko wikunda). Ibi rero bituma abantu benshi bahushije intego nkuru yo kuremwa no guhamagarwa kwabo, bibeshya yuko bahamagariwe kubaka amazu , kwiga, gushaka n'ibindi, ariko dukwiriye kwibuka yuko turi abo yaremye ituremeye imirimo myiza muri Kristo Yesu kugirango tuyigenderemo. Naho ibyo iduhereza ni ukugirango tubikoreshe mu bwami bwayo, ndetse naho turi duhagararire ubwami bw'Imana. Iyo umukristo abaye umukire akiri mu isi Imana iba yungutse umuntu izakoresha ubutunzi bwe mu bwami bwayo , ariko umupagani w'umukire nawe satani aba yungutse uwo azakoresha mu kwagura ubwami bwe bw'umwijima.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Ntabwo Imana izatubaza umubare w'amafaranga twatunze, amashuri twize cyangwa amazu twubatse, ahubwo izakubaza uko wabikoresheje. Twibuke yuko igihe kizagera tukarangiza urugendo rwacu hano ku isi, umuntu wese azagaragaza ibyo yakoze akiri mu isi.&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mureke twubakire ku rufatiro rukomeye ari rwo Kristo, Tubashe kubera abandi inyunganizi no kubanezeza. Amen.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Past Habyarimana Desire&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Garuka mu mwanya wawe. Edith Umugiraneza</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Garuka-mu-mwanya-wawe-Edith-Umugiraneza</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Garuka-mu-mwanya-wawe-Edith-Umugiraneza</guid>
		<dc:date>2016-07-18T16:23:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Umugiraneza Edith</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;&#034; Icyo gihe mbwira abantu nti &#034; Umuntu wese n'umugaragu we bajye barara muri Yerusalemu babe abarinzi bacu nijoro, kandi ku manywa bakore .&#034; Ubwo ntitwiyamburaga imyambaro yacu, njyewe cyangwa bene data cyangwa abagaragu banjye cyangwa abarinzi badukurikiraga, umuntu wese yajyaga ku mugezi afite intwaro ye y' intambara. (Nehemiya 4:16-17) &lt;br class='autobr' /&gt;
Nehemiya yagize umutwaro n'agahinda k' inkike z' i Yerusalemu zari zarasenyutse. Agira ishyaka ryo kugira umumaro mu gihe gikwiriye nuko ajya imbere y' (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&#034; Icyo gihe mbwira abantu nti &#034; Umuntu wese n'umugaragu we bajye barara muri Yerusalemu babe abarinzi bacu nijoro, kandi ku manywa bakore .&#034; Ubwo ntitwiyamburaga imyambaro yacu, njyewe cyangwa bene data cyangwa abagaragu banjye cyangwa abarinzi badukurikiraga, umuntu wese yajyaga ku mugezi afite intwaro ye y' intambara. (Nehemiya 4:16-17)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nehemiya yagize umutwaro n'agahinda k' inkike z' i Yerusalemu zari zarasenyutse. Agira ishyaka ryo kugira umumaro mu gihe gikwiriye nuko ajya imbere y' Umwami amubwira ikiri k' umutima n' impamvu z'umubabaro we nuko Umwami amuha uruhushya n'ibindi byose yari akeneye. Imana ishimwe.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu gihe nk' iki antichrist arimo gukora cyane, mu gihe nk' iki cy' imperuka ibyaha bikabije, mu gihe nk' iki abari intwari bananiwe, abo mu nzu y' Imana bananiwe wowe ishyaka ufite ryo kugira icyo wakora ni irihe? Ese waba warabaye ntibindeba? Waba se warabaye umunyabwoba nka Baraki Deborah yabwiye ati jya i Tabora akamubwira ati nuza tukajyana nzagenda nutaza ntaho nzajya? Waba se ureba ibitagenda ukicecekera ngo utiteranya kandi mu nzu y' Imana birimo kwangirika, satani yarinjiye akorera mu bo musengana ?&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mwene data ndakwinginze haguruka fata ingamba nshya Imana ikeneye abantu babanyeshyaka bahagarara mu cyuho, ikeneye ba Deborah, abantu b' intwari bashize amanga, ba Yesaya bari disponible babwira Imana bati ndi hano ntuma, ikeneye ba Esiteli b' ibiharamagara. Mwene data hari icyo wakora mu gihe nk' iki ukagaira umumaro mu gihe gikwiye. Hari impano wahaye ugomba gukoresha hari italanto wahawe ugomba kubyaza umusaruro hari itara wahawe ritagomba kuzima kuko nta matabaza arimo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ushobora gufata ingamba zo gushyira ibyawe ku ruhande ugafata ibihe byo gusenga no kwiyiririza umulimo w' Imana, abakozi b' Imana, ukiyiriza abakristo. Niba uririmba ushobora kujya ufata igihe cyo gusengera impano yawe ndetse niz' abandi ngo zibe ari ibihimbano by' Umwuka apana izo turirimba turi mu mubiri. Umwinginzi nawe va mu bitotsi, va mu bunebwe no mu bikurangaza no mu bindi bidafite umumaro sengera Pasteur wawe, sengera itorero sengera, igihugu, ririra abakiri mu buretwa bwa satani. Mushumba nawe guma mu mwanya Imana igushakamo kora ibyo Umwami Imana ashaka, kandi ashima ba mu bya Data nawe azaba mu byawe .