Imyiteguro igeze kure ya « Ikuzo Gospel Concert » igitaramo ngarukamwaka kizajya gihuza abahanzi, amakorali, ababyinnyi n’abacuranzi mu guhimbaza Imana
Ikuzo gospel Concert ni igitaramo gikomeye kiri gutegurwa na Moriah...
Umuhanzi Israel Mbonyi wamenyekanye mu Rwanda ndetse no hanze yarwo kubera indirimbo ze zakunzwe ndetse zigahembura imitima ya benshi kuri ubu yateguye igitaramo mu gihugu cyUbubiligi.
Nkuko abitangaza ngo iki gitaramo yagiteguye mu rwego rwo kugirango arusheho kwegera abakunzi bibihangano bye bari hirya no hino ku isi dore ko ateganya ko bimukundiye mu minsi ya vuba ashobora no gukomeza ibitaramo ku mugabane wa Amerika ati :” Mfite igitaramo mu Bubiligi mu rwego rwo kugira ngo ndusheho kwegera abakunzi bibihangano byanjye aho bari kugira dufatanye kuramya no guhimbaza Imana.”
Uyu muhanzi wakunzwe nabatari bake mu banyarwanda ndetse nabanyamahanga azahaguruka I Kigali kuwa 25 Mata yerekeza mu gihugu cyUbuhinde mu bijyanye na gahunda ze bwite ari naho azahagurukira ku itariki ya 13 Gicurasi yerekeza mu Bubiligi mu myiteguro yigitaramo cye.
Iki gitaramo kizaba ku itariki ya 28 Gicurasi kikaba cyitezwe nabanyarwanda , abarundi ndetse nabandi bakunzi buyu muhanzi batandukanye dore ko ari nabo ubwabo bari baramusabye kuzajye gutaramana nabo.nyuma yiki gitaramo uyu muhanzi akaba azahita agaruka mu Rwanda gukomeza ibikorwa bye bya muzika birimo gukora ama videos ndetse no gutegura album ye ya kabiri.
Tubibutse ko uyu muhanzi ari umwe mu bakunzwe cyane muri iki gihe dore ko ari nawe wegukanye igihembo cyumuhanzi wumwaka mu bihembo bihatanirwa byiswe Groove Awards.
Ikuzo gospel Concert ni igitaramo gikomeye kiri gutegurwa na Moriah...
Nk’uko mwabimenyeshejewe binyuze mu bitangazamakuru binyuranye, kuri iki...
1.Umubare w’abantu benshi cyane watumye hari abataha batarebye ibi birori...
Kuri iki Cyumweru biraba bishyushye kuri EAR GIPOROSO aho Chorale AMAHORO ya...
Ibitekerezo (0)