&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Mu Kristo nawe ba maso, cunga neza izamu ryawe, fasha itorero ryawe itange hari ibikenewe mu rusengero kandi nawe urabizi neza, fasha abo musengana. Itange mu buryo bwose bushoboka haba mu mwanya wawe watanga mu nzu y' Imana cyangwa se watanga ubutunzi Imana yazabikwibukira ngo ntikiranirwa ngo yibagirwe imirimo myiza twakoze. Twibuke ko Tabita yazuwe n' imirimo myiza. Hari igihe Imana yazakwibukira ku mirimo ikagukiza akaga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Gusa ibyo dukora byose tubikore tuzi uwo dukorera, tubikore dukiranuka. Nehemiya yavuze ati ntitwiyamburaga imyambaro yacu aha yavugaga umwambaro w' ubukiranutsi. Hari igihe abakristo bahindagura imyambaro ku cyumweru akambara umwambaro wo gukiranuka agafata Bibiliya akajya gusenga akarira agafashwa, kuwa mbere akambara umwambaro w' umujinya, kuwa kabiri akambara umwabaro w' ishyari kuwa gatatu akambaro umwambro w' ubusambanyi,. kuwa 4 akambara umwambaro w' ubugambanyi......&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Yesu adutatabare tugumane umwambaro umwe w' Abakiranutsi. Nehemiya arongera ati buri wese yajyaga ku kazi afite intwaro ye y' intambara. Bisobanura intwaro z' Imana zimwe batubwira mu ba Abefeso 6 zimwe zitubashisha guhagara tudatsinzwe n'uburiganya bwa satani.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Burya Molodekayi yahoraga yambaye umwambaro w' ubuzamu kandi agahorana intwaro z' Imana. Iyo aza gusinzira Abayuda bari gushira. Kubwo kutaba mu mwanya wawe, kubwo gusinzira mu Mwuka no kwirengagiza , kubw' ubwoba hari ibirimo kwangirika mu itorero, mu gihugu mu rugo rwawe, mu muryango wawe nyamuneka tabara.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ndagusaba kongera gusoma Icyo gice cy' Abefeso 6: 10- 18&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Edith Umugiraneza&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Menya ibanga ryo gusezera ku bubata bwa kamere, witegurire kuragwa ubwami bw'Imana.</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Menya-ibanga-ryo-gusezera-ku-bubata-bwa-kamere-witegurire-kuragwa-ubwami-bw</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Menya-ibanga-ryo-gusezera-ku-bubata-bwa-kamere-witegurire-kuragwa-ubwami-bw</guid>
		<dc:date>2016-07-18T14:50:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Ernest Rutagungira</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;Intumwa Pawulo yandikiye Abagaratiya, yerekana ko atangazwa cyane n'uko umudendezo bahawe wabateye kunamuka bakareka ubutumwa bwiza bwa Yesu, maze abibutsa ko ubutumwa yabazaniye atari ubutumwa bwavuye ku bantu, ahubwo ko ari ubutumwa yahawe na Yesu kiristo ubwe, abagira inama ko baramutse bemeye kuyoborwa n' Umwuka Wera byabafasha gusezera ku bubata bwa kamere. &lt;br class='autobr' /&gt;
Pawulo yakomeje agira ati: ndavuga nti &#8220;Muyoborwe n'Umwuka&#8221;, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira kuko kamere irarikira (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;Intumwa Pawulo yandikiye Abagaratiya, yerekana ko atangazwa cyane n'uko umudendezo bahawe wabateye kunamuka bakareka ubutumwa bwiza bwa Yesu, maze abibutsa ko ubutumwa yabazaniye atari ubutumwa bwavuye ku bantu, ahubwo ko ari ubutumwa yahawe na Yesu kiristo ubwe, abagira inama ko baramutse bemeye kuyoborwa n' Umwuka Wera byabafasha gusezera ku bubata bwa kamere.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Pawulo yakomeje agira ati: ndavuga nti &#8220;Muyoborwe n'Umwuka&#8221;, kuko ari bwo mutazakora ibyo kamere irarikira kuko kamere irarikira ibyo Umwuka yanga, kandi Umwuka yifuza ibyo kamere yanga kuko ibyo bihabanye, ni cyo gituma ibyo mushaka gukora atari byo mukora. (Abagaratiya 5:16-17).&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;19 Dore imirimo ya kamere yabagaragarije ni iyi:&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&#61692;	Gusambana &lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Gukora ibiteye isoni n'iby'isoni nke&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Gusenga ibishushanyo&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Kuroga&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692; Kwangana&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Gutongana,&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Ishyari &lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Umujinya &lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Amahane,&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Kwitandukanya&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Kwirema ibice,&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Kugomanwa&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Gusinda&lt;br class='autobr' /&gt;
&#61692;	Ibiganiro bibi n'ibindi bisa bityo. Mu kwanzura yongeye ho ati:&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Ndababwira hakiri kare nk'uko nababwiye kera, yuko abakora ibisa bityo batazaragwa ubwami bw'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nshuti muvandimwe usomye ubu butumwa, ntawakwirengagiza ko Imana yanyujije aya magambo muri Pawulo ariyo Mana yacu, kandi inama zabagirwaga, nizo natwe tugirwa, Twahawe umudendezo ariko uyu mudendezo ntukwiye kutubere ikiraro cyo kwambukiraho dukora abyo kamere yacu irarikira,ahubwo twumvire umwuka wera uhora atuburira nibwo tuzaragwa ubwami bwo mu ijuru.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; Birashoboka ko kuri uyu munsi Imana ikureba igasanga ukwiye gufashwa n'izi mpuguro, umwemerere akuyobore kandi uraba umwe mubahiriwe Amen.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;RUTAGUNGIRA Ernest&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Urukundo rurusha byose kubaka umurimo w'Imana igice cya 2 CONSTANT Mahame</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Urukundo-rurusha-byose-kubaka-umurimo-w-Imana-igice-cya-2-CONSTANT-Mahame</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Urukundo-rurusha-byose-kubaka-umurimo-w-Imana-igice-cya-2-CONSTANT-Mahame</guid>
		<dc:date>2016-07-18T14:20:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>topNews</dc:subject>
		<dc:subject>articles</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;(3) Umumaro w'umwuka wera cyangwa impano zawo mu gushimangira urukundo hagati y'abizera Kristo &lt;br class='autobr' /&gt;
Ubundi nta kindi Umwuka Wera impano zawo byaherewe abizera atari, gufasha kweza ubugingo bw'uwa bihawe ndetse ndetse no gufasha kweza ubugingo bw'abandi. &lt;br class='autobr' /&gt;
Iyo rero bikoreshejwe mu buryo butandukanye n'ibivuzwe hejuru bamwe bagambiriye kwihimbaza abandi bamamaza amazina y'amadini yabo abandi ngaho ibyubahiro byabo nta rukundo rubisunika biragoye ko mwuka w'Imana asohoza imirimo ye nkuko bikwiye. (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-topNews-+" rel="tag"&gt;topNews&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;(3) Umumaro w'umwuka wera cyangwa impano zawo mu gushimangira urukundo hagati y'abizera Kristo&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubundi nta kindi Umwuka Wera impano zawo byaherewe abizera atari, gufasha kweza ubugingo bw'uwa bihawe ndetse ndetse no gufasha kweza ubugingo bw'abandi.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Iyo rero bikoreshejwe mu buryo butandukanye n'ibivuzwe hejuru bamwe bagambiriye kwihimbaza abandi bamamaza amazina y'amadini yabo abandi ngaho ibyubahiro byabo nta rukundo rubisunika biragoye ko mwuka w'Imana asohoza imirimo ye nkuko bikwiye.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Urugero Imana impishuriye runaka agira impanuka mu rugendo agiyemo kandi insaba kumubwira kurusubika, kuberako nigeze kumusaba ibihumbi 5000frw akayanyima nkanga kumubwira ibyo Imana impishuriye nti nashake apfe cyangwa azivuze muyo yanyimye ngubwo ndikwiyishyurira, ubwo n'ubugome kandi n'urubanza rukomeye imbereye y'Imana kandi abameze batyo bari gusenya umurimo w'Imana ntacyo bafasha kubaka rwose.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;i&gt;(4) Ingaruka zo kubura urukundo mw'itorero&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Abakizwa baba bake kuko batabona itandukaniro hagati yab'abakijijwe n'abadakijijwe kuko babona bamwe mu bizera ibyo bavuga ataribyo bakora cg badasa n'ibyo bavuga.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Kudakura kw'itorero ahubwo rigahora mu gukemura imanza nazo zitarangira z'amatiku gusa zitanungura umurimo w'Imana nkuko twabize ku ngingo ya 2;d.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;span class=&#034;spip-puce ltr&#034;&gt;&lt;b&gt;&#8211;&lt;/b&gt;&lt;/span&gt; Rimwe na rimwe usanga hari imigisha yo mw'isi Imana itaduhaye kuko twayifashisha twirata tunirarira ku bandi aho kuyikoresha mu kumenyekanisha Imana n'umugambi wayo mu bantu.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt; MURAKOZE IMANA ITUGIRIRE NEZA TWESE.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;CONSTANT Mahame&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Ubwiza bw' urusengero rwa kabiri HABARUREMA Clement</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Ubwiza-bw-urusengero-rwa-kabiri-HABARUREMA-Clement</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Ubwiza-bw-urusengero-rwa-kabiri-HABARUREMA-Clement</guid>
		<dc:date>2016-07-18T08:34:49Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Pastor Desire Habyarimana</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;UBWIZA BW'URUSENGERO RWA KABILI &lt;br class='autobr' /&gt;
Hagayi 2:1-4, 8 ubwiza bw'urusengero rushya Ezira 3:10-13 bashinga imfatiro z' urusengero &lt;br class='autobr' /&gt;
Urusengero rwa mbere rwubatswe na Salomo,mu gihe cy'amahoro, bafite ubutunzi bwinshi, rwari rwiza cyane ; Abisirayeli bacumuye, Nebukadinezari w' I Babuloni aza kubatera arahasenya, bararusahura, abatwara mu bunyage. &lt;br class='autobr' /&gt;
Igihe cyategetswe kigeze, abari mu bunyage baratahuka, batangira kubaka. Urusengero rwa kabili rwubatswe n'abari bavuye mu bunyage kandi nta (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;UBWIZA BW'URUSENGERO RWA KABILI&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Hagayi 2:1-4, 8 ubwiza bw'urusengero rushya&lt;br class='autobr' /&gt;
Ezira 3:10-13 bashinga imfatiro z' urusengero&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Urusengero rwa mbere rwubatswe na Salomo,mu gihe cy'amahoro, bafite ubutunzi bwinshi, rwari rwiza cyane ; Abisirayeli bacumuye, Nebukadinezari w' I Babuloni aza kubatera arahasenya, bararusahura, abatwara mu bunyage.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igihe cyategetswe kigeze, abari mu bunyage baratahuka, batangira kubaka. Urusengero rwa kabili rwubatswe n'abari bavuye mu bunyage kandi nta n'ibikoresho byinshi bafite, bahahuriye n'abantu batashakaga ko rwubakwa, ariko rurubakwa ruranuzura.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abari bazi urusengero rwa mbere babonye imfatiro z'abana bato bararira, abatigeze babona imfatiro z' urusengero rwa mbere bashimishwa nuko babonye urusengero.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Aho niho Hagayi yahamagarwaga kugirango akomeze abarira, atumwa kuri Zerubabeli na Yosuwa n'abandi kubabwira ko Imana iri kumwe nabo, bayihange amaso kuko ifeza n'izahabu ari ibyayo ; ibabwirako ubwiza bw'urwo rusengero rushya buzaruta ubw'urwa mbere.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Muri iyi minsi kubw'imfatiro z'abana bato ; hari amarira ku basaza bazi uko umurimo w'Imana wakorwaga, hakaba n'ibyishimo kubakiijijwe vuba batazi ibya mbere. Banezezwa n'iterambere nyamara imirimo dukora izageragereshwa umuriro.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abatubanjirije bazi uko umurimo w'Imana wakorwaga, banezezwaga no kuvuga ubutumwa abantu bakihana, bagashimishwa no kwagura ubwami bw'Imana ; ariko amashimwe y'abatazi imigendekere ya mbere yo mu nzu y'Imana banezezwa cyane nibyo bagezeho bifatika byo mu buryo bwo mu mubiri ; ariko umuriro w'Umwuka Wera aje hamenywa ibikwiriye gukorwa.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Inzu ya mbere yubatswe mu myaka itatu n'igice, iya kabiri yubakwa mu gihe kiruhije, yubakwa imyaka 46. Reka turebere hamwe igihesha agaciro inzu y'Imana (1 ngoma 21 : 16-22 ; 26-28 ; 2 ngoma 3:1)&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuri iyi mbuga ya Orunani, niho ku musozi wa Moriya, aho Aburahamu yagiye gutambira Uwiteka, Isaka ; Imana ikishakira igitambo ; ninaho Imana yiyerekeye Dawidi, ubwo yacumuraga,ahambariza Uwiteka atamba ibitambo ; Imana iramusubiza.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Aho niho Salomo yubatse inzu y'Uwiteka ; iruzura arasenga, arangije umuriro uva mu ijuru wotsa igitambo ; icyubahiro cy'Uwiteka cyuzura inzu. Iyi nzu yaje gusenywa. Uru rusengero rwashushanyaga Kristo, niyo mpamvu rwubatswe I Moriya, aho Aburahamu yagombaga gutamba Isaka.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Umuriro wamanutse ku mbuga ya Orunani nuwamanutse kuri Moriya nuwamanutse ku musozi wa karumeli ubwo Eliya yatambaga igitambo ;iyo miriro yose isa nuwamanukiye intumwa kuri pentekoti ; uyu muriro ku banyabyaha urica(abalewi 10) ; ariko ku bakijijwe ureza, ugatanga ubwenge n'imbaraga. Iyo miriro yose yavuye mu ijuru,yari imiriro y'Umwuka Wera.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Igihe cyarageze rwa rusengero rwa kabili rwubatswe Yesu arutahamo (Yohana 2:18-21), kuko abantu baturukaga kure baje kuhasengera no gutamba ibitambo, bazaga bitwaje amafaranga yo kugura ibitambo, ibyo kurya ndetse nayo kwishyura icumbi. Ibyo byatumye benshi mu batambyi n'abandi bayobozi b'idini batangira kuhacururiza ; hakaba abaje gusenga n'abaje kuhacururiza. Niho Yesu yaje yirukana abacururizagamo ; kuko inzu y'Imana atari iyo gucururizwamo ari iyo gusengerwamo.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Yesu amaze gukandagira muri urwo rusengero ntiyaba akibona inzu yubatswe n'abantu mu gihe cy'imyaka 46 ahubwo abona umubiri we ; ubuhanuzi bwa Dawidi burasohora, aho Dawidi yavuze ngo amaturo n'ibitambo ntiwabishimye,...mperako ndavuga nti&#034;dore ndaje mu muzingo w'igitabo niko byanditse kuri jye (Zaburi 40:7-8).Yesu aravuga urusengero ruzasenywa rukubakwa mu minsi 3. Abari aho bibwira ko avuga iby'inyubako yubatswe mu myaka 46 nyamara we yavugaga urupfu rwe. Yohana 2 : 18-12&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Ubwiza bwa Kristo buruta ubwari mu nsengero zubatswe n'abantu, kuko muri Kristo twahawe kwinjira ahera cyane, aho tutabashaka kugera mbere, byasabaga guca ku mutambyi no kwitambira ibitambo. Uru rusengero rubera hose icyarimwe, ntibidusaba ibitambo cg ingendo ndende ngo turugereho ; kandi naho amarembo y'ikuzimu yazikuka ntiyabasha kurusenya.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Guhishurirwa imbaraga z'urusengero niho hari intsinzi ku bakristo, aho niho duhererwa amahoro, kandi aho duhamagariye Imana hose iratwumva ntibisaba gukora imitambagiro cg se ingendo ntagatifu nkuko tujya tubona benshi mu banyamadini babikora. Ahubwo urusengero rw'umwuka twahawe ni Kristo kuko muriwe tuba dufite ikizere ko Imana itwumva uko tuyambaje. (ibyahishuwe 21:22)&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Nibyiza ko dukangurira abantu kwinjira mu rusengero Imana yashyizeho ariwe Kristo kuruta kubazana muzo twubakishije amatafari n'amabuye. Abinjiye mu zubakishije amatafari n'amabuye bahinduka abanyedini ariko abinjiye muri Kristo bahinduka abana b'Imana.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Abagize amahirwe yo kugera muri Kristo tugumemo kuko niho honyine Imana yasezeranije guhera abantu bayo amahoro&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;HABARUREMA Clement&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>
<item xml:lang="en">
		<title>Kuba umwigishwa wigana Kristo - Doroth&#233;e Rajiah</title>
		<link>http://www.agakiza.rw/?Kuba-umwigishwa-wigana-Kristo-Dorothee-Rajiah</link>
		<guid isPermaLink="true">http://www.agakiza.rw/?Kuba-umwigishwa-wigana-Kristo-Dorothee-Rajiah</guid>
		<dc:date>2016-07-18T07:36:00Z</dc:date>
		<dc:format>text/html</dc:format>
		<dc:language>en</dc:language>
		<dc:creator>Isabelle Gahongayire</dc:creator>


		<dc:subject>articles</dc:subject>
		<dc:subject>izindiNyandiko</dc:subject>

		<description>
&lt;p&gt;&#8220;Mugere ikirenge mu cyanjye, nk'uko nanjye nkigera mu cya Kristo&#8221; 1 Abakorinto 11:1. &lt;br class='autobr' /&gt;
Intumwa Pawulo yiganaga Yesu Kristo. Arebye uburyo yagendaga, uburyo yitwaraga n'ishyaka yagiriraga Imana, Pawulo yashize amanga yandikira Abakorinto ati &#171;Munyigane kuko nanjye nigana Kristo&#187;. &lt;br class='autobr' /&gt;
Twaba tuzi ko Imana yifuza ko twashobora kubwira abandi dushize amanga tuti &#8220;Munyigane nk'uko nanjye nigana Kristo!&#8221; Nta bwo Imana yifuza ko duhora twumva turi mu ntege nke, tuvuga ngo &#171;Nta bwo nkwiriye, simbizi (&#8230;)&lt;/p&gt;


-
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?-Zisanzwe-" rel="directory"&gt;Zisanzwe&lt;/a&gt;

/ 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-articles-+" rel="tag"&gt;articles&lt;/a&gt;, 
&lt;a href="http://www.agakiza.rw/?+-izindiNyandiko-+" rel="tag"&gt;izindiNyandiko&lt;/a&gt;

		</description>


 <content:encoded>&lt;div class='rss_texte'&gt;&lt;p&gt;&lt;i&gt;&#8220;Mugere ikirenge mu cyanjye, nk'uko nanjye nkigera mu cya Kristo&#8221; 1 Abakorinto 11:1.&lt;/i&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Intumwa Pawulo yiganaga Yesu Kristo. Arebye uburyo yagendaga, uburyo yitwaraga n'ishyaka yagiriraga Imana, Pawulo yashize amanga yandikira Abakorinto ati &#171;Munyigane kuko nanjye nigana Kristo&#187;.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Twaba tuzi ko Imana yifuza ko twashobora kubwira abandi dushize amanga tuti &#8220;Munyigane nk'uko nanjye nigana Kristo!&#8221; Nta bwo Imana yifuza ko duhora twumva turi mu ntege nke, tuvuga ngo &#171;Nta bwo nkwiriye, simbizi niba Imana inyemera, ndatinya &#8230; &#187; Oya, ahubwo Imana irashaka ko dufata icyemezo, tugahaguruka tukigana Kristo kuko hari abandi benshi bazamwigana inyuma yacu nitubabimburira.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&lt;strong&gt;Umugambi w'Imana ni uko buri muntu wese:&lt;/strong&gt;&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;&#8226; Yakurikira Kristo kuko ari we mushumba mukuru Imana yaduhaye&lt;br class='autobr' /&gt;
&#8226; Yaba icyitegererezo, umuyobozi abo baturanye bashobora kwigiraho&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Twahamagariwe kwigana Kristo, bityo nta bwo tugomba kwigana abatizera badatinya Imana. Duhamagarirwa gukunda nk'uko Kristo akunda, tugakora nka Kristo, tukagendera muri we.&lt;/p&gt;
&lt;p&gt;Kuva uyu munsi tubeho dushize amanga, twatura tuti: &#8220;Ndi umwigishwa wigana Kristo!&#8221;&lt;/p&gt;&lt;/div&gt;
		
		</content:encoded>


		

	</item>



</channel>

</rss>
